Abagore bo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe bibumbiye mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya, bavuga ko yabafashije kuva mu bukene bukabije.
Umuryango mpuzamahanga w’Abagiraneza bibumbiye mu matsinda hirya no hino ku Isi, Rotary Club, wavuze ko wifuza ko abafite akazi bose mu Rwanda bawinjiramo kugira ngo bahabwe inshingano zo kwita ku bakeneye ubufasha hirya no hino mu gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 24 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 12, bakaba babonetse mu bipimo 7,755. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 25 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19, akaba yabonetse mu bipimo 10,481.
Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda Bert Versmessen na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, ku wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Musanze, gufungura ku mugaragaro Agakiriro ka Musanze, kuzuye gatwaye Miliyari 1 na Miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ku wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, nibwo Ikigo cy’u Rwanda cy’Isoko ry’imari n’imigabane (RSE), cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’icya Luxembourg, umuhango wabereye mu Bubiligi.
Perezida Kagame, ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, ubwo yari yitabiriye inama ya gahunda ya Aqaba kuri Afurika y’Iburasirazuba yayobowe n’umwami Abdullah II wa Jordanie. Aho yibanze ku mbogamizi z’umutekano mu gushakira hamwe ibisubizo bishya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Rutsiro yateguye igikorwa cyo gusobanurira abanyeshuri bahagarariye abandi bo muri Bumba TVET School, ibijyanye n’uburyo umunyamaguru akoresha umuhanda, ndetse n’uko akwiye kwitwara kugira ngo ataba intandaro y’impanuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwakoresheje inama Abaturage baturiye umuhanda Musanze-Rubavu, bo mu Murenge wa Busogo na Gataraga, nyuma y’uko muri ako gace habereye impanuka y’imodoka ya BRALIRWA imena inzoga izindi zirasahurwa.
Bamwe mu bakobwa biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, bavuga ko hari ababaca intege bababwira ko batazabona akazi, ariko ikirushijeho bakabwirwa ko batazabona abagabo, nyamara atari byo.
Mu gihe hirya no hino mu gihugu, hakigaragara inyubako zitagira uburyo bufasha abazigana bafite ubumuga bw’ingingo, hari abo bidindiza mu iterambere ryabo kubera ko baba badashobora kugera ku bayobozi aho bakorera, ngo babature ibibazo bafite imbonankubone.
Kuri uyu wa Gatanu amakipe y’ibihugu 10 muri Afurika yayoboye amatsinda icumi yo gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022, kizabera muri Qatar hagati y’ukwezi k’Ugushyingo n’Ukuboza uyu mwaka, arakina imikino ibanza ya kamarampaka.
Umunyarwanda Uhiriwe Byiza Renus yegukanye Umudali wa Zahabu mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23, mu gusiganwa umuntu ku giti cye
Ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, Rango Investment Group (RIG), yatangije ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka isoko rya Rango, kuri uyu wa 24 Werurwe 2022.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yahaye umukoro w’ibibazo abakorera mu Ntara y’Iburengerazuba bagomba kwitaho.
Ku wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, Maj Gen William Zana, Umuyobozi mukuru mu Ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ukuriye ibikorwa bihuriweho n’Ingabo mu ihembe rya Afurika, yasuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Ku munsi w’ejo FERWAFA ni bwo yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida bifuza gutoza AMAVUBI, harimo abatoza bafite ibigwi bikomeye ku rwego mpuzamahanga.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera baturiye uruganda rutunganya amazi rwa Kanzenze, baravuga ko bishimira ko kuva rwatangira gukora babonye amazi meza.
Ubu bufatanye bushya buzafasha Smart Africa Alliance, nk’urwego rukuru ku mugabane rushinzwe gushyiraho gahunda y’ikoranabuhanga muri Afurika, gukorana na AfricaNenda. Uyu muryango nyafurika washyizweho mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’uburyo bwo kwishyurana byihuse kandi bunoze, winjiye muri ubwo bufatanye i Kigali (…)
Nyuma y’amazi agera kuri 6 ibikorwa bya volleyball mu Rwanda bisa n’ibihagaze kubera ibihano byari byarafatiwe uyu mukino, kubera gukinisha abakinnyi batujuje ibyangombwa mu mikino mpuzamahanga y’igikombe cya Afurika, iheruka kubera mu Rwanda muri Nzeri umwaka ushize. Nyuma kandi yo gucibwa amande ya miliyoni zisaga 120 (…)
Nyuma yo gutandukana n’uwari umuterankunga waryo, Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryashyize hanze ikirango gishya kizakoreshwa muri shampiyona.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 19, bakaba babonetse mu bipimo 6,798.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Tabagwe ndetse no ku bitaro bya Gatunda bashima Leta yabegereje aya mavuriro kuko mbere hari abivuzaga magendu cyangwa bakarembera mu ngo kubera ingendo ndende bakora mu mihanda mibi bajya ku bitaro bya Nyagatare.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro, Claudette Irere, avuga ko umushinga wa BRITE wabashije gushyira amasomo kuri murandasi, hakaba hasigaye uruhare rwa Leta mu gutanga mudasobwa na murandasi mu mashuri yose, ku buryo ngo bigenze neza uyu mwaka uzarangira bageze (…)
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, yageze mu Mujyi wa Aqaba aho yakiriwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II, ni mbere y’inama yiga kuri Afurika y’Iburasirazuba, iteganyijwe kuri uyu wa Kane.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, Uwihoreye Jean Bosco Mustafa wamenyekanye ku izina rya Ndimbati, nibwo yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge aburana ifungwa n’ifungurwa ku byaha akurikiranyweho, birimo gusindisha umwana utarageza imyaka y’ubukure no kumusambanya.
Ku munsi wa mbere wa Shampiyona nyafurika mu mukino w’amagare, nta kipe y’u Rwanda yabashije kwegukana umudali.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko mu mpera z’uyu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, bazatangira gushyira kaburimbo ku bilometero 4,9 mu mihanda yo mu mujyi wa Huye.
Amazina ye yose ni Volodymyr Ole-ksa-ndrovych Zelenskyy; yavutse ku itariki 25 Mutarama 1978, atangira kujya muri Politiki avuye mu mwuga wo gukina filime z’uruhererekane n’izo gusetsa, ubu akaba ari we Perezida wa gatandatu wa Ukraine guhera muri 2019.
Intumwa ziturutse mu Ngabo za Sudani y’Epfo (SSPDF) ziyobowe na Maj Gen Malaak Ayuen Ajok, ziri mu Rwanda mu ruzinduko rw’icyumweru rwateguwe ku bufatanye n’Umuryango w’Abibumbye wita ku bagore na Sudani y’Epfo, hagamijwe kungurana ibitekerezo ku bijyanye n’uburinganire no kongera ubushobozi nyuma y’amakimbirane.
Umuryango mpuzamahanga utanga ubufasha (OXFAMI, watangaje ko abantu bagera kuri miliyoni 28 muri Afurika y’Iburasirazuba, bashobora kugarizwa n’ikibazo cy’inzara ikomeye cyane, kubera izamuka ry’ibiciro riturutse ku ntambara yo muri Ukraine, hamwe n’ibura ry’imvura muri uku kwezi kwa Werurwe.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryamaze gutangaza urutonde rw’abatoza basabye gutoza Amavubi, barimo Stephen Constantine wigeze gutoza iyo kipe y’Igihugu mu myaka yashize.
Abatuye mu Karere ka Bugesera baravuga ko biteguye gufatanyiriza hamwe n’abajyanama b’akarere, mu rwego rwo kugira ngo bashobore kwesa imihigo itareswa.
Teta Diana, umuhanzi nyarwanda wamamaye mu njyana gakondo akaba asanzwe anakorera umuziki we ku mugabane w’u Burayi, yatangarije abantu bose bibaza ku buzima bwe bw’urukundo, ko ari umukobwa ukuze kandi mwiza ushoboye kwihitiramo gukundana n’uwo ashaka, bityo ko atakora ubukwe rwihishwa.
Mu rwego rwo guca burundu abatwara amagare bagenda bafashe ku binyabiziga, Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Musanze ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’abatwara abantu n’ibintu ku magare mu mujyi wa Musanze (CVM), bari mu bukangurambaga bwo gufata abanyonzi bakomeje kugaragara, bagenda bafashe ku binyabiziga, (…)
Abaturage bo mu tugari twa Kaguhu na Bisoke mu Murenge wa Kinigi ho mu Karere ka Musanze baremeza ko baruhutse imvune baterwaga n’ingendo bakoraga bajya gushaka amazi mu birunga nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) gisannye imiyoboro y’amazi yari imaze igihe kinini yarangiritse.
Umuhanzi w’icyamamare, Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy, yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze, ifoto y’umugore we Mimi Mehfira, igaragaza ko atwite ndetse bari bugufi kwibaruka.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, arasaba Abanyarwanda kwitegura kwakira abashyitsi bazitabira inama y’Umuryango w’ibihugu byahoze bikoronizwa n’u Bwongereza (CHOGM), izabera mu Rwanda muri Kanama 2022.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 22 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 16, bakaba babonetse mu bipimo 7,434. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Umutoza Masudi Juma uheruka gusezererwa muri Rayon Sports yayireze muri FERWAFA ayishinja kumwirukana mu buryo budakurikije amategeko akaba ayisaba kumwishyura Miliyoni 58 Frws
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima bw’Imyororokere (UNFPA), ryahaye u Rwanda ibikoresho bifasha abagore n’abakobwa kuboneza urubyaro, bifite agaciro k’Amadolari ya Amerika miliyoni imwe n’ibihumbi 407(ahwanye na miliyari imwe na miliyoni 407 z’Amafaranga y’u Rwanda).
Soumeylou Boubèye Maïga wari Minisitiri w’Intebe w’igihugu cya Mali, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 21 Werurwe 2022, aguye muri gereza i Bamako, nyuma y’igihe gito umuryango we usabye ko yakwitabwaho akavurwa adafunze.
Abagize Koperative Twongere Kawa Coko, yo mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Coko mu karere ka Gakenke, n’abo mu mirenge inyuranye yiganjemo igihinga cya kawa, barishimira izamuka ry’ibiciro bya kawa byamaze kwikuba kabiri ku byo muri 2021.
Ishuri rimenyerewe cyane mu kwigisha umukino wa karate rizwi nka ‘The Champions Karate Academy’, ryafunguye ishami rizigisha n’indi mikino abana, kuri hoteli La Palisse Nyandungu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Werurwe 2022, muri Village Urugwiro yakiriye abayobozi b’Ihuriro ry’Ibigo Mpuzamahanga by’Imari bari mu Rwanda (WAIFC).
Kakooza Nkuriza Charles uyobora Gasogi United, yatangaje ko aramutse atsinzwe na Kiyovu Sports byaba ari uguhemukira umupira w’amaguru.
Abaturage b’Imirenge ya Cyanzarwe na Busasamana mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bakeneye kwegerezwa ahambukirwa umupaka ubahuza n’igihugu cya Congo hemewe, kugira ngo bashobore gusura imiryango yabo no kugenderana n’abahatuye, kuko bagorwa no gutanga amafaranga menshi kugira ngo banyure ku mipaka ya Kabuhanga na Gisenyi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Werurwe 2022 nibwo Guverinoma y’u Rwanda yohereje ubutumwa bwihanganisha Uganda nyuma yo kubura uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Hon. Jacob Oulanyah.
Nyuma y’uko mu Ntara y’Amajyepfo, gahunda ya ‘Give Directly’ yo guha abaturage amafaranga yo kwikenuza yavuzwe mu Karere ka Gisagara, ubu noneho yatangijwe no mu Karere ka Nyamagabe, ihereye mu Murenge wa Musange, aho abaturage bose bazayahabwa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Werurwe 2022, imodoka y’uruganda rwa Bralirwa yakoze impanuka, ibinyobwa yari ipakiye birangirika.