Rutahizamu wa Saint-Etienne Kevin Monnet-Paquet ufite inkomoko mu Rwanda, agiye kumara umwaka w’imikino
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko Muhizi Kageruka Benjamin yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Inama y’Igihugu y’Amashuri Makuru (HEC) guhera kuri uyu wa mbere tariki 14 Ukwakira 2019.
Mu karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana haravugwa inkuru y’Umukobwa Mukangamije w’imyaka 45 warongowe n’umusore arusha imyaka 22.
Mu mukino wa gicuti wahuje ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’iya Tanzania, warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa
Nzisabira Massu w’imyaka 40, avuga ko ubwo yari akiri i Burundi mu mwaka wa 2008 ngo yagiye mu kazi, umugore na we ajya guhaha ku isoko hafi aho, bagarutse basanga umukobwa wabo w’imfura witwaga Nzisabira Aline atari mu rugo.
Nyuma yo kuva mu irushanwa rya East Africa’s Got Talent, abana bo mu itorero Intayoberana basusurukije abitabiriye ibirori byo gutaha ibibuga bya Basketball byatanzwe na NBA Africa.
Mu mukino w’umupira w’amaguru wabaye ku cyumweru tariki 13 Ukwakira 2019 ugahuza Kiyovu sports na Sunrise habayemo agashya kuko umupira barimo bakina waturitse urameneka.
Irushanwa Umurage Handball Trophy ryakinwaga ku nshuro ya gatatu ryegukanwe na GS Mwendo mu bahungu n’abakobwa
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Côte d’Ivoire aho yitabiriye inama ihuza abikorera bo muri icyo gihugu ndetse n’abo mu bihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba, ikaba ari inama ibaye ku nshuro ya munani.
Kuri uyu wa 14 Ukwakira 2019, urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rwasubukuye urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa RNC, aho haburanwa ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ubushize rukaba rwari rwasubitswe kubera ko abaregwa batari bafite abunganizi.
Ubuyobozi bwa Croix-Rouge y’u Rwanda bwatangije uburyo bushya bwo gutabara abahuye n’ibiza. Ni uburyo bwo gutanga amafaranga ku bahuye n’ibiza aho kubaha ibikoresho nk’uko byari bisanzwe, binyuze mu mushinga uzakoresha miliyari 1 na miliyoni 200 mu mezi 24.
Umuhanzi nyarwanda Igor Mabano akoze impanuka, ubwo imodoka yari atwaye yakatiraga iyari imusatiriye, agonga ikamyo arenga umuhanda ariko yaba we n’abo yari atwaye ntawuhasize ubuzima, gusa barakomeretse.
Mu karere ka Rubavu abana bavutse batazi ababyeyi bavuga ko babangamiwe no kutoroherezwa kubona ibyangombwa bituma baba abenegihugu.
I Kigali habereye igitaramo cyiswe “Bigomba guhinduka II” kikaba ari igitaramo kibaye ku nshuro yacyo ya kabiri.
Umukinnyi David Luiz wa Arsenal yo mu Bwongereza amaze iminsi ari mu Rwanda ku bw’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Arsenal muri gahunda ya Visit Rwanda igamije guteza imbere ubukerarugendo.
I Nzega mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturiye umuhanda wa kaburimbo binubira ko bawusatirijwe mu gihe cyo kuwusubiramo, none bakaba nta bwinyagamburiro bafite.
Kuri uyu wa Gatandatu muri IPRC Kigali hatashywe Ku mugaragaro ikibuga cya Basketball cy’abato, ikibuga cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Junior na OCP, umushinga wo muri Maroc wita ku buhinzi n’ubworozi.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame asanga Abanyafurika ari bo bakwiye gufata iya mbere mu guharanira iterambere rya Afurika kuruta gutegereza ko bizakorwa n’abandi.
Banki ya Kigali(BK) yateguye uburyo bwo gushimisha abana igamije guha ubutumwa abayeyi, ko bakwiriye gutangira kuzigamira abana hakiri kare.
Itsinda ry’abagore baturutse mu turere dutanu two mu ntara y’Amajyepfo n’Uburengerazuba riravuga ko amapfa mu murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera akwiye kubigisha kumenya kubaho neza mu bihe bigoye.
Abamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda batangije ihuriro bise RECOPDO (Rwanda Ex-Combatants and Other People with Disabilities Organization), uyu ukaba ari Umuryango w’abamugariye ku rugamba n’abandi bafite ubumuga, uzabafasha kwiga imyuga inyuranye kugira ngo babashe kwiteza imbere.
Umutwe wa FDLR umaze imyaka 19 mu mashyamba ya Congo uharanira kurwanya Leta y’u Rwanda. Uko iminsi igenda ni ko ugenda ucika intege nubwo bamwe mu bawurimo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bakomeza kwinangira gutaha ahubwo bakagira ingwate impunzi bakomeza gukora ibyaha bihungabanya umutekano.
Mu mukino w’umunsi wa gatatu wabereye kuri Stade Huye, Rayon Sports itsinze Espoir Fc ibitego 2-1, naho APR inyagira Etincelles i Nyamirambo
Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2019, mu Karere ka Rusizi hatashywe ku mugaragaro urugo rw’Impinganzima rwatujwemo Intwaza 40, zikaba zishimira Leta y’u Rwanda kubera ko ihora izitaho.
StarTimes ishingiye kuri iki cyumweru cyahariwe kwita ku bakiriya (Customer Service Week 2019), no mu rwego rwo gushimira abakiriya bayo, StarTimes yabazaniye poromosiyo ikubita ibiciro hasi kandi mwese murisanga.
Umwe mu bakinnyi ba Rayon sports bakina hagati ndetse akaba umwe mu bakinnyi babaye ab’ingenzi mu gutsinda AS Kigali mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’igihugu, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kureka umupira w’amaguru, akaza guhumurizwa n’abavandimwe yisubiraho agaruka mu mupira w’amaguru.
Aba Ofisiye 38 bo ku rwego rwa Kapiteni na Majoro, ku wa gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2019 basoje amasomo y’icyiciro cya 13 bari bamazemo amezi ane mu Ishuri rikuru ry’igisirikari cy’u Rwanda riri i Nyakinama mu karere ka Musanze (Rwanda Defence Force Command and staff College).
Akoresheje isaha 1 iminota 59 n’amasegonda 40, Eliud Kipchoge abaye umuntu wa mbere ku isi ukoresheje amasaha ari munsi y’abiri.
Umuhanzikazi Clarisse Karasira wari umaze umwaka umwe afashwa na Alain Muku yahisemo kumusezera abinyujije mu nyandiko, bifashishije itangazo bemeranyijweho bavuga ko ubu Karasira atakibarizwa mu bakorera umuziki mu nzu yitwa Boss Papa ya Alain Muku.
Ibi umukuru w’igihugu cya Namibia Dr Hage G. Geingob yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 11 Ukwakira ubwo hatahwaga ku mugaragaro inyubako nshya y’ikicaro gikuru cya Polisi y’igihugu cya Namibia, inyubako iri mu murwa mukuru w’igihugu, Windhoek.
Didier Drogba watanze ikiganiro cya kabiri ku munsi wa gatatu wa Youth Connekt, yaje kwakirwa na Perezida Paul Kagame bagirana ibiganiro.
Ku wa gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2019, mu ishuri rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari) hasojwe amahugurwa yateguwe n’ishami rya polisi (Police Component) ryo mu mutwe w’ingabo zo mu karere k’Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye, umutwe uzwi ku izina rya Eastern Africa (…)
Abanyafurika bashinze imiryango ifasha abakene n’imbabare, barimo Madame Jeannette Kagame, batumye urubyiruko rwitabiriye Inama nyafurika yiswe ’Youth Connekt Africa’ kujya gukora nk’abo mu bihugu rukomokamo.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Minisitiri w’Intebe rivana ubutaka buherereye mu Karere ka Rubavu buri mu kibanza gifite UPI: 3/03/04/05/1069, mu mutungo rusange wa Leta, rikabushyira mu mutungo bwite wa Leta.
– Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 11/10/2019, hari igitaramo cyo gusoza Youth Connekt 2019, kibera muri Car Free zone guhera 18h00-22h00. Abaza kucyitabira barasusurutswa na Symphony Band.
Umunyamategeko Eduard Murangwa yasabye Urukiko rw’Ikirenga gusuzuma itegeko rishya ry’umusoro ku mutungo utimukanwa kuko ngo rihabanye n’icyo itegeko nshinga riteganya.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 11 Ukwakira 2019, i Kigali habaye gahunda ya siporo rusange yo kugenda n’amaguru.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mu biro bye David Luiz ukinira ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza.
Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel cy’uyu mwaka wa 2019 cyahawe Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed.
Brillant Rugwiro Musoni wiga kuri New Vision Primary School i Huye ni we watsinze amarushanwa y’icyongereza yabereye i Dubai mu Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi 27 bagomba kwitegura imikino ibiri ya Tanzania ndetse na Ethiopia, bakazatangira umwiherero kuri uyu wa Gatandatu.
U Rwanda rwakiriye impunzi 123 z’Abanyafurika bari babayeho nabi mu gihugu cya Libya.
Uyu ni umwe mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki ya 10 Ukwakira 2019. Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.
Imwe mu miryango itegamiye kuri Leta iravugwaho guhangana n’inzego z’ubuyobozi mu gihe ikora ubuvugizi ku bibazo by’abaturage, bigatuma n’ibibazo byakorewe ubuvugizi bidakemuka vuba kubera iryo hangana.
David Luiz ukinira ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza asesekaye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege i Kanombe mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 10 Ukwakira 2019 aho aje mu bikorwa by’ubukerarugendo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) cyatangaje ko kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 13 Ukwakira 2019, hateganyijwe ko imvura iziyongera mu gihugu; aho ku mugoroba wo ku itariki ya 10/10/2019 iba iringaniye ariko mu minsi ikurikiyeho ibe nyinshi (ni ukuvuga kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 13 Ukwakira 2019).
Didier Drogba wahoze ari rutahizamu wa Chelsea ubu akaba ari mu Rwanda ku butumire bw’abateguye Youth Connekt Africa 2019, kimwe n’umuhanzi Patoranking, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, basobanurirwa amateka akarishye yaranze u Rwanda yatumye haba Jenoside yakorewe Abatutsi, banaboneraho gusiga ubutumwa (…)