Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse hamwe n’abakuriye inzego z’umutekano mu Ntara y’Uburengerazuba bongeye kwibutsa abaturiye umupaka mu Karere ka Rubavu kuba ijisho ry’umutekano w’igihugu bakumira abashaka kuwuhungabanya.
Mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba, ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wagenewe abageze mu zabukuru ku rwego rw’igihugu, abasaza n’abakecuru bavuga imyato Perezida wa Repubulika wabashyiriyeho gahunda zigamije kubaherekeza neza mu zabukuru.
Abantu batanu bafashwe mpiri ubwo bari bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru baganiriye n’itangazamakuru ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 bavuga ko bateye mu Rwanda bizeye gufata igihugu.
Tariki ya 30 Nzeri 2019 nibwo mu ishuri rya Polisi rya Gishari (PTS-Gishari) riherereye mu Karere ka Rwamagana hatangijwe amahugurwa y’abapolisi bo mu muryango w’abibumbye. Ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019 bakoze urugendo shuri, basura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ruherereye i Kigali mu Murenge (…)
Irushanwa ryari rimaze igihe rikurikirwa na benshi muri Afurika y’Iburasirazuba risojwe kuri iki cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019.
Abasirikari n’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) n’abandi Banyarwanda baba muri icyo gihugu (Diaspora) ku wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019 bahuriye hamwe n’abaturage bo mu murwa mukuru Bangui mu gikorwa cy’umuganda cyibanze ku (…)
Abantu 14 ni bo biciwe mu gitero cyagabwe n’abagizi ba nabi cyabereye mu tugari twa Kaguhu mu Murenge wa Kinigi no mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2019.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye Dr. Isaac Munyakazi yijeje gukemura ibibazo cyo gutinda kubona abasimbura abarimu bagiye mu kiruhuko cy’ababyeyi.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko abantu 19 mu bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu ijoro ryo ku itariki 04 rishyira tariki 05 Ukwakira 2019 bishwe abandi batanu bafatwa mpiri. Ibikorwa byo gushakisha uwo ari we wese wagize uruhare muri iki gitero birakomeje.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ry’imodoka ryiswe Rwanda Montain Gorilla Rally, Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude bakuye ku mwanya wa mbere Umurundi Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bari babarushije amasegonda abiri ku munsi wa mbere.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruratangaza ko ibikorwa by’ubukerarugendo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga bikomeje.
Ku mukino wa mbere wa Shampiyona wakinirwaga kuri Stade nshya ya Bugesera Heroes yahatsindiwe ibitego bibiri ku busa ku mukino wayo wa mbere mu cyiciro cya mbere
Mu kiganiro cyatanzwe na Louise Mushikiwabo wishimiwe n’abantu benshi bitabiriye Rwanda Day i Bonn mu Budage, yanenze imvugo zisubiza inyuma ubumwe bw’Abanyarwanda, avuga ko nyuma ya Rwanda Day Abanyarwanda batuye mu mahanga bashyiraho ikiganiro kibafasha gukomeza kunga ubumwe.
Perezida Paul Kagame yemereye itike yo kuza mu Rwanda umukobwa witwa Rachel urangije kwiga Ubuganga (Medecine) mu Bufaransa.
Ku ikubitiro ubu bukangurambaga bwatangirijwe ku mukino wari wahuje Rayon Sports na Gasogi United ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019.
Umuhanzi Alain Muku ni umwe mu batanze ikiganiro muri Rwanda Day yaberaga i Bonn mu Budage. Yifashishije ingero z’abahanzi afasha mu muziki yerekana ko gutera imbere ukorera mu Rwanda bishoboka. Muri iki kiganiro, yavuze ubuhamya buto bw’ukuntu yasangiye irindazi na Igisupusupu avuga uko uyu muhanzi yari ashaririwe n’ubuzima.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, yabwiye Abanyarwanda n’abandi bitabiriye ‘Rwanda Day’ irimo kubera mu Budage, ko ahari Umunyarwanda hose haba habaye u Rwanda.
Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Eduard, yasabye Abanyarwanda baba mu mahanga, by’umwihariko ababa mu gihugu cy’u Budage gutoza abana babo umuco w’ubutwari bwaranze abakurambere bageza ubwo bizirika umukanda ubu igihugu cy’u Rwanda kikaba kimeze neza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019, yitabiriye igikorwa gihuza Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kizwi ku izina rya Rwanda Day cyabereye i Bonn mu Budage.
Ikipe ya Gasogi United yihagazeho inganya na Rayon Sports 0-0, mu mukino w’umunsi wa mbere wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro.
Umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Mountain Gorilla Rally wabereye kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019, wegukanywe, na Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bakomoka mu gihugu cy’u Burundi.
Abanyarwanda baba mu Rwanda, ababa mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda bose hamwe barenga ibihumbi bitanu, kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Ukwakira 2019 bateraniye i Bonn mu Budage.
Abagabo babiri b’i Nzega mu Karere ka Nyamagabe, umwe yiyise Rusakara undi Ben Nganji, kubera ko ngo batajya bakura urushinge kuri KT Radio.
Mu ijoro ryo ku itariki 04 rishyira tariki 05 Ukwakira 2019, abagizi ba nabi biganjemo abitwaje intwaro gakondo bateye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze bica abaturage, abandi barabakomeretsa.
Abatangizi muri IPRC-Huye barasabwa guhanga udushya bacyiga Abanyeshuri b’ababatangizi mu wa mbere muri IPRC-Huye barasabwa gutangira amasomo banibaza ku byo bazahanga byazabateza imbere bikanagirira u Rwanda akamaro.
Ingabire Magaly wongeye Pearl ku izina rye ry’ubuhanzi, ni umunyarwanda ukorera umuziki muri Amerika kuva mu myaka ibiri ishize. Yavuzweho gukundana n’umunya-Nigeria Ice Prince, nyamara ngo byari ubucuti busanzwe bushingiye ku kazi.
Mu mukino wafunguraga Shampiyona y’u Rwanda 2019, AS Kigali inganyije na APR FC igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko hari itsinda ririmo gukora inyigo mu duce twose tugize uwo mujyi hagamijwe kumenya ahemerewe kubakisha amatafari ya rukarakara, bikazatangarizwa Abanyarwanda bitarenze Ukwakira uyu mwaka.
Ubushize twabagejejeho kode z’ibihugu biherereye kuva muri zone ya mbere kugeza kuri zone ya kane, aho ibihugu byo muri zone ya mbere biba bifite kode itangirwa n’akamenyetso ko guteranya (+) hagakurikiraho umubare 1, nyuma hagakurikraho nimero zikoreshwa muri icyo gihugu kugeza kuri kode ya 4.
Mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019 hasojwe amahugurwa yahabwaga abaganga mu birebana no kuvura kanseri, indwara zo mu mutwe, ubwonko n’imitsi.
Si ibintu bimenyerewe ko mu isi y’iterambere, abana bato bahitamo gukoresha ibicurangisho gakondo baririmba, nyamara abanyeshuri babiri bo ku ishuri rya GS Saint Luc Mata mu karere ka Nyaruguru, bamaze kwigarurira imitima ya benshi mu bo bigana kubera ubufatanye bwabo mu ndirimbo gakondo zicurangishijwe umuduri, ndetse ngo (…)
Nyuma y’amezi ane Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona iheruka irusha mukeba APR amanota arindwi, shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka wa 2019/2020 uratangira kuri uyu wa gatanu.
Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge itangaza ko abafitanye ibibazo bakwiye kubikemura ku gihe, kugira ngo babone umwanya wo kongera kwiyubaka batarangiza byinshi.
Abaturage batuye mu kagari ka Cyabayaga babariwe imitungo yabo bagomba kwimuka bavuga ko bimwe ingurane ahubwo ibikorwa by’umuhanda birakomeza bibateza umwuzure.
Minisitiri w’Uburezi Dr Mutimura Eugene hamwe na Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda Peter Vrooman batangije gahunda y’igitabo ku munyeshuri, aho igiye gufasha abanyeshuri biga mu mashuri abanza kuva mu mwaka wa mbere kugera mu mwaka wa gatatu.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko umuntu 1/1000 atabona naho 1% akaba abona nabi. Ubumuga bwo kutabona burimo ibyiciro bitewe n’urwego bugezeho. Hari abatabona burundu, ababona gahoro, ababona kure ntibabone hafi n’ababona hafi ntibabone ibiri kure.
Abanyeshuri babiri biga ku ishuri ryisumbuye rya TVET Cyondo mu Murenge wa Kiyombe bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Karama mu Karere ka Nyagatare bashinjwa gukubita ubatekera.
Imvura yari ivanze n’umuyaga yaguye ahagana saa saba z’amanywa kuri uyu wa kane tariki 3 Ukwakira 2019 yasambuye ibyumba abahungu biga ku ishuri ryisumbuye rya Gikonko mu Karere ka Gisagara, batandatu barakomereka.
Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye woherejwe guhagararira u Rwanda muri Singapore, yashyizwe ku rutonde rw’urubyiruko 100 ruvuga rikumvikana muri Afurika ndetse ashyirwa ku rutonde rw’abashobora kuzahabwa igihembo cyiswe Africa Youth Awards, gitangwa buri mwaka.
Akimanimpaye Judith wo mu Murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu, avuga ko yabagaho agira umwanda ukabije, awukira nyuma yo guhabwa inyigisho n’umushinga ‘Gikuriro’, none ubu akaba ari we ntangarugero mu isuku.
Nyiransabimana Beatrice wamamaye kubera imbuga nkoranyambaga bakaza no kumwita akazina ka ‘Mama Mbaya’ ni we wavuze interuro ivuga iti “Aha mbana n’ibiraya…. Indaya mbaya…” isura ye yamenywe na benshi bituma hari abashaka kumenya imibereho y’uyu mubyeyi, bamwe bamuteranyiriza amafaranga.
Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe gukorera mu Rwanda, rimaze gutorera Madamu Murangwa Ndangiza Hadidja gusimbura Uwamurera Salama muri Sena.
Urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa RNC rwari rwakomeje mu rukiko rwa Gisirikare i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, urukiko rutangira rubabaza niba biteguye kwiburanira.
Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, Mukabarisa Donatille avuga ko itegeko ngenga rigena uburyo inteko ishinga amategeko imenya kandi ikagenzura ibikorwa bya guverinoma rishobora kuvugururwa kuko ririmo ibyuho byinshi.
Inzobere mu kuvura abana, Prof. Joseph Mucumbitsi, avuga ko umwana na we arwara kanseri zitandukanye kandi ko nta buryo buhari bwo kuzimurinda, gusa ngo kumusuzumisha ni ingenzi kuko iyo ndwara iyo imenyekanye hakiri kare ivurwa igakira.
Abategura igitaramo cya Rwanda Day kizabera mu Budage kuri uyu wa 5 Ukwakira 2019, bahisemo kuzana amasura mashya azaba ari imbere y’abiteguye gucinya akadiho muri uyu munsi uba rimwe mu mwaka. Kuri iyi nshuro, Bruce Melodie, Igor Mabano n’itsinda rya Charly&Nina ni amasura mashya y’abahanzi bazataramira i Bonn mu Budage (…)
Stade ubworoherane yamaze kwemererwa kuzakira imikino ya shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2019/2020 n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abaturage b’akarere ka Musanze guca ukubiri n’amacakubiri no kwirinda ibishobora guhungabanya ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda; kuko ari wo musingi amahoro, iterambere n’imibereho byubakiyeho.
Lambert Mugwaneza, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Social Mula, aritegura gushyira hanze Album y’indirimbo yise « Ma Vie ».