Perezida Paul Kagame yavuze ko atazakomeza kubikira ibanga bamwe mu bayobozi barangwa n’amakimbirane n’abareberera abanyereza imitumgo y’igihugu bikadindiza akazi.
Yannick Mukunzi umukinnyi wari usanzwe ukina hagati mu ikipe ya APR FC yamaze kwerekeza muri mukeba Rayon Sport aho yayisinyiye amasezerano yo kuyikinira imyaka ibiri.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Kanama 2017, Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya, itagaragayemo bamwe mu bayobozi bari basanzwe muri Guverinoma icyuye igihe.
Umutoza utoza ikipe ya APR fc Jimmy Mulisa aratangaza ko ashishikazwa no kumenya ibigendanye n’ikipe atoza ataba ashaka kumenya ibibera mu yandi makipe.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryakiriye impano y’ibikoresho by’uwo mukino bifite agaciro ka Miliyoni 66Frws bagenewe n’Ishyirahamwe ry’uwo mukino mu Bubiligi.
Minisiteri y’ibikorwa remezo (MININFRA) yabonye umunyamabanga wa Leta mushya ushinzwe gutwara abantu n’ibintu ari we Uwihanganye Jean de Dieu, uzwi ku izina rya Henri Jado.
Murekezi Anastase wari umaze imyaka itatu ku mwanya wa Minisitiri w’intebe muri Guverinoma y’u Rwanda, yahawe umwanya w’Umuvunyi Mukuru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116, none ku wa 30 Kanama 2017.
Meddy, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) yatangaje ko atari yajya mu rukundo ko ariko ari gutereta umukobwa wo muri Amerika yirinze gutangaza izina rye.
Abafana b’ikipe ya Etoile de l’Est ifite icyicaro mu karere ka Ngoma baranengwa kuyifana ku izina gusa ntacyo bayifasha bigatuma ubushobozi buke buyigumiza mu kiciro cya Kabiri.
Ikipe ya Mukura yamaze kwemerera Ally Niyonzima wari umaze iminsi muri Rayon Sports kwerekeza muri AS Kigali
Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edourad yarahiye mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Kanama 2017.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko abagize Guverinoma nshya bamenyekana ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2017.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 ribera i Gikondo, hari imikino y’abana itandukanye ituma ababyeyi babo babazana ngo babashimishe ariko banasure n’ibindi bimurikwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nasho muri Kirehe bahamya ko nyuma y’imyaka ibiri bimuriwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gicaca ubuzima bwabo bwahindutse.
Perezida Paul Kagame amaze gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya witwa Dr. Ngirente Edouard.
Abahinzi bo mu Karere ka Rwamagana bahuraga n’ikibazo cyo guhinga bakarumbya mu gihe cy’impeshyi, kubera imbogamizi zo kubura uko buhira imyaka.
Ikipe ya Police FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Abapolisi EAPCO (East African Police Chiefs Cooperation Organization) bo mu karere ka Afurika y’i Burasirazuba, yasoje iryo rushanwa iri ku mwanya wa kabiri.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC) kiratanga urukingo rw’indwara ya Hepatite C ku buntu, ku baturage batifashije bo mu Karere ka Huye.
Ihuriro rya banki zikorera mu Rwanda (RBA) guhera tariki ya 02 -03 Nzeri na tariki ya 09-10 Nzeri ryeteguye irushanwa rizahuza abakozi ba za banki zikorera mu Rwanda mu mikino itandukanye
Isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally rya 2017, ryitezweho kuzaba rinogeye ijisho ndetse rikazarangwa no guhangana bidasanzwe.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ikangurira abaturage kwitabira gufunguza konti zitandukanye zibungukira nibura 5% buri mwaka, kugira ngo bagere ku iterambere bifuza.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie yandikiye ibaruwa inama njyanama y’ako karere agaragaza ko yeguye ku mirimo ye.
Mu Rwanda hagiye gukorerwa ubushakashatsi bugamije kubungabunga amazi n’ubutaka hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho.
U Rwanda rwatangarije Umuryango w’Abibumbye ko ruzavugurura ibisabwa Ingabo na Polisi rwohereza mu butumwa bw’amahoro mu mahanga.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda izatangira ku itariki 29/09/2017, isozwe tariki 01/07/2018 ubwo hazaba habura iminsi itatu ngo hakinwe umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro
Abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, batangiye kubakira bagenzi babo batishoboye, babicishije mu muganda.
Umuvugo w’umwana witwa Uwubutatu Slydio utuye mu Karere ka Gicumbi ugiye kwifashishwa mu bukangurambaga bwo kwita ku burenganzira bw’umwana kubera butumwa buwurimo.
Iyo winjiye mu Gasantere ka Rango ho mu Karere ka Huye, uhasanga abana benshi bazerera, mu gihe bagenzi babo baba bagiye kwiga.
Perezida Paul Kagame yatangarije abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukerarugendo, ko u Rwanda rwashyizeho uburyo inyungu ziva muri pariki zigirira akamaro n’abazituriye.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye Shampiona na APR zegukanye igikombe cy’Amahoro zizahurira i Rubavu mu gikombe kiruta ibindi mbere y;uko Shampiona itangira
Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
U Rwanda rwashyikirije Congo (DRC) umupolisi wo muri icyo gihugu witwa Sgt Major Nemegabe Ndosa Paul wafatiwe mu Rwanda avuga ko yari yataye ubwenge.
Ikipe ya Mukura yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri, umukinnyi wakiniraga ikipe ya Vital’o n’ikipe y’igihugu y’u Burundi.
Musanabera Bellancile, umukecuru ufite imyaka 80 utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro ntazongera kurara yikanga ko inzu ye imugwaho kuko bayimusaniye ikaba nshya.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bahuriye n’abakora muri Ambasade y’u Rwanda mu igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura wa 2017.
Ikipe ya Polisi yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma mu mikino ya gipolisi ihuza amakipe ya gipolisi muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasirazuba iri kubera i Kampala muri Uganda.
Guverinoma yongeye ingufu mu kugarura Umuganura,kuko wari utangiye kugenda uzima, nyuma y’imyaka igera ku 1200 wizihizwa n’Abanyarwanda.
Liliane Mbabazi wahoze mu itsinda rya Blue 3 hamwe na Sindi Sanyu na Jack Chandiru, Yimukiye mu Rwanda n’abana be, akazanakora umuziki ucurangitse Kinyarwanda.
Ndagijimana Daniel Utuye mu kagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira muri Kayonza yegukanye irushanwa ryo gusiganwa ku magare bishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame.
Amagaju yabihije ibyishimo bya Rayon Sports ku munsi wo kwerekana igikombe cya Shampiyona i Huye, aho yayitsinze ibitego 2-1 .
Nkazamurego Alain Pacifique yahimbye ‘Software’, ikoreshwa mu gucuruza no kugura ibicuruzwa bya Made in Rwanda bidasabye ko ugura n’ugurisha bahura.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), umuririmbyi The Ben yakoze igitaramo cyiswe “Kwita Izina Gala Dinner” cyabereye muri Kigali Convention Center.
Meddy, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika yageze mu Rwanda aho yaje mu gitaramo cyiswe "Beer Fest".