Abafite ubumuga bwo kutabona bibumbiye mu muryango bise Ubumwe Nyarwanda bw’Abatabona (RUB), bemeza ko kutabona bidasobanuye ko ntacyo umuntu ashoboye gukora.
Ubwo umuririmbyi The Ben yageraga ku rubyiniro mu gitaramo cy’Intsinzi, umwe mu bafana be yamwishimiye cyane, biramurenga bigera aho agwa igihumura.
Umuririmbyi Phiona Mbabazi atangaza ko anejejwe no kuba agiye kwitabira bwa mbere iserukiramuco rya KigaliUp! akaririmbana bimwe mu bihanganye muri muzika.
Perezida Paul Kagame yavuze ko nta cyamuteraga imbaraga mu kwiyamamaza nko kumva abaturage bamuririmbira indirimbo yamenyekanye nka “Nda ndambara yandera ubwoba”.
Perezida Kagame yashimiye amashyaka umunani yamutanzeho umukandida, by’umwihariko anashimira abakandida babiri bari bahanganye na we mu matora.
Perezida Paul Kagame warahiye ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2017, yavuze ko nta gihugu nta kimwe u Rwanda rufata nk’umwanzi.
Perezida Paul Kagame umukandida w’ishyaka FPR-Inkotanyi, watsinze amatora yo ku wa 4 Kanama 2017, amaze kurahirira kuyobora u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru hateganyijwe irushanwa rya Handball rizahuza amakipe akomeye yo mu Rwanda n’ikipe ya FC St Pauli Handball yo mu Budage.
Imvura yaguye mu Karere ka Ngoma ivanze n’umuyaga mwinshi yatumye imwe mu miryango ibura aho yikinga kubera ko inzu babagamo zasenyutse.
Soleil Laurent, umuhanzi w’umunyamerika waje mu Rwanda kwitabira iserukiramuco rya KigaliUp! atangaza ko mu byo akunda ku Rwanda harimo uko Abanyarwanda babyina.
Umuhanzi The Ben ubwo yageraga mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yatangaje ko u Rwanda ari kimwe mu bihugu umuntu ageramo akumva atuje, yisanga kandi ntacyo yikanga.
Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abaturage bo mu Murenge wa Tare muri Nyamagabe bafashe imodoka ya “Taxi Voiture” yo mu bwoko bwa Toyota Corolla ipakiyemo imifuka itatu yuzuyemo urumogi.
Kigali Today irabatembereza kuri Stade Amahoro, mu gihe hasigaye amasaha atagera kuri 24 ngo habere umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame.
Imvura yaguye hirya no hino mu gihugu ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 17 Kanama 2017 hari aho yateje imyuzure.
Ikipe y’igihugu ya Uganda yamaze kugera i Kigali aho ije gukina n’Amavubi y’u Rwanda umukino wo kwishyura uzaba kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade ya Kigali
Umushinga w’Abasuwisi witwa ‘Skat Consulting’ ugiye gutangira kubaka mu Rwanda inzu zo guturamo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 6RWf na 15RWf.
Polisi yaburiye abaturage gucunga neza amafaranga yabo, nyuma yo gusubiza umuhinde witwa Charles miliyoni 13,6 FRW yari yibwe n’uwitwa Twahirwa Living.
Abaturage batishoboye babarirwa mu 1000 bo mu Karere ka Gatsibo ntibazongera kurembera mu rugo kuko babonye ababishyurira ubwisungane mu kwivuza.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Seraphine Mukantabana arahamagarira Abanyarwanda kubaka inzu zihangana n’ibiza kuko gutabara ahabaye ibiza bihenda.
Abakinnyi b’ikipe ya Espoir baratangaza ko bemerewe agahimbazamusyi mu gikombe cy’amahoro cy’uyu mwaka wa 2017 ariko ngo kugeza ubu ntibarayahabwa.
Abanyarwanda baba mu turere twose tw’Ububiligi n’inshuti z’u Rwanda bazizihiza umunsi w’Umuganura nyuma yo gukora umuganda ku nkombe z’inyanja y’Amajyaruguru.
Abakinnyi bo mu bigo by’amashuli bitandukanye byo mu Rwanda berekeje muri Uganda ahagiye kubera imikino ihuza ibigo by’Amashuli yisumbuye yo muri Afurika y’i Burasirazuba
Abakirisitu batandukanye bajya gusengera i Kibeho muri Nyaruguru,by’umwihariko abafite ubushobozi buke bishimira ko noneho basigaye bategurirwa aho barara mu gihe mbere bararaga ku gasozi.
Ikipe ya Police igiye kwerekeza mu gihugu cya Uganda kwitabira imikino izahuza amakipe ya gipolisi yo mu karere ka Afurika yo hagati n’iburairazuba.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Kigali bemeza ko umunsi wa Asomusiyo, usobanura ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ari umunsi mukuru w’ibyishimo bidasanzwe.
Abayobozi 54 b’ibigo bikomeye muri Afurika baganiriye na Perezida Paul Kagame, bamushakaho impanuro zabafasha kunoza akazi kabo no guteza imbere ibigo bayora.
Imyitozo ya mbere y’Amavubi yo kwitegura umukino wo kwishyura wa Uganda isize Sugira Ernest agize imvune ikomeye bituma ihita isubikwa
Abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Cyaruhogo mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana barataka igihombo baterwa nuko kitagira amazi.
Lydia Nsekera, Umurundikazi uzwi ku isi muri Siporo, asanga umuco w’ibihugu bimwe byo mu biyaga bigari ukiri inzitizi ku bagore baho ngo batere imbere mu mikino itandukanye.
Umunyarwanda mpuzamahanga ukina umupira w’amaguru Sugira Erneste wakiniraga ikipe ya As Vita Club yo mu gihugu cya Kongo-Kinshasa yamaze gutandukana n’iyi kipe amasezerano bari bafitanye atarangiye.
Urubyiruko rwo mu mirenge ya Rwimbogo, Gashonga na Nzahaha yo mu Karere ka Rusizi, rwishimiye intsinzi y’umukandia wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame mu busabane.
Ikigo kita ku bahuye n’ihohoterwa, Isange One Stop Center Kibuye gitangaza ko abantu benshi bahura n’ihohoterwa batinda kubigaragaza cyangwa bagahitamo kubihisha burundu.
Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Karuranga Euphrem ahamya ko umukirisitu nyawe ari ukura amaboko mu mufuka agakora agashaka ibimutunga n’ibitunga umuryango we aho kwirirwa yicaye gusa.
Imiryango y’Abanyamulenge ituye hirya no hino mu Rwanda yibutse, ababo biciwe mu nkambi ya Gatumba mu gihugu cy’u Burundi.
Abayoboke b’itorero ry’Abametodisite mu Rwanda bahamya ko kuva iryo torero ryagera mu Rwanda bageze kuri byinshi bituma ubuzima bwabo buhinduka bava mu bukene.
Bamwe mu bakorera mu gakiriro k’i Huye babangamiwe na bagenzi babo bahisemo gusiga imashini zapfuye mu bibanza byabo, bakajya gukorera mu mujyi.
Sugira Ernest uheruka gusinyira APR na Mugisha Gilbert wa Rayon Sports biyongereye mu basatirizi b’Amavubi yitegura umukino wo kwishyura uzabahuza na Uganda.
Hadi Janvier, wasezeye umukino w’amagare yagaragaje ko agikomeye ubwo yitabiraga irushanwa rikomatanyije imikino itatu ryitwa Triathlon ryaberaga mu Karere ka Rubavu.