Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ikigo cyo mu karere gishinzwe imicungire y’imbunda ntoya n’amasasu (RECSA), n’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’Ubushakashatsi (UNITAR), bafunguye ku mugaragaro amahugurwa ajyanye n’amabwiriza y’Umuryango wa Afurika yunze (…)
Ubuyobozi bwatangaje ko habonetse imirambo 17, bikekwa ko yose ari iy’abantu bari mu bwato bwarohomye ku wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022, impanuka yabereye hafi y’umujyi w’ubucuruzi wa Lagos.
Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Sports iri mu biganiro n’umutoza ukomoka mu gihugu cy’u Bubiligi Patrick Aussems bamaze kwemeranya kuzayitoza kuva mu mwaka w’imikino wa 2022-2023 asinya amasezerano y’imyaka itatu.
Abaganga bo muri Turukiya (Turkey), batunguwe no kubaga umuntu wababaraga mu nda cyane bakamusangamo ibiceri, imisumari, amabuye n’ibice by’ibirahuri.
Kuri uyu wa Mbere ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri umunya-Cameroun Man Ykre Dangmo Ngnowa Hapmo
Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yamaze kwinjizwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bidasubirwaho, nyuma yo kuzuza ibyo yasabwaga byose. Mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula Apala, yashyikirije umunyamabanga mukuru wa (…)
Abatuye mu bice bitandukanye by’Igihugu by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali baravuga ko muri ibi bihe bugarijwe n’ubujura bujyanirana n’ubugizi bwa nabi bakorerwa haba mu masaha y’amanywa cyangwa nijoro. Ni ubujura bavuga ko bumaze gufata indi ntera, kuko ababukora badatinya gukubita bagakomeretsa mu buryo bwo kugira intere (…)
Musenyeri André Havugimana avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yemeye gutakaza zimwe mu ngingo z’umubiri we kuko yanze gutanga Abatutsi bari bahungiye muri Seminari i Ndera.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Dan Munyuza, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Nyakanga 2022, yakiriye mu biro bye biherereye ku Kacyiru mugenzi we wa Somaliya IGP Maj. Gen. Abdi Hassan Mohamed, baganira ku cyateza imbere umubano mu buryo butandukanye bwo gucunga umutekano.
Raporo iteganya ibiri imbere yashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Abibumbye (UN) kuri uyu wa mbere, irerekana ko abatuye isi bazagera kuri miliyari 8 ku itariki 15 Ugushyingo 2022, mu gihe Ubuhinde buzaba bwaraciye ku Bushinwa nk’igihugu gituwe cyane kurusha ibindi ku Isi muri 2023.
Perezida wa Sri Lanka, Gotabaya Rajapaksa, yatangaje ko tariki ya 13 Nyakanga 2022, azarekura ubutegetsi mu mahoro, nyuma y’imyigaragambyo y’abaturage yabaye tariki 9 Nyakanga 2022, bamusaba ko yava ku butegetsi kubera ibibazo iki gihugu gifite.
Abatuye Umurenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu, barishimira ikiraro bubakiwe, aho bemeza ko kigiye kubarinda impanuka bajyaga bahura nazo mu kwambuka umugezi, aho bagiriraga impungenge nyuma y’uko hari n’abahaburiye ubuzima.
Bamwe mu baturage bagezweho na gahunda ya Bandebereho, barishimira ko yabafashije gutuma basezerera amakimbirane yahoraga mu miryango yabo, kubera ibyo bigiyemo, byafashije abagize umuryango kumvikana.
Imwe mu myanzuro yafatiwe mu ihuriro ry’abagore bari mu Nteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie), bari bamaze iminsi mu Rwanda aho bari bitabiriye Inteko Rusange ya 47 y’iryo huriro, bafatiyemo imyanzuro ijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 10 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 38, bakaba babonetse mu bipimo 2.426. Abantu 10 banduye babonetse i Kigali, 7 baboneka i Karongi, 6 i Rusizi, 4 i Musanze, 4 i Muhanga, 3 i Kamonyi, 2 i Rubavu na 2 i Nyamasheke. Nta muntu witabye (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare bakuru batatu bari basanzwe ku ipeti rya ‘Brigadier General’ bahabwa ipeti rya ‘Major General’.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 13.7% muri Kamena 2022 ugereranyije na Kamena 2021. Ibiciro byo mu mijyi ni byo byifashishwa nk’igipimo ngenderwaho mu bukungu bw’u Rwanda.
Ku wa Gatandatu tariki ya 9 Nyakanga 2022, mu Rwanda hasojwe irushanwa mpuzamahanga rya Tennis “Davis Cup 2022 by Rakuten Africa Group IV”, aho ikipe y’u Rwanda yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Togo Imikino 3-0.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yasohoye itangazo ribuza kwamamaza ibikorwa byose by’ubuvuzi mu gihe baba batabiherwe uburenganzira n’iyo Minisiteri.
Mu rwego rwo guhangana n’ingaruka za Covid-19, Leta y’u Rwanda yashyizeho Ikigega nzahurabukungu cyo kunganira abahuye n’ingaruka zatewe n’icyo cyorezo, kugira ngo bongererwe ubushobozi bwo gukora no kwiyubaka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Madamu Patricie Uwase, yatashye ku mugaragaro sitasiyo nshya y’amashanyarazi ya Nyabihu (110/30kV) ndetse n’umuyoboro w’amashanyarazi (110kV) uyihuza n’urugomero rwa Mukungwa ya mbere ruherereye mu Karere ka Musanze. Intego y’uyu mushinga ikaba ari ukuvugurura no (…)
Senateri Uwizeyimana Evode arasaba Abanyarwanda kugira imyumvire ingana kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ no ku gukunda u Rwanda, kuko iyo imitekerereze isumbanye, bigoranye kugera ku bumwe burambye.
Abatuye Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, barishimira inyubako nshya y’ibiro by’umurenge wabo, aho bemeza ko imitangire ya serivisi igiye kurushaho kunoga, ikaba yuzuye itwaye Miliyoni 333 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Abanyarwanda batuye mu Bwongereza, inshuti zabo ndetse n’abayobozi batandukanye, bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 28, umuhango wabereye i Stockport mu mujyi wa Manchester, witabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 9 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 64, bakaba babonetse mu bipimo 4,145. Abantu 17 banduye babonetse i Kigali, 17 baboneka i Karongi, 9 i Nyabihu, 9 i Musanze, 8 i Rusizi na 4 i Nyamagabe. Nta muntu witabye Imana, imibare (…)
Umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko u Bwongereza bufite gahunda yo gukomeza politiki zumvikanyweho harimo kohereza abimukira mu Rwanda.
Ni umukino watangiye isaa kumi n’iminota itanu, ikipe ya APR FC yari yabanjemo ahanini abakinnyi batabanza mu kibuga, yiharira igice cya mbere ariko ntiyabona izamu, kuko umukino warangiye ari ibitego 2 bya Sunrise ku busa bwa APR FC.
Perezida Paul Kagame, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Nyakanga 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko zo mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, APF, bari mu Rwanda bitabiriye Inteko Rusange ya 47.
Umutwe w’inyeshyamba wa ‘ADF’ ufatwa nk’uwica cyane kurusha indi ibarizwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko wishe nibura abarwayi icyenda mu ivuriro ryo mu Burasirazuba bwa Congo, bikaba byemejwe n’igisirikare cy’icyo gihugu, nk’uko byatangajwe na Al Jazeera.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ubu igiye gutangiza ikipe y’umupira w’amaguru y’abagore, ndetse n’irerero ry’abana "Académie"
Muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), hari abanyeshuri binubira kuba hashize imyaka itatu nta mudasobwa zigendanwa zitangwa, bakaba babona bazarangiza amasomo batazibonye, nyamara barasinyiye kuzazishyura hamwe na buruse, ubuyobozi by’iyo kaminuza bukabizeza igisubizo cy’icyo kibazo
Ugitunguka ahabereye igitaramo cyateguwe na Massamba Intore kuri Camp Kigali, cyaraye kibaye mu ijoro ryo ku wa 8 Nyakanga 2022, wahitaga ubona uburyo hateguwe mu mabara y’imyambaro ya Gisirikare ndetse hamwe hagaragaraga ishusho y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, kikaba cyanyuze abacyitabiriye urebye uko bari (…)
Ibihumbi by’abagiragambya bahiritse bariyeri yari yashyizweho na Polisi binjira aho Perezida w’icyo gihugu, Gotabaya Rajapaksa, atuye basaba ko yegura, iyo ngo akaba ari yo myigaragambyo ikomye ibaye muri icyo gihugu muri uyu mwaka wa 2022.
Abayisilamu bo mu Rwanda n’abo ku Isi yose muri rusange kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nyakanga 2022, bongeye kwizihiza umunsi mukuru w’igitambo (EId Al Adha), nyuma y’igihe kirenga imyaka ibiri utizihizwa kubera icyorezo cya Covid-19 cyari cyibasiye isi.
Umuyobozi wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi, yabwiye abanyeshuri basoje amasomo yabo mu Ishuri Agahozo Shalom Youth Village, kuzirikana ko iterambere ryabo bwite n’iry’igihugu riri mu biganza byabo, bityo ko bakwiye kubyaza umusaruro uburere bahawe kugira ngo ibyo bigerweho, ndetse anabizeza ko iyo Banki izakomeza (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, asaba urubyiruko kumva ko kwizigamira bitareba abakuru cyangwa abafite umushahara gusa, ahubwo n’umwana yabikora kandi akiteza imbere.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko Stade Umukuru w’Igihugu yemereye Abanyenyanza iri mu nzira zo kubakwa, kuko inyigo yayo yo yarangiye, bikaba biteganyijwe ko izakira abantu ibihumbi 20.
Ku wa 8 Nyakanga 2022, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye umusangiro wo kwishimira isabukuru y’imyaka 25, habayeho Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga Amategeko (FFRP), abashimira uruhare bagize mu iterambere ry’Igihugu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 8 Nyakanga 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 76, bakaba babonetse mu bipimo 4,181. Abantu 22 muri abo 76 banduye babonetse i Kigali, 13 baboneka i Ngororero, 10 i Karongi, 9 i Nyaruguru, 4 i Rusizi, 4 i Muhanga, 3 i Ruhango, 3 i Kamonyi, 2 i (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aragenga ibihugu n’imiryango mpuzamahanga nka MONUSCO, kuba bikomeza kugereka ibibazo bya Congo ku Rwanda kandi nyamara umuti wabyo woroshye kuboneka, igihe habaho uburyo buhamye bwo kubikemura.
Ubushinjacyaha bumaze gusabira Laurent Bucyibaruta ko yafungwa burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro yayoboraga mu 1994.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu, by’umwihariko mu bice bibarizwa mu mu Mujyi wa Gisenyi, bavuga ko umwaka ushize batandukanye no kubura amazi nyuma y’aho Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), cyongereye amazi n’imiyoboro y’amazi giha abatuye umujyi wa Gisenyi.
Umugore wo muri Bolivia yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano nyuma yo gusuka amazi ashyushye ku mugabo we mu gihe yari asinziriye akamutwika ku myanya ndangagitsina ndetse no ku kuboko, amuziza kuba yararose avuga amagambo y’urukundo ayabwira undi mugore mu nzozi.
José Eduardo dos Santos wabaye Perezida wa Angola mu gihe cy’imyaka 37, akaba yaravuye ku butegetsi mu 2018, yitabye Imana ku myaka 79 aguye mu ivuriro ryo mu Mujyi wa Bercelone muri Espagne, aho yari ari mu bitaro nyuma yo kugira ikibazo cyo guhagarara k’umutima bitunguranye ‘un arrêt cardiaque’.
Ku wa Gatatu tariki ya 06 Nyakanga 2022, mu Karere ka Gatsibo hatangijwe ikigo kizajya gifasha mu by’amategeko no kwigisha imyuga abana b’abangavu basambanyijwe bagaterwa inda, mu rwego rwo kubafasha kubona ubutabera no kwita ku bana babo.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Nyakanga 2022,ikipe ya APR FC kumugaragaro yaguze umukinnyi Nkundimana Fabio wakiniraga Musanze FC wanifuzwaga n’ikipe ya Rayon Sports.
Umuhanzi Massamba Intore yatangaje ko igitaramo yateguye cyo kwibohora kiba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Nyakanga 2022 muri Camp Kigali amafaranga avamo hazagenwa azafashishwa abatishoboye bamugariye ku rugamba.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abajyanama b’ubuzima bagiye gufashwa kujya batanga serivisi mu buryo bukomatanyije, bitandukanye n’uko byakorwaga, aho buri wese yabaga afite indwara yahuguriwe.