Kakooza Nkuriza Charles uyobora Gasogi United yavuze ko yiteguye gufata ku gakanu Kiyovu bazakina kuri uyu wa Kane
Mu mpera z’icyumweru gishize, nyampinga w’u Rwanda muri 2016 Mutesi Jolly, yajyanye na babyara be gusura pariki y’Akagera iri mu burasirazuba bw’u Rwanda, ashimishwa cyane no kuzenguruka iki cyanya cy’inyamaswa, anashimishwa n’imyitwarire y’isatura na musumbashyamba (Giraffe) yajyaga abona kuri Televiziyo gusa.
Urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo gusuzuma ubwiregure bw’abaregwa, rutegetse ko bafungwa mu gihe cy’ukwezi, kubera ko rutinya ko batoroka ubutabera.
Ubwuzu, urugwiro n’urukumbuzi, ni bimwe mu biranga abahurira mu nama ya Unity Club, dore ko abenshi baba badaherukana kandi baragiranye ibihe byiza mu nzego za Leta bagiye bakoreramo.
Ubuyobozi bwa ICPAR, ikigo gishinzwe guteza imbere abakora umwuga w’ibaruramutungo, butangaza ko imwe mu mpamvu itera ibihombo mu bigo bya Leta ari umubare muto w’ ababaruramutungo w’umwuga babihuguriwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze kubaka ihame ry’ubufatanye n’abafatanyabikorwa, kugira ngo byongere imbaraga n’umusemburo byubaka igihugu.
Nyuma y’iminsi atagaragara mu kibuga, umukinnyi wo hagati Mugheni Fabrice yongeye kugaruka mu ikipe bwa mbere muri iyi shampiyona 2019/2020
Abagororwa 12 bo muri Gereza ya Huye bakomoka mu Karere ka Nyaruguru basabye imbabazi abarokotse Jenoside bahemukiye, bazisaba n’ababo babingingira kutazagera ikirenge mu cyabo.
Abanyeshuri biga muri Wisdom School batangiye kwiga uburyo bw’ikoranabuhanga rishingiye ku gukora utudege duto twitwa ‘drone’ no kudukoresha mu bikorwa bitandukanye.
Mu mukino wa shampiyona usoza indi y’umunsi wa gatanu, APR FC itsinze AS Muhanga ihita yongera kuyobora urutonde rwa shampiyona
Kuri iki cyumweru, tariki 27 Ukwakira 2019, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase yongeye kuburira insengero zigisengera mu nyubako zitujuje ibisabwa, avuga mu buryo bujimije ko Leta igiye kubatiza ingufuri.
Umunyarwanda Mugisha Moise yegukanye agace ka gatatu ahita anambara umwambaro w’uyoboye isiganwa
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Botswana, Perezida Mokgweetsi Masisi ku bwo gutsindira kongera kuyobora icyo gihugu.
Kuri iki cyumweru tariki 27 Ukwakira 2019, i Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba habereye igikorwa cyo kwerekana abantu bane bakekwaho guhungabanya umutekano.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr. Richard Sezibera, yatangaje ko yagiriye uruzinduko muri Israel kuri Ambasade y’u Rwanda.
Hari bamwe mu bahanzi bari bakunzwe hano mu Rwanda ubu batakigarara cyane mu bitaramo cyangwa ngo basohore indirimbo.
Nk’uko Abaturarwanda bose bamaze kubimenyera, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi hakorwa umuganda rusange. Kuri uyu wa 26 Ukwakira 2019, ikipe ya Police FC yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kimironko mu muganda rusange usoza ukwezi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ukwakira 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda giherereye ku Kacyiru mu karere ka Gasabo, habereye igikorwa cyo gutanga amaraso cyateguwe na Polisi ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC).
Mu mikino y’umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda, Rayon Sports yatsindiwe i Nyagatare mu gihe Mukura ibimburiye abandi gutsinda Gasogi United
Nubwo kuri uyu wa gatandatu tariki 26 Ukwakira 2019, hazindutse hagwa imvura nyinshi kandi mu bice hafi ya byose by’igihugu, wari umunsi w’umuganda rusange. Abanyarwanda n’abaturarwanda hirya no hino bazindukiye mu bikorwa binyuranye by’umuganda.
Pasitoro Badege Donatien avugako Abanyarwanda bafungirwa mu gihugu cya Uganda batozwa kwanga igihugu cyabo abandi bagafashwa kujya mu mitwe irwanya u Rwanda.
Mu ruzinduko yagirirye muri Kaminuza y’ubumenyingiro ya INES-Ruhengeri kuwa gatatu tariki ya 23 Ukwakira 2019, Ambasaderi w’igihugu cy’Ubudage mu Rwanda Dr. Thomas Kuvz yijeje ubuyobozi bw’iyi Kaminuza ubufatanye, buzarushaho gutanga ireme ry’imishinga igihugu cye gifatanyije n’iyi Kaminuza, kugira ngo ireme ry’uburezi (…)
Abitabiriye igitaramo ngarukakwezi cya Kigali Jazz Junction cyari cyatumiwemo Umunyekongo Awilo Longomba, batashye bagaragaza kudashira ipfa kubera kuryoherwa n’umuziki w’uyu muhanzi.
Minisiteri y’ubuzima ivuga ko n’ubwo imbasa iheruka kugaragara mu Rwanda mu mwaka wa 1993, gukingiza abana neza ari byo bizayiheza burundu.
Ministiri w’uburezi Dr. Eugene Mutimura yasababye abanyeshuri barangije mu mashuri makuru y’ubumenyingiro gukoresha ubumenyi bahawe n’amahirwe Leta ibagenera, bakabikoresha bashakira ibisubizo bimwe mu bibazo bigaragara mu gihugu.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame ahamya ko umuntu ahitamo uko abaho n’aho aba nk’umuntu ubwe, ariko ko atabihitiramo undi batabanje kubiganiraho ngo amenye impamvu.
Uruganda Azam Bakhresa Grain Milling rukora ifu y’ingano n’ibinyobwa bidasembuye, ruvuga ko gufasha Abanyarwanda no gutera inkunga Ikigega Agaciro Development Fund rwabigize umuco.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Ubumwe n’ubwiyunge, Bishop John Rucyahana, avuga ko urugamba rwo kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside rutararangira bityo ko buri Munyarwanda agomba guhora ari maso.
Yvan Buravan, izina rimaze kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, bitewe cyane n’uko ari we wegukanye igihembo gitangwa na radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, igihembo cyiswe “Prix Decouvertes”.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, rwabonye umuvugizi mushya, Marie Michelle Umuhoza uje asimbura Mbabazi Modeste wari usanzwe kuri uwo mwanya.
Mu isiganwa ry’amagare rizwi nka Tour du Faso riri kubera muri Burkina Faso, ikipe y’u Rwanda yaje ku mwanya wa kabiri
Hirya no hino mu gihugu hakunze gutegurwa ibitaramo n’ibirori bitandukanye bifasha abantu gusoza neza icyumweru. Bimwe muri byo ni ibi bikurikira:
Abahanzi bo muri The Mane iyobowe na Bad Rama, bakoreye hamwe indirimbo bise ‘Nari High’ bunga mu rya polisi y’u Rwanda bakebura abantu banywa bakarenza urugero ndetse n’abatwara imodoka bafashe ku musemburo.
Madame Jeannette Kagame avuga ko Ndi Umunyarwanda ari igitekerezo cy’ingenzi Abanyarwanda bagombye gukomeza kugenderaho kuko ari na cyo cyabaye imbarutso yo kubohora u Rwanda.
Umuhanzi Meddy wari warafashwe na Polisi y’u Rwanda azira gutwara imodoka yanyoye akarenza urugero, yarekuwe kuri uyu wa gatanu tariki 25 Ukwakira 2019 asubira mu rugo yishimirwa n’umuryango we.
Uwari umutoza wa Patriots BBC Henry Muinuka yamaze gutandukana n’iyi kipe nyuma yo kuyihesha igikombe cya shampiyona ndetse no kuyifasha kwitwara neza mu majonjora ya Basketball Africa League
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje i Nyagatare aho igiye gukina na Sunrise mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona
Umuyobozi uhagarariye Umuryango w’Abibumye (UN) mu Rwanda Fode Ndiaye yifatanyije n’Abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi mu muganda udasanzwe wo gutera ibiti biribwa n’ibivangwa n’imyaka.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame arizera ko umubano hagati y’umugabane wa Afurika n’u Burusiya ushobora gukura mu gihe kiri imbere, mu gihe impande zombi zikomeje guteza imbere ubucuruzi ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zitandukanye.
Impunzi zavuye muri Libya ziravuga ko kugera mu Rwanda kwazo byabaye nko kuva mu mwijima ujya mu rumuri. Ibi zirabivuga zihereye ku buzima busharira zabayemo mu nkambi zo muri Libya, nyuma y’uko benshi bafashwe bagerageza kujya ku mugabane w’i Burayi.
Rutahizamu wa APR Fc Sugira Ernest yamaze guhagarikwa amezi abiri n’ikipe ye aho ashinjwa amakosa atandatu
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo gishinzwe iterambere (RDB) ari na cyo gishinzwe kwita ku bikorwa by’ubukerarundo, yatangaje ko ingagi z’u Rwanda ziherutse gusuhukira muri Uganda ari ibintu bisanzwe.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko abatera u Rwanda baturutse hanze yarwo abafata nk’abiyahuzi, cyane ko batera ariko ntibasubireyo kuko inzego z’umutekano ziba ziri maso.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemererwa ko imikino yose isigaje kwakira mu mikino ibanza izajya Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba
Mu gihe kirenga imyaka icumi bamaze bakora umuziki, abagize itsinda rya Dream Boys bavuga ko umuziki utabatunga wonyine kuko nta mafaranga ahagije arimo.