Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda batanze ubuzima kugira ngo urugamba rwo kubohora u Rwanda rugere ku ntsinzi, abizeza ko ubuzima bwabo butagendeye ubusa.
Benshi mu bakuriye mu Rwanda no hirya no hino mu biyaga bigari, hari udukino dutandukanye usanga bahuriragaho, mu myidagaduro yabo ya buri munsi.
Ikipe y’umukino w’intoki Volley ball ya Kirehe n’iya APR nizo zatsindiye kuzakina umukino wa nyuma mu bagabo mu irushanwa rya Crre D’as.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo n’uw’ububanyi n’amahanga wa Benin, Aurelien Agbenonci bashyize umukono ku masezerano azatuma ibihugu byombi bifatanya mu bijyanye n’ubuhinzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’imiturire.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda uri mu rugendo mu Burayi yaganiriye na Ambassaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar ku buryo ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) byagera muri icyo gihugu.
Ku munsi wa mbere wa Shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR Fc yatsinze Sunrise ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Hirya no hino mu gihugu mu turere dutandukanywe hatashywe imidugudu y’icyitegerezo izatuzwamo abaturage batishoboye barimo n’abakuwe mu manegeka.
Umuhanzi Rugamba Sipiriyani ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda batazibagirana kubera inganzo ye idasobanya igeza ubutumwa bwiza ku Banyarwanda, burimo gukunda Imana n’abantu.
Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Obadiah Biraro yagaragaje ko hari ingero zisaga ibihumbi 15 z’abantu bahabwa inguzanyo mu ma banki batatanze ingwate zifite agaciro.
Karekezi Olivier aratangaza ko ikibuga Skol yubatse bazajya bakoreraho imyitozo kizabafasha kwitwara neza no kugendera kuri gahunda ihamye.
Ikibuga cy’imyitozo uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol rwubakiwe ikipe ya Rayon Sports kiramurikwa kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeli 2017.
Mu rugendo Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda ari gukorera mu Burayi yahereye mu gihugu cy’Ubudage aho yabasobanuye byinshi ku bijyanye na "Made in Rwanda" n’ibyiza bitatse u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye guhana abatishyura mitiweri ku bushake n’ababagandisha.
Karere ni umupira wabaga ukozwe mu mashashi azirikishije ibirere cyangwa mushipiri. Ubajije benshi mu rubyiruko ndetse na bamwe mu bagabo b’ibikwerere, wasanga abatarakinnye uwo mupira wakinirwaga cyane mu muhanda, ari mbarwa.
Ibirego bya David Himbara byagaragaye ko ari nta shingiro bifite nyuma y’uko bari bishyuye asaga miliyoni 370Frw ngo bahabwe umwanya wo kurega u Rwanda kuri Kongere ya Amerika.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Basketball, Hamza Ruhezamihigo w’imyaka 32 yasinye mu ikipe ya Patriots.
Igice cy’Umujyi wa Kigali kitagendwamo n’imodoka kizwi nka “Kigali Car Free Zone” kitakinakorerwamo ubucuruzi nka mbere, Umujyi wa Kigali watangaje ko hagiye gushyirwa ibikorwa bishya by’ubucuruzi.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi De Bonheur Jeanne d’Arc arasaba abaturage kwirinda ibiza mu gihe bubaka bakibuka kuzirika ibisenge by’inzu zabo.
Abahinga umuceri mu gishanga cya Base mu Karere ka Ruhango bavuga ko batagurirwa ku giciro kijyanye n’ibyo bashora mu buhinzi.
Ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda bakomeje guhanga ibintu bishya byafasha leta kugera ku bukungu bwifashisha ihererekanya mafaranga mu koranabuhanga.
Abikorera bo mu Ntara y’Uburasirazuba bavuga ko hari igihe biba ngombwa ko badaha umukiriya wabo inyemezabwishyu kubera ko imashini zizitanga zizwi nka EBM ziba zapfuye.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda itsinze APR Fc ibitego 2-0, byari ibyishimo ku bafana, abakinnyi n’abatoza.
Kigali Today, mu gushakisha ukuri nyako, yakomeje iperereza ryimbitse ku nkuru yari yanditswe ku wa 31 Kamena yavugaga ko Théophile Ndagijimana – Animateur w’ikigo cy’amashuri cy’i Kansi (Groupe Scolaire Saint François d’Assise) yaba akorana imibonano mpuzabitsina na bamwe mu banyeshuri b’abahungu.
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu no kugarura amahoro mu Banyarwanda, ingabo z’u Rwanda zatangiye ibikorwa byo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Ku bitaro bya Gihundwe biri mu Karere ka Rusizi hari uruhinja rw’amezi abiri rwakuwe mu ishyamba ari ruzima nyuma gutabwayo n’umuntu utaramenyekana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 25% by’abivuza mu Rwanda baba bafite nibura imwe mu ndwara zitandura, ariko ugasanga batari babizi.
Ikipe ya Police yerekanye abakinnyi bashya yaguze banahabwa nimero bazajya bakinana mu mwaka w’imikino 2017/2018 ariko ubuyobozi buyisaba ko igomba kwegukana shampiyona.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko ibiciro cyane cyane iby’ibiribwa bitazazamuka cyane nko mu gihembwe cyambere cy’uyu mwaka wa 2017 aho byageze ku rugero rwa 8.1%.
Umukinnyi wa filime mu Rwanda, Umutoni Assia agiye kwerekana filime ye irimo icyamamare mu gukina filime muri Tanzania, Vincent Kigosi.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Stade ya Kigali hakomeje umukino wahuzaga APR na Rayon Sports, umukino wari wasubitswe habura iminota 27, Rayon Sports iyegukanamo intsinzi
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bahamya ko mu myaka ishize muri guhunda ya Gira inka muri ako karere harimo ruswa ariko ubu bakishimira ko itakigaragara.
Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje ingabo 140 n’imodoka z’intambara muri Centrafurika, mu gikorwa cyo kunganira izihasanzwe mu kubungabunga amahoro.
Umuhanzi Mani Martin agiye kuzengeruka intara zitandukanye zo mu Rwanda akora ibitaramo byo kumurika umuzingo we w’indirimbo (Album) yise “Afro”.
Bimwe mu bidasanzwe bihurira ku mubare 27, ari yo minota iza gukinwa mbere y’uko umukino wa Rayon Sports na APR Fc uza gusubukurwa
Tribert Ayabatwa Rujugiro, umuherwe w’Umunyarwanda yishyuye ibumbi 440$ kugira ngo ashobore kugera imbere y’Inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, ayisobanurire ibibazo afitanye n’u Rwanda.
Tumukunde Eugenie w’i Musanze yashinze ishuri ry’umupira ryigisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru, gusa ngo aracyafite imbogamizi zo kugera ku ndoto ze
Mu mezi atatu gusa mu Ntara y’Uburengerazuba abana b’abakobwa bataruzuza imyaka y’ubukure bagera ku 2.233 bamaze guterwa inda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente atangaza ko mu rwego rwo gushakira imirimo urubyiruko n’abagore hagiye guhangwa imirimo myinshi izabaha amafaranga.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (RWFA), Ngabonziza Prime, avuga ko amashyamba y’abaturage n’ay’ibigo byigenda ari yo menshi ariko afashwe nabi.
Ikipe ya Kiyovu Sport yatangaje ko yasinyishije Kalisa Rachid wakinaga muri MFK TOPVAR Topoľčany yo mu gihugu cya Slovakia.
Ikipe ya Etincelles yashyizeho Komite nshya, ni nyuma yo kubona umuterankunga mushya bazakorana guhera muri uyu mwaka w’imikino.
Umutoza Jimmy Mulisa arasaba abafana ba APR Fc kuza kumushyigikira kuri uyu wa Gatatu, aho asanga uruhare rwabo rwanatuma yitwara neza mu minota 27 izabahuza na Rayon Sports.
Habiyaremye Chreophas utuye mu Karere ka Kayonza yihangiye umurimo wo gukora imbaho mu rwiri n’ibirere nyuma yo kubona ko aho atuye ibiti bihenze.
Banki ya ECOBANK ishami rya Nyagatare yibwe asaga miliyoni 96Frw,ariko harakekwa abayobozi bayo baburiwe irengero.