Rurangirwa Darius uzwi ku izina ry’Ubuhanzi nka Jah Bone D ( Igufa ry’Imana), avuga ko mu buzima bwe yakuze atotezwa hamwe n’umuryango we, kuko bari Abatutsi. Mu gihe cya Jenoside yabakorerwaga mu 1994 ho, ngo iyo hataba 20.000Frw yaguzwe n’umukozi wa CICR bakoragana amugura n’abicanyi, ubu ngo ntaba akiri ku isi. (…)
Hashize iminsi Kaminuza y’u Rwanda yimura amashami yayo bya hato na hato, ugasanga abanyeshuri bayo bahora mu nzira bimuka, ibyo bigatuma batiga neza kuko badatekanye.
Hakizabose Jean Bosco wo mu Kagari ka Gakingo, Umurenge wa Shingiro i Musanze, arashimira FPR-Inkotanyi yamuteje imbere, nyuma yo gufatirwa mu bitero by’abacengezi aho kwicwa agahabwa amafaranga y’imperekeza.
Abatuye Akarere ka Nyagatare batunguwe no kubona umuntu batazi yaraye akambitse imbere y’ibiro by’akarere, bahita bahuruza abashinzwe umutekano bazwi nka DASSO.
Ubuyobozi bw’idini ya Islam buranenga bamwe mu bayoboke bayo bagurishije inyama ku bakene ku munsi mukuru w’igitambo (Iddil Adha).
Ubwo Umutoza w’Amavubi Mashami Vincent, yahamagaraga ikipe y’Igihugu yitegura umukino wa Cote d’Ivoire mu majonjora y’Igikombe cy’Afurika 2019, yahamagaye abakinnyi 32 n’abandi 40 b’abasimbura.
Dusabinema Consolee wiyamamarizaga guhagararira abagore mu Nteko Ishinga amategeko, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Idini ya Islam mu Rwanda, kuri uyu wa kabiri yifatanyije n’abo ku isi yose kwizihiza umunsi wa Eid El-Adha, umunsi ukomeye cyane ku ngengabihe ya Islam kuko ari umunsi baharira gutura Imana ibitambo.
Abikorera b’i Huye bifuza kwemererwa kuba bavuguruye amazu y’ubucuruzi yafunzwe, kugira ngo babashe kwegeranya ubushobozi bwazabafasha kubaka ay’amagorofa basabwa.
Igitego Eric Rutanga yatsinze Gor Mahia mu mpera z’iki cyumweru, CAF yagishyize mu bitego bitanu byiza bya CAF Confederation Cup byatsinzwe kuri iki cyumweru
Umutoza mushya w’Amavubi Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 32 bitegura umukino wo gushaka itike ya CAN 2019 na Cote d’Ivoire anerekana abo bazakorana mu myaka ibiri iri imbere.
Ukuri ku masezerano ya Arsenal n’u Rwanda kwagiye ahagaragara, nyuma y’amezi atatu abantu inzira byanyuzemo kugira ngo ijambo “Visit Rwanda” ryandikwe ku mipira y’ikipe ikomeye nka Arsenal.
Mu mudugudu wa Gafuku, Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu, ingabo z’ u Rwanda zihataburuye ibisasu 58 byasizwe n’ingabo zatsinzwe zari zihafite ibirindiro.
Perezida Paul Kagame yemereye abahanzi Nyarwanda ko rimwe na rimwe bajya bakoresha inyubako ya FPR Inkotanyi izwi nka Intare Conference Arena, igihe bateguye ibitaramo.
U Rwanda n’u Butaliyani byagiranye amasezerano yo kugenderana kw’Abanyaburayi n’abatuye akarere u Rwanda ruherereyemo, hakoreshejwe indege z’ibihugu byombi.
Perezida Paul Kagame yaburiye urubyiko ku byago biri mu kwishora mu biyobyabwenge birwugarije, asaba n’abatabikoresha kutarebera bagenzi babo babyishoramo.
Umuryango ufasha abana SOS hamwe n’Ikigega cy’Abadage gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga (BMZ), batanze amafaranga miliyari imwe azateza imbere imiryango 300 muri Gasabo.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi bahamya ko ikinamico bagezwaho n’umuryango uharanira ubutabera (RCN) bazikuramo ubutumwa bw’ingenzi bubafasha kurwanya ihohoterwa.
Abakandida-Depite ba RPF-Inkotanyi bavuga ko imijyi itandatu yunganira Kigali yose igomba kuzashyirwamo amashami ya Kaminuza y’u Rwanda.
Kofi Anna wigeze kuba umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kanama 2018.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana, ariko ngo hari impungenge z’uko iki kibazo kitarangira ijana ku ijana.
Ngarukiye Daniel ni umuhanzi wamamaye mu Rwanda mu Njyana gakondo, aho azwiho ubuhanga mu gucuranga inanga, akomora kuri Sentore Athanase witabye Imana.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yashimiye Umuryango Uharanira Iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) wagerageje kugabanya ibibazo by’umutekano mu bihugu biwugize.
Abaturage bo mu Karere ka Nyarugenge basabye abakandida-depite b’abagore biyamamariza kujya mu Nteko kuzakemura ikibazo kijyanye n’ibyiciro by’ubudehe nibatorwa.
Mu mashuri 90 yagenzuwe na Ministeri y’Uburezi (MINEDUC) mu gihembwe cya mbere n’icya kabiri cy’uyu mwaka wa 2018, agera kuri 57 azatangira akerereweho icyumweru kimwe bitewe no kutuzuza ibisabwa.
kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Kanama 2018, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ya 38 ya SADC igiye kubera i Windhoek mu gihugu cya Namibia.
Ngenzahimana Bosco uzwi ku izina rya Rwarutabura yavuze atebya ko yatangiye gufana Rayon Sports akiri mu nda ya nyina, ngo n’umugore we ni umufana ukomeye wambara n’umwenda w’imbere w’umweru n’ubururu.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yamaze kugera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho igiye gukina irushanwa rya Colorado Classic ritangira uyu munsi ahitwa Vail muri Colorado.
Autisme, ubumuga bamwe bavuga ko ari uburwayi, ni ikibazo cy’imyitwarire idasanzwe gikunze kugaragara ku bana bato ariko benshi mu babyeyi ntibamenye ibyo ari byo.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga barasaba ishyaka riharanira ukwishyira ukizana PL gukemura ikibazo cy’abana bo mu muhanda kugira ngo hazaboneke abayobozi b’ejo hazaza h’igihugu.
Nyirahabizanye Agnès wo mu Kagali ka Cyanya, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugore w’imyaka 51 arashimira Umuryango wa FPR-Inkotanyi wamukuye mu bihuru aho yabanaga n’abana be batanu iramwubakira.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, François Habitegeko, arasaba abo ayobora gufatira urugero ku kudatsimburwa kw’Inkotanyi, kuko bizabafasha kwesa imihigo neza.
Umuryango wita ku bana batagira ubafasha (SOS) uvuga ko hari ingo nyinshi z’Abaturarwanda babana batarasezeranye, bakarinda basaza bitwa ingaragu.
Fidèle Rwigamba wari usanzwe ari umudepite ukomoka muri FPR, yemeza ko kugenzura ibikorwa bya Guverinoma bitakozwe neza 100% muri manda ishize ngo akazabyongeramo ingufu natowa.
Murasangwe Jean Damascene wo mu murenge wa Katabagemu avuga ko yubatse inzu ya miliyoni 35 agura na hegitari 11 z’ubutaka kubera FPR Inkotanyi.
Hirya no hino mu gihugu, Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi babukereye mu kwamamaza abakandida bazayihagararira mu nteko Ishinga amategeko.
Mugisha Samuel yerekeje mu Bufaransa ajyanye n’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bagiye kwitabira irushanwa rya Tour de l’Avenir rifatwa nka Tour de France y’abatarengeje imyaka 23.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), binyuze mu mushinga“National Agriculture Assurence” uyishamikiyeho, iri muri gahunda y’ubukangurambaga mu gufasha aborozi gushinganisha amatungo maremare.
Mu ishuri rya gisirikari ry’i Gako mu Karere ka Bugesera hatangijwe imyitozo ya gisirikari yiswe "Shared Accord 2018", igamije kureba urwego rw’ubunyamwuga mu ngabo zibungabunga amahoro ku isi.
Abatuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bishimiye imihanda ya kaburimbo yatunganijwe, aho batuye kuko yabakuriyeho icyondo cyababangamiraga mu gihe cy’imvura.
Kuri uyu wa 13 Kanama 2018, umuryango FPR Inkotanyi watangije igikorwa cyo kwamamaza abakandida bawo bazahatana mu matora y’abadepite azaba muri Nzeri 2018, igikorwa cyabereye mu Karere ka Rulindo.
Abagore, abagabo, abasore n’inkumi barerewe muri SOS Village d’Enfants ya Byumba basubiye gushimira ababyeyi babareze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abantu batandukanye bakoresha imoso batangaza ko bahura n’ibibazo bitandukanye mu buzima, bituruka ku kuba bafatwa nk’abadasanzwe cyangwa se nk’abafite ikibazo.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gikomeje ibarura ry’abaturanye n’ibishanga, mu rwego rwo kubashakira uburyo bakwimuka aho batuye.
Umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro wahuzaga ikipe ya Mukura na Rayon Sports wagaragaye ho agashya k’umufana wari wisize irangi ry’amavuta ryagenewe gusigwa inzu.
Bakunzibake Jean de Dieu utuye mu Karere ka Huye yarangije mu ishami ryo gukurikirana imyaka yabaturage (Agronomie), ariko ubu ni umunyonzi kuko ari byo byamukuye mu bushomeri.