Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi, Mugisha Honoré avuga ko bitangaje kuba mu Mujyi wa Gisenyi hari abafite amavunja bita ay’ubukire mu gihe amavunja aterwa n’umwanda.
Imvugo “ Amasaha y’abirabura” imaze gusakara mu mvugo yacu y’Ikinyarwanda ku buryo urahura n’umuntu wategereje undi akamubura ati “Iby’amasaha y’abirabura ntawabishobora”, wahura n’undi wakererewe akazi ati ”Dukora mu masaha y’abirabura”.
Serivise ishinzwe kwakira abana bakivuka (néonatologie) mu Bitaro bya Kirehe irashimirwa imikorere myiza iyiranga ku rwego rw’igihugu mu kurwanya impfu za hato na hato z’abana bakivuka.
Uwamahoro Alphonsine w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko yataye umugabo we ku buryo budasubirwaho ahunga ihohoterwa yari amazemo imyaka irindwi, dore ko babanaga ariko batarasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yabwiye abavuga ko bashaka ko akomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017 ko bagifite akazi gakomeye ko kubimwumvisha bakanabyemeza Abanyarwanda, kuko Itegeko Nshinga risanzweho ribimubuza kandi akaba we ntawe yasabye kurihindura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bugaragaza ko ibyaha bishingiye ku rugomo bikunze kugaragara hirya no hino mu mirenge itandukane y’Akarere ka Gatsibo, biba bifitanye isano ya hafi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Abaturage bo mu Tugari twa Hehu, Rusiza na Mutovu two mu Murenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu bahangayikishinjwe n’amazi ava muri pariki y’igihugu y’ibirunga agasenyera abaturage ndetse agatwara n’ubuzima bw’abantu.
Kuri uyu wa 01 Mata 2015 umugore witwa Izandinda Honorine wo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro yaburiwe irengero baza kumusanga yaguye mu mugezi wa Sebeya yitabye Imana.
Umugabo witwa Uwimana Prosper utuye mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Kivumu ho mu Karere ka Rutsiro ari gushakishwa kuko yatemye umuntu ahita aburirwa irengero.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riravuga ko nta kirego cy’ikipe y’Amagaju FC ryigeze ryakira, mu gihe ubuyobozi bw’Amagaju buvuga ko bwatanze ikirego FERWAFA ikabusaba gutegereza igisubizo binyuze mu nyandiko ariko n’ubu butarasubizwa.
Bamwe mu bakozi bakoraga isuku mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare n’inkiko z’ibanze 4 zirushamikiye bakoreshwaga na Kompanyi Shine Rwanda Ltd barasaba ababifitiye ubushobozi kubishyuriza kuko rwiyemezamirimo bamubuze bityo bakaba badahembwa.
Mu mwaka wa 2013 ahenshi mu Turere tw’Intara y’Uburengerazuba hatanzwe Televiziyo zo gushyirwa mu tugari no mu mirenge kugira ngo zifashe abaturage kumenya amakuru y’ibibera mu gihugu, no kubarinda kurambirwa mu gihe bagiye gushaka serivisi.
Imiryango 123 y’Abanyarwanda batishoboye yatahutse kuva 2009 kugera 2015 mu mu Murenge wa Mudende kuri uyu wa 01Mata 2015 yashyikirijwe imbuto y’ibirayi ingana n’ibiro 9840, ibiro 1180 by’ifumbire ya NPK 17 17 17 ingana n’ibiro 1180, ibiro 99 by’umuti wica udukoko Mancozeb hamwe n’ibyuma bitera umuti mu myaka 21.
Abantu 138 bize gusoma, kwandika no kubara bakuze babifashijwemo n’itorero ADEPER Byimana bashyikirijwe impamyabushobozi tariki ya 01 Mata 2015, bavuga ko bagiye kugana inzira y’iterambere kuko kutamenya gusoma no kwandika byari inzitizi kuri bo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bwegukanye igikombe cy’ishimwe gitangwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kubera intambwe iba imaze guterwa mu mitangire y’amasoko aba yakozwe mu buryo bunyuze mu mucyo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Dr Alivera Mukabaramba yasabye abatuye Akarere ka Rubavu kuba hafi y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu gihe cy’icyunamo, cyane cyane inshike n’abandi batishoboye baba bakeneye ababafata mu mugongo.
Bamwe mu baturage bo mu Mujyi wa Rwamagana bashyigikiye ko umunsi wo kubeshya uba tariki ya 1 Mata washinga imizi ngo kuko ufasha abantu kuruhuka babeshya kugira ngo bishimishe ariko abandi bakavuga ko kubeshya ari icyaha kandi biteza ingaruka mbi zirimo igihombo n’ihungabana.
Mu Karere ka Bugesera hashyizweho inkambi iri kwakira Abarundi barimo guhunga ku bwinshi, bavuga ko baterwa ubwoba n’abashaka kubica.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye irushanwa ngarukakwezi ryiswe “Rwanda Cycling Cup” rigizwe n’amarushanwa icumi azajya aba buri kwezi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nyakarenzo baravuga ko bababajwe n’amafaranga yabo batanze kuri biyogaze ariko hakaba hashize imyaka 2 zidakora.
Agatsiko k’abantu umunani bo mu Murenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi bari bagiye gutera urugo rw’uwitwa Twagirayezu Frederic wo mu Mudugudu wa Gahinga kugira ngo bamwivugane, ku bw’amahirwe bahura n’irondo bararwana ariko ribarusha imbaraga, batatu muri bo barakomereka ubu bari kuvurirwa mu kigo nderabuzima cya Mushaka, (…)
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu atangaza ko nta gihugu cy’igihangange ku isi cyagira icyo kibaza Abanyarwanda igihe bahinduye Itegeko Nshinga ryemerera Perezida Kagame kongera kwiyamamariza manda ya gatatu izaza nyuma ya 2017 kuko ibyo bihugu byagize aba-perezida banditse amateka nka Perezida Kagame bituma bahindura (…)
Theophile Ruberangeyo, umuyobozi w’ikigega gifasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi batishoboye (FARG) avuga ko kuva ibikorwa bya gisirikare byahariwe kuvura abarokotse Jenoside byatangira mu mwaka w’2012 bimaze kugera ku baturage 35002 mu turere 26 bamaze gukoreramo, akavuga ko gukorana n’ingabo z’u Rwanda mu kubavura (…)
Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa 01 Mata 2015 yakiriye ba ambasaderi babiri bashya barimo Mme Namira Babil Mohamed El Mahdi Negm waje guhagararira igihugu cya Misiri mu Rwanda na Ali Idi Siwa waje guhagararira Tanzaniya mu Rwanda.
Ikigo k’igihugu gishinzwe gutanga amasoko ya leta (RPPA) kiratangaza ko gahunda cyafashe cyo gushyira ba rwiyemezamirimo bakora mu by’ubwubatsi mu byiciro hakurikijwe ubushobozi bwabo, bizagira uruhare mu kugabanya ruswa n’abahataniraga amasoko batayashoboye.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, aratangaza ko guta muri yombi abarundi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bikigoranye cyane kubera ko kumenya imyirondoro yabo nabyo ubwabyo ari ikibazo.
Nyuma y’uko imirimo yo kubaka gare nshya mu Mujyi wa Muhanga itangiye mu ntangiriro z’umwaka wa 2015, ibyakorerwaga ahubakwa iyo gare byarasenywe maze bimwe muri byo birimo amazu akoze mu mabati y’ibyuma azwi nka kontineri (containers) yimurirwa mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, bikaba byarabafashije kubona aho (…)
Umusaza w’imyaka 60, umwe bahoze mu mutwe wa FDLR ukuze kurusha abandi basezerewe ku wa 31Werurwe 2015 mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, afite ikibazo cy’uko azabaho mu masaziro ye nyuma y’igihe kinini yataye ntacyo akora ngo ateganyirije ejo hazaza.
Kuva aho Kaminuza Gaturika y’u Rwanda (CUR) yafunguriye imiryango, mu mwaka w’2010, ku nshuro ya mbere , kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, yatanze impamyabushobozi ku baharangije magana cyenda n’umwe.
Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika (USA), Barack Obama arasaba perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila gutegura neza amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2016, hubahirizwa itegeko nshinga no kurengera uburenganzira bw’abaturage b’icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byamaze gutegurwa ku buryo bunoze ndetse ko buri kintu cyose ubu kiri mu mwanya wacyo mu gihe habura itageze ku cyumweru ngo icyunamo cy’iminsi ijana gitangire.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Rosemary Mbabazi mu mpanuro yahaye intore z’urubyiruko ziva mu Ntara y’Iburasirazuba zisaga 1032 yazisabye gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu kuko u Rwanda rwabahaye amahirwe yose.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara barasaba ubuyobozi bw’akarere kabo kubatumikira ko bashaka gukomeza kuyoborwa na Perezida Paul Kagame ngo kubera ibyiza amaze kubagezaho.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnny McKinstry asanga kuba bakina n’igihugu cye cy’amavuko cya Ireland y’amajyaruguru ari ikintu cyashoboka mu minsi iri mbere.
Abana b’imfubyi 5 bo mu Kagari ka Burunga, mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi barasaba gufashwa kwishyura cyangwa gusonerwa umwenda basigiwe n’ababyeyi babo kuko nta bushobozi bwo kuwishyura bafite.
Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 31 Werurwe 2015, Umunyamabanga wa Leta muri Minsiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi , Tony Nsanganira , yasabye abahinzi kudaha urwaho ababagurira umusaruro ku giciro gito.
Nyuma y’igihe kinini abubatse inyubako nshya z’ibitaro bya Kirehe bategereje guhembwa ubu bari mu byishimo kuko bose bamaze guhembwa amafaranga yabo yose bakaba ngo bashimira itangazamakuru ryabavuganiye.
Mu gihe abaturage bo mu Mudugudu wa Gacaca, Akagari ka Cyambwe, mu Murenge wa Musambira ho mu Karere ka Kamonyi bishimira ko bamaze kugera ku iterambere, bahangayikishijwe n’abajura babatwara ibikoresho byo mu nzu ndetse n’abasarura imyaka ya bo mu mirima.
Umuhanzikazi Knowless yasubiye mu irushanwa rya PGGSS 5 nyuma y’uko yari yifuje ko hari ibyakorwa bitaba ibyo ashobora gusezera.
Umuryango Transparency International Rwanda (TIR) urwanya ruswa n’akarengane uvuga ko mu mwaka wa 2013 wasanze Leta yarahaye bimwe mu bigo by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda wabashije kugeramo, miliyoni zirenga 700 z’amafaranga y’u Rwanda bibeshya ko ari ayo gufasha abanyeshuri babyigamo, nyamara nta bahari.
Nyuma yo gufata icyemezo cyo kugarura Kayiranga Baptiste ku mwanya w’umutoza, Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gutangariza abakunzi bayo impinduka zinyuranye.
Abahoze mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda ikorera mu Burasizuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) basoje ingando zaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa cya Mutobo mu Karere ka Musanze basabwe kutitinya bagafatana urunana n’abandi Banyarwanda mu kubaka igihugu cyabo.
Umuryango KWACU ugizwe n’imiryango yaburiye abayo muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994 i Nyarubuye umaze kurihira abantu 40 bacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye ubwisungane mu kwivuza.
Umuryango Rwanda Organization Development Initiative (RODI) watangije igikorwa cyo guhugura amakoperative y’ubuhinzi aturuka mu Turere twa Kamonyi, Muhanga na Ruhango, hagamijwe kubereka inzira zo kubonera isoko umusaruro wabo badategereje abandi bityo bikaba byawuviramo no kwangirika.
Resitora Karibu, imwe mu maresitora azwi mu Mujyi wa Kigali rwagati, yatunguwe n’abakozi b’Umujyi wa Kigali bashinzwe kugenzura isuku mu maresitora n’amahoteli basanga aho bategurira ibyo kurya hari umwanda ukabije, bayica amande banayibwira ko ishobora gufungwa.
Umugabo witwa Habyarimana Evariste utuye mu Mudugudu wa Gatare , mu Kagari ka Rebero ho mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byumba ashinjwa kwica umugore we witwa Uwineza Francine.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera burimo gutegura igishushanyombonera cy’ikoreshwa ry’ubutaka bwo muri ako karere kizagaragaza ahazajya imijyi ndetse n’ahateganyijwe kubakwa imidugudu mu rwego rwo gukoresha ubutaka neza no kunoza imiturire.
Ishyirahamwe ry’abavuzi gakondo mu Karere ka Kayonza, tariki 30 Werurwe 2015 ryashyikirije polisi umuturage ukomoka mu gihugu cya Uganda rivuga ko ari umupfumu wiyitirira umwuga w’ubuzi gakondo.
Abagabo babiri bo mu Mudugudu wa Mirama ya 1, Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare baturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Gerenade barakomereka.