Nyuma yo kubagezaho inkuru y’umuhango wo gutangaza uburyo uturere twitwaye mu mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2016-2017, n’uwo gusinya imihigo y’uwa 2017-2018 wabaye kuri uyu wa 6 Ukwakira 2017, Kigali Today irabagezaho amafoto ya ba Meya basinyanye imihigo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Ikipe yitwa Flamengo FC y’i Burundi irasaba ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) guhagarika umukinnyi wa Mukura witwa Gael bityo ntazakine Shampiyona y’u Rwanda n’andi marushanwa.
Abatuye Akarere ka Rubavu bavuga ko umwanya wa nyuma akarere kabo kabonye mu mihigo y’umwaka wa 2016-2017 wabazwa abayobozi kuko bo ibyo basabwa babikora.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara,umubyeyi we ari we Adeline Rwigara na murumuna we Anne Uwamahoro Rwigara ku byaha bakurikiranyweho.
Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko PTE Nshimyumukiza Jean Pierre na PTE Ishimwe Claude bashinjwa kwica Ntivuguruzwa Aime Yvan, bafungwa burundu.
Perezida Paul Kagame yashimye impinduka z’imihihigo y’uturere buri mwaka ariko yongeraho ko adashimishwa n’uburyo abaturage bakoresha mitiweri batakirwa uko bikwiye.
Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.
Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi Isaac Munyakazi yasabye ubuyobozi bw’"Umwarimu Sacco" korohereza abarimu guhembwa no kubona inguzanyo.
Inama nkuru y’Abahanzi itangaza ko nta muhanzi uzongera kubura uko ujya mu bitaramo, mu maserukiramuco cyangwa mu marushanwa yatumiwemo hanze y’u Rwanda kuko igiye kujya ibibafashamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) gitangaza ko umuhanda Kayonza-Rusumo uzaba wuzuye mu myaka ibiri, ukazaba wagutse ku buryo uzorohereza abawucamo.
Hashize imyaka ibiri n’igice Perezida Paul Kagame akebuye abayobozi b’uturere bari bitabiriye umwiherero w’abayobozi wari uteraniye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ku nshuro ya 12.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwafashe icyemezo cyo gufunga urusengero rw’itorero ryitwa Redeemed Gospel Church Rwanda (Itorero Abacunguwe) kubera ko rutujuje amabwiriza agenga imyubakire.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) itangaza ko umusaruro w’amagi wiyongereyeho 8% mu myaka itandatu ishize kubera kongera ingufu mu bworozi bwazo.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2017, Umujyi wa Kigali watangije umushinga wo kwagura imihanda minini y’umujyi izagabanya akajagari ikagira n’uruhare mu kuzamura ubukungu.
Ikipe ya APR Fc na Kiyovu Sports zamaze kumvikana ku mukinnyi Twizerimana Martin Fabrice wari waragiye muri APR Fc mu buryo Kiyovu ivuga ko butari bwemewe.
Kwizera Theogene, umunyeshuri wigaga mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye yarohamye mu rugomero rw’amazi rwa Nyamugari muri Kirehe ahita apfa.
Ku ishuri ryisumbuye rya ISETAR riri mu Karere ka Kamonyi bari mu kababaro nyuma y’uko umunyeshuri wahigaga bamusanze mu buriri yapfuye.
Muramira Gregoire Perezida wa "Isonga Fc" aratangaza ko kuba barafatiwe ibihano byo kutazamuka mu cyiciro cya mbere bitazabaca intege ahubwo bazakina icyiciro cya kabiri n’umurava.
Itsinda ry’abahanzi bazwi nka Charly na Nina bagiye kumurika Album y’indirimbo zabo ya mbere, izagaragaza ko bashoboye muri muzika yo mu Rwanda.
Ingabo z’igihugu zatangiye koroza abagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba, aho muri buri Karere hari gutangwa ihene 10 ku bagore icumi batishoboye.
Rutahizamu wa Rayon Sports Ismaila Diarra, yatangaje ko yifuza gutsindira Rayon Sports ibitego biri hagati ya 20 na 30 uyu mwaka, ni mu kiganiro kihariye yagiranye na KT Radio
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nduba muri Gasabo bahamya ko kuba mu itsinda "Humura", bakaganira ku byababayeho byatumye bakira ibikomere.
Umuryango w’umusaza Sebarinda Leonard utuye i Ntarama mu Karere ka Bugesera, uri mu byishimo nyuma yo kubona umwana wabo wari warabuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bakekaga ko yamuhitanye.
Nyuma y’iminsi itatu Safi ashyingiranwe imbere y’amategeko na Niyonizera Judith, uwahoze ari umukunzi we witwa Umutesi Parfine yavuze akamuri ku mutima.
Mu gihugu cya Madagascar ntibyorohera abasore kubona abakunzi kuko kugira ngo bababone babanza guca mu bigeragezo byerekana ko ari abagabo bazabasha gutunga no kurinda abagore babo.
Hirya no hino mu Rwanda usanga abaturage basaga 98%, bose bemera Imana kandi bose babarizwa mu madini atandukanye.
Umupaka mushya wa Kagitumba - Mirama uhuza u Rwanda na Uganda uzajya ukora iminsi yose kandi amasaha 24 wakira abantu.
Irushanwa ryitwa "Ndi Umunyarwanda" ryagombaga gutangira kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017,bimaze gutangazwa ko ryasubitswe.
Ikipe ya APR Handball Club ikomeje imyiteguro yo kwerekeza muri Tunisia mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino wa Handball.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda uri ku mugabane w’Uburayi yatangiye urugendo rwe mu gihugu cya Suwede nyuma yo kuva mu gihugu cy’Ubudage.
Umupaka wa Rusumo watangiye gukora amasaha yose n’iminsi yose y’icyumweru (24/7) kugira ngo horoshywe urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) igiye kumara icyumweru iganira n’abakiriya bayo hagamijwe kubaha serivisi nziza no kubaka icyizere.
Abakozi batandatu b’utugari tugize Akarere ka Kamonyi basezeye ku kazi, nyuma y’inzu zubatswe mu kajagari mu gihe cy’amatora ariko zikaza gusenywa.
Abari batuye ku Kirwa cya Bushonga mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera bubakiwe umudugudu w’icyitegererezo urimo n’ivuriro.
Nyuma yo kubona ko baherwa serivisi mu biro bito kandi bishaje, abaturage bo mu Murenge wa Ndaro muri Ngororero biyemeje gukusanya amafaranga yo kwiyubakira ibiro bishya.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) kigiye gutangira kwifashisha ubutumwa bugufi bwa telefone mu kugeza ku bajyanama b’ubuhinzi amakuru yabafasha.
Ikipe ya APR y’abakobwa, na Patriots y’abagabo zatsinze imikino y’umunsi wa kabiri mu irushanwa rya zone 5 muri Basket riri kubera muri Uganda
Nyuma y’aho ayo makipe ahuye inshuro ebyiri mu byumweru bibiri bishize, APR na Rayon Sports zishobora kongera gukina kuri uyu wa gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2017.
Nzayisenga Charlotte umukinnyi w’ikipe y’umukino w’intoki Volleyball Rwanda Revenue Authority avuga ko iyi kipe yitwara neza bitewe n’ubuyobozi bwiza bwayo.
Itsinda ry’abanyeshuri 20 b’Abanyamerika, ryaje mu Rwanda gusobanuza imfungwa zikora imirimo nsimburagifungo(TIG), uko zageze ku butabera bwunga mu gihugu cyazo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu yasabye Akarere ka Ngoma kwita ku bikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri abana bazigiramo umwaka utaha.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na kaminuza ya INES – Ruhengeri bugaragaza ko hari bamwe biga amashuri menshi bigatuma babura akazi kuko iyo bayarangije hari ako banga gukora.
Minisiteri y’ikoranabuhanga yatangije ikoranabuhanga mu midugudu itanu y’igerageza, hagamijwe gufasha buri muturarwanda kuzaba akoresha ikoranabuhanga bitarenze umwaka wa 2020.
Kuri uyu wa 1 Ukwakira 2017 ni bwo irushanwa rya Carre D’as risoza umwaka w’imikino muri Volley ball ryasojwe risiga na Rwanda Revenue Athority ari zo zegukanye igikombe.
Ku munsi wa mbere wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, Amagaju yastinze Bugesera ibitego 3-1, Rayon Sports yishyurwa ku munota wa nyuma na AS Kigali