Ku nshuro ya Kabiri urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Kabayiza François rwari ruteganyijwe kuburanishwa mu mizi kuri uyu wa kane tariki ya 26 Werurwe 2015 mu Rukiko rwa gisirikare i Kanombe, rwasubitswe.
Abagabo batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera bakurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Lt. Col. Charles Matungo, Umuyobozi w’Ingabo mu Turere twa Huye na Gisagara aratangaza ko umuturage wahawe serivisi mbi bigatuma yijujutira ubuyobozi ari we mwanzi ukomeye ubu u Rwanda rufite.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, hafungiye umurundi witwa Nayabagabo Jean Claude w’imyaka 34 y’amavuko wafatanywe urumogi arujyanye mu Mujyi wa Kigali.
Leta y’u Rwanda iravuga ko yamaze guteguza abacuruzaga imiti batarabyigiye ngo bafunge imiryango, abarwayi bo bakazajya basanga imiti yose bakenera ku mavuriro yose azaba akora mu buryo bwemewe mu gihugu batagombye kugura imiti kuri ayo maduka atakemerewe gukora.
Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR FC, Kalisa Adolphe aratangaza ko iyi kipe igikomeje iperereza ku mvururu zabereye i Rusizi nyuma y’umukino ikipe ya Espoir FC yatsinze mo APR FC igitego kimwe ku busa.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko ukwezi kw’imiyoborere myiza bakubona nk’ukwezi ko gukemurirwa ibibazo biba byarapfukiranwe n’abayobozi bo mu nzego zo munsi y’akarere ziba zabateye utwatsi.
Mu rwego rwo kwagura imikorere cyane cyane mu gutanga inguzanyo no guha serivisi abatari abanyamuryango, Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO HEZA Kamonyi, yagejeje ku banyamuryango ba yo umushinga wo guhinduka ikigo cy’imari, bahita bawemera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru na Ibuka baratangaza ko hakiri abafite imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 igishyinguye mu ngo no mu matongo batarumva gahunda yo kuyimura ngo ishyingurwe hamwe n’indi mu nzibutso za Jenoside.
Abayobozi mu muryango w’Abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 (AVEGA) mu Ntara y’Amajyarugu barishimira ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka isaga 20 ishize Jenoside ihagaritswe.
Mu gihe hasigaye amezi atatu ngo umwaka w’ingengo y’imari urangire, Akarere ka Nyamasheke ngo ntikaranakoresha 50% by’ingego y’imari ku bikorwa biyemeje kuzakora muri uyu mwaka wa 2014-2015.
Bamwe mu banditsi bakuru bitabiriye amahugurwa ku gutunganya inkuru kuva tariki 23-25 Werurwe 2015 mu Karere ka Musanze, batangaza ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rimaze gutera imbere bitewe n’uko abarikora bafite ubumenyi, uretse ko ubushobozi bw’ibitangazamakuru bukiri bukeya.
Abarwayi barwariye mu Bitaro bya Rwamagana biri mu Mujyi w’Akarere ka Rwamagana, kuri uyu wa 25 Werurwe 2015, bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abarwayi, bishimira ko utuma bongera kwiyumva nk’abandi ngo kuko ubusanzwe baba babayeho mu buzima bwo kwiheba.
Abakozi batanu b’Akarere ka Bugesera barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere na rwiyemezamirimo bagejejwe imbere y’urukiko baburana ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, bose bahakana ibyaha bakurikiranyweho.
Nhlanhla wo muri Afurika y’Epfo na Permithias wo muri Namibia, bamwe mu bitabiriye irushanwa rya Big Brother Africa ku nshuro ya cyenda, bavuga ko batunguwe n’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho nyuma y’imyaka 21 ruvuye muri jenoside yakorewe abatutsi.
Ambasaderi wa Korea y’epfo, Soon-Taik Hwang wasezeye kuri Perezida Kagame ku wa 25 Werurwe 2015, yamushimiye ibyagezweho n’ibihugu byombi mu gihe cy’imyaka ibiri n’igice yari amaze ahagarariye igihugu cye mu Rwanda, ndetse avuga ko kuba mu Rwanda bishimishije cyane.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda nshya yo gufasha abanyeshuri kubona ibijyanye n’amasomo bifashishije igikoresho cyose gishobora gukoresha interineti nka telefoni n’ibindi.
Urwego rw’Umuvunyi rutangaza ko hari abasigaye bihisha inyuma y’ubucuti bafitanye na bamwe mu bayobozi abandi bakabyitirira kubitura ineza babagiriye kugira ngo habahe ruswa, ariko rukemeza ko byose nta tandukaniro na ruswa kandi ko bihanirwa n’amategeko.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM), François Kanimba aributsa abikorera bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko Urwego rw’abikorera arirwo nkingi ya mwamba izatuma intego zitandukanye u Rwanda rwihaye, zirimo gahunda y’imbaturabukungu ndetse na gahunda yo guhanga imirimo zigerwaho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa gatatu tariki 25 Werurwe 2015 yifatanyije n’abanya Singapore mu kababaro k’urupfu rw’uwahoze ari umuyobozi w’iki gihugu, Lee Kuan Yew.
Ikigo cy’u Rwanda gitwara abantu n’ibintu mu ndege (RwandAir) cyamaze gutumiza indege zo mu bwoko bwa Airbus A330 zizakoreshwa mu ngendo kigiye gutangira gukorera mu Burayi na Asia, zikaba ari ubwa mbere zizaba zigeze mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba.
Umunyarwanda Adrien Niyonshuti ukina mu ikipe y’ababigize umwuga ya MTN Qubeka ibarizwa mu gihugu cy’Afrika y’Epfo ari mu ikipe izitabira irushanwa rizwi ku izina rya Coppi e Bartalli rizaba kuva kuri uyu wa kane.
Urubanza urukiko rukuru, urugereko rwa Musanze ruburanisha mo Mukashyaka Saverina na bagenzi be 12 bakurikiranywe ho gukorana na FDLR mu mugambi wo kugirira nabi igihugu, ubufatanyabikorwa mu bikorwa by’iterabwoba n’ubugambanyi rwasubitswe ku wa 25 Werurwe 2015 kuko umushinjacyaha yarwaye.
Mu gihe Jenoside yakorerwaga abatutsi, hari imiryango imwe n’imwe yagiye yitandukanya n’ubwo bwicanyi igahisha abatutsi bahigwaga bukware, ndetse bamwe bakaba barahisemo gupfana na bo aho kwijandika mu bwicanyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’umuryango ureberera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi (IBUKA) muri aka karere, bavuga ko kugeza ubu nta warokotse Jenoside utishoboye utarubakirwa inzu yo guturamo.
Abaturage batuye Akagari ka Bweramvura mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’inzara bagiye kumarana hafi amezi 2 batewe n’imvura irimo amahindu yaguye mu gace kabo ikangiza imyaka yose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko bwahagaritse abakozi 6 bakora mu nzego zinyuranye kubera kwitwara nabi mu kazi bari bashinzwe.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’Amagare, Hadi Janvier akomeje kwitwara neza mu marushanwa ari kubera mu gihugu cy’Algerie (Grand Tour d’Algerie) aho yaje ku mwanya 2 mu gace gasoza isiganwa rya Tour international d’Annaba.
Abahinzi ba kawa bo mu mirenge ya Kansi na Kibirizi ho mu Karere ka Gisagara baravuga ko kugera ku nganda zitunganya umusaruro wabo bibagora, bakifuza ko muri umwe muri iyi mirenge hashyirwa uruganda rutunganya kawa.
Nubwo amakoperative abyaza umusaruro ikiyaga gihangano cya Cyabayaga avuga ko yatangiye kugikuramo amarebe yabujije umusaruro abororegamo amafi abashinzwe ibidukikije mu Karere ka Nyagatare barabibutsa ko bidahagije gukuramo amarebe ahubwo hakenewe guhangana n’ibituma azamo.
Abaturage b’Umurenge wa Kamegeri mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko kumenya guhinga kijyambere hakoreshwa ifumbire y’imborera no gukora uturima tw’igikoni byatumye nta mu muturage ugipfa azize inzara.
Tariki ya 05 Mata 2015, ku cyicaro cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) i Cairo mu Misiri hazabera tombola y’uko amakipe azahura mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN) kizabera mu Rwanda umwaka wa 2016.
Cecile Kayirebwa, umwe mu bahanzikazi b’ibyamamare mu Rwanda, asanga ikibazo rukumbi ubuhanzi nyarwanda ngo bufite ari ukutagira inzu zabugenewe z’imyidagaduro kugira ngo ababukora babashe gutera imbere ndetse no gutungwa n’umwuga wabo.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 18 witwa Uwiduhaye wo mu Mudugudu wa Muneke, Akagari ka Gihuke mu Murenge wa Bwisijye ho mu Karere ka Gicumbi bamusanze amanitse mu mugozi yapfuye.
Abantu 12 bareganwa na Mukashyaka Saverina ibikorwa byo gukorana na FDLR mu mugambi wo kugirira nabi igihugu, ubufatanyabikorwa mu bikorwa by’iterabwoba hamwe n’ubugambanyi, ku wa 24 Werurwe 2015 bagejejwe imbere y’urukiko rukuru, urugereko rwa Musanze ruri kuburanisha abaregwa ku byaha bakoreye mu Karere ka Rubavu ari naho (…)
Itsinda ry’abarimu n’abanyeshuri biga muri Kaminuza ya St Andrews mu Bwongereza ariko baturuka mu bihugu bitandukanye byo ku isi, babwiye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wabakiriye, ko mu byo bagiye kubwira amahanga harimo ko abanyarwanda bacyifuza gukomeza kuyoborwa nawe, na nyuma ya manda ya kabiri izarangira muri 2017.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cya Kenya, Joseph Nkaissery, ku wa 23 Werurwe 2015 yatangarije itangazamakuru n’amahanga yose ko igihugu cye cyafashe icyemezo ndakuka cyo kubaka urukuta ku mupaka ukigabanya na Somalia mu kwirinda ibitero cyagabwaho n’inyeshyamba za Al Shaabab.
Umuyobozi wa Gereza ya Rusizi, Superintendent Christophe Rudakubana aratangaza ko nta bagororwa barangije igihano bakomeza gufungwa, kuko amadosiye yabo akurikiranwa umunsi ku wundi bityo urangije igihano agataha.
Nyirangerageze Genasita w’imyaka 79 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Shyiro mu Kagari ka Bumbwe mu Murenge wa Muyongwe mu Karere ka Gakenke, yishwe mu ijoro ryo ku wa 22 Werurwe 2015 atemaguwe n’abantu bataramenyekana, bicyekwa ko yazize kuba yari amaze igihe ashinjwa kuroga.
Abasore 2 bo mu Mudugudu wa Mwumba, Akagari ka Matare mu Murenge wa Matyazo ho mu Karere ka Ngororero bafashwe na polisi yo muri aka karere, bamaze kwiba urumogi uwo basanzwe baruguraho.
Umuyobozi w’Umuryango CARSA wita ku isanamitima n’ubwiyunge Mbonyingabo Christophe aravuga ko ahereye ku buhamya bw’abagenda bakira ibikomere hari icyizere cyo kubaka ubwiyunge burambye.
Urubanza rwa Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 29 y’amavuko wishe abantu 6 bo mu muryango umwe, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri, tariki ya 24 Werurwe 2014, ku mpamvu z’uko atari yiteguye kuburana.
Ihuriro ry’abagore bo mu bihugu by’ibiyaga bigari by’u Rwanda, u Burundi na Congo Kinshasa, COCAFEM, ngo ririshimira intambwe umugore amaze kugeraho muri aka karere ariko bagasaba za Leta z’ibihugu byabo ko uburinganire bwarushaho kwitabwaho no mu myanya ifata ibyemezo.
Uwahoze ari umurwanyi wa FDLR akaza kujyanwa Kanyabayonga na Kisangani yatorotse inkambi yiyizira mu Rwanda tariki 15 Werurwe 2015, kubera ko yajyanyweyo ku gahato nyuma y’uko abayobozi be bamenye ko ashaka gutaha mu Rwanda.
Ikipe ya Rayon Sports igiye gushyiraho Team Manager uzasimbura Thierry Hitimana watandukanye na yo mu mpera z’icyumweru gishize aho mu mazina avugwa harimo Kayiranga Baptista.
Umuhanzikazi Cécile Kayirebwa yasabye abahanzi Nyarwanda kuririmba babikunze kandi bakaririmba ibifitiye akamaro ababumva.
Kuri uyu wa mbere tarikiya 23 Werurwe 2015, Urukiko rw’Ibanze rwa Gihango rwategetse ko umuyobozi n’umucungamutungo b’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) mu Karere ka Rutsiro bari bafunzwe bakurikiranyweho amafaranga ya MUSA barekurwa baka zakurikiranwa bari bari hanze.
Abikorera mu ntara y’amajyaruguru batangaza ko umwe mu mihigo bashyize imbere ari ugushishikariza bagenzi babo gukorana n’ibigo by’imari bakava ku ngeso yo gukorana na “Bank Lambert” igaragara kuri bamwe.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) irasaba abakozi b’uturere bashinzwe uburinganire n’iterambere ry’umuryango, n’abakozi b’inzu z’ubufasha mu mategeko (MAJ) bashinzwe kurwanya ihohoterwa, kujya kwigisha abaturage uburyo bakwirinda ibibazo bitandukanye bigaragara mu ngo.