Umugore w’umunyapolitiki wo muri Zambia, Inongee Mbikusita Lewanika, aravuga ko kuba nta gihugu na kimwe cya Africa kuri ubu kiyobowe n’umugore ari imbogamizi ikomeye ku iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire kuri uyu mugabane.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Uwanzwenuwe Théoneste n’uwari umwungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukansanga Clarisse bamaze kwegura ku mirimo.
Banki ya Kigali (BK) yatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bayo amafaranga bakoresheje telefone zabo (BKquick), bakayabona mu gihe kitageze ku munota.
U Rwanda rugiye kohereza Abanyarwanda mu Buyapani kwiga ikoranabuhanga rya Satellite, nyuma y’amasezerano rwasinyanye n’ikigo cyo mu Buyapani gikora satellite.
Ubusanzwe iyo Intore zihamiriza ziba zerekana ubutwari bw’Ingabo ziri ku rugamba. Zikaba ziba zifite umwe muri zo uziyoboye uba aziha ikitwa imihamirizo , nazo zikayishyira mu bikorwa.
Bishop Rugagi Innocent aherutse gusengera abakirisitu be abizeza ko bibasaba gutanga ituro gusa, kugira ngo babashe kubona umugisha wa Range Rover mu gihe kitarenze amezi atatu.
U Rwanda ruzifashishwa mu gusakaza internet yihuta ya 4G mu karere ruherereyemo, kuko ruri ku isonga mu gukoresha internete ya 4G aho imaze kugezwa kuri 95% by’igihugu cyose.
Umutoza wa Rayon Sports Ivan Minaert yafatanye mu mashati n’umuyobozi wungirije w’iyi kipe Muhirwa Prosper amuziza ko yari aguriye abakinnyi amata.
Umukobwa witwa Salissou Hassane Latifa w’imyaka 23 wo mu gihugu cya Niger ni we wegukanye irushanwa rya Ms Geek Africa 2018.
Ikipe ya Rayon Sports inganyije na Mukura ubusa ku busa, mu mukino w’umunsi wa 20 wabereye kuri Stade Huye
Abatuye mu Karere ka Rusizi bavuga ko mu iterambere batekerezaga rizabageraho vuba batigeze bakeka ko nabo bakwegerezwa internet yihuta izwi nka 4G.
Ibikorwa by’ingabo z’igihugu mu iterambere ry’abaturage byasigiye umuyoboro w’amazi meza w’ibirometero bine abaturage basaga ibihumbi birindwi bo mu Murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edourd Ngirente yifatanije n’abaturage bo mu Karere ka Karongi baburiye ababo mu biza byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 6 Gicurasi 2018, abizeza ko guverinoma izakomeza kubaba hafi.
Minisiteri y’ikoranabuhanga (MiTEC) n’ikompanyi y’ikoranabuhanga Swift-Xi yo mu gihugu cy’u Buyapani, basinyanye amasezerano y’ubufatanye azafasha mu gukemura bimwe mu bibazo by’imibereho y’abaturage mu Rwanda.
Umuyobozi w’umuryango Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni, arasaba urubyiruko gufata iya mbere bagira uruhare mu gushaka ibisubizo by’ibibazo birwugarije.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ,Ingabire Augustin, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga isoko ry’ibikoresho by’ibiro by’Ubutaka, mu buryo butemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa kandi kandidatire ye ishyigikiwe na Leta y’u Bufaransa.
Perezida w’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN), Miroslav Lajcak, ngo aracyababazwa n’uko UN itatabaye abicwaga mu Rwanda mu gihe cya Jenoside.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba yasoje uruzinduko rw’iminsi ibiri yakoreraga muri Centrafrique.
Rwatubyaye Abdul wari umaze umwaka adakina, aratangaza ko yumva ahagaze neza ku buryo yiteguye gusubira mu bihe byiza yahozemo
Perezida Paul Kagame asanga Abanyafurika badakwiye guhora bishyiramo ko inkunga z’imishinga ikomeye kuri uyu mugabane zikwiye guturuka hanze gusa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose arasaba urubyiruko rw’abasore n’inkumi rwatangiye urugerero ruciye ingando, gukora rutiganda rugamije kubaka imbere heza.
Minisiteri ishinzwe Ubutaka n’Amashyamba (MINILAF) yatangiye gahunda yo kubungabunga amashyamba 107 rukumbi ya kimeza u Rwanda rusigaranye, kugira ngo adacika.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gufata icyemezo cyo gusubika CECAFA y’abagore yagombaga kubera mu Rwanda.
Mu Rwanda hatangijwe amahugurwa ku bashinzwe ibikorwa byo gukingira,ibyo ngo bikazatuma umubare w’abana bakingirwa wiyongera kandi bagakingirwa neza.
Ubutaka bwo guhinga budakoreshwa ku mugabane wa Afrika,ngo ni kimwe mu bituma uwo mugabane utihaza mu biribwa.
Mu mukino w’umunsi wa 20 wa Shampiona wabereye kuri Stade ya Kigali, AS Kigali itsinze Espoir Fc ibitego 2-0.
MINEDUC yatahuye abarezi n’abayobozi b’amashuri bahabwa ruswa n’ababyeyi, kugira ngo babigishirize abana neza bigatuma birengagiza abana batagira amikoro.
Uruganda rw’Abadage VolksWagen (VW) rukora imodoka ngo ruzatangira guteranyiriza imodoka za rwo mu Rwanda muri Kamena aho kuba mu mpera za Gicurasi nk’uko byari byitezwe.
Imvura nyinshi yaguye guhera ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 6 Gicurasi 2018 mu bice hafi ya byose byo mu gihugu, yateje imyuzure, isenya inzu nyinshi, itengura imisozi, inahitana abantu 15.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ikoranabuhanga ari ryo rizafasha ibihugu bya Afurika kwihuza ariko bikazagerwaho leta zibigize nizigira ubushake muri politiki bwo gusakaza ikoranabuhanga kuri bose.
Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje itsinda ry’abasirikare 238 bakoresha ibibunda binini bizwi ku izina ry’ibifaru, mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Centrafrique.
Perezida Paul Kagame avuga ko imiterere ya Afurika ikeneye ko abayituye bakoresha umurongo mugari wa Internet uzwi nka Broadband, kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo bidindiza iterambere ry’umugabane.
Abakobwa babiri biga mu Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri batewe ibyuma n’a bantu bataramenyekana, babasanze mu cyumba bari bacumbitsemo.
Mu mvura nyinshi yaguye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo,ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia igitego kimwe kuri kimwe.
Kigali ikomeje kwigaragaza nk’ihuriro rikomeye ry’abantu batandukanye muri Afurika no ku isi muri iki kinyejana cya 21.
Ishami rya Polisi y’Igihugu rikorera mu muhanda ryegereje abatuye akarere ka Musanze serivisi zibafasha gusuzumisha imodoka ubuziranenge bizwi nka Contrôle technique.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) ifite gahunda yo guhuza abanditsi b’ibitabo kuri Jenoside n’abanyeshuri biga muri za kaminuza ngo babafashe kumenya gukora ubushakashatsi no kwandika kuri Jenoside.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murundi mu karere ka karongi butangaza ko imiryango 16 imaze kwangirizwa n’ibiza by’umusozi waturitse.
Abahagarariye inzego zitandukanye z’ubuyobozi mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu biyemeje kurushaho kwigisha abaturage ubumwe n’ubwiyunge, kurwanya Jenoside no kwirinda amacakubiri mu Banyarwanda.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Nyabihu buhangayikishijwe n’abimana amakuru yahatawe imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, naho bayisanze bakayita amagufa y’Imbwa.
Abaturage bishimira ibikorwa bitandukanye by’ingabo mu iterambere ry’abaturage cyane ko hari n’abavurwa indwara bamaranye igihe kirekire zarabazahaje zigakira.
IPRC Kigali yaremeye umwe mu babyeyi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye, imuha inzu ifite agaciro ka Miriyoni 15, inamugenera ibindi bikoresho byo mu rugo birimo ibiribwa n’ibikoresho by’isuku bifite agaciro k’ibihumbi 250.
Ndacyayisenga Dynamo umukozi w’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima , RBC, avuga ko umwaka wa 2017 wasigiye abantu 3000 ubumuga kubera ikoreshwa ry’ ibiyobyabwenge.
Guhera tariki ya 22 kugeza tariki ya 25 Gicurasi 2018, u Rwanda ruzakira inama yo ku rwego rwa Afurika iziga ku micungire y’umutekano w’indege ndetse n’ibibuga by’indege muri rusange, izasuzumirwamo ibimaze kugerwaho ndetse hagasuzumwa uburyo warushaho gukomera.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi, bari mu bikorwa by’imyubako zitandukanye, abacuruzi ndetse n’abandi babayeho kubwumusaruro wa sima y’uruganda rwa CIMERWA, baravuga ko bahangayikishijwe n’ibura ryayo kuko hashize ibyumweru bitatu yarabuze.