Umuhanzi Eric Mucyo wamenyekanye cyane mu ndirimbo “i Bwiza” yakoranye na Jay Polly, ngo yatunguwe cyane no kuba yarinjiye muri Salax Awards ku nshuro ya mbere ariko ngo yiteguye kuzegukana insinzi.
Mu mujyi wa Karongi hatangijwe Imurika Ryimukanwa (expo mobile), bise ‘Kubaka Amahoro Nyuma ya Jenoside’ rikaba ryarateguwe na Aegis Trust ku bufatanye bwa IRDP, Radio La Benevolencija na USC Shoah Foundation, ibigo byose bifite aho bihuriye n’ibikorwa byo kubiba amahoro nyuma ya Jenoside.
Hitimana Thereshpore umusaza w’imyaka 67 y’amavuko benshi bazi ku izina rya “Pepe Kalle”, abakunzi be baracyamukunda cyane kuko ngo n’ubu afata akanya akongera akabashimisha nk’uko byahoze mu myaka ye akiri umusore.
Nyirababiligi Marthe w’imyaka 42 ari kumwe n’abana be bane n’abandi babiri b’abavandimwe be bageze mu Karere ka Gakenke ku mugoroba wa tariki 14/01/2014 ngo bavuye mu Nkambi ya Kiyanzi, Akarere ka Kirehe n’amaguru bakaba bari bamaze ibyumweru bibiri mu nzira.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Huye rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye ntiruyitabira nk’uko bikwiye, ibi ariko ngo bitewe n’uko baba bagiye gushaka amaramuko dore ko ngo abenshi ari imfubyi zirera.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, wanahisemo gushyira hasi izina Nd-Oliver ry’ubuhanzi ahubwo agakomeza izina yahawe n’ababyeyi, aratangaza ko agiye gushyira hanze umuzingo ugizwe n’indirimbo 12 zihimbaza Imana.
Grace Nyinawumuntu usanzwe atoza ikipe y’umupira w’amaguru ya AS Kigali mu abagore, yahawe akazi ko gutoza ikipe y’igihugu y’abagore none ngo agiye kuyivugurura ku buryo izajya itsinda amakipe akomeye ku ruhando mpuzamahanga.
Abadepite bagize komisiyo y’ubukungu n’imari baravuga ko n’ubwo hari ibyagezweho na Guest House ya Kinigi kuva yakwegurirwa abikorera mu mwaka wa 2000, urugendo rukiri rurerure.
Aborozi bo mu Karere ka Gatsibo bahangayikishijwe n’uko ikibazo cy’igiciro cy’umukamo w’inka zabo ari gito, mu gihe abatunganya amata bavuga ko kuba igiciro cy’ayo batunganya kiri hejuru kubera ibikoresho batumiza hanze biza bihenze.
Consolate Mukanyandwi utuye mu mudugudu wa Rusororo, akagari ka Kirengeri mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango afite umwana witwa Ange Mukamuhoza umaze imyaka 14 nyamara ntakura nk’abandi.
Nyuma y’aho Didier Gomes, Umufaransa watozaga Rayon Sport asheshe amasezerano yari afitanye n’iyo kipe, ubuyobozi bwayo buratangaza ko mu gihe bugishaka undi mutoza uzamusimbura, Thierry Hitimana wari ushinzwe ubuzima bw’ikipe ( Team Manager) na Mbusa Kombi Billy wari umutoza wungirije aribo bagiye kuba batoza iyo kipe (...)
Ntakirutimana Sylvain wo mu kagari ka Rubumba mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 13/01/2014 yateye icyuma uwitwa Semana Jean bapfa telefoni Semana yavugaga ko mugenzi we yamwibye.
Umufungwa witwa Barayavuga Innocent wari ufungiye muri gereza nkuru yo mu murenge wa Miyove mu karere ka Gicumbi yatorotse aburirwa irengero ubwo bari bagiye mukazi hanze ya gereza tariki 13/01/2014.
Nyuma y’imyaka itandatu Kiliziya Gatulika yarananiwe kuzuza hoteri y’inyenyeri eshanu mu karere ka Rusizi kubera ubushobozi buke, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’abandi bashoramari biyemeje kugura imigabane muri iyi hoteri kugirango izamure iterambere ry’akarere.
Ikigo gishinzwe gutsura ubuziranenge (RBS) cyasabye ababyeyi n’abana barya agafu kitwa Supa dipe cyangwa abakanywa gafungujwe amazi, kwitondera ako gafu kuko ngo gashobora kuba atari keza ku buzima bw’umuntu mu gihe bakarigata, cyangwa batarebye neza ko nta mashusho y’imbuto (fruits) ariho.
Ikamyo yari ihetse imizigo iyikuye Mombasa iyijyana ku ruganda rwa sima ruherereye mu Bugarama, yagwiriye umunyegare wari utwaye ibicuruzwa mu mujyi wa Butare ahita yitaba Imana.
Perezida Kagame yageze muri Angola kuri uyu wa 14/1/2014 aho yitabiriye inama ya 5 y’umuryango wa ICGLR izibanda ku mutekano n’amahoro mu karere hamwe n’ibikorwa by’iterambere; nkuko bitangazwa n’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bukomeje igikorwa cyo gukura abana b’inzererezi mu muhanda bagashyirwa mu kigo ngorora muco bazakurwamo bashyirwa mu miryango yabo, abasabistwe n’ibiyobyabwenge bakoherezwa i Wawa.
Itsinda ry’Abanyasenegali icyenda bakora mu bigo bishinzwe guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana, riri mu rugendoshuri mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukumira no guhangana ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania bagatuzwa mu karere ka Rubavu bavuga ko mu gihe gito bageze muri aka karere bafite imibereho myiza iruta iyo bari basanganywe bakiri mu gihugu cya Tanzania.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ishami rya Kabarore, nyuma yo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza bemereye abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Karongi ko kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye gusanga ikibazo cy’imitungo cyarafatiwe ingamba zo gukemurwa ku buryo burambye.
Ikipe ya Arsenal yishubije umwanya wa mbere muri shampiyona y’Ubwongereza, nyuma yo gutsindira ikipe ya Aston Villa ku kibuga cyayo ibitego 2-1 tariki 13/1/2014. Uyu mwanya wari wafashwe na Manchester City tariki 12/1/2014 nyuma yo gutsinda Newcastle ibitego 2-1.
Nyuma y’ibibazo byagaragaye hagati y’amakoperative y’abarobyi mu turere twa Nyamasheke na Rusizi, kuwa 13/01/2014 ubuyobozi bw’uturere twombi n’abarobyi ku mpande zombi bahuriye hamwe kugira ngo ibyo bibazo bivugutirwe umuti, bityo iterambere ry’umurobyi ribashe kugerwaho.
Kuba mu busitani ngo biruhura mu mutwe bikanatanga ibyishimo, nk’uko abatemberera ahantu nyaburanga hari imbuga zitoshye mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batemeranywa n’abavuga ko ari iby’abakire.
Kuri uyu wa mbere tariki 13 Mutarama 2014, mu karere ka Kamonyi bakiriye urumuri rw’icyizere, baruhabwa n’abana bo mu karere ka Ngororero, aho rwari rwagejejwe tariki 10.
Kiefer Sutherland wakinnye muri filimi “24 Heures Chrono” yitwa Jack Bauer agiye kongera kugaragara mu kindi gice gishya cy’iyo filimi cyitwa “24: Live Another Day” nyuma y’imyaka igera kuri ine iyo film ihagaze.
Abitabira isengesho ribera mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe mu karere ka Ruhango buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi, bahura n’abantu baje gusabiriza bakabaha batitangiriye itama kugira ngo ibyifuzo baje gutura Yezu byumvikane.
Rutahizamu wa Real Madrid na Portugal, Cristiano Ronaldo, nine wegukanye umupira wa zahabu uhabwa umukinnyi wahize abandi muri 2013, mu birori byabereye ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) i Zurich mu Busuwisi ku wa mbere tariki ya 13/1/2014.
Ubuyobozi bw’akagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bwafashe icyemezo cyo kubuza abashumba kugendana inkoni kuko ngo zikoreshwa mu bikorwa by’urugomo.
Umugabo witwa Nkurizanabo w’imyaka 25 y’amavuko, arashakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyije na Polisi n’abaturage nyuma yo gukubita umugore we Mukantuye Xaverine w’imyaka 25 y’amavuko akamukomeretsa mu mutwe.
Umukobwa witwa Mariya ubana na virusi itera SIDA wo mu karere ka Kayonza yiyemeje kujya atanga ubuhamya bugamije gukangurira Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kwirinda SIDA. Imbaraga zo kubyatura ngo azikesha ubujyanama yaherewe mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza.
Nyuma yo gufunga amwe mu mazu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Butare kugira ngo azasimbuzwe amashyashya yubatse ku buryo bwa etaji, ntibyoroheye bamwe mu bayakoreragamo kubona ahandi hantu ho gukorera imirimo yabo y’ubucuruzi.
Umufaransa Didier Gomes Da Rosa watozaga ikipe ya Rayon Sport kuri uyu wa mbere tariki ya 13/1/2014 yatangaje ku mugaragaro ko ahagaritse burundu gutoza iyo kipe nyuma y’amaze 14 yari ayimazemo.
Isosiyete y’Itumanaho ya mbere muri Korea y’Amajyepfo “KT” yateguye umugoroba w’umwihariko ku banyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iki gihugu, hagamijwe gusangira ubunani n’abayobozi bakuru b’iyi Sosiyete.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) inafite amashyaka mu nshingano zayo yatangaje ko kuba ishyaka PS-Imberakuri ryifatanyije n’umutwe wa gisirikare wa FDLR, bidateze kubahesha uburenganzira bwo kwitwa ishyaka rikorera mu Rwanda.
Mbabarempore Emmanuel yakubitiwe mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kugeza ubwo ashizemo umwuka nyuma y’uko abaturage bamuguye gitumo arimo yiba ihene akazica imitwe.
Ikamyo nini yavaga mu gihugu cya Tanzania yarenze umuhanda iragwa nyuma yuko umushoferi ananiwe kuyikata ubwo yari ageze mu ikona ahitwa Kaboza, mu kagali ka Kigabiro, umurenge wa Murama mu karere ka Ngoma.
Nk’uko byasabwe na Honorable Mukabarisa Donatile, perezidante w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, umugore witwa Nyiransabimana Delphine yagejejwe mu bitaro bikuru bya kaminuza bya Kigali (CHUK), kugirango ahandurwe agace k’urushinge kamuvunikiyemo ubwo yibarukaga.
Abasore batatu b’Abanyarwanda bagize itsinda ry’abaririmbyi ryitwa “Active” batangaza ko mu buhanzi bwabo baharanira gukora cyane kugira ngo bazageze Muzika Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Sindikubwabo Vedaste w’imyaka 29, utuye mu mudugudu wa Amahoro akagali ka Karenge, umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, arwariye mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo kugerageza kwiyahura agakurwamo n’abantu aho yari yimanitse mu giti mu ijoro ryo ku wa 12/01/2014.
Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi rukorera mu karere ka Karongi, kuri uyu wa 13/01/2014, rwasabiye igifungo cy’imyaka itandatu abagabo babiri baregwa ibyaha birimo gukoresha imyigaragambyo mu buryo butemewe, guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda bagamije kwangisha abaturage ubutegetsi buriho.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT) nyuma y’igihe ikorera i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo; kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2013 yimukiye kuri Sopetrad hafi y’amahuriro y’imihanda muri Nyarugenge.
Nyuma yaho urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi rukomeje kuvugwaho byinshi bijyanye no kuba rwarubatswe nabi, inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye kuwa 11/01/2014, yemeje ko igiye gukurikirana amakosa yakozwe bagahita banayakosora mbere yuko hatangwa andi mafaranga yo gusubukura inyubako zarwo.
Nyuma yaho komisiyo y’ubukungu y’akarere ka Rusizi igaragaje ko hari amafaranga akoreshwa bitari ngombwa, abajyanama b’akarere basabye ubuyobozi kudasesagura umutungo wa Leta kuko ngo hari byinshi bikenewe kandi bifitiye igihugu akamaro ayo mafaranga yakagombye gushorwamo.
Umusore w’imyaka 19 witwa Nsigayehe wo mu mudugu wa Rugaragara mu kagari ka Nyakabungo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi arwariye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gukubitwa n’abantu bari batabaye aho yari agiye kwiba.
Ntivuguruzwa yaburiwe irengero ubwo yari agiye kuroba mu kiyaga cya Cyahoha ya ruguru ku gice kiri mu murenge wa Mayange mu kagari ka Mbyo mu mudugudu wa Kabyo mu karere ka Bugesera.
Mu gihe intara y’Amajyaruguru yasabwaga abakobwa batatu bagomba kuyihagararira mu marushanwa ya nyuma ya Miss Rwanda 2014, abakobwa bane gusa nibo babashije kurushanwa, maze Isimbi Melissa yegukana umwanya wa mbere.
Umugore witwa Munganyinka Josephine w’imyaka 28 y’amavuko arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo gushaka kwiyahura anyweye ibinini byica imbeba ariko ntiyapfa ahubwo aza gutabarwa ajyanwa kwa muganga.