Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko ikibazo cy’umubano w’u Rwanda na Uganda kitoroshye, kizakemurwa na Uganda ubwayo kuko ikibazo kibaye cyose kigerekwa ku Rwanda.
Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, yongeye guhakana yivuye inyuma iby’abavuga ko u Rwanda rwaba rukoresha ikoranabuhanga rya Pegasus mu kuneka no kumviriza amakuru y’ibindi bihugu.
"Ubu se umukobwa ufite inzara zireshya kuriya yashobora iki!" Iyi ni imvugo ihurirwaho n’abantu benshi barimo kunegura abakobwa bafite inzara ndende ko ari abanebwe.
Ikipe ya Police FC yamaze gutangaza ko yashyizeho umutoza mukuru mushya witwa Francis Nuttall Elliott, akaba yatozaga ikipe ya St George FC yo muri Ethiopia
Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, aratangaza ko kubaka uruganda rukora inkingo mu Rwanda bigamije mbere na mbere kwihaza mu byo u Rwanda rutumiza mu mahanga, no gukemura ikibazo cy’ibura ry’inikingo zirimo n’iza Covid-19.
Uwitwa Hakizimana Félicien wo mu karere ka Rulindo ni we wegukanye umwanya mu irushanwa rya Duathlon ryabereye mu karere ka Nyanza kuri uyu wa Gatandatu.
Ku wa Gatandatu tariki ya 04 Nzeli 2021, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rugendabari mu Murenge wa Mukarange, Dukuzumuremyi Martin, umuturage yamusanze mu biro aramukubita, amuciraho ishati, amena telefone ye ndetse yangiza urugi n’ameza by’ibiro.
Nk’uko byari byitezwe na benshi, Miss Rwanda 2009, Bahati Grace, yakoze ubukwe bw’agatangaza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uwo yihebeye, Murekezi Pacifique umuhungu wa Fatikaramu wakinnye mu ikipe ya Rayon Sports.
Umukinnyi w’amagare, Ishimwe Patrick, wakiniraga Club ya Cine Elmay yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 4 Nzeri 2021, azize impanuka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 4 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 352, bakaba babonetse mu bipimo 12,232. Abantu 5 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,117. Abitabye Imana ni abagore 2 n’umugabo 3. Abahawe doze ya mbere (…)
Umuvandimwe wa Jay Polly witwa Uwera Jean Maurice ni mukuru we bakurikirana ariko akaba arusha Jay Polly imyaka irindwi. Mu kiganiro yagiranye na RBA, Uwera yagarutse mu mateka ya Jay Polly kuva akivuka, uko Jay Polly yakunze injyana ya Hip Hop mukuru we atabishaka, asobanura n’uburyo yagize inshingano zo kumwitaho kuva (…)
Abahanzi batandukanye basanzwe bategura ibitaramo bakanitabira ibirori basusurutsa abantu mu bukwe cyangwa mu mahoteri n’utubari, baratangaza ko biteguye neza kongera gusubukura ibitaramo nyuma y’igihe ntawe ukora ku ifaranga kubera ingaruka za Covid-19, icyakora bavuga ko kuba ibitaramo bifunguwe ariko utubari dufunze nta (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe abagabo babiri bo mu Karere ka Bugesera barimo n’umukuru w’umudugudu, bakaba bakekwaho gukorera urugomo Umuyobozi w’ako karere, Richard Mutabazi, aho bivugwa ko bamukubise.
Lt Col Innocent Munyengango yashyizwe ku ipeti rya Colonel, ahabwa n’inshingano zo kuyobora urwego rwa gatanu rwa gisirikare ruzwi nka ‘J5’ rushinzwe igenamigambi, Lt Col Claver Karara na we yahawe ipeti rya Colonel.
Ku wa Gatanu tariki ya 03 Nzeli 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, yasoje itorero ry’abarinzi by’ibyambu 402 ndetse bahita batangira akazi, abasaba gukumira abambukiranya imipaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuko binjiza ibiyobyabwenge ndetse na magendu.
Umuryango mpuzamahanga ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (TIR), ku bufatanye n’Urugaga rw’Abenjenyeri mu Rwanda, wagaragaje ruswa yatanzwe mu masoko ya Leta, isaga miliyari 14.2 z’Amafaranga y’u Rwanda mu gihe cy’amezi 12.
Umuhanzi Theogene bakunze kwita Theo Bosebabireba, arasaba imbabazi abo bakobwa yateye inda n’imiryango yabo, abakunzi be n’Imana ku byaha byo gutera inda no gusinda byamuvuzweho mu myaka itatu ishize.
U Rwanda rwakiriye inkingo 200.000 za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca zatanzwe n’Ingabo za Hellenic binyuze mu bufatanye n’Ingabo z’u Rwanda.
Ku wa Gatanu tariki ya 3 Nzeri 2021, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 40 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha, berekaniwe ku biro bya Polisi mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Rwezamenyo, bose bafashwe barengeje igipimo cya 0.8 cya Alukolo ariko bo bakavuga ko bari banyoye gakeya cyane, bagasabwa kudasomaho (…)
Abatuye mu Midugudu ya Ryarumenangiga, Kigina, Umunazi n’Ubuseruka mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, barinubira kuba hari umushoramari mu by’ubworozi uboneshereza, ku buryo nta cyo kurya bafite mu mirima.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ivuga ko izasaba indishyi nyuma y’uko abantu bayo 12 bapfuye, ndetse abandi bagera ku 4.400 bakarwara bitewe n’ibisigazwa n’imyanda y’ahatunganyirizwa amabuye y’agaciro muri Angola.
Ku ya 3 Nzeli 2021, umushinga ACHIEVE/DREAMS wamurikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro ibikorwa bigamije iterambere ry’abakobwa, ahanini babyariye iwabo ndetse n’abagore, bose hamwe bagera ku 14,455, abagenerwabikorwa bakemeza ko batakigira isoni zo kugura agakingirizo kuko bamenye akamaro kako nyuma yo guhugurwa n’uwo (…)
Uruganda Rutsiro Honey Ltd ruherereye mu Karere ka Rutsiro rwamuritse ubuki bw’umwimerere rukora, ndetse runatangaza ko rugiye gushyira ku isoko divayi z’amoko ane (4) bitarenze uyu mwaka, rugashishikariza Abanyarwanda n’abanyamahanga kwitabira ibyo rukora kuko byujuje ubuziranenge.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 3 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 490, bakaba babonetse mu bipimo 12,737. Abantu 7 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,112. Abitabye Imana ni abagore 2 n’umugabo 5. Abahawe doze ya mbere (…)
Umudugudu wa Kagera, Akagari ka Kagitumba mu Murenge wa Matimba, wahinduriwe izina witwa ‘No way’ (Nta nzira) kubera kutarangwamo icyaha, maze umuyobozi wawo ahabwa inka y’ishimwe.
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU), uzasubiza za miliyoni z’inkingo zo mu bwoko bwa Johnson & Johnson zakorewe muri Afurika yepfo ariko zikaba zari zaroherejwe i Burayi, maze zikoreshwe ku mugabane wa Afurika.
Akarere ka Burera ku bufatanye na LODA, kashyikirije urubyiruko 190 ruturuka mu miryango yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe ibikoresho binyuranye by’ubudozi, gusudira, ububaji n’ibindi.
Ikigega cya Leta zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubutwererane mpuzamahanga(USAID) cyahaye Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kugura no gukwirakwiza imiti(RMS), inkunga y’amadolari miliyoni 75(ahwanye n’amanyarwanda miliyari 75).
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa mu kubona amazi mu nzuri kuko kenshi igihe cy’impeshyi amatungo yabo abura amazi yo kunywa, kubera ko valley dams zabafashaga zasibamye.
Abaturutse mu bigo bya Leta n’iby’abikorera, byo mu Rwanda, bifite aho bihuriye n’imicungire y’ibiza; bamaze iminsi, bigishwa imikoreshereze y’ikoranabuhanga rishya, rizwi nka “Artificial Intelligence”, rifite ubushobozi bwo kugabanya ibyago n’ingaruka ziterwa n’ibiza.
Umuhanzi Kagambage Alexandre wavukiye mu yahoze ari Komine Runda, ubu akaba ari mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nyinshi z’ubukwe, aho yakunze no guhanga zimwe mu ndirimbo zivuga ku buzima busanzwe, cyane cyane iz’abo mu muryango we.
Miss Mutesi Jolly abinyujije kuri Twitter yagaragaje ibihembo bizahabwa umukobwa uzagira amahirwe yo kwegukana ikamba rya Miss East Africa muri uyu mwaka wa 2021.
Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, afatanyije n’Ikigo ’Africa Improved Food’, boroje ingurube abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Rwamagana, mu rwego rwo kuzirikana umuhate bakorana akazi kabo, igikorwa cyabaye ku ya 2 Nzeri 2021.
Tuyishime Joshua wamamaye ku izina ry’ubuhanzi rya Jay Polly ni umwe mu batangije itsinda rya Tuff Gang aho ryazanye impinduka muri muzika nyarwanda mu njyana ya Hip Hop.
Abaturage bo mu mirenge ya Rongi na Nyabinoni mu Karere ka Muhanga, baravuga ko hari igihe bahuraga n’ibibazo birimo n’ihohoterwa ntibagane inzego z’Ubugenzacyaha ngo batange ibirego, kubera ko ibiro byazo biri kure.
Ubukwe bwa Miss Rwanda 2009 Bahati Grace na Murekezi Pacifique umuhungu wa Fatikaramu wamamaye akina mu ikipe ya Rayon Sports, bwatangiye gushyuha, dore ko bwanahagurukije Miss Meghan na Miss Iradukunda Elsa.
Abakorera umurimo w’ubumotari mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye kimwe n’abahanyuza ibindi binyabiziga, bifuza ko ikiraro kiri ku mugezi wa Mwogo hagati y’Akagari ka Kamwambi n’aka Gatwaro cyasanwa kuko ngo kibatoborera amapine.
Abapolisi bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, ku wa Kane tariki ya 2 Nzeri 2021 basezeye Assistant Commissioner of Police (ACP) Barthelemy Rugwizangoga warangije ishingano ze zijyanye no kuba yari ashinzwe abakozi bari mu butumwa bw ’umuryango w’abibumbye mu gihugu cya Sudani (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 02 Nzeri 2021, ni bwo u Rwanda rwakiriye inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Johnson & Johnson, doze ku bihumbi 108.000.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 2 Nzeri 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 485, bakaba babonetse mu bipimo 11,604. Abantu 8 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1,105. Abitabye Imana ni abagore 2 n’umugabo 6. Abahawe doze ya mbere (…)
Inama y’Abaminisitiri yabaye ku itariki ya 1 Nzeri 2021 iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje ko amatora y’inzego z’ibanze yakorwa, akazatorwamo abayobozi bagera ku bihumbi 10 nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi.
Uganda yasezerewe na Cap-Vert, uyu ukaba ari umukino Perezida Kagame yakurikiranye. Ni umukino wasozaga indi yose ya ¼, umukino watangiye saa kumi n’ebyiri zuzuye.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi abagore babiri harimo ukorera ubucuruzi muri Kigali, bakaba bakurikiranyweho gucuruza amavuta ya mukorogo.
Mu Karere ka Kirehe bagiye gutangira kwifashishwa ikoranabuhanga rya telefone igendanwa mu kubitsa, kwaka inguzanyo no kugabana imisanzu, hagamijwe gukemura amakimbirane n’uburiganya bwagaragaraga muri amwe mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2021/2022, ivuga ko uzatangira ku ya 11 Ukwakira 2021.
Ubushinjacyaha Urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, ku wa 31/8/2021 bwasabiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo ukekwaho kwica umucuruzi wo muri butike amuhoye amafaranga magana abiri y’u Rwanda yagombaga kumugarurira.
Abahanzi, abanyamakuru, ibyamamare, n’abandi batandukanye bifashishije imbuga nkoranyambaga, bandika bagaragaza agahinda batewe n’urupfu rwa Jay Polly rwamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 02 Nzeri 2021, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’Urwego rw’Infungwa n’abagororwa, akaba yafashwe n’uburwayi afungiye muri (…)