Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Musenyi, Twahirwa Gabriel wafashe amashusho na DASSO warwanye n’umworozi Safari George bahagaritswe mu kazi. Ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, nibwo aba bombi bamenyeshejwe ibyemezo bafatiwe ko bahagaritswe kubera gukoresha imbaraga zitari zikenewe mu gushyira mu bikorwa (…)
Mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, umuyobozi mukuru wa Polisi y’Igihugu cya Lesotho, Commissioner of Police, Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye basuye Abapolisi b’u Rwanda bakorera mu Ntara y’Iburengerazuba. Ku biro bya Polisi muri iyi Ntara mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi aba bashyitsi bakiriwe (…)
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Dr Ngamije Daniel yatangaje ko u Rwanda rwongeye gutera intambwe mu gikorwa cyo gukora inkingo za Covid-19 nyuma yo kwemererwa guhabwa ikoranabuhanga rya mRNA n’ikigo cya BioNTech cyakoze urukingo rwa Pfizer.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 26 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 522 bakaba babonetse mu bipimo 18,193. Iyo Minisiteri itangaza kandi ko abantu 9 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1065. Abitabye Imana ni abagore 4 n’abagabo 5. (…)
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyatangaje ko gahunda yo gukingira abantu bafata doze ya mbere y’urukingo rwa Covid-19 bisubitswe mu Mujyi wa Kigali, hakaba hagiye gukingirwa abafata doze ya kabiri.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, ku wa Kane tariki 26 Kanama 2021, yayoboye inama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru, ubw’Akarere ka Burera n’abavuga rikumikana mu mirenge yegereye umupaka w’u Rwanda na Uganda, yo mu Karere ka Burera ariyo Bungwe na Gatebe, bemeranywa guhashya ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe na Kaminuza y’u Rwanda (UR) byahaye impamyabushobozi abarangije kwiga muri iyo Kaminuza muri 2019 na 2020 bagera ku 8,908, ariko basabwa kwirinda kuganya ko nta kazi bafite.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘’Amavubi ’’ yatangaje urutnde rw’abakinnyi 23 bagiye kwerekeza mu gihugu cya Maroc mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirwakwiza amazi (WASAC), kiratangaza ko muri 2050 abatuye Umujyi wa Kigali bose bazaba bafite amazi mu nzu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 yakoze operasiyo hafatwa abashoferi b’amakamyo 12 bageragezaga gutanga ruswa.
Umusore w’umwarimu w’imyaka 29 wo mu Karere ka Nyamasheke, wigeze kwandika urwandiko asa n’uwerekana ko agiye kwiyahura kubera kubengwa n’umukobwa w’inshuti ye biteguraga kubana, ubuyobozi bwamubonye mu rugo rw’undi mukobwa w’inshuti ye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” ikomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi izabera muri Qatar umwaka utaha.
Mu gitondo cyo kuru uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, imodoka itwara abagenzi ya kompanyi ya Excel Tours, yatewe amabuye n’abagenzi kubera amakosa y’umushoferi.
Polisi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yataye muri yombi abagera ku 100 bakekwaho gukoresha no gucuruza ikiyobyabwenge gishya bise bombe.
Abaturage bahinga icyayi mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baravuga ko basabwe kwishyura imisoro y’ubutaka bwa Leta buhinzeho icyayi mu bishanga, bakifuza ko iyo misoro yakurwaho kuko igihe icyo ari cyo cyose Leta yashakaubwo butaka bayibusubiza.
Hari abaturage bavuga ko bazajya baraza ibishingwe mu nzu bararamo mu rwego rwo kubicungira umutekano nyuma yo kumva ko bazajya bishyurwa, bitandukanye n’uko bo bari basanzwe bishyura ababijyana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Berlin mu Budage aho yitabiriye inama ya G20 Compact with Africa igamije guteza imbere ishoramari ry’abikorera muri Afurika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA), kiratangaza ko abaturage bafite amafoto asa nabi mu ndangamuntu zabo cyangwa amafoto yabo akaba yarahindutse ugereranyije n’igihe bifotoreje n’impinduka zabaye mbese batayishimiye, bashobora kugana ibiro by’umukozi ushinzwe irangamimerere ku murenge basaba guhinduza ayo mafoto.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 26 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 570 bakaba babonetse mu bipimo 13,261.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 16 yafatiye mu Mujyi wa Kigali batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Bamwe muri abo bashoferi bemereye itangazamakuru ko bari basomye ku bisindisha ariko bagahakana ko batari basinze. Igikorwa cyo kwerekana aba bashoferi cyabereye mu Karere ka (…)
Ku wa Gatatu tariki 25 Kanama 2021, umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wiga kuri GS Kiyonza mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, yafatanywe umuhoro n’icyuma yashakaga kwinjirana ku ishuri ngo abitere abo bagiranye amakimbirane.
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A u Rwanda rutsinze ikipe y’igihugu ya Angola rwongera amahirwe yo kubona itike ya ¼ bwa mbere mu mikino ya AfroBasket
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi impuguke akaba n’umusesenguzi mu by’ubukungu mpuzamahanga, Dr Bihira Pierre Canisius, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwategetse ko Nsengiyumva François wamenyekanye ku izina rya ‘Igisupusupu’ arekurwa akaburana ari hanze.
Imidugudu 33 mu kKarere ka Nyagatare yesheje umuhigo wo kwishyura ubwisungane mu kwivuza 100%, yahawe ibyemezo by’ishimwe.
Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Habitegeko François, aragaya abayobozi bitwara nk’abapagani cyangwa abacanshuro mu mirimo bashinzwe bahemberwa, ariko badakemurira igihe ibibazo by’abaturage.
Abo mu muryango wa Ambasaderi Joseph Habineza (Joe) batangaje ko azashyingurwa ku wa Mbere tariki 30 Kanama 2021. Ibi babitangarije mu muhango wo kwibuka nyakwigendera wateguwe n’Abanyarwanda baba muri Kenya.
Ku wa Gatatu tariki 25 Kanama 2021, Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura na mugenzi we wo mu Gihugu cya Tanzania, General Venance Mabeyo n’itsinda rimuherekeje, basuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi (IDP Model Village ya Kinigi), abo bashyitsi bishimira ibikorwaremezo basanze muri uwo mudugudu (…)
Ubuyobozi bwa Banki y’Ubucuruzi y’Abanyakenya (KCB) bwatangaje ko bwamaze kwegukana imigabane ingana na 62,06% ikigo cy’ishoramari cya Atlas Mara Ltd cyari gifite muri Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR).
Manishimwe Obed, umukozi ushinzwe iterambere (SEDO) mu Kagari ka Bukora mu Murenge wa Nyamugali, afunzwe akekwaho kwaka abaturage ruswa no kugurisha ubutaka bwa Leta.
Umugezi wa Sebeya umaze imyaka wangiriza abawuturiye kubera isuri n’amazi menshi amanuka mu misozi ya Gishwati, abawuturiye bavuga ko ugenda ugabanya ubukana kubera ibikorwa birimo gukorerwa mu nkengero zawo.
Muhizi Alphonse utuye mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Kimisagara avuga ko aterwa agahinda no kuba amaze imyaka irenga 30 atazi aho se akomoka. Muhizi Alphonse yavutse tariki 25 Nyakanga 1988, avukira mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro, avuka kuri Rutaganzwa Ildephonse na Mukamuhizi Laurence akaba avukana (…)
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, aratangaza ko gufata abaturage bacukura amabuye y’agaciro batabifitiye uburenganzira atariwo muti urambye wo kurwanya ubucukuzi butemewe.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021, Polisi y’u Rwanda yashyikirije Sumwiza Sylvain w’imyaka 75 n’umufasha we Ntabahweje Agnes w’imyaka 66 n’abana babo 2 inzu yabubakiye nk’umuryango utishoboye. Iyi nzu iherereye mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Musambira, Akagari ka Cyambwe, Umudugudu wa Ruvumura. (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 25 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 504 bakaba babonetse mu bipimo 12,845. Abantu 10 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1048. Abitabye Imana ni abagore 3 n’abagabo 7.
Kuri uyu wa Gatatu muri Kigali Arena hakomeje imikino y’umunsi wa kabiri ya AfroBasket 2021, aho itatu ari yo yabaye muri ine yari iteganyijwe
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Kanama 2021, Umuyobozi wa Polisi y’igihugu cya Lesotho, Commissioner of Police, Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye basuye ishuri rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari). Ni mu ruzinduko rw’iminsi itanu aba bashyitsi barimo (…)
Guhurwa mu gihe utwite cyangwa gutwarira ikintu runaka biba hafi ku bagore bose batwite. Bagira ibyo kurya cyangwa kunywa baba bifuza kurenza ibindi ari byo bita gutwarira, hari abatwarira ikintu ngo batajyaga banarya, hari abatwarira umuhumuro runaka, ngo hari n’abatwarira kurya ibitaka cyangwa umukungugu.
Hari abaturage bo mu Karere ka Musanze bavuga ko ikibazo kikigaragara cy’abajura bitwikira ijoro bakiba amatungo, ari imwe mu mpamvu ituma hari abatinya kuyaraza mu biraro, bagahitamo kurarana na yo mu nzu, kuko ngo ari ho baba bizeye umutekano wayo.
Mu gihe cy’iminsi itatu Akarere ka Musanze kihaye cyo gukingira abaturage Covid-19 hakoreshejwe inkingo 22,002 gaherutse kwakira, muri gahunda yo guha abaturage izo nkingo yatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 25 Kanama 2021, abaturage bitabiriye ari benshi kuko bazi akamaro kabyo, bishimisha abashinzwe inzego z’ubuvuzi.
Ni bwo bwa mbere mu mateka y’icyo gihugu habayeho amapfa adasanzwe mu myaka 40 ishize, kubera ko hashize imyaka ine nta mvura babona, abantu bakaba batunzwe no kurya ibyondo n’udukoko turimo ibihore.
Bamwe mu bakunda indirimbo za Orchestre Impala, bakunze kujya impaka ku ndirimbo yitwa Muntegetse iki, aho abenshi bakomeje kuvuga ko iyo ndirimbo yaririmbiwe umugore wa Semu Jean Berchmas umwe mu bahanzi umunani bari bagize iyo Orchestre, bikaba atari byo kuko we yaritabye Imana akiri ingaragu.
Nyuma y’uko ikibumbano cy’inka y’Inyambo cyari cyubatswe ku bwinjiro bw’Akarere ka Nyanza uturutse i Huye cyagawe kudasa n’inka, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwagikuyeho.
Umwiyahuzi yarasiwe imbere ya Ambasade y’u Bufaransa i Dar es Salaam muri Tanzania, ubwo yageragezaga kwinjira akoresheje imbunda.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie abaye uwa mbere mu mateka y’umuziki nyarwanda wumvikanye asinya amasezerano ya Miliyari y’Amafaranga y’u Rwanda. Ni amasezerano yo kwamamariza sosiyete yitwa Food Bundles Ltd ikora ibijyanye no kugura ndetse no kugurisha ku ikoranabuhanga ibikomoka ku buhinzi.
Umuryango wa Steve Nkusi, Umunyarwanda w’imyaka 24, utuye muri Canada, wakinaga umukino wo gusiganwa ku maguru ndetse akaba yakundaga ibijyanye na ’business’, uri mu kababaro ko kumuburira irengero nyuma y’uko hashize iminsi ine bivugwa ko yagiye ku Kiyaga cya Ontario koga, nyuma ntagaruke.
Abaturage bishyuraga ngo babatwarire imyanda, bagiye kujya bishyurwa kugira ngo bayitange kuko ari imari ishyushye.
Umukino wo mu itsinda D wagombaga guhuza ikipe ya Cameroun ndetse na Sudani y’Amajyepfo guhera i Saa Cyenda z’amanywa, wamaze gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19