Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama 2022, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Africa y’Epfo no mu Bwami bwa Lesotho, Eugene Kayihura, bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo y’abapolisi bato 294, mu ishuri ry’amahugurwa ya gipolisi mu Mujyi mukuru wa Maseru.
Ubwo hasozwaga ihuriro rya 11 ry’abagaba b’Ingabo za Afurika zirwanira mu kirere (AACS), kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022, batangaje ko ribasigiye ubumenyi bwari bukenewe.
Umwunganizi w’uwitwa Munyaneza Anastase yagize ibyago byo gupfusha umuntu wo muryango we, bituma iburanisha ry’abagize MRCD-FLN(yari iyobowe na Paul Rusesabagina) risubikwa kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mutarama 2022.
Iyi ni vitamine ikorwa mu buryo butandukanye n’ubw’izindi zikorwamo, kuko itunganywa n’uruhu ubwarwo rwifashishije imirasire y’izuba.
Umuyobozi mushya w’Ingabo za Burkina Faso, Lt Col Paul-Henri Damiba, yasezeranyije ko ubwo ibihe bizaba bisubiye kuba byiza, azasubiza ubuyobozi, igihugu kigasubira kuyoborwa hagendewe ku Itegeko Nshinga.
Abapasiteri, ba Bishop ndetse na Cardinal bari mu cyumweru cy’isengesho. Muri iki Cyumweru, by’umwihariko ku mugoroba wo ku itariki 24 Mutarama 2022, byari bidasanzwe kubona ubufatanye bwari hagati y’abahagarariye amadini n’amatorero atandukanye, bafatanya gusingiza Imana.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), ushinzwe ubuvuzi rusange, Dr. Tharcisse Mpunga, aravuga ko gukingirwa Covid-19 byuzuye bigenda bihinduka bitewe n’igihe abantu bagezemo.
Umukinnyi Kwizera Pierrot wakiniraga AS Kigali, yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi burihanangiriza abakoresha abana imirimo ibabuza kujya ku mashuri kuko ari ukwangiza ejo hazaza h’Igihugu, kandi ko abazafatanwa abana bazabihanirwa bikomeye.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina hagati, Nizeyimana Mirafa, wakiniraga ikipe ya Zanaco FC yo muri Zambia, yamaze gutandukana na yo yerekeza muri Kabwe Warriors yo muri icyo gihugu nanone.
Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) kiri mu gikorwa cyo gukusanya amaraso yo gufashisha indembe ziri kwa muganga ziyakeneye. Ku wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, abakozi b’ikigo cy’ubuzima bari mu kigo kibamo abapolisi giherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Muhima aho bakunze kwita kuri Traffic.
Abaturage b’umudugudu w’Akavumu muri santere ya Darifuru, Akagari ka Mbogo, Umurenge wa Kiziguro, bavuga ko bizejwe umuriro w’amashanyarazi mu mwaka wa 2005 ariko kugeza uyu munsi bakaba batarawubona, ahubwo batangiye kuwucisha hejuru yabo ujya gucanira ahandi.
Ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka kiratangaza ko mu minsi ya vuba, hari zimwe muri serivisi z’ubutaka zatangwaga n’icyo kigo, zizajya zitangwa n’abikorera mu rwego rwo kurushaho kunoza no kugeza serivisi ikwiye ku babagana.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Lt Col Dr Tharcisse Mpunga hamwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, batangarije kuri RBA ko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yorohejwe kugira ngo Abaturarwanda batangire kubana n’indwara badahagaritse gukora.
Ku wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, ku mupaka wa Kagitumba uhuza Uganda n’u Rwanda ku ruhande rw’Akarere ka Nyagatare, hagejejwe Abanyarwanda 58 n’Umurundi umwe bari bafungiye muri Uganda bashinjwa kwinjira no kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kuba ba maneko b’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 27 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 120, bakaba babonetse mu bipimo 13,157.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wari umaze imyaka ibarirwa muri ine ufunzwe, uzongera gufungurwa guhera tariki 31 Mutarama 2022.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, yitabiriye ikiganiro ku bijyanye n’uburyo habaho ubufatanye mu kunoza ibirebana n’urujya n’uruza hagati ya Afurika n’u Burayi. Iki kiganiro cyateguwe na fondasiyo ya Afurika n’u Burayi.
Ikipe ya Sunrise imaze kuzuza imikino 11 ya shampiyona y’icyiciro cya kabiri idatsindwa nyuma y’uko igice cya mbere cy’imikino ibanza kirangiye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, aratangaza ko nta hantu na hamwe mu Rwanda haba umugambi wo gukingira umuntu ku gahato ahubwo ngo uwakingiwe ni we ushobora kugira ukundi abisobanura.
Musenyeri Arnaldo Catalan wo muri Diyosezi ya Manila muri Philippines, ni we watorewe kuba Intumwa nshya ya Papa Francis mu Rwanda.
Hari abaturage bo mu bice bitandukanye by’Igihugu bavuga ko bagisiragizwa igihe bakeneye serivisi mu nzengo z’ibanze. Abo baturage bavuga ko atari kenshi umuntu akenera serivisi ku kagari, ku Murenge cyangwa ku karere ngo ayibonere igihe kuko bimusaba gutegereza umwanya, hakaba n’igihe ataha atayibonye bikamusaba kuzagaruka (…)
U Rwanda rushobora gutangira kohereza ubwoko butandukanye bw’imbuto y’ibigori muri Repubulika ya Santrafurika (CAR) no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB).
Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatangaje ko akuye ikipe ye muri Shampiyona kubera ibyo yise umwanda biyigaragaramo
Ingabo za Senegal zavuze ko abasirikare babiri b’icyo gihugu bishwe abandi icyenda baburirwa irengero kandi bikavugwa ko baba bafashwe bugwate, mu gihe barwanaga n’inyeshyamba zo mu muri Gambia.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yabwiye urubyiruko rugororerwa ku Iwawa ko abatamitse u Rwanda kandi uwatamitswe u Rwanda adatamira itabi, abasaba ko batagomba kongera gutamira ibiyobyabwenge.
Kuri uyu wa Kane taliki 27 Mutarama 2022, Nyiricyubahiro Arikiyepiskopi Antoine Cardinal Kambanda yizihije isabukuru y’imyaka itatu amaze ari umushumba wa Arikidiyosezi ya Kigali.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihigu gishinzwe igororamuco (NRS), Fred Mufulukye, yatangaje ko nta muntu wagororewe muri icyo kigo kizongera kwakira, ahubwo azajya akurikiranwa mu nkiko.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), ku bufatanye na Imbuto Foundation, UNDP ndetse na Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, bateguye amahugurwa agamije kumenyekanisha ikibazo cy’ubuzima bwo mu mutwe, kuko cyugarije isi, nyamara ugasanga abenshi nta makuru bagifiteho, cyangwa hari (…)
Ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Inama y’Abaminisitiri yemeje amateka ya Perezida azamura mu ntera abofisiye bakuru ndetse n’abapolisi bato bose hamwe 4592.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY), kubufatanye n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), ryateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’Intwari rizaba ku itariki ya 30 Mutarama 2022, kuri stade Amahoro i Remera.
Kugeza ubu mu mujyi wa Musanze n’ubwo hagaragara isuku, mu duce tw’icyaro tw’ako karere haracyagaragara umwanda kuri bamwe, abenshi bakitwaza ikibazo cyo kutegerezwa amazi.
Minisiteri ya Siporo imaze gutangaza amabwiriza mashya ajyanye n’imikino ndetse n’abafana ku kibuga, aho hatagaragaramo kwipimisha kuri buri mukino
Abaturage bimuwe mu manegeka bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegerezo wa Horezo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga, barasaba ko bafashwa kubaka ibikoni n’ubwiherero hanze y’amazu batujwemo.
Vinaigre de cidre de pomme ni ubwoko bwihariye bwa vinaigre, butandukanye n’ubusanzwe, kuko isanzwe ikorwa muri alukoro nyuma yo gutunganywa igahinduka acetic acid, mu gihe vinaigre de cidre ( apple cider vinegar) yo nkuko izina ribigaragaza, ikorwa mu mbuto za pomme.
Bamwe mu baturage bafite inzuri zagenewe ubworozi ntibakozwa ibyo gusinyana andi masezerano y’imikoreshereze yazo, mu gihe basanzwe bayafitanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Uko imyaka igenda itambuka ni ko ibiro by’umuntu bigenda byiyongera, hanyuma n’umubyimba we ugahinduka. Ibi bamwe babifata nk’ihame, bakibwira ko ntacyo babihinduraho.
Ku wa Kabiri tariki ya 25 Mutarama 2022, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana ari kumwe n’abayobozi b’Intara ya Kagera (Tanzaniya), iya Kirundo na Muyinga (Burundi), basuye imirimo yo kubaka urugomero rwa Rusumo bishimira aho igeze.
Umusaza w’imyaka 87 w’Umunya-Iran, amaze imyaka myinshi atagira aho aba yibera ku muhanda, ubu ngo akaba amaze imyaka hafi 70 atoga, ariko abahanga mu bya Siyansi batangazwa n’ukuntu ngo afite ubuzima bwiza.
Ikipe ya Kiyovu Sports mu rwego rwo kongera imbaraga yitegura imikino ya shampiyona yo kwishyura, yatangiranye impinduka yinjiza rutahizamu ariko itandukana na myugariro.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, yemeje imyanzuro irimo ko abafana bemererwa kongera kureba imikino ku bibuga bitandukanye
Mu Karere ka Musanze, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, ku bufatanye na Leta y’u Buyapani ibinyujije mu kigo cyayo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA), hafunguwe ikigo kigamije guhanga udushya hifashishijwe ikoranabuhanga (Musanze Innovation Hub).
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yemeje ko Prof. Claude Mambo Muvunyi, ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 131, bakaba babonetse mu bipimo 12,773.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Lesotho aho yagiye gusura Polisi y’iki gihugu. Ni uruzinduko yatangiye tariki ya 26 Mutarama 2022 rukazageza tariki ya 29 z’uku kwezi. Yagiye muri uru ruzinduko ku butumire bwa mugenzi we uyobora Polisi ya Lesotho, (…)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. Augustin Iyamuremye, yagendereye abaturage b’i Save muri Gisagara baherutse kugwiririrwa n’ibiza, abagezaho n’ubufasha bagenewe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu biro bye (Village Urugwiro).
Kuri uyu wa kane tariki ya 27 Mutarama 2022, abagore babiri bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’imyaka itanu, Akeza Elsie Rutiyomba, bazagezwa imbere y’ubutabera mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro aho biteganyijwe ko bazaburanishwa ku byaha bakekwaho.
Nyuma yo kwirukanwa muri Mukura VS, umutoza Ruremesha Emmanuel wavugwaga mu ikipe ya Etoile de l’Est idafite umutoza mukuru kugeza ubu, ariko impande zombi zanyomoje aya makuru.