Abaturage bo mu Murenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko kwegerezwa amashanyarazi byatumye babona indi mirimo idaturuka ku buhinzi, yatumye bivana mu bukene.
Inteko Ishinga Amategeko ya Israel, Knesset, yashyizeho akanama k’abadepite gahuriweho n’u Rwanda ko kwiga uko ibihugu byombi byarushaho guteza imbere umubano.
Nyirandegeya Appoline yahoze ari umuzunguzayi aza kubireka yiga umwuga wo kuboha uduseke n’ibindi bikoresho none ubu ayoboye sosiyete ye, Urumuri, imwinjiriza ibihumbi 300FRW ku kwezi.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Ishami ry’Iburasirazuba, kiratangaza ko hagiye gushorwa miliyoni 65Frw mu guhugura aborozi uko bahangana n’ikibazo cy’ibura ry’ubwatsi mu gihe cy’izuba.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 mu mukino wa Handball baratangaza ko bizeye kuzitwara neza mu marushanwa bazakinira Cameroun na Mali
Aborozi bo mu Karere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi bw’Uruganda Inyange kubazamurira igiciro cy’amata kikava ku 176FRW kikagera nibura kuri 200FRW.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yasabye inzobere n’inararibonye mu muco Nyarwanda, ubufatanye mu kwimakaza umuco uzatuma U Rwanda rugera ku iterambere rishingiye ku muco kuko ngo ari ryo riramba.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo haza kumenyekana amakipe agomba kujya mu cyiciro cya mbere, ni nyuma y’imikino ya 1/2 iza kuba kuri uyu wa Gatatu
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko bumaze gutoranya amasite abiri muri buri karere, azubakwamo amazu y’icyitegererezo ajyanye n’igihe akazatuzwamo abaturage.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi, aratangaza ko guverinoma igiye guhagurukira abazamuye ibiciro by’amazi nta burenganzira, kandi ibyemewe ari 20Frw ku ijerekani muri Kigali na 50Frw mu ntara.
Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA) zongereye ububare w’ibicuruzwa biva mu Rwanda bijya kugurishirizwayo bitishuye amahoro.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Ngoma bemeza ko amahugurwa mesnhi abarinda guhuzagurika mu nshingano zabo,akenshi batorerwa batazisobanukiwe neza.
Cpl. Mambu Vert, umusirikare wa Congo Kinshasa yanze gusubizwa mu gihugu cye nyuma y’uko afatiwe mu Rwanda avuga ko ashaka ubuhunzi.
Ku munsi wa kabiri w’Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD), ryakomereje mu Karere ka Musanze kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kanama 2016, abaryitabiriye bakaba babanje gusura i Nkotsi na Bikara muri Buhanga, habaye Umwami mukuru w’u Rwanda, Gihanga Ngomijana.
Umuyobozi ushinzwe ishoramari muri Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD), Dr. Livingstone Byamungu, yagaragarije inama ya AFRACA iteraniye i Kigali, uburyo bwakorohereza abahinzi kubona igishoro.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ndayambaje Godfrois, avuga ko akarere kagiye gukorana na KVCS mu kwinjiza imisoro ikomoka kuri za kariyeri.
Umwe mu bayobora banki muri Sierra Leone witabiriye inama ya afracra, Hannah Musu Jusu, avuga ko ubuhinzi muri Afurika budashobora gutera imbere mu gihe bugikorwa n’abasaza badafite imbaraga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga bari bakennye cyane bavuga ko batinyaga amafaranga n’iyo babaga bayahawe ku nkunga.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ikigo Nyafurika kigenzura amafaranga abanegihugu bari mu mahanga bohereza iwabo (AIR), Amadou Cissé, yatangarije inama ya AFRACA iteraniye i Kigali ko hari indi soko y’igishoro cyateza imbere ubuhinzi.
Umushakashatsi w’Umunyakenya, Henry Oketch yagaragaje ko u Rwanda rwarushije ibindi bihugu by’Afurika y’uburasirazuba kwegereza igishoro abahinzi, kubera ibigo by’imari biciriritse byashyizwe mu byaro.
Akarere ka Nyanza kakajije isuku mu kwitegura isozwa ry’Iserukiramuco Nyafurika (FESPAD 2016) rizasorezwa i Nyanza ku rwego rw’igihugu.
Ikipe y’Amagaju yasinyishije abakinnyi bashya barimo umukinnyi ukina anyura ku ruhande wo mu ikipe ya Vital’o Fc y’i Burundi witwa Shabban Hussein uzwi nka Tshabalala
Umushakashatsi w’umunya-Burkina Faso, Rasmane Ouederago, yatangarije inama y’impuguke mu buhinzi y’AFRACA ko n’iwabo muri Afurika y’uburengerazuba hari abamamyi b’imyaka.
Kuri uyu wa mbere ni bwo itsinda ry’u Rwanda riri muri Brazil mu mikino Olpempike ryakiriwe ku mugaragaro, ndetse n’ibendera ry’u Rwanda rirazamurwa.
Umuyobozi wungirije w’ikigo NABCONS gikora ubushakashatsi mu buhinzi mu Buhinde, Malkit Singh, aravuga ko inguzanyo no korohereza abahinzi n’ibigo bijyanye n’ubuhinzi, bituma igihugu kitabura ibiribwa.
Umunyamabanga wa Leta, Tony Nsanganira avuga ko Abanyarwanda bagomba gutekereza uburyo bwo gucunga neza ubutaka buke bafite bugenewe guhingwaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burakangurira abaturage gusubira ku muco wo guhunika hagamijwe guhangana n’ibura ry’ibiribwa.
Umuyobozi w’Ikigega cy’ingwate BDF hamwe n’uw’Ikigo giteza imbere imari (AFR), baremeza ko banki zikeneye guhabwa icyizere na za Leta kugira ngo zishyigikire ubuhinzi.
Umuyobozi Mukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana, arasaba abafite aho bahuriye n’ubutabera kumva ibintu kimwe bakarushaho gukora kinyamwuga.
Fesitivale izwi nka FESPAD yahujwe n’Umuganura, yatangiye mu Rwanda aho yatangijwe n’urugendo rwo gutembera mu Mujyi wa Kigali hamurikwa imico n’ubugenge bitandukanye.
Abarimu bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko mudasobwa bagiye guhabwa ku nguzanyo na ASID (African Smart Investment Distribution) zizabafasha kunoza akazi kabo.
Abatuye mu Murenge wa Muganza baravuga ko bafite ikibazo cy’imyumbati bahinze ariko ikaba yararwaye ntibasarure bagakeka ko ari imbuto mbi
Umugabo wo mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi na Polisi akekwaho gutema inka ebyiri zo mu rugo rwe, agambiriye guhima umugore.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko u Rwanda ruzakuba kabiri ingengo y’imari rugenera icyaro bitarenze mu myaka itanu iri imbere.
Abakozi b’ibitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero bashyizeho isanduku igamije kugoboka abakene babigana mu kubafasha kurya, kwambara, kwivuza n’isuku.
Ndayisaba Celestin w’imyaka 53 yishe uwitwa Rugemintwaza Frederic w’imyaka 65 ubwo yaraje kumwishyuza amafaranga 1,700 yari yaramugurije.
Abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko umuceri bahinga ugurwa n’abacuruzi bo hirya no hino mu guhugu bakawiyitirira.
Abatuye umurenge Mugesera mu karere ka Ngoma,biyemeje kubaka ibiro bya Polisi y’igihugu mu murenge wabo bifite agaciro ka miliyoni zirenga 30.
Mu mikino ya Playoffs yabereye i Kirehe muri shampiyona ya Volleyball,ikipe ya UNIK yahoze yitwa INATEK yatsinzwe n’amakipe yose itwara igikombe nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya mbere.
Banki ishinzwe amajyambere (BRD) yiteguye gushora miliyari 80Frw iyaha abahinzi, nyuma yo kumva ubunararibonye bw’ibihugu bitandukanye.
Akarere ka Nyabihu kavuguruye urutoki mu mirenge ruhingwamo ku kigero kiri hejuru ya 98% ku buso kiyemeje.
Kuri iki cyumweru Police Fc yerekanye abatoza n’abakinnyi bashya yongeyemo uyu mwaka, Police Handball club nayo imurika ibikombe yegukanye muri uyu mwaka w’imikino
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yasabye abitabiriye inama y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi muri Afurika (AFRACA), gushaka ingamba zatuma abahinzi binjiza menshi.
Mu mikino yo gushaka itike yo kwinjira mu cyiciro cya mbere gusimbura Muhanga FC na Rwamagana FC zamanutse mu cya kabiri, Kirehe FC yateye intabwe itsinda Etoile de l’Est 2-0.
Ubuyobozi bw’Akarere ka GIsagara burirzeza abaturage ko ingengo y’imari ya 2016/2017 izibanda ku kubegereza ibikorwaremezo birimo amazi n’umuriro w’amashanyarazi.
Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Dr. Monique Nsanzabaganwa, atangarije inama ya AFRACA ibera i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kanama 2016, ko u Rwanda rufite imibare ishimishije y’abashobora kugera kuri serivisi z’imari, ariko ngo hasigaye kuzibyaza umusaruro.
Abitabiriye inama yateraniye i Kigali yiga ku ishoramari mu bigo by’imari biciriritse, bari kuganira aho ishoramari mu buhinzi rishobora guturuka kugira ngo rifashe Afurika mu gutera imbere.
Abahinzi bo mu Murenge wa Gishyita n’indi yegereye ku ishyamba rya Nyungwe, bavuga ko hari ibihingwa bacitseho kubera inkende zibyona.