Dr Paul Edward Farmer wari impuguke mu bijyanye n’ubuvuzi, wafatwaga nk’intwari ikomeye mu guhindura urwego rw’ubuzima mu Rwanda yitabye Imana azize uburwayi.
Ubushinjacyaha bwasabiye igifungo cya burundu Paul Rusesagina na Nizeyimana Marc, bari bakatiwe n’Urukiko Rukuru gufungwa imyaka 25 kubera kurema umutwe w’ingabo utemewe, no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2021 hasojwe imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda. APR FC yisubije umwanya wa mbere itsinze Etincelles.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco irashishikariza abarezi, ababyeyi n’abandi bose bafite inshingano ku bana, kubarerera mu Kinyarwanda, no mu muco w’Abanyarwanda bakabikurana.
Umuryango wa Afurika Uunze ubumwe (AU) urashaka ko ibihugu biwugize byayoboka inzira yo gukoresha imbaraga za gisirikare, mu bikorwa byo kugarura amahoro, aho gukomeza umuco umenyerewe wo kubungabunga amahoro, nk’igisubizo cyo gushyira iherezo ku bikorwa by’inyeshyamba.
Imiryango itari iya Leta mu bijyanye n’ubutabera irasaba inzego zibishinzwe, gusesengura uko abantu batishoboye bafashwa kunganirwa mu mategeko hadashingiwe ku byiciro by’ubudehe, kuko byagaragaye ko bituma hari abadahabwa ubutabera kubera kutabona ababunganira mu mategeko.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, arasaba abahabwa inkunga kuzikoresha neza bakazibyaza umusaruro, by’umwihariko ku bategura imishinga mito igamije iterambere.
Sandy Dujardin ukinira ikipe ya Total Direct Energies yo mu Bufaransa, ni we wegukanye agace ka Tour du Rwanda kavuye Kigali berekeza i Rwamagana
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 20 Gashyantare 2022, umutoza mukuru wa APR FC, Adil Erradi Mohammed, ari kumwe na Kapiteni w’iyo kipe, Jacques Tuyisenge, basuye umubyeyi akaba n’umukunzi ukomeye wa APR FC, Kanzayire Consolée uzwi ku izina rya Shangazi, akaba amaze igihe arwaye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe igororamuco kivuga ko imwe mu miryango y’abagororerwa mu bigo by’igororamuco, itoteza abamaze kugororwa ntibabiyumvemo muri sosiyete bagahabwa akato mu gihe batashye, ikaba imwe mu mpamvu ziri gutera ubwiyongere bw’abasubira muri ibyo bigo nyuma yo kugororwa.
Mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyadukaga mu Rwanda mu ntangiriro za 2020, Guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo, zirimo na gahunda ya Guma mu Rugo mu gihugu hose.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 20 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 3, bakaba babonetse mu bipimo 16,760. Umuntu umwe yitabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, akaba ari umugore w’imyaka 63 i Burera. Abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize (…)
Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Gashyantare 2022, shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yakomezaga haba imikino ine y’umunsi wa 18, yaranzwe no gutsinda kwa Kiyovu Sports igahita ifata umwanya wa mbere.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022, ikipe ya Bugesera FC itazi gutsinda Rayon Sports uko bimera kuva muri 2017, ku munsi wa 18 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022, irayakirira kuri stade ya Bugesera.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi, avuga ko abanyamadini n’amatorero bujuje neza inshingano zabo, bimwe mu bibazo bihangayikishije igihugu nko guta amashuri kw’abana no kutagira ubwiherero bwujuje ibisabwa byacika burundu.
Polisi ikorera mu Karere ka Rwamagana, ku wa Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022, yafashe abantu barindwi bacyekwaho kuba mu itsinda ry’abibaga abaturage muri akokarere, bakaba banafatanywe bimwe mu bikoresho bibaga harimo moto yo mu bwoko bwa TVS, bicyekwa ko nayo bari bayibye.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwo mu Karere ka Huye, rwahaye inka Vincent Irikujije, wamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, ubu akaba atuye mu Murenge wa Rwaniro.
Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD), urugomero rwateje umwuka mubi hagati y’ibihugu rwubatswe ku ruzi rwa Nile muri Ethiopia, kuri iki Cyumweru tariki 20 Gashyantare 2022, rwatangiye gutanga amashanyarazi inyuma y’imyaka icumi rumaze rwubakwa.
Ingoro ya Buckingham Palace yatangaje ko Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II w’imyaka 95 yanduye Covid-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwamurikiwe igikombe cy’Intwari cya Handball, ishuri ryisumbuye rya G.S. Kigoma ryatwaye ku rwego rw’Igihugu, mu marushanwa y’abatarengeje imyaka 20 yahuje ibigo by’amashuri mu Rwanda.
Mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ryatangiye kuri iki Cyumweru, Umufaransa Alexandre Geniez ni we wegukanye agace ka mbere k’iri siganwa kakiniwe kuri Kigali Arena n’inkengero zayo
Ku wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo fatizo cy’inyungu banki z’ubucuruzi zifatiraho amafaranga yayo, mu rwego rwo kugabanya umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko, ryatangiranye n’uyu mwaka.
Ihuriro ry’Abagize Inteko Ishinga Amategeko rishinzwe gukumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi (AGPF), hamwe n’Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya ruswa (APNAC Rwanda), muri gahunda yo gusura amashuri yisumbuye, batangiye guhera ku ya 18 igasozwa ku ya 19 Gashyantare (…)
Abantu batanu bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, barohamye mu kiyaga cya Ruhondo babiri bahasiga ubuzima, batatu barokotse bakaba bari kwitabwaho n’abaganga.
Ku wa Gatandatu tariki 19 Gashyantare 2022, nibwo i Rebero ahazwi nko kuri Canal Olympia, habereye igitaramo Drip City Concert, aho umuhanzi mukuru yari Ruger.
Umwe mu Banyarwandakazi batuye mu gihugu cy’u Bwongereza, Sherrie Silver, yubakiwe ikumbano mu Mujyi wa London ateze amaboko nk’urimo kubyina, mu buryo Abanyarwanda babyina bateze amaboko.
Intumwa ziyobowe na Inspector General Reonardo Mathe, Umuyobozi mukuru ushinzwe ubutasi muri Mozambique (IGISS), yasuye icyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda i Mocimboa da Praia, mu ntara ya Cabo Delgado.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 19 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 10, bakaba babonetse mu bipimo 14,123. Umuntu umwe yitabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ni 1,455 nk’uko imibare (…)
Ku wa Gatanu tariki ya 18 Gashyantare 2022, Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi (FRB), ryahuguye abantu 128 ku kurwanya inkongi, barimo abakozi b’ibitaro bya Shyira muri Nyabihu n’abaturage babituriye, bose bakaba 92.
Kuri iki Cyumweru tariki 20 Gashyantare 2022, harakomeza imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho hategerejwe umukino ukomeye uzahuza ikipe ya Police FC na Kiyovu Sports kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Gashyantare 2022, yageze i Munich mu Budage aho yitabiriye Inama yiga ku mutekano.
Umuhanzi ukunzwe mu njyana gakondo, Clarisse Karasira, yateranye imitoma n’umugabo we bashimangira ko isezerano bagiranye bakirikomeyeho, kandi ko bakomeje kwibera mu munyenga w’urukundo kuva babana.
Iyakaremye Jean de Dieu wo mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo, yagwiriwe n’inzu ye ahita ahasiga ubuzima.
Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) na Afurika, kuva ku wa Kane tariki 17 kugeza tariki 18 Gashyantare 2022, bahuriye mu nama isanzwe ihuza iyi migabane yombi yari ibaye ku nshuro ya gatandatu, mu rwego rwo kurushaho gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ahazaza .
Harabura amasaha make ngo hatangire isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda, aho kugeza ubu igihangange byitezwe ari Chris Froome ukinira ikipe ya Israel-Premier Tech.
Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), rwitambitse icyemezo cy’abashinze Umuryango Authentic World Ministries, Zion Temple Celebration Center (Pionniers), bashaka kuvana Apôtre Dr Paul Gitwaza ku buyobozi bwawo.
Umuryango w’Abibumbye (UN) binyuze k’Umunyamabanga Mukuru wawo, Antonio Guterres, agiye guha Umunyarwanda, Valentine Rugwabiza, inshingano z’Umuyobozi w’Ubutumwa bwa Loni muri Santrafurika (MINUSCA).
Ikipe ya Israel Premier Tech kuri uyu wa Gatanu yasuye ikipe y’abakobwa ya Bugesera y’umukino w’amagare, ibemerera kububakira ikibuga cy’umukino w’amagare kigezweho
Nzeyimana Felicien w’imyaka 61 wari utuye mu mudugudu wa Nyabwishongwezi ya gatatu, akagari ka Nyabwishongwezi, Umurenge wa Matimba, yitabye Imana ku wa 16 Gashyantare 2022, mu bitaro bya Nyagatare, nyuma yo gukubitwa inyundo mu mutwe n’umuhungu we, umugore akabeshya abaganga ko yakoze impanuka.
Urugaga nyarwanda rushinzwe guteza imbere Ibaruramari mu Rwanda (ICPAR), rutangaza ko urubyiruko nirurushaho gushyira imbaraga mu kwiga amasomo y’ubunyamwuga mu by’ibaruramari, bizafasha ko amahame n’amabwiriza agenga ibaruramari, arushaho kumenyekana no kwimakazwa, bifashe no mu iterambere ry’igihugu.
Umwe mu bakobwa bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2022, Iradukunda Christan, yatunguranye atangaza ko ataje guhatanira kwegukana ikamba rya Miss Rwanda 2022, ko ahubwo atewe amatsiko no kuzabona ibisonga bye, ubwo iri rushanwa rizaba risojwe.
Kuva muri Kanama mu 1994, igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi gitangira gutangwa muri shyampiyona y’u Bwongereza, kugeza ubu kimaze gutwarwa n’abakinnyi 250 gusa mu myaka 28 kimaze.
Ku wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, Guverinoma ya Mali yasabye u Bufaransa gukura Ingabo zabwo muri icyo gihugu bidatinze, kandi icyo gikorwa kigahagarikirwa n’abategetsi ba Mali.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Nyagatare bishimiye igiciro cy’ibigori cyatangajwe, ariko nanone bakifuza ko aricyo cyakurikizwa n’abaguzi b’umusaruro wabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 14, bakaba babonetse mu bipimo 10,367. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,454 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yabwiye abakuru b’imidugudu bo mu Karere ka Nyaruguru ko izina ‘Kibeho’ rituruka ku bakurambere b’i Nyaruguru bavuze bati turwanire igihugu, kibeho.
Kuri wa Gatatu tariki ya 16 Gashyantare 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze ku bufatanye n’abashinzwe umutekano mu bamotari, bafashe uwitwa Habimana Celestin w’imyaka 25, afatirwa mu Murenge wa Muhoza, mu Kagari ka Mpenge, Umudugudu wa Rukoro, akaba yafatanwe moto yo mu bwoko bwa TVS Victor ifite ibirango RD 371J.
Ku wa Kane tariki ya 17 Gashyantare 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Gatsibo, mu mukwabo ugambiriwe, yafashe abasore babiri bari barazengereje abaturage babiba.
Kuva ku bakinnyi n’abatoza mu Rwanda, kugera ku buyobozi bw’ishyirahamwe nyarwanda ry’amagare (FERWACY) no kuri Minisiteri ya Siporo, intero ni imwe, ni iyo gutwara Tour du Rwanda.