Nyuma yo kubura amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, Mukura Victory Sports yihimuye kuri Rayon Sports yegukana igikombe cy’amahoro kuri penaliti 3-1.
Mu gihe Abanyarwanda bishimira ko Tour du Rwanda irangiye Maillot jaune igumye mu rwa Gasabo, COGEBANQUE, umuterankunga wa Tour du Rwanda yishimira ko Abanyarwanda barushijeho gusobanukirwa ibikorwa byayo.
Mugisha Samuel w’imyaka 20 yatwaye Tour du Rwanda 2018, nyuma yo gusoza etape ya 8 ku mwanya wa 8 asizwe amasegonda 6 na Azzedine Lagab wayitwaye i Nyamirambo.
Murekatete Juliet umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko kwisanzura atari ugukora ibinyuranye n’umuco nyarwanda.
Ubuyobozi bw’Ubumwe Nyarwanda bw’abatabona (RUB), buhamya ko igihe cyo kuvuga ko utabona ari umuntu utishoboye cyarangiye kuko hari byinshi akora ndetse akanafasha n’ababona.
Uruganda rwa Volkswagen rwagabanyirije abakozi ba Leta bifuza kugura imodoka kuri uru ruganda 5% ku giciro gisanzwe cy’imodoka rukora.
David Lozano wabaye uwa 65 mu isiganwa rya Milan-San Remo muri Werurwe uyu mwaka, yatwaye etape ya 7 yasorejwe mu mujyi wa Kigali rwagati.
85% by’abaturage ba Nyarugenge banyuzwe n’imikorere y’abunzi kuko ibibazo byabo birangirira ku kagari ntibasiragire, ngo bakabikesha amahugurwa abo bunzi bahawe n’umuryango (RCN).
Abatuye Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, barasaba kurenganurwa bagahabwa serivise z’ubuvuzi, nyuma yuko batanze mituweri bifashishije urubuga rw’irembo bashyiriweho n’umurenge, umukozi w’urwo agatorokana amafaranga yose batanze.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ikipe ya AS Kigali iri mu nzira zo guhagarikirwa inkunga yahabwaga n’Umujyi wa Kigali nyuma yo kudatanga umusaruro yari yitezweho.
Sosiyete nyarwanda itanga ubwishingizi bw’ubuzima (SONARWA Life) yishyuriye ubwisungane mu kwivuza abaturage 200 baturiye igice kiri kuberamo Imurikagurisha Mpuzahanga rya 2018, i Gikondo mu karere ka Kicukiro.
Bereket Desalegn Temalew wo muri Ethiopia yegukanye etape ya 6 ya Tour du Rwanda yavaga Rubavu yerekeza mu Kinigi.
Umunsi wo gutangaza imihigo mu turere urangwa na "stress" cyane cyane ku bayobozi batwo, ariko ugasanga n’abakozi b’uturere baba batorohewe kuko amanota atangazwa yerekana umusaruro uba waravuye mu ngufu zabo.
Ministeri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yaburiye Abanyarwanda ko bakwiye kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, kugira ngo impano za benshi muri bo zitazabaheramo.
Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) ivuga ko hakwiye gukorwa ibishushanyo mbonera by’Imijyi yunganira uwa Kigali bijyanye n’ubushobozi bw’abaturage.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Sunrise bagasanga ikipe ya Mukura ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, buri mukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports yemerewe agahimbazamusyi ka 700,000Frw, nibaramuka begukanye iki gikombe.
Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro Rayon ifashijwe na Sefu na Kevin itsinze Sunrise 2-0 isanga Mukura ku mukino wa nyuma.
Berwa Gisèle, umwe mu rubyiruko rushaka kujya mu Nteko ishinga amategeko, yemeza ko kuyobora akiga muri kaminuza ari byo byamuteye ishyaka ryo kwiyamamariza kuba depite.
Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida Paul Kagame, yaseshe ishami ryo mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) nyuma yo guteza leta igihombo cya za miliyari mu myaka ishize.
Julian Hellmann yongeye guhesha ikipe ya Embrace the World intsinzi ubwo yatwaraga etape ya gatanu ya Tour du Rwanda muri sprint i Rubavu.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyitwarire ya bamwe mu bayobozi idakwiye, bitewe n’uko aho gukemura ibibazo by’abaturage bahora bahugiye mu gukemura amakimbirane abaranga.
Intore z’u Rwanda zataramiye abakinnyi b’ikipe ya Arsenal, mu rwego rwo kwibifuriza amahirwe masa muri shampiyona ya 2018/2019 bagiye gutangira.
Akarere ka Rwamagana, kongeye kwisubiza umwanya wa mbere mu kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari ya 2017- 2018 ku manota 84.5%.
Kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari busese Inteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite, isoje manda y’imyaka itanu.
Ikipe ya Rayon Sports yafatiwe ibihano na CAF birimo ihazabu y’amafaranga n’ibihano byo gusiba imikino Nyafurika iri imbere ku bakinnyi bayo batatu ari bo Yannick Mukunzi ,Christ Mbondi n’Umuzamu Ndayisenga Quassim nyuma y’imirwano yakurikiye umukino wayihuje na USM ALGER.
Bamwe mu bakandida bigenga bazahatana mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2018, bemeza ko biteguye bihagije ku buryo ngo badashidikanya ku ntsinzi.
Perezida Kagame arayobora umuhango wo gusinya Imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/2019 hamwe n’abayobozi b’ inzego nkuru z’igihugu nab’inzengo z’ibanze.
Umunsi wa Kane wa Tour du Rwanda wakomereje mu Karere ka Karongi iturutse mu Mujyi wa Musanze, aho isiganwa ry’uyu munsi ryegukanywe n’Umunyamerika Timothy Rugg.
Team embrace the World yongeye kubona intsinzi muri Tour du Rwanda 2018 binyuze ku Munyamerika Rugg Timothy watsindiye i Karongi kuri etape ya kane.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab, arizeza abategera imodoka i Rwamagana ko igihe cy’imvura kitazasanga bakizitegera ahantu h’amanegeka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera Evode Uwizeyimana, aranenga ibigo by’imari binyuranye bikorera mu Karere ka Rulindo kudakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda muri serivisi zigenewe abaturage.
Abayobozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko ibigori bituruka Uganda byishe isoko ryo mu Rwanda kubera ibiciro bito babiguraho.
Umuryango Aegis Trust wamuritse ibitabo bibiri bikubiyemo inyigisho z’amahoro n’urukundo, uhita ubishyikiriza Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) ngo kizabigeze mu mashuri.
Umuryango Commonwealth uhuza ibihugu byakoronijwe n’u Bwongereza hamwe n’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, uravuga ko u Rwanda ruzarusha ibindi bihugu biwugize kwakira inama yawo muri 2020.
Umudage Helmann Julia ukinira Team Embrace the World yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kareshya na kilometero 199,7 akoresheje amasaha atanu, iminota 12 n’amasegonda 04.
Umubare w’abemerewe kuzahatanira kwinjira mu nteko ishinga amategeko uyu mwaka wiyongereyeho 27% ugereranije na manda ishize, mu gihe abagore bemerewe kuziyamamaza bazamutseho 10%.
I Kigali hazahurira ibihangange muri politiki birimo Kofi Annan wayoboye Umuryango w’Abibumbye (UN), Al Gore wigeze kuba Visi Perezida wa Amerika na Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.
Abanyarwanda akenshi bavuga ko umubyeyi wasamye acyonsa, agomba guhita abihagarika, ngo kuko ayo mashereka ashobora kugira ingaruka mbi ku mwana . Ariko abahanga mu mirire bakemeza ko ntacyo amutwara.
Perezida Paul Kagame yabwiye urubyiruko rutozwa umukino wa Basketball, igikorwa kizwi nka “Giant of Africa” ko inzira imwe yo kuba igihangange ari ukubikorera.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa mbere tariki 06 Kanama 2018 rwerekanye abantu babiri bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bukoresheje ikoranabuhanga.
Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimension Data yegukanye agace ka Kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Kigali kerekeza mu Mujyi wa Huye.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Nyakanga 2018, hagaragaye ubwirakabiri budasanzwe bw’Ukwezi ku isi hose. Ubwo bwirakabiri bufatwa nk’imbonekarimwe abafotozi bo hirya no hino ku isi bari babutegereje, kugira ngo basigarane amafoto y’urwibutso. Irebere ayo mafoto maze utubwire uwaba yarahize abandi mu gufotora ubwo bwirakabiri.
Abagore bo mu murenge wa Muko mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’abagabo babaturaho abana babyaye ku nshoreke, bikavamo gusenya ingo zabo.