Umwe mu biyamamariza kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, wo mu Ishyaka ry’Ubwumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), yatangaje ko amashyaka adashyigikiye Umuryango FPR Inkotanyi, igihe kitaragera ngo hahindurwe ubutegetsi.
Abaturage b’Akarere ka Nyarugenge, bashima ko ibyo FPR-Inkotanyi yabijeje mu bikorwa byo kwamamaza umukuru w’Igihugu ariwe Paul Kagame mu 2017 yabibagejejeho hejuru ya 90% muri manda y’imyaka irindwi ishize.
Kuri iki cyumweru,myugariro w’iburyo Fitina Omborenga wakiniraga APR FC yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri ayikinira.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryabwiye abaturage bo mu Karere ka Huye ko umukandida waryo ku mwanya wa Perezida wa Repubulik, Dr. Frank Habineza natorwa, rizavugurura imitangire y’amafaranga y’ikiruhuko cy’izabukuru ‘Pension’, uwiteganyirije akajya yemerererwa (…)
Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu (PL) bavuga ko bahisemo gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame ku mwanya wa Perezida w’u Rwanda, bo bakazamufasha bari mu Nteko Ishinga Amategeko.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko abari bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu Paul Kagame, bibukijwe uko abagerageje gucamo Igihugu kabiri birukanywe bagahunga.
Jean Baptiste Nshimiyimana w’imyaka 30 y’amavuko avuga ko yize amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro aseta amaguru kubera ko ngo kera yahoze yigwamo n’abatsinzwe andi masomo none ubu ngo ageze ku iterambere ku buryo yifuza gutaka ibiro bya Perezida wa Repubulika akoresheje amakaro ava mu mbaho.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Nyakanga 2024, amakipe ya APR FC na Police FC azahurira kuri stade Amahoro ubwo izaba ifungurwa ku mugaragaro nyuma yo kuvugururwa, aho imiryango izafungwa saa cyenda
Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame aratangaza ko ababajwe no kuba umuhanda-Karongi-Muhanga waradindiye, kandi nta bibazo byinshi abona byagakwiye kuba byarawudindije agasezeranya abawukoresha ko ugiye kubakwa vuba.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Kayiranga Théobard, aburira abagishora abana mu mirimo y’ubucukuzi bwo mu birombe by’amatafari, ubucuruzi bw’ibisheke, ubuconco n’indi mirimo ibujijwe ku bana bagamije kubabyazamo amafaranga, ko bikomeje kuvutsa abo bana uburenganzira bw’ishuri (…)
Abaturage biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ndetse n’ab’indi mitwe ya Politiki ishyigikiye umukandida Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri iki Cyumweru tariki 30 Kamena 2024, bateraniye i Rubengera mu Karere ka Karongi kuri Sitade Mbonwa, bakaba baje mu bikorwa byo kwamamaza no gushyigikira uwo (…)
Imiryango 65 y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye mu Karere ka Muhanga, yahawe amatara yimirasire y’izuba, mu rwego rwo kuyikura mu bwigunge, nyuma y’uko aho batujwe nta muriro ukomoka ku muyoboro mugari begerejwe.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Murenge wa Masaka kuwa Gatandatu tariki 29 Kamena 2024 bamamaje umukandida wabo Paul Kagame bamushimira ko yabegereje ibikorwaremezo muri uyu Murenge birimo n’ibyubuvuzi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, Polisi y’Igihugu n’impuguke mu bijyanye no kwirinda impanuka, batanze ubutumwa bwafasha abantu kwirinda impanuka, cyane cyane izibera mu muhanda muri iki gihe cy’ibikorwa byo kwiyamamaza n’iby’amatora ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Ambasaderi Christophe Bazivamo yashyikirije Perezida wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, nka Ambasaderi ufite icyicaro i Abuja muri Nigeria.
Sebarinda utuye mu Karere ka Gakenke akaba umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, yagaragaje ko ibikorwa byo kwamamaza FPR-Inkotanyi byivugira, hagendewe ku byakozwe cyane cyane mu byari byiyemejwe mu matora ya 2017.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza (PSD) bwasezeranyije abaturage kuzaringaniza abagore n’abagabo ku kigero cya 50% mu nzego zifata ibyemezo mu gihe bazaba batorewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, (Democratic Green Party of Rwanda) rivuga ko umukandida waryo natorerwa kuyobora u Rwanda, rizashyiraho uburyo abaturage batanga ibitekerezo kandi byagera ku 1000 bigahinduka umushinga w’itegeko.
Muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) ku Gisozi hateraniye Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kamena 2024, mu gikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame ndetse ko biteguye kuzamutora hamwe n’abakandida-Depite b’uwo muryango bahakomoka.
Dr Telesphore Ndabamenye, uvuka mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri wavuze ibigwi Kagame Paul, umukandida wa FPR-Inkotanyi yashimangiye uko imiyoborere ye myiza yatumye agaruka mu Rwanda.
Mu ijambo ryo kwiyamamaza mu Karere ka Nyamasheke, Paul Kagame umukandida wa FPR-Inkotanyi yabwiye abaturage bari baje kumwakira ko Abanyarwanda bashyize imbere kubaka ubumwe kandi ntamacakubiri y’amadini cyangwa ubwoko bikenewe.
Perezida Paul Kagame akaba n’umukandida wa FPR Inkotanyi, yongeye kubwira abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ko bashatse bacisha make.
Mukabaramba Alvera, Umuyobozi w’Ishyaka ry’Iterambere n’Ubusabane, PPC yasabye abaturage batuye Akarere ka Nyamasheke gutora umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wabavanye mu bwigunge akabubakira umuhanda wa Kivu Belt.
Nsenga Sandrine uvuka mu Karere ka Nyamasheke yabwiye umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame ko ku bw’imiyoborere ye myiza yatumye akora ubucuruzi bw’inyanya mu gihugu cya Congo Brazzaville ndetse umusaruro uva ku biro 50 agera kuri toni 3.
Abanyeshuri babiri biga mu ishuri ryisumbuye rya Cyungo TSS Urumuli ryo mu Murenge wa Cyungo Akarere ka Rulindo, ry’igisha imyuga n’ubumenyingiro, bavumbuye amakara yifashishwa mu guteka, bakora mu mpapuro zishaje.
Abakora akazi ko gucunga abakozi babigize umwuga (Human Resource Managers), mu bigo bya Leta n’ibyigenga, baravuga ko aho Isi igeze, gushingwa abakozi mu kigo atari uguha akazi abakozi bashya, guhana abakosheje cyangwa gutanga imishahara gusa.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) Joe Biden, yasubije abamaze iminsi bavuga ko bahangayikishijwe n’imyaka ye, abwira abamushyigikiye mu ijambo rikakaye ko yizeye indi ntsinzi mu matora yo mu Gushyingo. Ni nyuma y’ikiganirompaka cyatumye benshi bicuza impamvu yongeye kwiyamamaza mu izina ry’aba demukarate (…)
Abaturage baturutse hirya no hino mu Mirenge y’Akarere ka Nyamasheke biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi, bateraniye mu Murenge wa Kagano ahakomereje ibikorwa byo kwamamaza Paul Kagame, umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Inkuru ikomeje kugarukwaho mu mujyi i Huye ni iy’urupfu rwa Michel Campion wahoze ari nyiri Hotel Ibis.
Mu ijoro ryo kuwa Gatanu, ikipe ya Mukura VS yakiriye myugariro wo hagati Umunya-Ghana Abdul Jalilu wakiniraga ikipe ya Dreams FC y’iwabo yakinnye 1/2 cya CAF Confederation Cup anayibereye kapiteni, nk’umukinnyi wayo mushya.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro kuwa Gatanu tariki 28 Kamena bahuriye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wabo ku mwanya wa Perezida bishimira ibyo bagezeho birimo no kunga ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no gukura amoko mu ndangamuntu.
Urubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Ntara y’Iburasirazuba by’umwihariko abo mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu Turere twa Rwamagana na Kayonza bishimiye amahirwe y’ahazaza beretswe na BK Foundation.
Abaturage bagera ku bihumbi 31, bo mu Karere Ka Gicumbi, kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kamena 2024, bahuriye mu murenge wa Bukure mu bikorwa byo kwamamaza Abakandida Depite b’umuryango FPR-Inkotanyi, bagaragaza ko bazi ibikorwa byayo mu myaka 30, ariyo mpamvu bazatora ku gipfunsi.
Manzi Jean Luc na Ashimwe Rugwiro Gabriella, biga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, bavumbuye uburyo bushobora kwifashishwa mu gucunga umutekano w’inyubako zihuriramo abantu benshi no kunoza isuku yazo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Amakipe ya Rayon Sports na APR FC azongera guhurira kuri Stade Amahoro ku wa 1 Nyakanga 2024 ubwo hazaba hizihizwa umunsi w’Ubwigenge.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Umurundi Rukundo Abdourahman wikiniraga Amagaju FC yasinyiye ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri ayikinira.
Abanya-Rusizi mu gikorwa cyo kwakira umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame wahiyamamarije kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kamena 2024 Abanyarusizi bamwakiriye mu mvugo y’Amashi ‘Kagame enyanya enyanya’ bisobanuye ngo ‘Kagame ku Isonga’.
Kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kamena 2024 kugeza ku cyumweru tariki 30, harakinwa imikino ya nyuma ya kamarampaka muri shampiyona ya Handball ndetse hakaba hanatangwa Igikombe ku ikipe izaba ya cyegukanye.
Guhera mu kwezi kwa Werurwe 2024 uruganda rw’icyayi rwa Kibeho rwatangiye gukora, kandi kugeza ubu rumaze guha akazi abagera ku 123.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Katabagemu bashimira Paul Kagame wubatse amavuriro ku buryo ufashwe n’indwara n’ijoro ahita abona umuganga nyamara mbere uwarwaraga yarahekwaga mu ngobyi n’abatuye segiteri yose kugira ngo agere kwa muganga.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Kamena 2024, ubwo yiyamarizaga mu karere ka Rusizi yabijeje ko ntawabasha guhungabanya umutekano w’Igihugu kuko u Rwanda rurinzwe.
Umuryango wa RPF Inkotanyi wasobanuye inkomoko y’izina “Inkotanyi” ndetse unavuga uburyo ryawubereye imbaraga zo kugera ku ntsinzi mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu.
Nyirahabineza Valérie wamamaje umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi avuga ko Kagame Paul ari we ubereye u Rwanda kuko yazanye politiki itavangura Abanyarwanda akabagezaho n’ibikorwa remezo.