Mu mukino ubanza wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro, APR Fc inganyije na Police Fc 0-0 mu mukino wabereye Kicukiro.
Nshuti Innocent w’imyaka 20 wakiniraga APR Fc, yasinye imyaka itatu muri Stade Tunisien yo muri Tunisia.
Mu kiganiro n’Abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 19 Nyakanga, Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, yabwiye abanyamakuru ko imyiteguro y’Umuganura w’uyu mwaka n’Iserukiramuco Nyafurika FESPAD irimbanije.
Abayobozi bakuru b’u Rwanda na Mozambique bemeza ko n’ubwo ibihugu byombi bifite amateka bihuriyeho mu bijyanye no kwibohora ariko hari n’ibindi buri gihugu kihariye byafasha ikindi.
Imiryango umunani itishoboye yo mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare, Akagari ka Barija, ifite impungenge z’umutekano, nyuma yo gutuzwa mu nzu zituzuye, bakaba batangiye guterwa n’abajura.
Perezida Filipe Nyusi yunamiye imibiri irenga ibihumbi 250 ishyinguye mu rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi.
Mu gihe yitegura igitaramo gikomeye kuri uyu wa 28 Nyakanga 2018 azakorana n’Icyamamare Yvonne Chaka Chaka, yakoze akantu kavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda ruteganya gufungura ambasade i Maputo muri Mozambique, mu rwego rwo kuzamura umubano n’icyo gihugu.
Ku munsi wa mbere wa CECAFA y’abagore iri kubera mu Rwanda, Amavubi atsinze Tanzania igitego 1-0, bituma ararana amanota atatu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko amatongo akigahagaragara ari uko hari 30% by’abananiwe kubahirizwa ibyo igishushanyo mbonera giteganya.
Urugendo rwa Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi ni rwo rwabimburiye urw’abandi ba perezida barimo uw’u Bushinwa Zi Jinping na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi bateganya kugirira mu Rwanda.
Mu ijoro ku wa kabiri tariki ya 10 Nyakanga abantu bataramenyekana bivugwa ko babarirwa mu 10 bitwaje intwaro gakondo, batemye abantu bane mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Ruri mu Mudugudu wa Murambi, barabakomeretsa bidakabije.
Ubushinjacyaha bwa Leta butangaza ko bukurikiranye barindwi mu bahoze ari abakozi ba Minisiteri y’Ubuzima, kubera guhombya Leta miliyari zigera kuri 5.8 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze burahakana ko bwaba bwarasabye abakinnyi ko bagabanya imishahara bahabwaga kubera kugabanuka kw’ingengo y’imari
Imibare y’inzu ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) cyatanze ku nzu zirimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, bigaragara ko ntaho ihuriye n’iyo akarere ubwako kemera.
Nyuma y’ukwezi Myugariro w’Amavubi Bayisenge Emery asinyiye ikipe ya USM Alger yo mu gihugu cya Algerie, Umutoza wayo Thierry Froger atangaje ko batakimukeneye biteguye no kumurekura akishakira Indi kipe.
Ikipe ya Rayon Sports itsinzwe na USM Alger ibitego 2-1, mu mukino wa gatatu w’amatsinda ya CAF Confederation Cup.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu buzima bw’inyamanswa, bugaragaza ko inyamanswa zifite ubushobozi bwo kumva ko agace ziherereyemo hari ibiza biri hafi kuhaba zigahunga.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) iratangaza ko ku nguzanyo zatanzwe zigera kuri miliyari 80 z’amafaranga y’u Rwanda kugeza ubu, hamaze kwishyurwa miliyari 17 na miliyoni 100. Ayo mafaranga yahawe abanyeshuri basaga gato ibihumbi 70.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyashyizeho itegeko ry’uko nta kigo cyangwa kompanyi itanga serivisi zifite aho zihuriye n’ubukerarugendo cyemerewe gukora nta cyemezo kibibemerera.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, delegasiyo y’u Rwanda yerekeje muri Algeria mu mikino y’abakiri bato, yaraye yakiriwe ku mugaragaro
Amakipe agomba kwitabira CECAFA y’ibihugu izabera mu Rwanda guhera ku itariki 19 kugeza tariki 27 Nyakanga 2018 , yamaze kugera mu Rwanda yose.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) rirashinja ibihugu by’Afurika kwirengagiza indwara zimwe na zimwe kugeza ubwo zimugaza abaturage.
Polisi yamaganiye kure amakuru y’uko inkengero z’ishyamba rya Nyungwe nta mutekano urimo kubera ibitero by’umutwe mushya witwaje intwaro urwanya Leta y’u Rwanda.
Nkeramihigo André utuye mu Murenge wa Gishubi wo mu Karere ka Gisagara, avuga ko kuvuka ari uwa 22 mu muryango w’abana 32, byatumye atabasha kugera ku nzozi yakuranye kubera ubukene.
U Rwanda rwamaze gutera imbibe z’umuhanda wa kilometero 14 uzaturuka muri Kigali werekeza ku kibuga cy’indege mpuzamahanga gishya cya Bugesera.
Abaturiye urugomero rwa Mukungwa ruherereye mu Karere ka Musanze baratabaza Leta ngo ibavane mu icuraburindi bamazemo imyaka 40 yose. Abo baturage bavuga ko bababajwe no kutagira umuriro w’amashanyarazi nyamara baturiye urugomero ruha amashanyarazi abatari bacye mu gihugu. Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buhamya ko (…)
Mu mpera z’icyumweru Abakinnyi bitegura guhagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda baritegura bakina amasiganwa abiri azanyura mu Karere ka Rutsiro.
Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD) n’abafatanyabikorwa bayo bafite umushinga wo gutangiza umudugudu i Ndera muri Gasabo,uzatuzwamo abantu bafite ubushobozi buciriritse.
Ababyeyi barerera mu ishuri ryigisha imyuga rya Gatumba TVET School mu Karere ka Ngororero, barifuza ko hashyirwamo ishami ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aboneka mu gace iri shuri riherereyemo.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda Rao Hongwei atangaza ko uruzinduko rwa Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping mu Rwanda rushingiye ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Akarere ka Nyarugenge karavuga ko nyuma y’ikorwa ry’umuhanda uhuza Nyamirambo n’ikiraro cya Nyabarongo mu murenge wa Kigali, imiturire y’akajagari izakurwaho.
Kera iyo umwana yesaga umuhigo yahigiye imbere y’ababyeyi,Umubyeyi yamukoreraga ibirori, akanamugabira inka y’Ubumanzi. Ibi ni ko byagenze ku wa Gatanu ku itariki ya 14 Nyakanga 2018, ubwo Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’ igihugu, yasozaga amahugurwa y’aba ofisiye bato 180 mu ishuri rikuru rya (…)
Mutamuriza Anonciata wamenyekanye cyane nka Kamaliza mu ndirimbo zikundwa na benshi kugeza magingo aya, ni umwe mu bahanzi bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu. KT Radio mu kiganiro Ni muntu ki?, yabateguriye icyegeranyo kibagezaho byinshi mutamenye kuri uwo muhanzi. Iyumvire.
Umwera uturutse i Bukuru ukwira hose, ni umugani baca mu Kinyarwanda, bashaka kuvuga ko urugero rutanzwe n’abakuru cyangwa se n’abayobozi, ari rwo abato cyangwa se abayoborwa bakurikiza.
Kuva mu cyumweru gitaha abafite amadini n’abandi bashaka kuyashinga bazajya bagendera ku itegeko rishya ryari rimaze igihe ritegerejwe na benshi, rikaba rigiye gusohoka.
Umubano w’u Bushinwa na Afurika wavuye kure ariko muri iki gihe icyo gihugu cyashyize imbaraga mu gukora imishinga muri Afurika itarigeze ikorwa n’undi wese mu biyitaga abacunguzi ba Afurika.
U Bufaransa bwegukanye igikombe cy’isi cya kabiri butsinze Croatia, nyuma y’imyaka 20 bwegukanye icya mbere.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Mirenge imwe n’imwe y’i Gisagara, Huye na Nyaruguru, ngo ntibatewe ishema no kuba abajura batabarusha ubwinshi babahungabanyiriza umutekano, ntibanabafate.
Ikipe y’igihugu y’u Buligi itwaye umwanya wa gatatu mu gikombe cy’isi nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego bibiri ku busa, mu mukino wo guhatanira uyu mwanya waberaga Saint Petersburg.
Ikipe ya REG BBC itozwa na Patrick Richard Ngwijuruvugo yatangiye neza itsinda APR BBC amanota 84-79 mu mukino wa mbere wa ½ w’amarushanwa ya Playoffs.
Imiryango y’Abagide (aba Scout b’abakobwa) gatolika ku isi, bahuriye i Kigali aho biga ku bumuntu(humanity) bw’ejo hazaza, hashingiwe ku burere bw’umukobwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’amasoko atangwa mu Karere bivugwa ko yiharirwa n’abakozi bako mu buryo bw’ibanga.
Itsinda riyobowe n’umukuru w’ishuri ryigisha ibijyanye no kubungabunga amahoro mu Budage ryishimiye umusanzu ingabo z’u Rwanda zikomeje gutanga mu kubaka amahoro muri Afurika.
Kuba bamwe mu bagore n’abakobwa batwara inda zitateganijwe cyangwa se bakagira impamvu ituma zikurwamo bakitabaza ba magendu rwihishwa, ni imwe mu mpamvu ituma bamwe muri abo Bagore cyangwa Abakobwa bahura n’ibibazo bikomeye bishobora no kubaviramo gupfa.
Mu myaka 15 ishize umuziki wo mu Rwanda wazamutse mu buryo budasanzwe ufata indi ntera, ku buryo kuri iki gihe bigoye kumenya umuhanzi wihariye isoko kuko barihuriyeho ari benshi.
Abaturage bo muri Bannyahe bareze leta kubimura ku ngufu, none barasaba impozamarira za miliyoni 100Frw kubera igihombo byabateye.
Perezida Paul Kagame avuga ko ingabo z’u Rwanda zidatorezwa kugira ngo zishoze intambara, ahubwo ngo zitorezwa kurinda igihugu kugira ngo hatagira uwagishozaho intambara.