Mu rwego rwo kurushaho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda, Leta yiyemeje kugeza amashanyarazi ku baturage bose hirya no hino mu gihugu mu mwaka wa 2024. Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) iherutse gushyira ahagaragara gahunda ivuguruye yo gukwirakwiza amashanyarazi, aho ingo zizaba zifite amashanyarazi afatiye ku (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Karere ka Musanze, barishimira Urwibutso ruri hafi kuhuzura, bakavuga ko iyi ari intambwe ikomeye itewe mu gusubiza ababo icyubahiro, bambuwe ubwo bicwaga urw’agashinyaguro mu gihe cya Jenoside.
Abaturage bo mu Kagari ka Kagomasi mu midugudu ya Runzenze na Rushubi ndetse n’ikigo cy’amashuri abanza cya Kagomasi, bishimiye umuyoboro w’amazi meza begerejwe, kuko hari icyo uje guhindura mu mibereho yabo.
Umukinnyi Hakim Ziyech w’imyaka 28 ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya Chelsea, agakinira n’ikipe y’igihugu ya Maroc, yamaze gutangaza ko asezeye mu ikipe y’igihugu nyuma y’igihe kinini adahamagarwa kubera ibibazo yagiranye n’umutoza wayo, Vahid Halilhodzic wamushinje kubeshya.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’amadini n’amatorero mu Karere ka Huye, buributsa abayobora n’abigisha mu matorero batabifitiye impamyabumenyi, ko hasigaye umwaka umwe n’igice gusa ngo babe batakibyemerewe.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, nibwo hashyizwe ahagaragara itangazo riturutse muri Minisiteri y’Ingabo ya Uganda, rivuga ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba mukuru w’Ikirenga w’Ingabo, yagize Major General Abel Kandiho, umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Polisi ya Uganda. Yari aherutse kumukura ku (…)
Abaturage hamwe n’inzego zishinzwe kurwanya ubukene mu Rwanda, baratanga icyizere cy’uko mu myaka itatu iri imbere (2024) gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program), izaba yaranduye ubukene bukabije mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu gusa, impanuka zahitanye abantu 2103, zikaba zabaye mu myaka ya 2019, 2020 na 2021.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU) wakuyeho icyemezo cyari cyafashwe mu 2016, cy’ibihano byari byafatiwe u Burundi, nko guhagarika imfashanyo y’amafaranga arimo n’ayari agenewe inzego za Leta.
Mu minsi ibiri ishize ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Mozambique, bagabye ibitero mu duce twa Pundanhar na Nhica do Ruvuma mu Burengerazuba bw’Akarere ka Palma muri Mozambique, hagamijwe kwirukanamo inyeshyamba zari zikigaragara muri utwo duce.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 20, bakaba babonetse mu bipimo 11,264.
Perezida Kagame yavuze ku kibazo cy’umupaka w’u Rwanda na Uganda wari umaze igihe warafunzwe cyane cyane uwa Gatuna, dore ko ari n’umwe mu mipaka ikoreshwa cyane. Yabigarutseho kuri uyu wa kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya mishya.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare muri Burkina Faso kuri uyu wa kabiri tariki 08 gashyantare 2022, rwasabiye igifungo cy’imyaka 30 uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, Blaise Compaoré.
Akenshi uburwayi bwo mu mutwe iyo bufashe umuntu, bivugwa ko ava aho yari ari akagendagenda bityo akaba ashobora kugera kure, ku buryo arenga n’urusisiro rw’iwabo abamubonye mu gihe batamuzi ntibamenye agace aturukamo.
Mu mukino wa gicuti wahuje ikipe ya Rayon Sports na Nyanza FC, urangiye ikipe ya Rayon Sports inyagiye Nyanza FC ibitego 4-0
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu myanya y’ubuyobozi, yaboneyeho no kugaragaza uko umubano w’u Rwanda n’abaturanyi uhagaze.
Aborozi bororera mu nkengero za Pariki ya Gishwati-Mukura, bamaze iminsi bagaragaza ikibazo cy’inyamaswa ziva muri Pariki zikaza kubarira amatungo, cyane cyane zikibasira inyana zikiri nto.
Urubanza rw’ubujurire rw’abaregwa hamwe na Paul Rusesabagina rwakomeje kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, aho abaregwa batanze ikirego cyuririra ku bujurire bw’abaregeye indishyi.
Amazi y’imvura akomeje gufunga imihanda yo mu makaritsiye anyuranye yo mu nkengero z’umujyi wa Musanze, aho abaturage basaba ubuyobozi kubakemurira icyo kibazo, nyuma yo kubona ko iyo mihanda yarengewe n’ibiziba, bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka.
Elizabeth II ni Umwamikazi wa kabiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (United Kingdom), bugizwe n’ibihugu bine: England, Scotland, Wales na Northern Ireland.
Abantu bagera kuri 20 bapfuye mu gihe ababarirwa mu bihumbi 55 bakuwe mu byabo n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai, ivanze n’imvura nyinshi mu burasirazuba bwa Madagascar, nk’uko abayobozi babitangaje.
Urwego rw’igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’ubumenyingiro (RTB), ruratangaza ko guhera mu mwaka utaha w’amashuri, muri TVET hazatangira kwigishirizwa amasomo y’iby’indege na Gari ya moshi.
Abashumba ni inyito y’abemera kwandikwaho imitungo itari iyabo, bikorwa na bamwe mu bayobozi baba bashaka guhisha Urwego rw’umuvunyi imitungo yabo.
Ku Cyumweru tariki 06 Gashyantare 2022, ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ya 35 y’Inteko ya Afurika yunze Ubumwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, yateraniye ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa muri Ethiopia, yafatiwemo icyemezo cyo gusubika guha Isiraheli umwanya wo kuba indorerezi muri AU.
Robert Pires na Ray Parlour bamamaye mu ikipe ya Arsenal bagaragaje ko bagiriye ibihe byiza mu Rwanda, muri gahunda bajemo ya Visit Rwanda, y’ubufatanye bw’u Rwanda n’iyi kipe yo mu Bwongereza.
Bamwe mu bahinzi ba soya mu Karere ka Gatsibo bavuga ko babuze imbuto yayo y’indobanure, bagasaba kuyegerezwa, gusa ubuyobozi bwo buvuga ko imbuto ihari ahubwo abahinzi batayisaba, nk’uko basaba iy’ibigori muri Smart Nkunganire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 07 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 16, bakaba babonetse mu bipimo 9,235.
Abanyeshuri bo mu ishuri rikuru rya gisirikare, Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC), kuri uyu wa Mbere batangiye icyumweru cy’urugendo ngarukamwaka, mu rwego rwo gutegura amasomo (NST 2022). Uyu mwaka insanganyamatsiko igira iti “Iterambere ry’imibereho n’ubukungu binyuze mu bikorwa bigira ingaruka”.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko Leta yihaye intego y’imyaka 7, ko mu mwaka wa 2024 abiga Imyuga n’Ubumenyingiro (Techinical and Vocational Education Training), bagomba kuba bageze kuri 60% by’abanyeshuri bagana ayo mashuri.
Ikipe ya Gisagara Volleyball Club na APR y’abagore ni zo zegukanye irushanwa rya Forzza Volleyball Tournament ryari rimaze ukwezi kurenga rikinwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Gashyantare 2022, intumwa za Polisi ya Zambia zasuye Polisi y’u Rwanda. Ni uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itandatu, bakaba bayobowe n’Umuyobozi wungirije wa Polisi ya Zambia ushinzwe imiyoborere, DIGP Doris Nayame Chibombe.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda "FERWAFA" ryatangaje ingengabihe y’imikino yo kwishyura muri Shampiyona y’umupira w’amaguru
Minisitiri ishinzwe ubutabazi (MINEMA), itangaza ko imvura yaguye ku Cyumweru tariki 6 Gashyantare 2022, mu turere dutandukanye mu Rwanda yangije ibintu binyuranye, ndetse umuntu umwe ahasiga ubuzima.
Umugabo w’ahitwa mu Rusagara mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye yabitswe ko yapfuye, abe bagiye gufata umurambo ku bitaro basanga ari muzima.
Mu gihe hasojwe imikino ibanza ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, twahisemo kubereka zimwe mu nyogosho zidasanzwe zigaragara muri shampiyona y’u Rwanda
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) ryashyize ahagaragara uburyo gahunda ya Ejo Heza yitabirwa, uturere tugize umujyi wa Kigali tuza mu myanya y’inyuma. Ni nyuma y’uko no muri raporo igaragaza ubwitabire mu gutanga umusanzu w’ubwiteganyirize mu kwivuza (Mituelle de santé), utwo turere twakunze kugaragara ku mwanya (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, babyutse bahunga inkangu, aho imisozi yaridutse itwara ubutaka bwabo n’imyaka, icyakora nta muntu zahitanye.
Kuri uyu wa Gatandatu mu mukino wa Handball hatangiye irushanwa ry’Ubutwari, irushanwa rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru, aho amakipe arimo Gicumbi HT yabonye itike ya 1/4
Abarema isoko ry’ibiribwa rya Musanze rizwi ku izina rya Carrière, n’abanyura mu nzira zigana muri iryo soko, bakomeje kunenga umwanda ugaragara inyuma y’urukuta ruzitiye iryo soko, aho batewe impungenge n’uwo mwanda bavuga ko ushobora kubatera indwara.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, avuga ko ibintu bigomba guhinduka abaturage bagahabwa serivisi nziza nk’uko bikwiye, hatabayeho gusiragizwa.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko urukingo rwa Covid-19 mRNA rukorerwa muri Afurika y’Epfo rushobora kuzamara imyaka 3 kugira ngo rwemezwe.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Rutsiro mu masaha arenga icumi, yahitanye umuntu umwe ndetse itwara ibiraro bihuza imirenge, ahandi ituma inkangu zimanuka zifunga imihanda, ubuhahirane burahagarara.
Ku wa Gatandatu tariki ya 5 Gashyantare 2022, abapolisi bakorera mu Karere ka Kamonyi ahagana saa munani z’amanywa, bafashe abantu icyenda bateraniye ahantu hamwe mu buvumo barimo gusenga, barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 06 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 16, bakaba babonetse mu bipimo 12,954. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1446 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Ikipe ya Senegal hitabajwe penaliti itsinze Misiri, yegukana igikombe cya Afurika cyaberega muri Cameroun
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, asaba abanywa inzoga z’inkorano bita Ibikwangari, Muriture n’andi mazina aturuka k’uko zica abantu, kuzireka kuko zangiza ubuzima, akanababwira ko kutazinywa ari byo byatuma zicika abazicuruza babireka.
Kode ikwereka amakuru yose arebana no kohereza abagukeneye ku wundi murongo: *#004#
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022, nibwo hakinwaga umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu mikino y’Igikombe cya Afurika, ni umukino wahuzaga ikipe ya Cameroun na Burkina Faso, wasojwe hitabajwe penaliti.
Mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Vincent Biruta kuri iki Cyumweru tariki 6 Gashyantare 2022, yagejeje ku nteko y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), raporo y’inama ya 39 ya NEPAD.