Polisi y’igihugu irakangurira abantu bose bifuza kwiyandikisha gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga ko guhera tariki ya 13 Nzeri mu masaha ya saa cyenda (15h00) hafunguwe imirongo yo kwiyandikisha, ikaba isaba buri wese ubyifuza kudacikwa n’aya mahirwe.
Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro, iributsa abaturage ko igihe bamaze gukoresha ibikoresho bikoresha amashanyarazi bakwiye kwibuka kubicomokora no kubizimya mbere yo kuva aho bari bari.
Kuwa gatandatu tariki ya 14 Nzeri 2019, inama ya biro politiki y’Umuryango FPR Inkotanyi yabereye i Rusororo ku cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi.
Korari ‘Abarinzi’ ya ADEPR yavaga mu mujyi wa Kigali yerekeza ku Buhanda mu Karere ka Ruhango kubwiriza ubutumwa yakoze impanuka igeze mu murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango perezida wayo n’undi muririmbyi umwe bahita bitaba Imana.
Mu mukino ubanza wa CAF Confederation Cup, AS Kigali inganyije na Proline igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mukagasana Violet, umubyeyi wa Niyomugabo Alphonse warumwe n’igitera arasaba Leta ubushobozi bwo kuvuza umwana we kuko atishoboye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko mu mbogamizi zabuza ubukungu bw’igihugu gukomeza kuzamuka harimo ihohoterwa n’impanuka.
Ubuyobozi bwa Gahunda y’Igihugu igamije kwihutisha ihangwa ry’imirimo idashingiye ku buhinzi NEP, butangaza ko mu myaka itanu bumaze guha ubumenyi mu byiciro bitandukanye urubyiruko rubarirwa mu 45,000.
Komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko (PAC) yatunguwe no kumva urwego rwakabaye ruteza imbere uburezi, rugaragara mu makosa y’imitangire y’amasoko bikagira ingaruka ku myubakire y’amashuri.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahanga mu by’imiti mu Rwanda, buratangaza ko abakora serivisi za farumasi cyangwa se abatanga imiti badafite abahanga mu by’imiti baba batanga uburozi aho gutanga imiti.
Niringiyimana Emmanuel wo mu murenge wa Murambi mu karere ka Karongi, wamenyekanye cyane ubwo yakoraga umuhanda ureshya n’ibirometero birindwi wenyine, yatangaje ko agiye guhunga agace atuyemo akigira kuba muri Kigali, kubera umutekano mucye.
Mu mvura yaguye ku gicamunsi cyo kuwa gatanu 13 Nzeri 2019, inkuba yakubise Jonathan Mpumuje wari ucumbitse mu mu mudugudu w’Agasharu, Akagali ka Rukira, Umurenge wa Huye arapfa.
Ikipe ya Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’Agaciro itsinze Police Fc kuri Penaliti
Abacuruzi bakorera mu nyubako ya Champion Investment Corporation (CHIC), mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubuyobozi bw’iyi nyubako bwababereye nk’umubyeyi, kuko ubu bakora ubucuruzi bwabo mu mutekano kandi batangiye kubona abakiriya.
Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) itangaza ko mu gihugu cya Tanzania, kimwe mu bigize uwo muryango, hagaragaye indwara yo mu bwoko bw’ibicurane yitwa ‘Dengue Fever’, ngo ikaba na yo igomba kwitonderwa n’ubwo idafite ubukana nk’ubwa Ebola.
Umuyobozi wa IPRC Karongi Ing. Paul Umukunzi yatangaje ko umunyeshuri witwa Mugiraneza Jean Bosco yamaze kwemererwa kwiga muri kaminuza ashaka ku isi igihe azaba yarangije amashuri yisumbuye kubera porogaramu yakoze.
Nyuma y’inkubiri yo kwegura kw’abayobozi b’uturere tumwe na tumwe mu minsi ishize, mu karere ka Nyamagabe ho ntihasezeye abayobozi b’akarere, ahubwo abakozi 10 bo ku nzego zitandukanye nobo basezeye ku mirimo yabo.
Mu mukino wa mbere w’irushanwa ry’Agaciro, APR itsinzwe na Mukura kuri Penaliti nyuma yo kunganya 2-2.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC kiratangaza ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye kugira ku kuba urukingo rwa Ebola rwabonetse rutaremezwa ku rwego mpuzamahanga.
Mbere y’umukino wa Confederation Cup uzahuza AS Kigali na Proline ku munsi w’ejo kuwa gatandatu 14 Nzeri 2019, Nlog Makoun Umunyakameroni ukinira AS Kigali nyuma yo kubona ibyangombwa, yahigiye guca umuhigo wa Rayon Sports ageza kure iyi kipe mu mikino nyafurika.
Ishuri rya IPRC-Musanze riherereye mu Karere ka Musanze rikomeje imishyikirano n’igihugu cy’u Bushinwa, imishyikirano iganisha ku guhabwa inkunga muri gahunda yiswe ‘Luban Workshop’ igenewe guteza imbere amasomo y’ubumenyingiro.
Harerimana Jean Paul w’imyaka 31 avuga ko ari muri Uganda yijejwe guhabwa akazi keza ariko yisanga muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu myitozo y’igisirikare kigamije kurwanya u Rwanda.
Urubanza umukobwa witwa Kamali Diane aregamo Umuyobozi wa televiziyo Goodrich, Dr Habumugisha Francis, rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa gatanu tariki 13 Nzeri 2019.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe babiri bakekwaho gucura umugambi no kwica Imanishimwe Sandrine, barimo uwahoze ari umukunzi we.
Abatuye mu Kagari ka Rango A mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bibaza niba hari igihe bazizera ko bashobora kubona ibyangombwa byo kubaka nta nkomyi.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) kuri uyu wa kane tariki 12 Nzeri 2019 yakiriye Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kugira ngo cyisobanure ku bikubiye muri raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta.
Abasore n’inkumi bize imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Gisagara (Yego center) bavuga ko bafite intego yo kwigira, ariko ko kubona igishoro gikenewe bitaboroheye.
Mu gihe isi igihanganye n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryo muri 2008, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko uburyo bwonyine bwo kurandura iki kibazo ari agushishikariza abantu bose gukorana n’ama banki.
Buri mwaka nyuma y’uko abanyeshuri basoza icyiciro cy’amashuri abanza, abasoza icyiciro rusange n’abasoza icyiciro cya kabiri cy’ayisumbuye bakora ibizamini bya Leta, hakurikiraho kubikosora.
Urugaga rw’imiryango irwanya indwara zitandura mu Rwanda ruratangaza ko ibitera indwara zitandura bicuruzwa amafaranga menshi ku isi bikanatanga imisoro n’amahoro menshi kuri za Leta, ku buryo bitacika.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Mashami Vincent, yahamagaye abandi bakinnyi 11 bagomba gutegura umukino wa Ethiopira wo gushaka itike ya CHAN
Imibyinire ya Ne-Yo iri ku rwego rwo hejuru kuko ni ibintu amaze igihe kirekire akora kandi abizi neza. Mbere y’uko ajya ku rubyiniro afite itsunda ry’abantu babanza kureba niba buri kintu kiri uko kigomba kuba kimeze mu mwanya wacyo.
Pasiteri Emmanuel Mutangana uyobora itorero ‘River City Church’ rikorera i Washington DC muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu kwezi kwa Nyakanga umwaka utaha wa 2020, azagaruka mu Rwanda azanye n’Abanyamerika basengana bakunze u Rwanda batararukandagiramo.
Ihuriro ry’abaganga bavura abagore (RSOG) ryemeza ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’ubuke bw’abaganga bavura abagore, gusa ngo umubare wabo uragenda uzamuka buhoro buhoro.
Ku wa kabiri tariki ya 10 Nzeri 2019, abapolisi 20 b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani(Darfur) bambitswe imidari y’ishimwe kubera imyitwarire n’ubunyangamugayo bagaragaza ndetse no gukora akazi kabo bashinzwe kinyamwuga.
Ibiyobyabwenge ni bimwe mu biza ku isonga mu guhungabanya umutekano w’abaturage ndetse bikagira n’ingaruka mbi ku buzima bw’ababikoresha no kudindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu muri rusange.
Urukiko rw’ibanze rwa Muhoza mu karere ka Musanze rumaze gutegeka ko Ndabereye Augustin wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu afungwa by’agateganyo iminsi 30, mu rwego rwo gukomeza gucukumbura ibimenyetso ku byaha ashinjwa.
Ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ry’imyuga n’Ubumenyi ngiro IPRC Musanze n’Ishuri rikuru ry’imyuga rya Jinhua Polytechnic ryo mu Ntara ya Zhejiang mu gihugu cy’u Bushinwa buratangaza ko bwatangiye ubufatanye buzafasha kuzamura ireme ry’amasomo y’imyuga atangirwa muri aya mashuri.
Bamwe muba byamamare (Stars) bakomeye ku isi, usanga barahisemo kutabyara, kuko baba bumva igihe kitaragera, cyangwa bizatuma umwuga wabo wakwangirika, mu gihe umwanya wabo w’akazi bagiye kuwusaranganya no kwita ku rubyaro.
Intumwa z’u Rwanda na Uganda zirateganya guhurira i Kigali mu cyumweru gitaha kugira ngo ziganire ku masezerano agamije kunoza umubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko koroshya ingendo zambukiranya imipaka ihuza ibyo bihugu.
Mu ijoro rya tariki ya 9 Nzeri 2019, Uwineza Christine utuye mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Buhaza mu murenge wa Rubavu, akarere ka Rubavu yatawe muri yombi, yinjiza mu Rwanda udupfunyika ibihumbi 24 tw’urumogi, tungana n’ibiro 30.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burasaba aborozi baturiye ikigo cya gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, gucika ku kuragiramo inka zabo birinda igihombo kuko izifatiwemo zitezwa cyamunara.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanditse kuri Twitter ko agiye gukurikirana ikibazo cy’umukobwa witwa Diane Kamali wanditse kuri Twitter avuga ko yahohotewe ntahabwe ubutabera bukwiye.
Abasirikari 34 bo mu rwego rw’aba Ofisiye baturutse mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika bari guhabwa amahugurwa abafasha gukarishya ubumenyi ku buryo bwo kunoza akazi igihe bazaba bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ikoreye amateka kuri Seychelles iyitsinda 7-0 mu mukino wo kwishyura w’amajonjora y’igikombe cy’isi, aho Amavubi ahigitse iyi kipe ayitsinze ibitego 10-0 mu mikino yombi.