Abana b’abakobwa batarengeje imyaka 15 bo mu Karere ka Muhanga bafite intego zo bazaba abakinnyi b’ibihangange mu Rwanda no hanze.
Abakunda kurimba, bambara imyenda myiza itari caguwa bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Burera hagiye gutangira uruganda rukora imyenda y’ubwoko butandukanye.
Uwahoze ari umutoza wa Kiyovu Sports aratangaza ko nta gahunda afite yo kongera gutoza amakipe yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri vuba.
Guverineri Gatabazi Jean Marie Vianney na Guverineri Mufulukye Fred barahamagarirwa kuzamura iterambere ry’intara bagiye kuyobora bibanda ku mibereho myiza y’abaturage.
Abagize urwego rwa DASSO mu Karere ka Karongi basabwe gutangira gutekereza kuri ejo hazaza habo, bashora imari mu mishinga ibabyarira inyungu.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kuba bamaze igihe kirekire batarabona ibyangobwa by’ubutaka, bibabangamira mu kubukoresha nko kuba babugurisha.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yabwiye ibitaro bya Kibogora ko nta mwenda ibibereyemo, nyuma y’aho byari byagaragaje ko ibifitiye umwenda wa miliyoni 123Frw.
Mu mwaka wa 2015, mu Rwanda hakozwe ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage mu ngo bwiswe (EICV IV).
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko umubare w’abaganga b’inzobere bavura abana ukiri muto ugereranije n’abana b’igihugu cyose bakenera kuvurwa.
Mutuyimana Evariste wari umunyezamu wa Rayon Sports witabye Imana ku wa 12 Nzeli 2017 umuhango wo kumuherekeza uzaba ku cyumweru tariki ya 17 Nzeli 2017.
Mu Karere ka Ruhango abana b’abakobwa barakangurirwa gukura bakunda umupira w’amaguru.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko igiye gukoresha umuryango nk’ibirindiro by’amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge.
Mu gihe igihembwe cy’ihinga cya 2018 A kiri gutangira abahinzi bo mu Ntara y’Amajyepfo barahamagarirwa kuba maso bakajya basura imirima yabo kenshi.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkombo bibumbiye muri Koperative yorora inzuki, barasaba akarere kubagaruriza amafaranga yabo yaburiwe irengero.
Abakozi b’Imana bo ku Mugabane wa Afurika barasabwa guhuza imbaraga kuko ngo bafite umuti Afurika ikeneye ngo ive mu bibazo umazemo igihe.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), gitangaza ko gifasha kandi kizakomeza gufasha abiga ubugeni ku Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.
Abafashamyumvire mu buhinzi bo mu Karere ka Musanze bahawe ibihembo kubera uburyo bagira uruhare mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda Emmanuel K. Gasana yabwiye abitabiriye inama ihuje abakuru ba polisi mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ko nta mpamvu yo kunanirwa kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Ku munsi wa kabiri w’amarushanwa "Agaciro Football Championship" APR Fc yatsinze Police, As Kigali itsinda Rayon Sports mu minota ya nyuma.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yemeza ko iyo ibitabo bidahagije no kumenya gusoma byagorana ari yo mpamvu yashyize ingufu mu kubyongera.
"Mvura nkuvure" gahunda igamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge hagati y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayikoze, yafashije abantu 360 mu isanamitima, bo muri Nyamagabe.
Nyuma y’ibyumweru bibiri Fred Mufulukye agizwe Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba yatangiye gukora imirimo ashinzwe asura abaturage bo mu Karere ka Nyagatare.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’Umujyi wa Kigali batangiye gufunga ibikorwa byose byubatse cyangwa bikorerwa mu bishanga.
Gakuru James wayoboraga Umurenge wa Katabagemu na Dusabemungu Didas wayoboraga Umurenge wa Mimuli muri Nyagatare beguye ku mirimo yabo.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Huye batangiye kurimbura insina zabo kuko batakibona aho bagurisha ibitoki ubundi byagurwaga n’abengaga inzoga zitemewe.
Mu Karere ka Nyamagabe ubwo hatangizwaga igihembwe cy’ihinga cya 2018 A, abahinzi bahuye n’imbogamizi zo kubura imbuto y’ibigori ihagije.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hatangiye imikino y’igikombe cy’Afurika muri Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga (2017 ParaVolley Africa Sitting Volleyball Championships).
Inzego zitandukanye zirimo abashinzwe iperereza rya gisirikare n’abahuzabikorwa ba gisirikare mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bateraniye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel Gasana yahagarariye u Rwanda mu nama y’umuryango uhuza abakuru ba Polisi mu bihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika (EAPCO).
Urubyiruko rw’abakorerabushake rufatanya na Polisi y’igihugu mu kurwanya no gukumira ibyaha mu Karere ka Musanze bubakiye igikoni Mamuwera Esther warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu miryango itandukanye yo mu Kagari ka Ndekwe mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, kuri ubu ntaho bafite bikinga nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barasaba ubuyobozi bwabo kubashakira amarimbi rusange yo gushyinguramo ababo ntibakomeze gushyingura mu ngo kuko bibateza ibibazo.
Uko iminsi igenda ishira niko Abanyarwanda barushaho kujijuka, ari nako bagenda bagaragaza ko batakifuza zimwe mu nyito bavuga ko zitakibahesha agaciro.
Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’abandi batandukanye bahatuye bagiye gutaramirwa n’abaririmbyi barimo Sauti Sol, Nirere Shanel na Teta Diana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwasabye abafite ibibanza byashyizwe mu bigomba gusora ariko ntibasore kubibyaza umusaruro kugira ngo babone ay’imisoro cyangwa bakabigurisha.
Abaturage bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi bavuga ko isoko ry’imboga n’imbuto bubakiwe bazaribyaza umusaruro kuko mbere batararyubakirwa bacururizaga hanze.
Ku bufatanye bw’Akarere ka Rwamagana, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abagenzi RFTC, mu Karere ka Rwamagana hatangiye kubakwa Gare nshya, izatwara akayabo ka 789,124,162 Frw.
Umutoza wa Bugesera Ally Bizimungu aratangaza ko ikipe ye ihagaze neza ku buryo azubahiriza amasezerano yagiranye n’ubuyobozi bw’ikipe.
Ubwo hasozwaga irushanwa rihuza banki zo mu Rwanda “Interbank Sports Tournament 2017” ku nshuro yaryo ya mbere, ihuriro ry’Amabanki akorera mu Rwanda (RBA) ryateguye iri rushanwa ryatangaje ko rifite gahunda yo kurigira mpuzamahanga.
Abakunzi b’ikigage cyaba igisembuye cyangwa ikidasembuye bakiguraga batizeye neza isuku yacyo bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Kamonyi hagiye kubakwa uruganda rugitunganya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ni bwo hamenyekanye amakuru ko Mutuyimana Evariste wari umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports yitabye Imana
The Ben na Tom Close bafatwa nk’inkingi z’injyana ya R&B mu Rwanda, bagiye gushyira hanze indirimbo bakoranye izaba yitwa "Thank You".
Mu Karere ka Ngororero ikibazo cy’umwanda gikomeje kuba ingorabahizi, na bamwe mu bayobozi bavuga ko abaturage bakigorana batumva inama bagairwa.
Abahanga mu by’ihungabana bemeza ko hagikenewe igihe kirekire ngo rishire mu Banyarwanda, cyane cyane abaritewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Perezida Kagame yasabye abacamanza guca ruswa kugira ngo nabo babone aho bahera basaba Leta kubongeza imishahara.
Abatuye umudugudu wa Nkomagurwa muri Rubengera mu Karere ka Karongi bavuga ko impeshyi itakibakanga kuko bashatse uburyo bwo guhangana na yo.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza 2017-2018, Perezida Kagame yizeje inkunga Abacamanza mu kuzamura imibereho yabo, ariko abasaba kuzabanza bagabanya kwakira ruswa, icyo yise inkunga idakwiye bamwe muri bo bavugwaho kwakira.
Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame yakiriye indahiro z’ Abaminisitiri batatu batarahiye, yakira indahiro y’ umuvunyi mukuru, ndetse n’iz’ abadepite babiri baherutse gusimbura abahawe indi mirimo.