Perezida Kagame yatumiwe muri Djibouti na Perezida Ismail Omar Guelleh, aho afungura igice cyahariwe gukorerwamo ubucuruzi mpuzamahanga (International Free Trade Zone).
Mu mukino wa nyuma usoza imikino y’icyiciro cya kabiri, Intare Fc yatsinze Muhanga yegukana igikombe cy’icyiciro cya kabiri
Perezida Paul Kagame yibukije abana bagize amahirwe yo kwiga bakaminuza bakaba bikorera cyangwa bakorera Leta kujya bibuka bagafasha ababyeyi babo kuva mu bukene, badategereje igihe Leta izabagereraho ngo ibafashe.
Perezida Paul kagame yatangaje ko adashaka kongera kumva ko hari abaturage baburiye serivisi mu Rwanda bigatuma bambuka imipaka bajya kuzishakira mu bihugu by’abaturanyi.
Ikigo cya Gatagara muri Nyanza kizwiho kuvura no kwita ku bafite ubumuga bw’ingingo cyazamuwe gihinduka ibitaro byihariye bikazatuma cyongera servisi zahatangirwaga.
Abayobozi n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bagiye kwigana ubutwari bw’Inkotanyi mu kuyobora abaturage.
Ikipe y’amagare igizwe n’abakinnyi batandatu berekeje mu Bubiligi mu myitozo izamara ukwezi kuva taliki 5 Nyakanga kugeza taliki 30 Nyakanga 2018.
Madamu Jeannette Kagame yasabye ko hashakwa uburyo imitungo y’abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabungabungwa.
Mu mukino Rayon Sports yari itegerejeho kubona itike ya 1/4, yishyuwe mu minota ya nyuma na AS Ports yo muri Djibouti
Abanyamuryango ba FPR inkotanyi bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo bagobotse umukecuru warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wabaga mu nzu yenda kumugwaho.
Umukino wa nyuma w’icyiciro cya kabiri ugomba guhuza Intare Fc na Muhanga, uraba kuri uyu wa Gatatu hizihizwa umunsi wo Kwibohora
Kwagarana featness club ikorera sport izwi nka gyme tonic muri sport view hotel, yaremeye imiryango itatu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye ibashyikiriza Inka zifite agaciro ka 1.5M y’amafaranga y’u Rwanda
Munyaneza Didier wakiniraga ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu arerekeza mu ikipe ya Tirol yo muri Autriche kuri uyu wa mbere
Impera z’iki cyumweru zisize nta kipe yo mu Rwanda ibonye amanota atatu muri CECAFA, naho ikipe y’igihugu ya Basketball ibona itike yo gukina ijonjora rya kabiri ry’igikombe cy’isi
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyepfo baragaya bagenzi babo bashoye imari muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho kuyifashisha Abanyarwanda bari bakennye cyane.
Ihuriro ry’abadepite bagize Inteko ishinga amategeko rirwanya Jenoside ndetse rikanarwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, riravuga ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya ingenga bitekerezo ya Jenoside.
Mu ijambo rifungura inama ya 31 y’abayobozi b’Ibihugu na za Guverinoma bibumbiye mu muryango wa Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame akaba n’umuyobozi w’uyu muryango, yamaganye ibitero by’iterabwoba biherutse kwibasira abayobozi ba Ethiopie na Zimbabwe.
Mukamusoni Julienne utuye i Mbazi mu Karere ka Huye, avuga ko atumvaga akamaro k’umuganda mbere y’uko abwirwa ko uzamwubakira inzu yizeye kuzataha mbere y’umuhindo.
Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangaje ko imfungwa n’abagororwa b’igitsina gore 607 bari basigaye mu cyahoze ari Gereza ya Kigali (1930) bamaze kwimurirwa i Mageragere aho iyi Gereza yimuriwe.
Abaturage bo mu murenge wa Buyoga mu karere ka Rulindo, baravuga ko ibijumba bikungahaye kuri vitamin A batangiye guhinga babyitezeho guhindura ubuzima bwa bo, by’umwihariko mu guhashya ikibazo cy’imirire mibi.
Ikipe ya Rayon Sports na Sosiyete y’ubucuruzi ya Airtel-Tigo basinyanye amasezerano y’ubufatanye y’igerageza azamara amezi atandatu
Abaforomo bakora mu bigo nderabuzima bababazwa n’uko badahembwa kimwe n’abakora mu bitaro by’uturere n’ibya kaminuza, kandi amashuri n’ibyo bakora ari bimwe bigatuma bakora batishimye.
Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko nihagira abanyeshuri bagaragarwaho ingengabitekerezo ya Jenoside, bizajya biryozwa ababyeyi babo, ngo kuko ari bo baba bayikongeza mu bana.
Perezida Kagame, akaba n’Umukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yageze i Nouakchott ho muri Repubulika ya Kiyisilamu ya Mauritania aho azayobora Inama ya 31 Isanzwe y’Ihuriro ry’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rutunga muri Gasabo bavuga ko bafite abana barwaye bwaki kubera ubujiji bwo kutamenya ifunguro riboneye.
Nyuma yo kwegura kw’abayobozi b’uturere dutandukanye two mu gihugu tugasigara tuyoborwa n’abayobozi b’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu hakozwe amatora muri utwo turere, agamije gushyiraho abayobozi bashya basimbura abeguye.
Rutahizamu w’umunyarwanda wakiniraga ikipe ya Police Fc yo mu Rwanda, yamaze kwerekeza muri Sofapaka yo muri Kenya
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye asimbura Muzuka Eugene weguye na Komite bakoranaga nyuma yo gukurwaho icyizere tariki ya 31 Gicurasi 2018.
Intebe y’Inteko y’ururimi n’umuco, isanga kutamenya ururimi, ubusirimu ndetse n’ubunebwe bwo gushakisha amagambo, ari intandaro y’ivangandimi mu Rwanda.
Umwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kibeho, yishwe azize inkoni akubiswe n’abaturage bamushinjaga kubibira umucanga.
Bamwe mu barangije kwiga amashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko mu gihe abiga ubumenyi rusange barangiza bakaba abashomeri, bo atari ko bimeze.
Abakozi b’umushinga utegamiye kuri Leta witwa JHPIEGO, basannye y’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, igikorwa gifite agaciro ka 1,021,650 Frws
Mu Rwanda hatangijwe uburyo bushya bwo kurwanya malariya haterwa imiti mu bishanga yica imibu n’amagi yayo ngo bikazagabanya malariya mu buryo bugaragara.
Mahoro Emmanuella ushinzwe isanamitima n’ubwiyunge mu itorero ADEPR avuga ko Abakirisito batamaganye ikibi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko batatojwe kuba Abakirisito nyabo.
Impuguke mu by’ubuhinzi no gufata amazi muri Afurika no ku isi, zivuga ko muri Afurika by’umwihariko hakiri ikibazo cy’amazi meza.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko urubyiruko rufite imishinga irambye kandi yunguka kurusha indi, izakomeza guhabwa amafaranga y’igishoro azishyurwa nta nyungu zigeretseho.
Shampiona y’icyiciro cya mbere 2017/2018, yasojwe ikipe ya APR Fc ari yo yegukanye igikombe cya Shampiona, naho Gicumbi na Miroplast zisubira mu cyiciro cya kabiri
Abajyanama b’akarere ka Gasabo bavuga ko hari ubwo amwe mu mafaranga ajya mu ngengo y’imari atabonekera igihe ikagera ku musozo ataraboneka bikadindiza imwe mu mihigo.
Volks Wagen ni rumwe mu nganda zatangiye gukorera muri Africa mbere. Mu myaka 67 ishize, nibwo VW yatangije ishami ryayo hanze y’ubudage, muri Africa y’Epfo. Uretse muri Africa y’Epfo, uru ruganda runafite ibikorwa muri Kenya no muri Nigeria.
Ikipe ya APR Fc yegukanye igikombe cya 17 cya Shampiona nyuma yo gutsinda ikipe ya ESPOIR ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro
Abaturage bahinga ibirayi mu gishanga cya Nyirabirande cyo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera bishimiye ko umusaruro ugiye kwikuba kabiri kubera gahunda yo kuhira.
Ahagana mu mpera z’i 1996 Guverinoma ya Tanzania yirukanye Abanyarwanda barenga ibihumbi 480 bari bahatuye, bituma bakwira imishwaro mu bihugu bikikije u Rwanda.
Padiri Twizeyumuremyi Donatien uyobora Caritas ya Kigali, avuga ko ipfundo ry’ikibazo cyo kujya mu mihanda kw’abana, ari uburere bwabuze mu miryango imwe n’imwe. Hari n’abandi batemeranya n’uyu mu padiri, bavuga ko ubukene ari yo ntandaro nyamukuru ituma abana bajya mu mihanda. Iyumvire muri iyi nkuru icyo abarebwa n’iki (…)
Perezida Paul Kagame yavuze ku byinshimo afite byo kubona imodoka yamenye ubwenge asanga mu Rwanda ari nayo ya mbere ikoze amateka mu kuhakorerwa.