Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ni bwo rutahizamu ukomoka muri Mali Ismaila Diarra, yari ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe aje gukinira Rayon Sports
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball ibuza amahirwe yo kwerekeza muri 1/4 cy’igikombe cy’Afurika kiri kubera muri Tunisia
Perezida Paul Kagame yashimye abanyamadini uruhare bagize mu kubaka igihugu, nyuma y’uko hari bamwe muri bo bagize uruhare mu gutuma Jenoside ishyirwa mu bikorwa.
Hategekimana Timamu niwe wanikiye abandi mu mukino wa Triathlon ukomatanya imikino itatu ariyo koga, kunyonga igare no kwiruka ku maguru.
Rayon Sports na APR zatangiye neza zitsinda imikino ibanza y’irushanwa ry’ Agaciro Championship.
Kuva irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryarangira, umuraperi Bull Dogg yahise atangira kugendera kure abari bashinzwe inyungu ze, yirinda ko bazagabana amafaranga yahembwe.
Mu isiganwa ry’amamodoka ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu Rwanda, Baryan Manvir yanikiye abandi aryegukana akoresheje 1h47’06
Twizerane Mathieu ukinira ikipe ya Huye Cycling for All niwe wegukanye isiganwa rya Central Challenge mu irushanwa rya Rwanda Cycling Cup rigizwe n’uruhererekane rw’amasiganwa 11 aba buri mwaka.
Minisiteri y’uburezi mu Rwanda (MINEDUC) itangaza ko kuri ubu Abanyarwanda bazi gusoma no kwandika babarirwa muri 70%.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabiye ibihano buri wese wagize uruhare mu makosa yo guhindurira abaturage ibyiciro by’Ubudehe.
Abasirikare, abapolisi n’abasiviri 31 bakomoka mu bihugu birindwi by’Afurika biyemeje kurushaho kurengera uburenganzira bw’umwana mu bihe by’intambara.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyemeza ko ibitaro byo mu Rwanda bibona amaraso bikenera ku kigero cya 96%.
Abagoronome ba Leta n’ab’amakoperative bahawe amahugurwa y’ibyumweru bitatu n’Ikigo cy’u Bushinwa cy’ikoranabuhanga mu buhinzi (CATAS), bemeza ko azazana impinduka.
Umururimbyi w’injyana ya Country wo muri Amerika (USA), Don Williams yitabye Imana nyuma y’igihe gito yari amaze arwaye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket yatangiye neza irushanwa ry’igikombe cy’Afurika itsinda umukino wayo wa mbere.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose yabwiye abayobozi bo muri iyo Ntara kureka ibyo kujenjeka bagakora ubukangurambaga mu baturage bakitabira gahunda za Leta.
Baryan Manvir na Sturrock Drew bari batwaye Skoda Bavia ari nayo modoka idasanzwe iri muri irushanwa, begukanye uduce tune twose twabaye muri iki gitondo mu gace ka Rugende.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagie aribo badepite bagomba gusimbura Bamporiki Edouard na Gatabazi JMV baherutse kugirwa abayobozi mu zindi nzego.
Imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga bizihije umuganura basabana n’imiryango yabo kandi bizihiza intsinzi ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Ubuyobozi bw’Ikigo ngororamuco no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro cy’Iwawa buvuga ko bufite impungenge z’uko urubyiruko icyo kigo gihugura rushobora kuzasubira mu biyobyabwenge mu gihe babuze ubakurikirana.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye igifungo cya burundu, n’ihazabu ya Miliyoni imwe kuri PTE Nshimyumukiza Jean Pierre ndetse na PTE Ishimwe Claude, bashinjwa kurasa umuturage witwa Ntivuguruzwa Aime Yvan agapfa.
Biteganijwe ko irushanwa ry’ubwiza ryo ku rwego rw’isi ryo muri 2017 (Miss World 2017) rizabera mu Bushinwa, rikazitabirwa na Banyampinga 130 barimo na Miss Rwanda, Elsa Iradukunda.
Mu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima, RBC, mu mwaka wa 2015 bwagaragaje ko abagabo bagera kuri 16% badakoresha agakingirizo, n’aho abagore 24%, bakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye.
Urwego rushinzwe ubuzima i Nyamagabe ruvuga ko isuku nke ku batuye muri ako karere, yatumye indwara ziterwa n’umwanda ziyongera.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro n’imyuga (IPRC West) ryakoze icyuma gishyushya amazi gikoresheje imirasire y’izuba (Water Heater), icyuma gikorewe mu Rwanda ku nshuro ya mbere.
Kuri uyu wa kane kuri Kigali Convention Center habaye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro isiganwa "Rwanda Mountain Gorilla Rally 2017",
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mari Rose Mureshyankwano yanenze abayobozi barebereye abaturage bubaka inzu mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe cy’amatora.
Umunyarwenya Mugisha Clapton uzwi nka Kibonke n’itsinda ry’abafana be bazwi nk’Abanyagasani batoye Nyampinga (Miss) uzajya abavuganira mu bikorwa by’urukundo bakora akazajya anabahagararira aho biri ngombwa.
Mu turere dutandukanye two mu Rwanda batangiye kubona imvura y’umuhindo ariko aho yaguye yatangiye gusenya inzu, kwangiza imyaka no gutwara ubuzima bw’abantu.
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abantu barindwi bakurikiranyweho kuba mu mitwe yitwaza intwaro ikorera mu gihugu gihana imbibi n’u Rwanda.
Abaririmbyi Charly na Nina bakomeje guhirwa n’isoko rya muzika ryo muri Uganda ku buryo batumirwa mu birori bitandukanye ngo bajye gutaramira ababyitabiriye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 batuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, bagiye gusanirwa inzu babagamo zishaje, bakurwe mu macumbi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare Mugabo Alex n’ushinzwe amasoko Kayitare Fred bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bazira guha isoko utabikwiye.
Imiryango 47 yo mu Karere ka Nyagatare yasenyewe n’ibiza yahawe ibikoresho by’ibanze bibafasha kuba basubiye mu nzu zabo zasambuwe n’umuyaga.
Umuyobozi mushya wa Banki y’Abaturage (BPR) Maurice K.Toroitich arizeza abagana iyo banki serivisi inoze no kubafasha gukabya inzozi zabo.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Umunyezamu mushya w’ikipe ya Kiyovu Sports Ndoli Jean Claude aratangaza ko n’ubwo yumva agifite ingufu zo gukina mu izamu ariko ko habura igihe gito ngo asezere ruhago.
Polisi mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi umugore witwa Nyirahabimana Marie Goreti, nyuma yo gutahura imifuka itatu y’urumogi mu rugo rwabo.
Bamwe mu rubyiruko bo muri AERG/GAERG bafite imishinga ibyara inyungu bakora,barushanijwe kuyisobanura, abatsinze bemererwa inguzanyo itungukirwa.
Grechishkina Anna, umukobwa w’imyaka 38 wo muri Ukraine wiyemeje kuzenguruka isi atwaye Moto ahamya mu bihugu amaze kugeramo u Rwanda yahasanze ubudasa.
Imodoka 19 ziganjemo izizaturuka hanze y’u Rwanda ni zo zamaze kwiyandikisha kuzitabira isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally izaba mu mpera z’iki cyumweru.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Ikipe ya Kiyovu ngo yiteguye kuregera ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ku kuba Fitina Ombolenga yarasinyiye APR akibafitiye amasezerano.
Liliane Kalima, umunyamideri wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) ari mu bazamurika imideri y’imyambaro mu Mujyi wa New York mu birori byiswe “New York Fashion Week”.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Nzeli 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyazamutse.