Ku wa 15 Werurwe 2015, umuturage witwa Habimana Jean Pierre yatemye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rutagara mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero witwa Uwimbabazi Florence, amukomeretsa ku mutwe no mu mugongo.
Mukamurerwa Marie Goreth w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe aravuga ko kuva mu mwaka wa 2006 ashakana na Habyarimana Jean Baptiste atigeze agira amahoro kubera ihohoterwa akorerwa n’umugabo we bikaba bigeze ku ntera yo kurara acuramye ahunga ko umugabo amukoresha ibyo batumvikanyeho.
Ku wa kabiri tariki ya 17/03/2015, Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda yakomeje ku munsi wa 20, ikipe ya Police Fc inganya na Mukura VS naho Rayon Sports ishyirwa ku mwanya wa gatandatu nyuma yo gukurwaho amanota atatu.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Kayonza baherutse gutangaza ko bafite ikibazo cy’imiti ya Marariya kuko bajya kwivuza ariko ntibayisange ku kigo nderabuzima. Abari bagaragaje iki kibazo ku ikubitiro ni abivuriza ku kigo nderabuzima cya Karama mu murenge wa Murama wo muri ako karere.
Umukozi ushinzwe ibikorwaremezo mu Karere ka Bugesera, Nzeyimana Phocas nawe yatawe muri yombi akekwaho ubufatanyacyaha ku cyaha cya ruswa no kutubahiriza ibiteganywa n’amategeko mu itangwa ry’isoko ryo kubaka inyubako y’ibiro by’Akarere ka Bugesera.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bavunwaga no gutwara ababo bitabye Imana mu buruhukiro bwo mu bitaro byo mu Karere ka Huye babonewe igisubizo, kuko ubu ibitaro bya Kigeme byujuje inyubako y’uburuhukiro yujuje ibyangombwa kandi ikaba ifite n’icyumba kizajya gisuzumirwamo icyateye urupfu.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ingufu z’amashanyarazi, REG, zifite agaciro ka miliyoni umunani zireshya n’ibirometero bibiri.
Mbarushimana Simon w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi iri mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango, akekwaho gusaba umuturage ruswa y’amafaranga ibihumbi 10.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, iri kwigisha abahinzi guhingisha imashini mu rwego rwo kugabanya imvune zo guhingisha amasuka ndetse abahinzi bakabasha guhinga hanini mu gihe gito kugirango bazongere umusaruro ukomoka ku buhinzi.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) baratangaza ko abacuruza serivisi mu Rwanda bihariye 57% (bingana na miliyari 5,389) by’umusaruro wose w’u Rwanda wo muri 2014 ngo ungana na tiriyari zirenga eshanu mu gihe muri 2013 ho ngo serivisi zari zinjije miliyari 4,864 (…)
Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu SACCO buravuga ko inguzayo ingana na Miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda yemerewe n’ikigo cy’Abaholandi cyitwa Oika Credit, izafasha abarimu kugera ku iterambere ryihuse ibunganira mu kunoza imishinga yabo.
Abagize Centre igiti cy’ubugingo babazwa no kuba abanyamuryango b’amakoperative baha inka muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere batazifata neza bitewe no kuzisiganira.
Umugore wo mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze arasaba ko Itegeko Nshinga rihindurwa kugira ngo we n’abandi Banyarwanda bashaka ko Perezida Paul Kagame akomeza kubayobora bishoboke kuko ngo bitabayeho ashobora no kwiyahura kubera ibyo yamugejejeho.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mataba mu KARERE ka Gakenke bahangayikishijwe no kutabona amazi meza bityo abaturiye umugezi wa Nyabarongo bagahitamo kuba ariwo bavoma, mu gihe hari abavoma imibande ndetse na za ruhurura.
Mu gihe abaturage bo mu Mudugudu ba Bubare mu Kagari ka Rugarama, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bubakiwe ivuriro (Poste de Santé) kugira ngo babonere bugufi serivisi z’ubuzima none rikaba rimaze amazi atandatu ryaruzuye ariko ridakora, Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyagatare n’ubw’akarere buvuga ko (…)
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge y’u Rwanda 416, tariki 19 Werurwe 2015, bazajya mu mwiherero i Gabiro, nyuma y’igihe gito abayobozi bakuru b’igihugu bawuvuyemo.
Umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-moon yanenze ibikorwa by’ingabo za Kongo mu kurwanya FDLR asaba ko zafatanya n’ingabo z’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo guhashya FDLR.
Ikipe ya Kigali Basketball Club (KBC) yasezeye muri Shampiyona y’umukino wa Basketball mu Rwanda nyuma y’impanuka yibasiye iyo kipe ndetse n’umwe mu bakinnyi bayo akitaba Imana.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza bafata itabi ry’igikamba n’ubugoro nk’imari ikomeye ibinjiriza amafaranga ikanabatungira imiryango.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali gukora ubucuruzi busukuye batanga imisoro nk’uko bayisabwa birinda kuba icyo yise “ibisambo”, kuko ari bwo bazaba bagaragaje umuco wo gukunda u Rwanda.
Murera Zacharie, umusaza wo mu kigero cy’imyaka nka 70 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Masoro yegukanye umwanya wa gatatu mu bantu umunani basiganwaga mu irushanwa ryo gutwara amagare.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyabihu bubatse ingo kandi zibanye neza bavuga ko ikiganiro mu ngo ari umusingi wo kwirinda amakimbirane n’ibindi bibazo birimo no kwicana hagati y’abashakanye.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bubakiwe amazu mu Mudugudu wa Nyagatovu, Akagari ka Kayenzi, Umurenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango, bamaze amezi atanu batagira aho bacumbika nyuma y’uko basenyewe n’umuyaga, bagasaba inzego zindi kubagoboka kuko babona ubuyobozi ntacyo bukora.
Umusaza witwa Niyonzima Joseph uri mu kigero cy’imyaka 67, mu rukerera rwo ku wa 16 Werurwe 2015, yasanzwe mu muferege agaramyemo yashizemo umwuka, mu Mudugudu wa Kabuyekeru mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.
Mu gitondo cyo ku wa 16 Werurwe 2015, mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Kibari mu Mudugudu wa Rugarama ku Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Ntuyenabo w’imyaka 71 yapfuye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze kwemeza ko ikipe ya Rayon Sports ikurwaho amanota atatu nyuma yo kubitegekwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), kubera umwenda ibereyemo uwahoze ari umutoza wayo, Raoul Shungu.
Ikipe ya Rayon Sports yakiriwe n’abafana benshi ku kibuga cy’indege i Kanombe ubwo yari ivuye mu Misiri aho yatsindiwe na Zamalek ibitego 3-1.
Nyuma yo guta muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Bugesera n’abakozi b’akarere babiri bashinzwe gutanga amasoko, polisi yataye muri yombi rwiyemezamirimo wubakaga inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Bugesera.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itarangaza ko amatora y’intumwa z’abakozi bahagarariye abandi n’abagize komite zishinzwe ubuzima n’umutekano mu kazi ateganyijwe gutangira tariki 31/03/2015 areba ibigo byose by’abikorera mu Rwanda.
Abanyeshuri 50 biga ibya gisirikare muri Kenya baturutse mu bihugu 10 bya Afurika, ari byo Kenya, u Rwanda, Burundi, Botswana, Egypt, Malawi, Namibia, Tanzania, Uganda na Zambia, bari mu Rwanda guhera tariki 16-21 Werurwe 2015 aho ngo baje kureba ubunararibonye bw’ingabo z’u Rwanda mu gukumira amakimbirane.
Jean Leonard Kagenza, umukozi ushinzwe ubworozi mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke, guhera ku wa 12 werurwe 2015, afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho gutanga inka zo muri gahunda ya “Girinka” mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuko uwayihawe atari ku rutonde rw’abagenerwabikorwa.
Abaturage b’Umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baravuga ko ikibazo cy’inkuba zikubita abantu kimaze kuba karande kuko nta mwaka ushira zitishe abantu.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Musanze rwagati, mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze hafi y’isoko ry’ibiribwa yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro zo ku wa Mbere tariki 16/03/2015 irashya irakongoka.
Abakunzi ba Filime Nyarwanda batandukanye bo mu Karere ka Burera batangajwe no kubona amaso ku maso bamwe mu bakinnyi ba Filime Nyarwanda bakunda ubwo bazaga muri ako karere mu rwego rwo kwegera abafana no kureba niba amafilime bakina abashimisha.
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biri kwiga uburyo byajya bibyaza umusaruro umutungo kamere w’ibimera, aho kugira ngo ibihugu byateye imbere ku isi abe ari byo biwutwarira ubuntu nibirangiza biwugurishe ku giciro cyo hejuru.
Isoko ry’amatungo ryubatswe mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu rimaze umwaka ridakora kubera ibiciro by’imisoro abacuruzi bavuga ko bitabanogeye bagahitamo kwigira mu isoko ry’amatungo rya Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.
Abakoze imwe mu mirimo ijyanye n’iyubakwa ry’imihanda mishya yo mu Mujyi wa Huye baratangaza ko nyuma y’ubuvugizi bakorewe ubu bari guhabwa ibirarane by’imishahara yabo.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri kwitabira amarushanwa mpuzamahanga ya Tour du Cameroun, Bintunimana Emile yegukanye agace ka kabiri k’iri siganwa ku cyumweru tariki ya 15 Werurwe 2015.
Bamwe mu baturage bo mu Tugari twa Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, na Ruri mu Murenge wa Shyogwe baravuga ko batewe ubwoba n’umutekano muke urangwa mu Gishanga cya Rugeramigozi aho iyi mirenge yombi ihana imbibi.
Abageni bo mu Karere ka Rubavu batandukanye k’umunsi w’ubukwe bwo gusaba no gukwa nyuma yo kwipimisha Virusi itera Sida bagasanga umuhungu yaranduye umukobwa agahita amuta nta n’uwo abwiye.
Umugore witwa Ayinkamiye Hélène wo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza yishwe n’abagizi ba nabi mu rukerera rwo ku wa 13 Werurwe 2015 atemaguwe umubiri wose, ubwo yari asubiye mu rugo iwe nyuma y’iminsi itatu yarahukaniye ku babyeyi be mu Karere ka Kirehe.
Abantu 20 baravuga ko bamaze umwaka n’igice bishyuza amafaranga bakoreye mu gukwirakwiza amashanyarazi mu Murenge wa Nyange wo mu Karere ka Ngororero ariko ntibishyurwe.
Imwe mu miryango yo mu turere twa Ruhango na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo yemeza ko yari ibanye mu buryo bw’amakimbirane ubu iratanga ubuhamya ikavuga ko amahoro aganje iwabo mu miryango kubera inyigisho yahawe n’Umuryango RWAMREC.
Bamwe mu bayobora Koperative zo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” baravuga ko guhomba kw’imishinga y’abaturage baba barasabye inguzanyo cyane cyane iyinganjemo iy’ubuhinzi, ubworozi n’ubucuruzi, ari bimwe mu bituma koperative zamburwa.
Kuri uyu wa 14 Werurwe 2015, mu bikorwa bya AERG na GEARG byo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside birimo kubasanira amazu, kububakira uturima tw’igikoni ndetse no gukora isuku ku nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bisenibamwe Aimé, yatangaje ko uyu mwaka uzajya kurangira abacitse (…)
Uhagaze Aléxis utuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma umaze imyaka 15 afite ubumuga, amaze gukura abafite ubumuga mu ngeso yo gusabiriza abigisha umwuga wo kudoda inkweto kuko yabonaga bimufitiye akamaro bimutungiye umugore n’abana umunani.
Abayoboke b’ishyaka PSD mu Karere ka Kirehe, muri kongere y’ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere kuri uyu wa 14 Werurwe 2015 barasabaye ko ibikorwa remezo byakongerwa hahangwa imirimo mu kurwanya ubushomeri bwugarije urubyiruko.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Rwamagana barasabwa kwimakaza ukuri mu byo bakora kandi bakirinda ingeso mbi izwi nko “gutekinika” kuko idindiza iterambere ry’abaturage n’ahari ikibazo ntikimenyekane ku gihe.
Abanyehuri 54 b’abakobwa batsinze neza ibizamini bya leta mu mwaka wa 2014, bashyikirijwe ibihembo n’umuryango Imbuto Foundation, mu gikorwa isanzwe ikora buri mwaka hagamijwe kuzamura uburezi bw’umwana w’umukobwa.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, aratangaza ko Abanyarwanda bakwiye kwitabira siporo buri gihe kandi bakayishyira mu gahunda zabo za buri munsi nk’uko badashobora gusiba kurya.