Igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyatoraguwe mu murima w’umuturage ubwo yahingaga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Batima mu mudugudu wa Kamudusi mu karere ka Bugesera.
Nyuma yaho RLDSF ihaye abaturage bo mu murenge wa Gikundamvura amafaranga miliyoni 40 yo gutunganya umuhanda wa Mpinga-Kizura ureshya na km 18 aba baturage bavuga ko ngo batamenye irengero ryayobagasaba ubuyobozi kubaha ibisobanuro.
Ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rusohoka buri kwezi, u Rwanda ruri ku mwanya wa 130, rukaba rwazamutseho imyanya itatu kuko rwari ku mwanya wa 133 mu kwezi gushize.
Abana bagera kuri 37% nibo bonyine babarujwe n’ababyeyi bakivukuka, ibi bikaba bitera ingaruka zitandukanye ku mwana zirimo no kumubuza uburenganzira bwe mu gihe hakorwa igenamigambi, nk’uko bitangazwa n’impuguke mu mikurire y’abana.
Umurambo w’umugabo witwa Rwatangabo Reverien watoraguwe mu ruzi rw’akagera tariki 17/01/2014 mu gice giherereye mu murenge wa Gashora mu kagari ka Biryogo mu karere ka Bugesera.
Gatanazi Cyprien w’imyaka 20, ukomoka mu murenge wa Zaza akagali ka Nyagasozi, kuri uyu wa 16/01/2014, yafatanwe urumogi ibiti 39 by’urumogi aho yari yateye mu murima w’ibigori uri mu gikari iwe.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, aravuga ko kuba inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II yanyujijwe mu buvumo bwa Musanze, ari indi ntambwe akarere ayoboye gateye mu bukerarugendo, kuko bizatuma ubu buvumo burushaho kumenyekana.
Umwarimu kuri Centre Scolaire ya Gasasa mu karere ka Nyabihu n’undi w’imyaka 34 wari ucumbitse ahitwa Mahoko muri Kanama ho mu karere ka Rubavu bafunzwe bacyekwaho kwiba inka ebyiri mu ijoro rishyira ku wa 16/01/2014.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali na Polisi y’igihugu bagiye gufatanya gukora no kugenzura uburyo ingo zibanye kandi zita ku mibereho n’iterambere, imikorere y’ibigo n’abantu mu gushimangira umutekano, hamwe n’ibikorwa byo kwita ku isuku no kurengera ibidukikije muri rusange.
Mu rwego rwo guhangana n’iyangirika ry’ibidukikije ribyara ihindagurika ry’ikirere, Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zo kurengera ibidukikije zirimo kutangiza amashyamba ariko kutayitaho ngo biracyari ikibazo.
Ikibazo cy’abantu bicwa n’ikivu gikomeje gutera inkeke abaturiye iki kiyaga hamwe n’abaza kucyogamo, mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko ntacyo bwabikoraho uretse kuburira abantu kwirinda kujya mu kivu batazi koga.
Umwongerezakazi w’imyaka 50, akurikiranywe n’ubucamanza kubera guhagarika ubukwe bwa musaza we hasigaye iminsi 20 ngo bube. Ibi ngo yabikoze batabanje kubyumvikanaho.
Gutangiza ubukangurambaga bw’amezi 6 ku isuku n’isukura ku rwego rw’igihugu byatangirijwe mu Murenge wa Nkombo, mu Karere ka Rusizi, kubera ko amazi meza ari ikibazo gikomeye muri uyu Murenge. Abaturage bahise bizezwa kugezwaho amazi meza bidatinze.
Itsinda New Hill rikora cinema mu Rwanda riratangaza ko nyuma yo gutoranya abakinnyi bazakina muri filime yabo “Mama ni nde?” bagiye kwerekana ko abakinnyi bashya muri uyu mwuga bashobora kubyazwa umusaruro bakagera ku rwego rukomeye.
Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth wa II iri mu Rwanda kuva tariki 15-18/01/2014 yasesekaye mu karere ka Nyanza yakiranwa ubwuzu kuri uyu wa 16/01/2014 ahagana saa sita n’igice z’amanywa.
Amarushanwa yo guhitamo Nyampinga ugiha abandi mu buranga n’ubumenyi mu karere ka Nyamasheke muri uyu mwaka wa 2014 yabaye kuri uyu wa Kane, tariki 16/01/2014 yitabiriwe n’umukobwa umwe rukumbi muri 6 bari biyandikishije.
Ubwo yifatanyaga n’Abanyakarongi kwakira Urumuri rw’ikizere Rutazima muri ako karere, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi, Ing Isumbingabo Emma Françoise, yavuze ko kuganira no kubwizanya ukuri ari yo nzira iboneye izatuma Abanyarwanda bomora ibikomere basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
FERWAFA iratangaza ko umukino wari kuzahuza Rayon Sport na Kiyovu utakibaye ndetse n’uwa shampiyona aya makipe yari kuzakina yigijwe imbere.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2012, akarere ka Karongi katangiye umushinga wo kubaka umwaro muhimbano (plage artificille), ahitwa Nyakariba, ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ariko uwo mushinga byarangiye utabonye izuba kubera ko wari waranyuranyije n’amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu Kirengera Ibidukikije (REMA).
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu burashimira uruhare rw’abaturage mu kwicungira umutekano no kugaragaza abashobora guhungabanya umutekano nyuma yo kugaragaza ko hari abantu bari bamaze iminsi bacyekaho gukora ibikorwa bibi.
Abakozi bagera ku 106 bagaragaye imbere y’ibiro by’akarere ka Ruhango tariki ya 15/01/2014, basaba ko ubuyobozi bwabafasha kwishyuza rwiyemezamirimo bakoreye akabambura bakaba baranamubuze.
Abayobozi bakomeye mu bigo bitandukanye byaba ibya Leta cyangwa ibyigengwa nibo baza ku isonga mu kwaka ruswa ishingiye ku gitsina, kandi ugasanga kubahana bidashoboka kuko akenshi baba bafite ubundi bushobozi bishingikirije.
Umunyeshuri witwa Tuyishime Jean Pierre yitabye Imana bitunguranye nyuma yo kugezwa ku ishuri n’abari bamuherekeje ndetse amaze no kwerekwa ishuri agomba kwigamo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane taliki 16/01/2014, indege ya gisirikare y’America (C17) yahagurukanye igice cya mbere cy’ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (CAR).
Mu isiganwa ry’amagare ryo kuzenguruka igihugu cya Gabon ryiswe ‘La Tropicale Amissa Bongo’, Umunyarwanda Uwizeyimana Bonaventure yegukanye umwanya wa gatatu mu bakinnyi b’Abanyafurika ubwo basiganwaga mu gace ( etapes) ka gatatu ku wa gatatu tariki ya 15/1/2014.
Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II yageze mu Rwanda ivuye muri Uganda, ikaba irimo kuzenguruka ibihugu biri mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza “Commonwealth’ mu rwego rwo kwamamaza imikino izahuza ibyo bihugu izaba muri Nyakanga uyu mwaka i Glasgow muri Ecosse.
Ubushashatsi bwakozwe n’inzobere za Kaminuza ya Inserm n’Ishuri Rikuru rya London mu Bwongereza bugaragaza ko inzoga nyinshi zifite ingaruka mbi ku bwonko cyane cyane ku bantu bakuze, mu gihe ubundi bushakashatsi bwakozwe buvuga ko gutera akabariro ku buryo buhoraho birinda ubusugire bw’ubwonko.
Imwe mu mihanda y’ibitaka akarere ka Ruzizi kari kariyemeje kuzakora binyujijwe muri gahunda ya VUP ngo iri kudindira bitewe nuko habuze rwiyemezamirimo yafata iryo soko kubera ko ngo ingengo y’imari iyo mihanda yagenewe ari ntoya.
Mu gihe Minisiteri y’ubuzima idahwema kwiyama abakora ubuvuzi gakondo badafite ibyangombwa no kwirinda kuvura indwara badashoboye, mu murenge wa Gacurabwenge, uwitwa Nyiransabimana Eugenie yapfiriye ku muvuzi gakondo naho umwana we bahamukura ari intere.
Abaturage b’akarere ka Kayonza barasabwa kugira umuco wo kumenyekanisha ahabereye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuko ngo rigira uruhare runini mu kudindiza iterambere ry’umuryango ryabereyemo ndetse n’igihugu muri rusange.
Nyuma y’uko Urwibutso rwa Jenoside rwa Buranga mu Karere ka Gakenke rugize ikibazo rugapfupfunukamo amazi bikaba ngombwa ko imibiri y’inzirakarengane za Jenoside 899 icumbikirwa mu nzu iri iruhande, ubuyobozi bw’akarere bwizeza ko izashyirwa mu rwibutso rushya rwatangiwe kubakwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Jean de Dieu Mucyo, avuga ko ahahoze kiliziya ya paruwasi gaturika ya Nyanjye hakwiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi nta mananiza abayeho.
Umuhanzi Auddy Kelly wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Ndakwitegereza” aratangaza ko muri uyu mwaka wa 2014 azashyira hanze alubumu ebyiri icyarimwe.
Umugabo witwa Shirimpaka Jean Marie Vianney wo mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Kaboshya ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inka eshatu z’inyibano.
Inganda za Pembe na Azam zikora ifarini zakuriweho ubusonerwe, aho zisigaye zitanga umusoro ku nyongeragaciro (TVA); nk’uko byatangajwe na Ministiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba. Niyo mpamvu yo kuzamuka kw’ibiciro by’umugati, bamwe mu bawugura batari bazi.
Irakoze Nasser, Makengo Frank wari kapiteni hamwe n’umuzamu, bose b’ikipe ya AS Muhanga yo mu karere ka Muhanga ubu barahagaritswe kugeza igihe kitazwi, ndetse ntibari mu myitozo hamwe na bagenzi babo.
Abaturage batanze ibikoresho n’abakoze ku nyubako z’amashuri mu mwaka wa 2012-2013, barizezwa ko bazishyurwa muri uku kwezi kwa Gashyantare kuko amafaranga agera kuri miliyoni 42 yo kubishyura hagisuzumwa dosiye zishyuza.
Abatuye umurenge wa Kibungo barasabwa kwitondera kugura ibintu abantu baba batembereza bagurisha amafaranga make kuko biba birimo ibijurano byaguteza ibibazo igihe waba ubiguze ukabifatanwa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yo muri Uganda yafatiwe mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu ijoro rya tariki 14/01/2014 ipakiye ibiti by’imishikiri bivugwa ko bivamo parufe maze umushoferi wayo ariruka.
Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango wabibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika iharanira demokarasi muri Congo (MONUSCO) bwatangaje ko butazategura ibikorwa byo kurwanya FDLR nk’uko barwanyije M23.
Ubwo urwego rw’Umuvunyi rwahuguraga abayobozi mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke ku itegeko rijyanye n’imyitwarire y’abayobozi n’iryerekeranye n’itangwa ry’amakuru, abaturage basabwe bamenya aya mategeko bityo babe bagira uburenganzira bwo gutanga amakuru igihe aya mategeko atubahirijwe.
Uwari umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (UN) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, Boutros-Ghali, arashinjwa kuba yarahishiriye ubutumwa bugufi yohererejwe n’uwari uyoboye ingabo za UN mu Rwanda buburira UN ko Leta y’icyo gihe yari gutegura Jenoside.
Imwe mu ndege ebyiri zoherejwe muri Congo gufasha ishami ry’umuryango w’abibumbye rihakorera gucunga umutekano no gutanga amakuru yakoze impanuka ku kibuga cy’indege cya Goma kuri uyu wa gatatu taliki ya 15/01/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko nta mpungenge zihari mu kwesa imihigo ya 2013-2014 ngo kuko mu gihe cy’amezi atandatu arangiye, imihigo yose iri ku gipimo gishimishije kandi ngo imihigo ijyana n’ubukangurambaga igiye kongerwamo imbaraga kurushaho.
Umwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu karere ka Burera, witwa Kagenzi Godfrey, arasaba ubuyobozi bw’ako karere ko bwazamutuza ahahoze hitwa komini Kidaho ngo kuko ari ho ababyeyi be bavuka.
Mu itangazo ubuyobozi bwa M23 bwashyize ahagaragara burahakana bwivuye inyuma gukomeza ibikorwa bya gisirikare no kwinjiza abandi barwanyi bashya muri uyu mutwe.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza basanga kwishimira ibyo inkiko Gacaca zagezeho, ndetse no kuba Abanyarwanda babanye neza, nyamara ikibazo cy’abatarishyurwa imitungo yabo yangijwe muri Jenoside kitarakemuka byaba ari nko kurenzaho.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo za Amerika (Pentagon), Lt. Col. Rob Firman, yatangaje ko indege y’Amerika ariyo izakoreshwa mu kujyana ingabo z’u Rwanda muri Centre Afurika mu gikorwa cyo kugarura amahoro no kuyabungabunga.
Abanyarwanda bavuye muri Congo bavuga ko gutinda mu mushyamba ya Congo biva ku mpamvu zitandukanye ariko cyane iyo gutinya abayobozi bo muri FDLR kuko ngo abafashwe bashaka gutahuka bahanwa mu buryo bukomeye.