Buri wa gatandatu usoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange, aho abayobozi mu nzego zitandukanye, inzego z’umutekano n’abaturage bahurira ku gikorwa cyateguwe bagakora imirimo y’amaboko.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi Dr. Munyakazi Isaac yaburiye abafite ibigo by’amashuri bitubahiriza gahunda byasabwe kwigishamo, ko bishobora gusubiza ibyangombwa byahawe.
Abaganga b’inzobere mu kuvura kanseri y’ibere n’ibibyimba byo mu mutwe baturuka muri bimwe mu bihugu by’i Burayi, bari mu Rwanda aho ku bufatanye n’abo mu Rwanda batangiye kuvura kanseri y’ibere ku buntu.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’ingoro z’igihugu z’umurage w’u Rwanda burishimira ko abazisura bavuye ku bashyitsi igihumbi ku mwaka kuva mu 1989, bakaba bageze ku basaga ibihumbi 270, bivuze ko bikubye inshuro 270 mu myaka 30.
Mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki ya 27 Nzeri 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushizwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yakiriye itsinda ry’abantu batandatu baturutse mu nzego zitandukanye zishinzwe imiyoborere myiza no kurwanya ruswa mu gihugu cya Côte d’Ivoire.
Umusore w’imyaka 27 witwa Uwitonze Desiré, wo mu murenge wa Niboyi mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, wari ufungiye mu gihugu cya Uganda, yavuze ku buzima bubabaje Umunyarwanda uri muri Uganda abayemo bwo gutotezwa no gukorerwa iyicarubozo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, avuga ko bigayitse kuba Akarere ka Nyagatare gafite inka n’umukamo mwinshi mu gihugu ariko kakarwaza bwaki.
Polisi y’igihugu iratangaza ko icyo ibereyeho ari ugufasha Abanyarwanda n’abaturarwanda kwidagadura ariko bakabikora mu mudendezo.
Kuri uyu wa gatanu 27 Nzeri 2019, habaye amatora y’abayobozi b’uturere n’ababungirije basimbura abaheruka kwegura mu turere tumwe two mu ntara y’Uburengerazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru.
Ku nshuro ya kane y’iserukiramuco rihuza ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba ririmo ribera i Dar es Salaam muri Tanzaniya (JAMAFEST), imbyino z’Abanyarwanda zamuritswe n’itorero Urukerereza ziri mu byakunzwe cyane kimwe n’umuziki w’imbonankubone (Live Music) wacuranzwe n’abanyeshuri ba Nyundo.
Hari abagabo bo mu Karere ka Nyaruguru batekereza ko umugabo ufite umugore utajya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya aba yarahombye.
Ibikorwa byo kurwanya abiba umuriro w’amashanyarazi byakozwe mu cyumweru cyo kuva ku itariki 20 kugeza ku ya 27 Nzeri 2019 bisize abantu 15 bafashwe biba umuriro.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), bitabaje amadini n’amatorero kugira ngo yigishe kureka ibyaha no kudahishira abahohotera abana.
Abana bafite ubumuga bwo kutabona biga mu mashuri atandukanye yabagenewe, bagiye kujya barushanwa kwandika inkuru no kuzisoma mu ruhame n’ababona kuko na bo bashoboye.
Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze n’imitunganyirize y’inzuri mu ntara y’Uburasirazuba iratangaza ko aborozi bazageza mu kwezi kwa Gashyantare 2020 bataratunganya inzuri bahawe, bazazamburwa zigasubizwa Leta.
Ku mugoroba wo ku wa kane tariki 26 Nzeri 2019, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’impunzi zikuwe muri Libya.
Abagize urwego rw’umutekano rwa DASSO bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze, tariki ya 25 Nzeri 2019 batangiye gusezererwa basubizwa mu buzima busanzwe.
Mu rwego rwo gususurutsa abatuye Umujyi wa Kigali, buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi hateguwe igitaramo kizajya kibafasha kwidagadura, igitaramo abatuye umujyi binjira batishyuye amafaranga, bagasusurutswa n’abahanzi banyuranye.
Umushinga Mastercard Foundation w’Abanyakanada ukorera no mu Rwanda washoye miliyoni 50 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 46 z’Amanyarwanda) mu gufasha urubyiruko kwiga imyuga izarufasha kubona akazi cyangwa rukakihangira kugira ngo rwiteze imbere.
Inzego zishinzwe kugenzura itangazamakuru no kurirengera zirasaba ko amategeko agenga umwuga w’itangazamakuru yavugururwa akajyanishwa n’ibihe rigezemo. Abayobora izo nzego babivuze mu gihe hari ababyeyi bakomeje kwinubira bimwe mu bitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane urwa YouTube, ruvugwaho kuba hari abarukoresha (…)
I New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika hari kubera inama y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumwe (United Nation General Assembly) izamara iminsi itanu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase yasabye aborozi bo mu turere twa Kayonza, Gatsibo na Nyagatare kwirinda kuragira inka zabo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, kuko ifatiwemo izajya itezwa cyamunara nta yandi mananiza.
Irushanwa rihuza abanyempano bo mu gace ka Afurika y’Iburasirazuba ryitwa ‘East Africa’s Got Talent’ rigeze ahashyushye ndetse Abanyarwanda bari mu bahabwa amahirwe yo kuryegukana hakurikijwe ubushobozi bagaragaje mu byiciro by’iri rushanwa bitandukanye.
Umuvunyi Mukuru Anastase Murekezi, avuga ko abayobozi icumi bamaze gusabirwa ibihano bazira kutamenyekanisha imitungo yabo ku rwego rw’Umuvunyi.
Jacques Chirac wabaye Perezida w’u Bufaransa apfuye ku myaka 86. Imyaka ye yanyuma yaranzwe n’ibirego bya ruswa yashinjwaga.
François Karangwa ukora mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ufite inzu aho bita i Madina hafi y’ishami rya Kaminuza ry’i Huye, yagujije banki ashyira kaburimbo mu muhanda ntawumufashije.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ine mu Karere ka Nyamasheke bazindutse basezera ku mirimo yabo bavuga ko bafite ibindi bagiye gukora.
Igenzura ryakozwe n’abakozi ba REG tariki 19 Nzeri 2019 ryafashe zimwe mu ngo ziba amashanyarazi ziherereye muri Karitsiye bakunze kwita Yapani, mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Ruhango, Uwimana Fortunée, yahagaritswe by’agateganyo kubera raporo z’abagenzuzi.
Murenzi Jean Claude uyobora Akarere ka Kayonza avuga ko bateje inka cyamunara barenze ku cyemezo cy’urukiko bagamije kwirinda ko zashirira aho zafatiwe.
Mu gihe iminkanyari kuri bamwe ifatwa nk’ikimenyetso cy’ubukure mbese umuntu ageze mu zabukuru, hari izindi impamvu zinyuranye zitera kuzana iminkanyari imburagihe. Bikunze kugaragara aho usanga umuntu ukiri muto afite iminkanyari mu maso ku gahanga harajeho imirongo ari yo yitwa iminkanyari.
Perezida w’Umuryango SOS ku rwego rw’isi, Siddhartha Kaul, asanga imbere hazaza hasaba Leta gufatanya n’abaturage guha umwihariko uburere bw’abana.
Nyuma y’uko ubushakashatsi buheruka bwagaragazaga ko akarere ka Nyabihu ari ko kari ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bagaragayeho ikibazo cyo kugwingira, abaturage bahagurukiye icyo kibazo biyemeza kukirwanya bitabira amasomo mbonezamirire.
Abaturage barenga 1000 batuye mu midugudu ya Kangondo na Kibiraro muri Nyarutarama mu murenge wa Remera ahazwi nka ‘Bannyahe’ basabwa kwimurirwa mu nzu bubakiwe mu karere ka Kicukiro, bagejeje ugutakamba kwabo muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), basaba uburenganzira ku mitungo yabo.
Madame Jeannette Kagame yasabye Afurika n’Isi muri rusange guteza imbere abagore n’abakobwa mu buyobozi no mu nzego zifata ibyemezo.
Abayobozi mu Kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB baratangaza ko batunguwe n’ubumenyi buke n’imyigishirize iri hasi bihabwa abanyeshuri mu mashuri menshi yo mu karere ka Gicumbi.
Ku ishuri rya Kabusanza (GS Kabusanza), riherereye mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye, abana 170 biga mu mwaka wa kane A na B bigira mu mashuri y’ibirangarizwa atagira inzugi n’amadirishya.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) itaha izabera mu Rwanda ku itariki ya 22 Kamena 2020.
Mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ibarirwa muri 200.
Mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, ku wa mbere tariki 23 Nzeri 2019, hatangijwe amahugurwa y’ibyumweru bibiri, arebana n’ubumenyi ku micungire y’ubutaka, yitabirwa na Kaminuza zinyuranye muri Afurika zigisha ibijyanye n’ubutaka.
Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente avuga ko guhinga neza ukeza ntugaburire umuryango uko bikwiye ntacyo byaba bimaze kuko abana batakura neza ahubwo bakarwara indwara zijyanye n’imirire mibi zirimo no kugwingira.
Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Nyuma y’uko ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB), byatanze amatangazo ahamagarira abantu kwikingiza ku buntu indwara ya Hépatite B, abivuriza kuri RAMA ntibahawe servise bari bijejwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) kuri uyu wa kabiri tariki 24 Nzeri 2019 yakoze umwitozo wo kwirinda no kurwanya Ebola.
Mu muco Nyarwanda, Abanyarwanda bitaga umwana izina nyuma y’iminsi umunani avutse, bakamwita izina bitewe n’icyo bamwifuriza ko azaba.
Minisiteri y’Uburezi irateganya kuzenguruka mu mashuri 900 mu minsi 10 itanga inama ku bibazo bibangamiye ireme ry’uburezi.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) ruri kuganira n’abaturage ku buryo bashobora guturana n’inyamaswa ubusanzwe zitabana n’abantu, kandi bakabana mu mahoro.