Kuri uyu wa gatanu mu masaha y’ijoro haragaragara ubwirakabiri bw’Ukwezi bumara igihe kirekire mu mateka y’ikinyejana cya 21. Ukwezi kuraza kwihinduriza mu gihe kirenga amasaha abiri. Ubwo bwirakabiri buragaragara no mu rw’imisozi igihumbi, i Kigali mu Rwanda.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2018, mu Kagari ka Shyembe mu Murenge wa Maraba harasiwe abajura babiri bahita bapfa, ubwo bageragezaga kurwanya inzego z’umutekano zari zibatesheje aho bibaga.
Guhera tariki ya 1 Kanama 2018, KT RADIO, Radiyo ya KIGALI TODAY, yageneye abakunzi bayo gahunda nshya mu makuru no mu biganiro.
Mu mwaka wa 2006, Ishyirahamwe ry’imodoka nini zitwarira abantu hamwe (KBS) ryatangiye gukora mu mujyi wa Kigali. Icyo gihe yatangiranye imodoka 10 gusa. Gusa mu mezi macye izo modoka zatangiye kugenda zigira ibibazo bya hato na hato byasabaga ko zikoreshwa mu igaraji (garage) gusa byari bihenze.
Akarere ka Musanze kagiye kuba aka mbere mu gutangiza uburyo bw’amagare rusange akodeshwa, mu rwego rwo gukomeza kureshya ba mukerarugendo.
Mu marushanwa Nyafurika y’Abatarengeje imyaka 18 ari kubera mu gihugu cya Algerie, Niyitanga Halifa wari uhagarariye u Rwanda mu cyiciro cyo kurwana (Kumite), yegukanye umudari wa Gatatu ( Bronze cyangwa Umuringa), atsinze uwitwa Obissa David wo muri Gabon.
Perezida Paul Kagame yageze muri Afurika y’Epfo, aho azitabira inama izahuza ibihugu biri imbere mu kuzamuka mu iterambere .
Ikipe ya APR FC yabonye itike ya ½ mu gikombe cy’amahoro aho yasezereye ikipe ya Police FC iyitsinze ibitego 3 ku busa, mu mukino wo kwishyura wabereye kuri stade Amahoro.
Alpha Blondy umuhanzi w’igihanganjye mu njyana ya Reggae, witabiriye Iserukiramuco Ngarukamwaka rya Kigali Up, yatangaje ko yitabiriye iri serukiramuco azaniye Abanyarwanda umusanzu we mu kwimakaza ibyishimo n’umunezero, nyuma y’ibihe bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi bahuye nabyo.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rutangaza ko gukoresha amakarita ya Tap&Go mu kwinjira muri Expo, bizakumira abanyerezaga amafaranga, bitume yose yinjira muri PSF.
Mu mirenge itandatu kuri 13 igize Akarere ka Gisagara hamaze kubarurwa abana b’abakobwa 105 batewe inda, bakabyara bataruzuza imyaka 18.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda rimaze gushyira ahagaragara abakinnyi bagize amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2018.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB) gitangaza ko muri uyu mwaka imboga, imbuto n’indabo bimaze kwinjiriza u Rwanda miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika, asaga Miliyari 17 z’Amanyarwanda.
Imiryango ikora ubushakashatsi ku mbuto z’ibihingwa irizeza ko ibihingwa byongerewe intungamubiri bikiri mu murima bidashobora kugira ingaruka ku buzima bw’ababiriye.
Perezida wa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Joseph Kabila yatangaje ko ashyigikiye kandidatire ya Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda Louise Mushikiwabo, ku mwanya w’Umunyamabanga mukuru w’ Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Mu mukino w’umunsi wa gatatu wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, u Rwanda rwanganyije na Uganda ibitego 2-2.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rufite ibisabwa byose kugira ngo rubashe kungukira mu ikoranabuhanga u Buyapani butanga mu kubaka imishinga y’imbere mu gihugu.
Miliyoni 200 z’amadorari ya Amerika, zisaga miliyari 170 z’Amafaranga y’u Rwanda, ni yo ateganyijwe mu bikorwa byo Kwagura Parike y’igihugu y’ibirunga.
Urubyiruko rwororera inkoko mu kibaya cya Bugarama ruravuga ko ruhangayikishijwe n’icyorezo kimaze guhitana inkoko zisaga 2500 mu minsi 18.
Abanyemari b’Abayapani bari mu ruzinduko mu Rwanda biyemeje gushora imari mu mishinga itandukanye kuko ngo babonye ari igihugu kibereye ishoramari.
Ikipe y’akarere ka Gisagara mu mukino wa Volleyball, ayaraye imurikiye abatuye Gisagara ibikombe iheruka kwegukana muri uyu mwaka w’imikino wa 2017/2018
Marines Fc ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 11 w’umukino, ku gitego cyatsinzwe na Ishimwe Christian, ku mupira waturutse muri koruneri ukamusanga inyuma y’urubuga rw’amahina, maze atera ishoti rikomeye umunyezamu Kassim ntiyamenya aho umupira unyuze.
Rutahizamu wa Musanze Fc Wai Yeka, yerekeje mu ikipe yitwa Alliance FC yazamutse mu cyiciro cya mbere muri Tanzania
Ishuri rya Wisdom riherereye mu Mujyi wa Musanze, no mu mashami yaryo y’ i Nyabihu, Rubavu na Burera, ryatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’igishinwa, hagamijwe gutoza abana umuco wo kuzabasha kurenga imbibi z’u Rwanda bashaka ubuzima.
Ubunyamabanga bw’umutwe w’ingabo z’Akarere ka Africa y’Uburasirazuba zitabara aho rukomeye (EASF), buravuga ko kudahura k’umwaka w’ingengo y’imari ya EASF n’iy’ibihugu by’abanyamuryango bawugize bikiri imbogamizi ituma intego zitagerwaho vuba.
Mu ruzinduko rw’Iminsi ibiri Perezida w’u Bushinwa Xi jinping na Madame we Peng Liyuan baherutse kugirira mu Rwanda, Madame Jeannette Kagame akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Imbuto Foundation, yamurikiye Peng Liyuan ibikorwa bya Imbuto Foundation.
Mu Rwego rwo kwizihiza umunsi wo kwibohora bashimira Inkotanyi zabarokoye zikabagarurira icyizere cyo kubaho, Umuryango ugizwe n’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi “Hora Rwanda”, wateguye igikorwa bise “Hobera Inkotanyi”.
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi, yatangaje ko yanyuzwe n’igihe gito yamaranye n’abaturage bo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera.
Hakunze kumvikana impaka zijyanye n’imyemerere aho bamwe bavuga ko abagore bambara bigufi, amapantaro, abasuka cyangwa bakadefiriza imisatsi n’abirimbisha mu buryo bunyuranye batazakandagira mu ijuru. Ibyo ariko hari abandi babona ko nta shingiro bifite ndetse bakanemeza ko kujya mu ijuru bishingira ku byo umuntu akora (…)
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yunamiye Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaga ibihumbi 250, bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Kuva leta yatangiza gahunda yo gukwirakwiza ibikorwaremezo mu mijyi y’uturere dutandatu tuzajya twunganira Umujyi wa Kigali, ibikorwaremezo byamaze kugezwamo byatangiye guhindura isura yaho.
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi yashimiye Perezida Kagame ku ruhare runini yagize mu kubaka amahoro mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu mukino wa kabiri wa CECAFA y’abagore iri kubera mu Rwanda, Ethiopia inyagiye Amavubi ibitego 3-0, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi wari utegerejwe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, ageze mu Rwanda yakirwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Perezida Kagame yatangaje ko amasezerano y’ubufatanye yasinywe hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa ari igihamya cy’ibishoboka hagati y’umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse no mu mubano hagati yabwo na Afurika muri rusange.
Mu myaka 12 ishize, imishinga 61 y’ishoramari ituruka mu Bushinwa ifite agaciro ka Miliyoni 419,556 z’Amadorari, yanditswe mu Rwanda.
Rugambwa Jean Baptiste wari umuyobozi akaba n’umutoza wa Les Amis Sportif, imwe mu makipe yo gusiganwa ku magare yo mu Karere ka Rwamagana, yahitanywe n’impanuka kuri iki cyumweru
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Nyakanga 2018, Perezida w’u Bushinwa yakiriwe Ku nshuro ya mbere mu mateka mu Rwanda, aho yaje mu ruzinduko rw’ iminsi ibiri rw’akazi.
Munyaneza Didier uherutse kwegukana shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yashimangiye imbaraga ze muri iyi minsi yegukana irushanwa rya nyuma ritegura Tour du Rwanda ryatangiriye i Karongi rigasorezwa i Rubavu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana buravuga ko igishushanyo mbonera cyaburaga ngo umujyi w’aka karere utangire kujyanishwa n’igihe cyabonetse, ku buryo kuwuvugurura bigiye gutangira.
Mushiki wa Perezida wa Congo-Brazzaville, Daniele Sassou Nguesso avuga ko u Rwanda rwamuhaye urugero rumufasha kurwanya akarengane gakorerwa abagore n’abakobwa iwabo.
Nsengimana Bosco ukinira ikipe ya Benediction Club y’i Rubavu yabaye uwa mbere mu isiganwa rya mbere ritegura Tour du Rwanda ryavaga i Musanze ryerekeza i Karongi rinyuze i Rutsiro.
Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda, aho yari amaze iminsi asura ibikorwa bitandukanye mu gihugu.
Abanyeshuri batatu bakoze imishinga ihiga iyindi mu guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi bemerewe na Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB) kuzayigamo mu gihe cy’umwaka umwe ku buntu.
Minisitiri w’u Buhinde Narendra Modi uzagenderera u Rwanda mu cyumweru gitaha azaremera abaturage bo mu mudugudu wa Rweru inka 200.
Amateka y’ u Rwanda rwa Gihanga Ngomijana yerekana ko umuganura wari mu minsi mikuru yari yubashywe ndetse wanatumaga Abanyarwanda bashyira hamwe bakaganira ibyabo bakagirana inama muri Kanama mu nama z’abagabo bityo bagatera ntibaterwe.
Mu mukino warebwe n’abafana benshi, ikipe ya Patriots yigaranzuye REG muri Playoffs iyitsinze amaseti 63-58.
Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye imipaka ihuza u Rwanda Na Congo mu Karere ka Rubavu, avuga ko Abanyafurika bagomba gufungurirwa imipaka bagakoresha amahurwe bafite.