Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) rwatangaje ko imurikagurisha ryaberaga mu Rwanda "Expo2017" rizarangira ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Nzeri 2017.
Abahinzi bo mu Murenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi, baravuga ko bari kwihuta mu iterambere, babikesha imbuto nshya y’ibishyimbo bita “Zahabu.”
Bisi zose zikorera mu Mujyi wa Kigali zamaze gushyirwamo uburyo bwo kwishyura hifashishijwe ikarita ya Tap&Go yari amaze kumenyerwa na benshi.
Polisi y’igihugu yatangaje ko nyuma yo kubaza Diane Rwigara n’abo mu muryango we babiri ku bibazo bakekwaho, yabarekuye bagataha ikanabaherekeza mu rugo rwabo.
Nyuma y’aho FIFA isabye Ferwafa gusubika amatora y’umuyobozi wa FERWAFA ndetse nayo ikabyemera, ubu biravugwa ko no gutanga kandidatire bigiye gusubirwamo bundi bushya
Ikipe ya Villa Sport Club yo muri Uganda yari imaze iminsi 3 mu Rwanda mu mikino ya gicuti isoje urugendo rwayo itsinda APR ibitego 2-1.
Nyuma y’igihe bivugwa ko umuryango wa Rwigara waburiwe irengero, Polisi y’u Rwanda yawusanze wihishe mu Kiyovu aho batuye.
Abakinnyi bagera muri 20 ba Kirehe FC bamaze kwerekeza mu miryango yabo, baravuga ko bambuwe n’ubuyobozi bw’ikipe, ubuyobozi bwo bukemeza ko nta kibazo bufitanye n’abakinnyi ahubwo ko bagiye kugura ibikoresho.
Urwego rushinzwe ubuzima i Nyamagabe ruvuga ko ku barwayi 100 basuzumwa, batanu basigaye basanganwa indwara karande (zitandura), rukabiheraho rushishikariza abaturage gukoresha isuzumabuzima “checkup”.
Augustine Miles Kelechi, umuhanzi wo muri Nigeria wamamaye cyane nka Tekno Miles agiye kuza mu Rwanda mu gitaramo biteganyijwe ko kizaba ku cyumweru tariki 10 Nzeli 2017.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ivuga ko igiye gusubira mu masezerano Afurika ifitanye n’Amerika (AGOA), kugira ngo habeho guca imyenda ya caguwa nta bihano bifatiwe u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko abazahinga ibigori mu bibanza byagenewe kubakwamo inzu mu Mujyi wa Nyagatare bashobora kubyamburwa.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda), ritewe impungenge no kubura ibimera bivamo imiti bakoresha. Bamwe ngo bajya kubishaka mu mahanga kuko mu Rwanda birushaho gukendera.
Inzego zitandukanye zishimira abunzi kuba bacira imanza abaturage, ariko zikanenga abayobozi b’inzego z’ibanze kutazirangiza.
Nyuma y’iminsi igera kuri 48 umuririmbyi Kitoko yari amaze mu Rwanda, yongeye gusubira i Burayi mu Bwongereza aho avuga ko hamaze kuba nko mu rugo.
Umutoza Kanyankore Gilbert Yaounde watozaga Bugesera yamaze guhagarikwa n’iyo kipe mbere y’amasaha make ngo isubukure imyitozo
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
U Rwanda hamwe n’ikigo gikoresha indege zitagira abapilote (Drones) mu gutwara amaraso akenewe n’indembe, Zipline bahawe igihembo cyo ku rwego rwo hejuru cyitwa Index Awards 2017.
Bamwe mu bakinnyi baguzwe n’ikipe ya Kiyovu uyu mwaka barayishinja kubakerereza kubona amafaranga yabo bari bumvikanye ubwo bagurwaga.
Itsinda ry’abaririmbyi bo mu njyana ya Hip Hop mu Rwanda rizwi nka Tuff Gangs ryemeje ko rigiye gusubirana nyuma y’amezi atatu bagirana ibiganiro bagasanga bagomba kongera guhuza imbaraga.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko yubaha uburenganzira bw’itangazamakuru mu gihe umunyamakuru ari gutara inkuru kandi yubahiriza amategeko.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gutakaza umukino wa gicuti, aho yatsinzwe na Villa yo muri Uganda mu mukino wabereye i Nyamirambo
Kuri uyu wa 2 Nzeli 2017 ikipe ya Mukura Victory Sport yasinyishije abandi bakinnyi babiri ihita inatangaza ko ifunze imiryango yo kugura undi mukinnyi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryamaze gushyira hanze urutonde rw’amakipe azitabira Tour du Rwanda 2017, harimo amakipe agiye kwitabira iri siganwa bwa mbere.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegekonshinga, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje Maj Gatarayiha Francois Regis nk’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri nshya y’Ikoranabuhanga n’itumanaho.
Ntakagero Omar umutoza mushya wa Kirehe FC, arizeza abayobozi n’abatuye i Kirehe kugera ku ntego yasinyiye yo kugeza Kirehe mu makipe umunani ya mbere muri Shampiyona 2017/2018.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze ibitego 3-1 itsinda ry’abakinnyi bakomoka muri Nijeriya baje mu Rwanda gushaka amakipe yabarambagiza.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Jose Chameleon umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cya Uganda yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’Umunyarwanda Jean Paul Samputu.
Amazu 56 na hegitari enye z’urutoki nibyo byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga, ingurube ebyiri n’inkwavu eshatu nabyo byicwa n’umuvu w’amazi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryasabye Ferwafa ko icuma amatora y’umuyobozi wa Ferwafa .
Perezida Kagame hamwe n’umuherwe w’umunyamerika Howard G Buffet batashye inyubako z’umupaka wa la Corniche wagizwe one stop border post Rubavu.
Benshi bazi ko umuziki wifashishwa mu kwishimisha gusa. Ariko abahanga berekana ko umuziki ushobora gutuma umuntu atekereza neza, ndetse akarushaho gukora ibikorwa bye ku murongo nta Kajagari. Hari n’abawifashisha mu buvuzi aribyo bita MusicoTherapie.
Bamwe mu bari biteguye kurya ku bitambo bitangwa n’Abayisilamu kuri uyu munsi wa ’Eid El Adhuha’, bavuga ko nta nyama bahawe.
Abahanzi b’Abanyarwanda ariko baba muri Amerika, The Ben na Meddy kuva bagaruka mu Rwanda bakunze kubazwa icyabateye gutoroka bakigumira muri Amerika.
Mu myaka 13 ishize mu Rwanda hatangijwe gahunda Ngarukamwaka yo Kwita Izina abana b’ingagi, imiryango y’ingagi zo mu birunga yariyongereye iva ku munani, igera kuri 20.
Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda cyane cyane abaturiye pariki kongera umurego mu kubungabunga inyamaswa zibaturiye, kuko inyungu zitanga ari bo zigeraho mbere.
Gisa Gakwisi, umwana w’imyaka 13 y’amavuko wubatse inyubako ya Kigali Convention Center mu ibumba yasazwe n’ibyishimo ubwo yatumirwaga mu birori byo “Kwita Izina”.
Umupaka umwe (One stop Border Post) ugomba guhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo wubatswe mu Karere ka Rubavu, wamaze kuzura.
Icyiciro cya mbere y’abaminisitiri na bamwe mu banyamabanga umunani bagize guverinoma nshya cyarahiye kuri uyu wa kane tariki 31 Kanama 2017. Harimo bamwe bashya n’abandi bari basanzwemo.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze cyane cyane abatuye mu Kinigi batangiye imyiteguro y’umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi 19, uba kuri uyu wa gatanu tariki ya 01 Nzeli 2017.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ababazwa na bamwe mu bayobozi barebera abanyereza imitungo y’igihugu bakabyigamba ariko ntibakurikiranwe.
Perezida Kagame yatangaje ko umuyobozi mwiza atari wa wundi ushimwa na buri wese, ahubwo ari umuntu ugira ibyo ashima, akagira ibyo agaya ndetse akagira n’ ibyo abaza abo ayobora.