Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda rwasabwe gutanga umukandida uzayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye gushimisha abafana, ubwo yatsindaga Etincelles ikanayisezerera mu gikombe cy’Amahoro kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu Ntara y’Amajyepfo harabarurwa impanuka 250 zahitanye abantu barenga 50,zinakomeretsa abagera 180,kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2018.
Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macron mu ngoro akoreramo ya Elysée.
Togo yasinyanye amasezerano n’u Rwanda arwemerera gukoresha ibibuga by’indege byose by’icyo gihugu, ibyo ngo bikazatuma ubwikorezi bworoha ku buryo n’ibirayi by’u Rwanda byacuruzwayo.
U Rwanda ruzifatanya n’ibihugu byo muri Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika uzizihizwa ku wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2018.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwakoze amateka rukorana amasezerano n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza,ayo masezerano azatuma iyo kipe yamamaza u Rwanda mu gihe cy’imyaka itatu.
Perezida Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Gicurasi 2018, uruzinduko rwa kabiri aba ahagiriye nyuma y’imyaka itatu.
Mu mukino w’umunsi wa 24 wa Shampiona, Kiyovu ku Mumena ihanyagiriye AS Kigali ibitego 4-1, iyibuza gufata umwanya wa mbere
Minisitiri w’Ibikorwa remezo n’ubwikorezi muri Togo, Ninsao Gnofam, yavuze ko bitumvikana uburyo Rwandair ku rwego rw’imitangire ya serivisi igezeho hari ibihugu bikiyima aho gukorera.
Ishuri ribanza ryitwa Jean Depaepe ry’i Musambira muri Kamonyi ryashingiye kuri gahunda yiswe gir’inka, rikaba ryoroza urukwavu umwana wese urangiza kuryigamo.
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hagaragayemo ubugome ndengakamere hirya no hino mu Rwanda, bimwe byagiye bivugwa ariko hari n’ibigenda bimenyekana nyuma y’imyaka 24.
Nyuma y’aho ikipe y’igihugu ya Handball yakiriwe muri Gare ya Nyabugogo, MINISPOC iratangaza ko yiteguye kuyishyigikira mu marushanwa bafite imbere
Ikigo cya East Africa Commodities Exchange (EAX) cyazanye uburyo bwo gufasha abahinzi b’Icyayi n’Ikawa kubona ku nguzanyo.
Imikino itarakiniwe igihe muri Shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, yamaze gushyirwa muri Kamena 2018, mu nama yahuje abayobozi b’amakipe
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Abana bahuguwe n’umuryango CVT (Children’s Voice Today) ku ruhare rwabo mu ngengo y’imari bemeza ko nta byifuzo byabo bizajya bipfukiranwa kuko bazajya babyikurikiranira.
U Rwanda rwizeye inyungu mu gukoresha ibibuga by’indege bya Ghana, aho Rwandair izajya izenguruka muri icyo gihugu no hanze yacyo.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.
Perezida Paul Kagame yemeza ko ubuzima bwiza bw’abaturage na bwo ari ingenzi mu kugena niba abaturage runaka bateye imbere.
Isoko ry’Imigabane mu Rwanda (RSE), rivuga ko igice kinini cy’umusarurombumbe w’u Rwanda ungana na Miliyari umunani z’Amadolari, gipfushwa ubusa kuko kitabyazwa undi musaruro.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Mu irushanwa rya Handball rihuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda rwegukana igikombe
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro ryabereye mu Rwanda, Nyirarukundo Salome na Hitimana Noel biegukanye imyanya ya mbere mu gice cya Marathon
Abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru anyuranye barasabwa kugira uruhare mu gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo kandi banabika amateka yayo mu nyandiko.
Benshi mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko ari Imana yabahagazeho igatuma barokoka Jenoside yatwaye abarenga Miliyoni mu gihe cy’amezi atatu gusa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, avuga ko inyito zikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo ivuga ko Abatutsi bapfuye zigomba guhinduka, ngo kuko Abatutsi batapfuye urupfu rusanzwe, ahubwo bishwe.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Gatuna bajya Uganda, ko kubera inkangu zangije uwo muhanda ku gice cya Kabale ahitwa Kyonyo muri Uganda, uwo umuhanda utari nyabagendwa.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 yasezerewe na Zambia, mu guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Niger umwaka utaha.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Bamwe mu Banyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere ka Rusizi, bavuga ko batakigira ipfunwe ryo kuganira ururimi rw’Ikinyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kubera umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.
Bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko abakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro bakwiye guhanwa nk’abanzi b’igihugu.
Simugomwa Stanislas wari wahungiye mu bitaro bya CHK (CHUK ubu) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko kuyirokoka abikesha guhindura ahari handitse mu irangamuntu ye ko ari Umututsi, akandikamo ko ari Umutwa.
Mu rwego rwo korohereza abashoramari mpuzamahanga gushora imari yabo mu Rwanda, Banki ya Kigali igiye kurenza imipaka imigabane yayo, iyigeze ku isoko ry’imigabane rya Kenya.
Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ihuriro ry’uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA) bwerekanye ko abaturage 78.3% batagira uruhare mu igenamigambi n’ingengo y’imari y’ibibakorerwa.
Passy wahoze muri TNP afatanije na Butera Knowless bashyize hanze indirimbo yo mu njyana ya Zouk bise "Mbaye Wowe".
Mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda hateganijwe imikino itandukanye, ndetse n’amakipe atandukanye ari mu marushanwa hanze y’u Rwanda
Umubare w’abaturage baguraga gazi n’abayikoreshaga mu Rwanda urimo kugenda ugabanuka, kubera abayicuruza bakomeza kuzamura ibiciro byayo kandi bakabikora ku giti cyabo nta mabwiriza bahawe.
Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente, avuga ko mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2016, bugaragaza ko umubare w’abana bagwingira wagabanutse ku kigereranyo cya 13%.
Ibihugu bya Afurika bikomeje inzira yo kwishakamo ibisubizo mu kwicungira umutekano no guhosha amakimbirane hagati yabyo, bitegura igisirikare gifite ubumenyi buhanitse mu gucunga umutekano wa Afurika.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima bwerekanye ko abana b’abahungu ari bo bakorerwa kenshi ihohoterwa ryo ku mubiri (gukubitwa) kuko ari 59.5%.
Umuhanzi Uwayezu Thierry utuye mu gihugu cya Afurika y’Epfo mu Mujyi wa Cape Town, yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise “Mbabarira”, igamije gukangurira abagabo gucika ku muco wo guca inyuma abo bashakanye.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 inyagiye u Burundi ibitego 37 kuri 22, ihita ibona itike yo gukina 1/2 mu gikombe IHF Challenge Trophy kiri kubera muri Uganda.