Umusore w’imyaka 19 witwa Nsigayehe wo mu mudugu wa Rugaragara mu kagari ka Nyakabungo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi arwariye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gukubitwa n’abantu bari batabaye aho yari agiye kwiba.
Ntivuguruzwa yaburiwe irengero ubwo yari agiye kuroba mu kiyaga cya Cyahoha ya ruguru ku gice kiri mu murenge wa Mayange mu kagari ka Mbyo mu mudugudu wa Kabyo mu karere ka Bugesera.
Mu gihe intara y’Amajyaruguru yasabwaga abakobwa batatu bagomba kuyihagararira mu marushanwa ya nyuma ya Miss Rwanda 2014, abakobwa bane gusa nibo babashije kurushanwa, maze Isimbi Melissa yegukana umwanya wa mbere.
Umugore witwa Munganyinka Josephine w’imyaka 28 y’amavuko arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo gushaka kwiyahura anyweye ibinini byica imbeba ariko ntiyapfa ahubwo aza gutabarwa ajyanwa kwa muganga.
Umuzamu warindaga imashini n’ibindi bikoresho bifasha kuhira imyaka y’abaturage ku kiyaga cya Rumira mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yishwe n’abantu bataramenyekana.
Abakenera isakaro ry’amategura mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amategura , kuko mu murenge wose ugizwe n’utugari 4 hakora koperative imwe, bigatuma igiciro cy’amategura gikomeza kuzamuka.
Abaturage bo mu gasantere ka Bukorota mu kagari ka Mbogo mu murenge wa Gikonko ho mu karere ka Gisagara bavuga ko ikibazo cy’amazi muri aka kagari ari ingorabahizi, ubuyobozi bwo bugahamya ko amazi yahageze ahubwo ko haje kubaho ikibazo cy’amatiyo yangirikiye mu butaka ariko nabyo ngo bikaba biri gukosorwa.
Umuririmbyi wo mu Rwanda, Bruce Melody, atangaza ko adashyigikiye ibyo kwigana indirimbo z’abandi baririmbyi, ari byo mu Rwanda bakunze kwita “gushishura”, ngo kuko kubikora bituma umuririmbyi atagaragaza ubuhanga bwe mu guhanga ibishya.
Ishuri rikuru ryitwa Community Intergrated Polytechnic (CIP) rifite icyicaro mu karere ka Kayonza ryongeye gukingura imiryango tariki 06/01/2013, nyuma y’amezi icyenda ryari rimaze ryarahagaritswe na minisiteri y’uburezi kubera bimwe mu bikoresho ritari rifite.
Kimwe n’utundi turere dutandukanye two mu gihugu, akarere ka Rutsiro na ko kiyemeje kudatererana Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kakaba kakiriye imiryango 22 igizwe n’abantu 75 bagiye gutuzwa hirya no hino mu mirenge igize ako karere.
Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rusabye minisiteri, ibigo bya Leta ndetse n’uturere gushyiraho umuntu uzajya atanga amakuru, abanyamakuru barinubira ko abayobozi babonye urwitwazo rwo kudatanga amakuru.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze abana babiri ubwo bajyaga ku ishuri maze umwe ahita yitaba Imana naho undi arakomereka bikomeye akaba arimo kuvurirwa mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Tuyisenge Theoneste w’imyaka 38 y’amavuko wo mu dugudu wa Mujabagiro, akagari ka Ninzi, umurenge wa Kagano ho mu karere ka Nyamasheke, yakubise unugore we Nyirambarushimana Beatrice w’imyaka 47 amuvuna ukuboko bapfuye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 8, uyu mugabo yashakaga ko banywera inzoga.
Siborurema Damien wari ufite inzu itunganya umusatsi (salon de coiffure) mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro ararira ayo kwarika nyuma y’uko abajura bamucunze ku jisho adahari nijoro bakamwiba ibintu hafi ya byose byari muri iyo nzu byabariwe agaciro k’ibihumbi 430.
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Dominic Nic Ashimwe, aratangaza ko adateganya gushyira hanze alubumu mu gihe cya vuba bitewe n’uko ashaka ko indirimbo yamaze gusohora zabanza zikamenywa zose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko guha agaciro u Rwanda Imana yaremye ari ko kugaha Imana; ko kubera iyo mpamvu nta muntu ukwiye gupfusha ubusa u Rwanda n’Ubunyarwanda, ahubwo akwiye “guhangana n’abafite imigambi yo kugambanira igihugu, ingaruka mbi zikagarukira kuri bo bonyine”.
Mu rwego rwo kureba uko umujyi wa Rusizi wagira imyubakire ijyanye n’iterambere hakubakwa amazu n’ibikorwa remezo bijyanye n’igihe, abayobozi ku rwego rw’intara y’uburengerazuba n’ab’inzego z’ibanze bazengurutse uyu mujyi bareba ko inyubako basabwe kujya bakora zubahirizwa.
Senderi International Hit ngo arifuza kuzashaka umugore muri uyu mwaka wa 2014, bityo haramutse hari umukobwa umukunda yatinyuka akabimubwira maze nawe akamuhundagazaho urukundo asigaranye kuko ngo ariwe yarubikiye.
Imbuto Foundation ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Karongi batangije ubukangurambaga bw’amezi atatu, bwo gushishikariza abayobozi kugira uruhare mu kurwanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu rubyiruko.
Nyuma yuko Gakwerere Francis aguze inzu muri cyamunara hanyuma agatangira kuyikorera amasuku yubaka ibipangu byayo , ngo yatunguwe no kubona abayobozi bashinzwe ubwubatsi mu karere zimuhagaritse kubaka ibikuta by’inzu ye bavuga ko ngo yarenze imbago z’umuhanda.
Mu rukerera rwa tariki 11/01/2014 uwitwa Twahirwa Jonas yitabye Imana nyuma y’uko abandi batatu bamubanjirije gupfa bose bazira ikigage banyoye kuri Bonane ubwo bari mu rugo rw’umuturanyi bishimira ko umwaka wa 2013 bawusoje mu mahoro.
Imibare ituruka mu mirenge itandatu y’Akarere ka Gakenke iragaragaza ko inka zirenga 250 zafashwe n’indwara yitwa “igifuruto” muri zo 22 zamaze gupfa.
Ibendera ryo ku biro by’akagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro ryabuze mu ijoro rishyira tariki 07/01/2014, ubuyobozi bufatanyije n’abaturage bakomeza kurishakisha riza kuboneka tariki 09/01/2014, ritoraguwe mu muferege.
Iryivuze Jeannine w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu karere ka Karongi yavukanye agakoko gatera SIDA ariko ngo afite icyizere cy’ejo hazaza kuko nta kwiheba afite dore ko ari n’umukangurambaga w’urubyiruko mu karere ka Karongi.
Bizimana Joseph w’imyaka 80 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kivumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza urugo rwe n’ibyari birurimo byafashwe n’inkongi y’umuriro bisigara ari umuyonga.
Nyuma y’amezi atatu abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite batowe, kuri uyu wa gatandatu tariki 11/01/2014 bifatanyije n’abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze mu muganda wo gutera ibiti no gusibura imirwanyazuri ndetse banakemura bimwe mu bibazo by’abatuye uyu murenge.
Ku cyumweru kuva saa yine kugeza saa tanu z’ijoro kuri televiziyo Rwanda hatambuka ikiganiro “Be Blessed” benshi bemeza ko ari impinduka mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel) mu Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagere igizwe n’abakinnyi batandatu, yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11/1/2014, yerekeza muri Gabon mu isiganwa rizenguruka icyo gihugu, rizatangira tariki ya 13/1/2014.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, asoza gahunda y’icyumweru ya "Ndi Umunyarwanda" mu karere ka Rubavu, yagize icyo avuga ku magambo avugwa ku Rwanda nyuma y’urupfu rwa Karegeya waguye muri Afurika y’epfo mu ntangiriro za 2014.
Umugabo witwa Bigirimana Samuel w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Mareba mu kagari ka Bushenyi mu mudugudu wa Bukamba mu karere ka Bugesera, yitabye Imana nyuma yo kunywa amacupa atatu y’inzoga y’inkorano.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya barasaba ko bakwiye gufashwa bagahuzwa n’imiryango yabo bagiye batatana igihe bimurwaga mu nkabi ya Kiyanzi na Rukara, ubwo bimurwaga bajyanwa gutuzwa mu karere bavukamo.
Haracyari imbogamizi zo kubona amafaranga yo kubaka urwibutso ruzashyingurwamo imibiri irenga 800 yavanywe ahari urwibutso rwa Nyundo rwangijwe n’imvura, kuko ayari yateganyijwe ari macye hashingiye ku nyigo, n’ubwo Diyoseze ya Nyundo yatanze ikibanzo cyo kubakamo.
Icyiciro cya gatatu cy’amahugurwa Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today cyageneraga abanyabukorikori n’abakora imyuga itandukanye bibumbiye mu rugaga rw’abikorera (PSF), cyasojwe kuri uyu wa Kane tariki 9/1/2014.
Abakozi b’akarere ka Rubavu kuva ku rwego rw’akarere kugera ku kagari bemeye gutanga umuganda wabo batanga 5% by’umushahara wabo mu kubakira abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bazatuzwa mu karere ka Rubavu.
Abahinzi n’ubuyobozi bashimangira ko urusogongero rwa Kawa begerejwe mu karere ka Gakenke mu ntara y’Amajyaruguru, ruzatuma ubwiza bwa kawa igera ku isoko mpuzamahanga bwiyongera kandi n’abahinzi babashe kumva uburyohe bwayo.
Inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu zirahamagarira abaturage bose kugira amacyenga ku kintu batizeye cyise no gutanga amakuru mu gihe babonye abantu batazi, nyuma yo gufata ibikoresho bya gisirikare birimo grenade zigera kuri eshanu zagombaga gukoreshwa mu guteza umutekano mucye mu karere ka Rubavu.
Intore zo mu murenge wa kibirizi ho mu karere ka Gisagara zifatanyije n’abaturage batangije ibikorwa by’urugerero, bafasha abana b’impfubyi zirera gukorera insina baterewe n’umushinga Zoe Ministries hagamijwe imibereho myiza, izi ntore zikanasaba ko hakomeza kubaho ubufatanye kugirango ibyo zigamije bizagerweho.
Burya ngo umuntu uhawe serivisi mbi, aba ashobora kubwira abandi bantu bagera kuri 20 ntibazigere bagana aho uyitanze akorera, mu gihe umuntu uhawe serivisi nziza aba afite ubushobozi bwo kubwira abandi bagera kuri 11.
Minisitiri w’Imari muri Niger, Gilles Baillet, uri mu wari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yongey gutangaza ko yishimiye ibihe byiza yahagiriye, cyane cyane ko yahakuye ubumenyi ku buryo ibihugu byacunga imari yabo mu miyoborere myiza.
Mu karere ka Ngororrero mu ntara y’Iburengerazuba, abarenga 400 baracyakeneye imbago kugira ngo babashe kugenda, n’ubwo mu mwaka ushize abaterankunga n’abafatanyabikorwa bafashije abatari bacye inyunganirangingo zirimo imbago, amagare n’ inkoni.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, aravuga ko mu myaka ine iri imbere, intara ayoboye izaba ibasha kubona umusaruro ukubye kabiri uboneka ubu, hagendewe kuri gahunda ihari jyanye na gahunda y’imbaturabukungu ya kabiri EDPRS II.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu baturutse muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, baratangaza ko batangajwe cyane n’uburyo u Rwanda rwihuta mu iterambere mu gihe cy’imyaka 20 ruvuye muri Jenoside.
Abaturage bo mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, batangaza ko abacuruza kanyanga baturuka mu tundi turere duturanye n’akarere kabo babateza umutekano muke kuko bahanyura bagiye kuyirangura muri Uganda bafite intwaro za gakondo zirimo ibisongo, ibyuma, imipanga n’ibindi ngo kuburyo uwo bahuye bashobora kumugirira nabi.
Mu mvura itari nyinshi bikabije yaguye kuwa 9/1/2014 mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rushaki inkuba yakubise umwana w’umukobwa w’imyaka 18 witwa Mukandayisenga Donatha ahita apfa.
Ministiri w’imari w’igihugu cya Niger, Gilles Baillet waje ayoboye itsinda ryo kwigira ku Rwanda uburyo ingengo y’imari ya Leta ikoreshwa, yahaye ikaze Abanyarwanda bifuza gushora imari mu gihugu cye, haba mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubucuruzi bwa peterori cyangwa gushora ibiribwa muri Niger.
Ku isaha ya saa cyenda n’iminota itanu, kuri uyu wa 10 Mutarama 2014, nibwo urumuri rutazima rw’icyizere rusesekaye mu ishuri rikuru rya Nyange (Ecole Superieur de Nyange), ruturutse ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Nyuma y’isuzuma ry’imyubakire ijyanye n’umujyi w’akarere ka Rusizi yakozwe n’ubuyobozi bw’akarere n’ubw’intara, uwaguze Hotel Ten To Ten yahawe iminsi itatu ngo abe yasenye inyubako yayongeyeho kuko ngo itujuje ibyangombwa bisabwa n’amategeko.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Paul Bitok, yashiyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 20 bagomba gutangira imyitozo ku wa mbere tariki ya 13/1/2014 bitegura kujya mu mikino y’amajonjora ya nyuma y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Nzeli uyu mwaka.
Mu rwego rwo kwiyubaka yitegura imikino ya shampiyona yo kwishyura ndetse n’amarushanwa mpuzamahanga, ikipe ya Rayon Sport yatangiye kugura abakinnyi, ikaba igomba gusinyisha umunya-Uganda Mukubya James ugera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 10/1/2014.
Alphonse Ntirushwamaboko utuye mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, ku gicamunsi cyo ku itariki ya 9/1/2014 yagerageje kwiyahuza aside yakuye mu mabuye y’iradiyo kuko ngo yananiwe kureka inzoga.