Perezida Kagame avuga ko urwango rugirirwa abanyamahanga (Xenophobia) nta mwanya rufite ku mugabane wa Afurika, kandi ko ari inshingano za buri wese kubirwanya.
Umusore w’imyaka 23 arasaba abagiraneza kumufasha kwishyura servisi yo kuyungurura impyiko, kuko uwamufashaga kwivuza avuga ko ubushobozi bwamushiranye.
Miss Rwanda 2017 Iradukunda Elsa, Miss Rwanda 2018 Iradukunda Liliane na Miss Rwanda 2019 Nimwiza Meghan bari mu rugendo rwo kuzenguruka i Burayi bashaka abafatanyabikorwa b’imishinga yabo n’abafatanyabikorwa b’igikorwa cya Miss Rwanda 2020.
I Kigali ku wa 09 Ukwakira 2019 hatangiye ihuriro ry’urubyiruko rizwi nka Youth Connekt Africa 2019. Ni ihuriro ryitabiriwe n’ababarirwa mu bihumbi icumi biganjemo abo hirya no hino ku mugabane wa Afurika.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abana bazakora ibizamini bya Leta mu byiciro byose biyongereye, nk’abo mu mashuri abanza bakaba bariyongereyeho 12% ugereranyije n’abakoze umwaka ushize.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye ihuriro ry’urubyiruko rizwi nka Youth Connekt Africa 2019 ryatangijwe mu Rwanda ku wa 09 Ukwakira 2019.
Umunyarwanda Kenneth Gasana yitabajwe na Patriots BBC mu mikino y’amajonjora ya Basketball African League azabera muri Tanzania kuva tariki ya 15-20 Ukwakira 2019.
Mu mwaka ushize mu biganiro bitegura amakuru muri Kigali Today hari umunyamakuru wagaragaje ko hari ikibazo cy’ubujura bukomeye kandi bukorwa mu ibanga mu kwiba abaguzi bahaha isukari, umunyu n’umuceri.
David Luiz ukinira ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa kane aho aje mu bikorwa by’ubukerarugendo
Abanyeshuri biga muri Wisdom School mu karere ka Musanze, basobanuriwe imikorere y’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena n’umutwe w’Abadepite bituma barushaho kumenya amahame yayo n’inshingano zayo.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ivuga ko kuva muri Mutarama kugera muri Nzeri 2019, yatanze miliyoni 750 z’amafaranga y’u Rwanda yo kugurira amabati abahuye n’ibiza.
Abakunzi b’ikipe ya Sunrise yo mu karere ka Nyagatare baraburira Mukura Victory Sport ko iza guhabwa isomo ishyira andi makipe azaza kuri stade nshya y’iyi kipe, abafana bahaye izina rya ‘Gorigota’.
Umunya-Senegal Sadio Mane, mu bimuruhura igihe atari mu kibuga harimo no kumva imiziki itandukanye. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yagaragaje ko ari umukunzi ukomeye w’indirimbo za Meddy, umuhanzi w’umunyarwanda uba muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Abanyarwanda bahuriye ku gufana ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza (Chelsea FC Kigali Official Supporters), kuri uyu wa kane bateguye igikorwa cyo kwakira ku kibuga cy’indege Didier Drogba wahoze ari umukinnyi w’iyi kipe. Aba bafana bazanakorana urugendo ruzatangirira ahitwa kwa Freddy rusorezwe kuri Kigali Convention Center (…)
Umuhanzi wo muri Nigeria Patoraking yageze mu Rwanda ku wa kabiri tariki 08 Ukwakira 2019 aho aje gutarama mu nama ihuza abiganjemo urubyiruko izwi nka ‘YouthConnekt’.
Umukino w’umunsi wa gatatu wa Shampiyona Espoir Fc igomba kwakiramo Rayon Sports, biravugwa ko ushobora kubera mu mujyi wa Kigali
Umujyi wa Kigali uratangaza ko ukiri gushakisha abashoramari bazatunganya icyahoze ari gereza nkuru ya Kigali izwi nka 1930, igahindurwamo inzu ndangamurage (Musee), kuko kugeza ubu bataraboneka.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) ruratangaza ko ubukerarugendo bukorerwa muri Pariki y’igihugu y’ibirunga butigeze buhungabanywa n’igitero giheruka kugabwa mu karere ka Musanze kigahitana abantu 14.
Urubuga ngishwanama rw’inararibonye z’u Rwanda (REAF), ni urwego rwashyizweho ku busabe bwa Perezida wa Repuburika, itegeko rirushyiraho rikaba ryaragiyeho muri 2013, naho abarugize bakaba baragiyeho muri Werurwe 2015. Itegeko nomero 39/2013 ryo ku wa 16 Kamena 2013 ni ryo ryashyizeho urwo rwego.
Igitego cya Manishimwe Djabel yatsinze Bugesera fc gifashije APR Fc kubona amanota 3 ya mbere Ku munsi wa 2 wa shampiona .
Mu mukino wari utegerejwe na benshi kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, urangiye Rayon Sports itsinze AS Kigali ibitego 2-0
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko kwirukana Gregg Schoof ku butaka bw’u Rwanda byatinze kuko amaze igihe kirekire yarasuzuguye ibyemezo by’inkiko n’iby’izindi nzego zitandukanye zamufatiye.
Amakorali arindwi aturutse mu madini atandukanye, yateraniye mu iserukiramuco ryiswe ‘Choir Fest’ ryaberaga i Kigali ku nshuri yaryo ya mbere, rikaba ryari rigamije gufasha Leta kuzamura ubuhanzi no gutanga ubuhamya butandukanye.
Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwahamagaje Ingabire Umuhoza Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremererwa gukorera mu Rwanda, kugira ngo abazwe ku kuba hari aho yaba ahuriye n’igitero cyagabwe mu karere ka Musanze mu mpera z’icyumweru gishize, kigahitana abantu 14, abandi 18 bagakomereka.
Mu Rwanda hatangijwe ikindi kigo kigurisha moto zikoresha amashanyarazi cyitwa safi. Izo moto zikoresha amashanyarazi zizasimbura izari zisanzwe zikoresha lisansi. Ni moto zizajya zuzurira igihe kingana n’iminota 45 kugira ngo moto ibe yuzuye umuriro ugakoreshwa ku ntera y’ibirometero 90.
Abahanga mu mikurire y’abana bavuga ko gukina biri mu bya mbere bikangura ubwonko bw’umwana, ibitekerezo bye bigakura vuba, ari yo mpamvu bashishikariza ababyeyi kubyitaho baha abana ibikinisho n’umwanya wo gukina.
Kuva tariki ya 07 kugeza ku ya 11 Ukwakira 2019, mu Rwanda harabera inama ihuriza hamwe impuguke ziturutse hirya no hino ku isi, inzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa. Ni mu rwego rwo kuganira ku mabwiriza y’ubuziranenge arebana no kubungabunga ubuzima n’umutekano by’abakozi.
Ikipe ya UTB VC yamenyesheje amakipe arimo Gisagara yifuza Niyigena Jules wabakiniraga, ko agomba kubahiriza amasezerano uyu mukinnyi afitanye na UTB
Urwego rw’Abinjira n’abasohoka mu Rwanda rwasubije muri Amerika Gregg Schoof Brian nyuma y’uko yangiwe kuguma ku butaka bw’u Rwanda.
Rutahizamu ukomoka i Burundi Shabban Hussein Tchabalala, ymaze kubona ibyangombwa bimwemerera gukinira Bugesera Fc mu mwaka w’imikino 2019/2020
Ibyamamare byo mu Rwanda kimwe na benshi mu bahagurutse mu Rwanda bajya mu Budage muri Rwanda Day yabereye i Bonn, bagiye mu gitondo cyo ku wa 4 Ukwakira 2019 ni ukuvuga ko bwari bucye bajya mu gikorwa nyirizina cyabajyanye.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2019, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yakiriye mu biro bye ku Kacyiru, Randolf Stich, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutekano w’imbere mu Ntara ya Rhénanie Palatinat yo mu Budage.
Ku nshuro ya mbere, Abanyarwanda bakina mu ikipe ya Huye Motorsports yari ihagarariwe n’imodoka ya Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude, ni bo begukanye isiganwa rya Mountain Gorilla Rally.
Umunsi mpuzamahanga w’abasheshe akanguhe mu Karere ka Nyamagabe wijihirijwe mu Murenge wa Tare, aho abasheshe akanguhe babaye intangarugero baho babihembewe bahabwa matela.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatashye ku mugaragaro uruganda rwa ‘Mara Phone’ rukorera telefone zigezweho (Smart Phones) mu Rwanda, rukaba ari rwo rwa mbere mu Rwanda ruzanye iryo koranabuhanga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu bijyanye n’imitekerereze ya muntu bugaragaza ko abakora imibonano mpuzabitsina bakiri bato bibangiriza ubwonko.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB), kiratangaza ko mu myaka itanu iri imbere Abanyarwanda bazaba bakoresha amafumbire n’imbuto bikorerwa mu Rwanda.
Calvin Mbanda ni we wegukanye intsinzi mu marushanwa yo kuzamura impano yiswe “Spark your talent”, yateguwe ku bufatanye n’inzu ifasha abanyamuziki “The Mane” na sosiyete icuruza ibyuma bya electronic yitwa “Tecno”.
Kuva ku wa 05 kugeza ku wa 14 Ukwakira 2019, Intore zisaga 200 zo muri sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG), ziri mu kigo kigisha umuco w’ubutore i Nkumba mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kinoni mu Ntara y’Amajyarugu, aho ziri mu Itorero kugira ngo bigishwe indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.
Umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Cote d’Ivoire Didier Drogba ni umwe mu bazitabira inama ya YouthConnect Africa, bakazanatanga ikiganiro muri iyo nama iteganyijwe ku matariki ya 9 kugeza kuri 11 Ukwakira 2019.
Myugariro wa APR Fc Mutsinzi Ange uheruka kugongana na Sugira Ernest mu mukino bakinaga na AS Kigali, abaganga bamuhaye ikiruhuko cy’iminsi itatu
Mu mikino y’umunsi wa kabiri wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda itegerejwe kuri uyu wa kabiri, hategerejwe imikino ibiri izahuza amakipe ahabwa amahirwe y’igikombe
Ubundi umuhango wo guhambanwa ni umwe mu mihango y’umuco Nyarwanda yakorwaga mu gihe cyo gushyingura ariko ubu usa nk’aho utagikorwa.
Abarimu bo mu Karere ka Huye bifuza ko umwarimu ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2), akabasha gukorera iy’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) yajya aherwaho mu kuzamurwa mu ntera, mu kigo akoreramo.