Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (UNIRMCT) rwatangaje ko ku ya 18 Kanama 2022 ari bwo Félicien Kabuga ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi azitaba urukiko mu nama ntegurarubanza.
Umuryango Grace Room Ministries ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Remera, bateguye igiterane cy’ivugabutumwa, kigamije gufasha ibyiciro bitandukanye kuva mu ngeso mbi zirimo kwijandika mu biyobyabwenge, uburaya n’ibindi.
Muri shampiyona ya Basketball yakomezaga kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Patriots yatsinze REG BBC amanota 83-78, isoza shampiyona ari yo iyoboye mbere y’uko hakinwa imikino ya kamarampaka.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ko Perezida wa Repubulika ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ibirori byo gutanga ipeti rya gisirikare ku barimo umwana wabo, Ian Kagame.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19 akaba yabonetse mu bipimo 4,035.
Ihuriro Nyarwanda ry’Abantu bafite Ubumuga (NUDOR) hamwe n’abafatanyabikorwa baryo, tariki 11 Kanama 2022 bakiriye ku mugaragaro imodoka ebyiri zifite ikoranabuhanga ryorohereza abantu bafite ubumuga kuzinjiramo bitabaye ngombwa ko babanza kuva ku magare abafasha mu ngendo.
Abasigajwe inyuma n’amateka bibumbiye muri Koperative ‘Abakomezamwuga’, bakorera mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo, bavuga ko umwuga wo kubumba amavaze ategurwamo indabo wabahinduriye ubuzima, kuko byabafashije kwiteza imbere.
Ian Kagame, umuhungu wa Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022, yasoje amasomo mu bya gisirikari, amushyira ku rwego rwa Sous-Lieutnent, mu birori bibereye ijisho byabereye ku cyicaro cy’Ishuri rya gisirikari rya Sandhurst(Royal Military Academy), riherereye mu majyepfo y’Umujyi wa Londres mu gihugu (…)
Lewis Hamilton ukomoka mu Bwongereza akaba azwi cyane mu mukino wo gusiganwa atwara imodoka nto (Formula 1), yasuye u Rwanda asura n’ingagi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu rwego rw’urugendo arimo akorera muri Afurika.
Itsinda ry’abakobwa umunani bari basanzwe bakora umurimo wo gutaka amasaro, biyemeje no gukora tapis mu dutambaro dusigazwa n’abadozi. Claudine Nyirakamana, umwe muri aba bakobwa bakora mu gakiriro k’i Save mu Karere ka Gisagara, avuga ko izo tapis bazikora bifashishije umufuka bagenda bapfundikaho udutambaro duto duto.
Mu ntangiriyo za Kanama uyu mwaka, nibwo Akarere ka Gisagara ku bufatanye na Federasiyo y’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), batangije gahunda yo kuzenguruka ako karere kamaze kuba igicumbi cya Volleyball, bashakisha impano z’abana bato bari munsi y’imyaka 16, bafite impano muri uwo gukina umukino, maze bagatoranywa (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye kuzamura impano z’urubyiruko, binyuze mu kigo cya Vision Jeunesse Nouvelle gisanzwe gifasha urubyiruko, ibi bikazatuma haboneka benshi bafite impano.
Iyo myigaragambyo yatangiye mu mutuzo, igamije kugaragaza ikibazo cy’ubuzima buhenze cyane aho muri Sierra Leone, ariko ku ya 10 Kanama 2022, ihinduka imyigaragambyo ikomeye ikaba imaze guhitana ubuzima bw’abapolisi 6 n’abasivili 6 i Freetown, mu Murwa mukuru w’icyo gihugu.
Nyuma y’aho bimariye kugaragara ko hari urubyiruko rwinshi, rukenera kwigira imyuga hafi yabo, ariko bakagorwa n’uko nta mashuri yabugenewe abegereye hafi, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru, buvuga ko bugiye gushyira imbaraga mu kongera ibyumba bigenewe kwigishirizwamo imyuga(TVET); ibi bikazagenda byubakwa ku bigo (…)
Abanyamuryango ba Koperative y’abahinzi b’umuceri ‘COPRORIZ Ntende’ bageze mu zabukuru barenga 360, batangiye guhabwa amafaranga y’izabukuru abafasha mu mibereho, ikaba iyaha abageze ku myaka 65.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), kirakangurira abaturage kwipimisha indwara zitandura kugira ngo bamenye uko bahagaze, niba hari abasanze barwaye bakurikiranwe.
StarTimes, sosiyete icuruza ibijyanye no gusakaza amashusho, yagiranye amasezerano y’imikoranire n’umuryango SOS Rwanda wita ku bana n’urubyiruko badafite kirengera. Ayo masezerano azamara imyaka ibiri azibanda cyane cyane ku gufasha urubyiruko rurererwa muri SOS Rwanda kwimenyereza umwuga, guhabwa akazi ndetse no guteza (…)
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yazamuye igipimo cy’inyungu fatizo, itangiraho amafaranga yayo kuri banki z’ubucuruzi, iva kuri 5,0% igera kuri 6%, mu rwego rwo guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku isoko no gukomeza gushyigikira izahuka ry’ubukungu.
Ikipe ya APR FC na AS Kigali zizasohokera u Rwanda mu mikino Nyafurika, CAF Champions League na CAF Confederation Cup, zizajya zakirira imikino yazo kuri Stade mpuzamahanga ya Huye, nyuma y’uko iyi stade isohotse ku rutonde rw’izemewe na CAF.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 11 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 5, bakaba babonetse mu bipimo 2,901. Abantu 3 banduye babonetse i Rubavu na 3 i Kigali. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ari abantu 1,466.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe kumenyekanisha ubukerarugendo bushingiye ku nama (Rwanda Convention Bureau/RCB), buratangaza ko bateganya kwinjiza Amafaranga y’u Rwanda miliyali 43, binyuze muri ubu bukerarugendo muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo buratangaza ko gukorana no kuzuzanya n’izindi nzego z’imiyoborere, byatumye kaza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo ya ba mutimawurugo.
Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane, cyahuriwemo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, Minisitiri Biruta yavuze ko u Rwanda rushyigikiye amasezerano ku by’umutekano mu karere.
Abaturage biganjemo abo mu mujyi wa Musanze, by’umwihariko abubakaga inzu y’igorofa iherereye mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza, Akagari ka Mpenge mu Mudugudu wa Rukoro, batangaye nyuma yo kuvumbura ibigega bya lisansi byari bimaze igihe bitabye mu mbuga y’ahari kuzamurwa igorofa.
Abasirikare 42 ba Mali nibo bamaze gupfa bazize igitero cy’ubwiyahuzi bagabweho, nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cy’icyo gihugu, ku wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yavuze ko urubanza rwa Paul Rusesabagina rwarangiye, agomba gufungwa akarangiza igihano cye, n’ubwo amahanga arimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeza gusaba ko arekurwa.
Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali mu Rwanda (RALGA), rifatanyije na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Intara, Umujyi wa Kigali n’Uturere, barimo guhugura abatorewe kujya mu nzego z’ibanze, kugira ngo bamenye inshingano zabo neza mu gufasha umuturage kugira ubuzima bwiza no kwiteza imbere.
Igikombe cy’Isi cy’umpira w’amaguru ‘FIFA World Cup 2022’, giteganyijwe gutangira umunsi umwe mbere y’itariki yari iteganyijwe. Kigatangira ku Cyumweru tariki 20 Ugushyingo 2022, kigatangira Ikipe y’igihugu ya Qatar ikina n’Ikipe y’igihugu ya Ecuador.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Imishinga y’Inzego z’Ibanze LODA ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, kigiye guha abacururiza mu muhanda inguzanyo bazajya bishyura mu gihe cy’imyaka ibiri bongeyeho inyungu ya 2% by’ayo bahawe.
Padiri Muzungu Bernardin waranzwe no kwandika ibitabo ndetse akaba n’umusizi yatabarutse ku myaka 90 aguye mu bitaro bya CHUK. Aya akaba ari amakuru yatangajwe n’ababa hafi y’umuryango we ko yapfuye azize uburwayi tariki ya 10 Kanama 2022.
Umunya-Kenya Paul Were waherukaga gukinira Egaleo yo mu Bugereki ni we wageze i Kigali mbere, saa Tatu n’igice z’ijoro ku wa Gatatu, tariki ya 10 Kanama 2022.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko uburyo bushya bwo kwandika abana mu gitabo nkoranabuhanga cy’irangamimerere, bwatanze umusaruro ukomeye kuko mu mwaka wa 2021, kwandika abana byageze ku kigereranyo cya 84.2% bavuye kuri 53% mu 2015, bivuze ko habayehoizamuka rya 31.2%.
Kuva tariki ya 8 Kanama 2022, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangiye gutanga doze ya kabiri ishimangira y’urukingo rwa Covid-19, ku bageze mu zabukuru ndetse n’abandi bafite ibibazo by’ubuzima, iyo gahunda ikaba ikomeje ndetse n’abaturage barimo kuyitabira kuko bumva akamaro kayo.
Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko igiye kubaka amashuri y’imyuga muri buri murenge, mu rwego rwo gushyigikira no gushimangira gahunda yo guteza imbere uburezi bushingiye ku myuga, tekiniki n’ubumenyingiro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 2, bakaba babonetse mu bipimo 2,397. Abantu 2 banduye babonetse i Kigali. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 ari abantu 1,466.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse yatangaje ko abakozi batatu birukanywe bazize amakosa bakoze, kandi ko biri mu rwego rwo kubabaza inshingano.
Perezida Paul Kagame yifurije isabukuru nziza Madamu Jeannette Kagame wavutse ku itariki ya 10 Kanama 1962, ubu akaba yujuje imyaka 60 y’amavuko.
Amakuru aturuka muri Kenya, agaragaza ko kugeza uyu munsi tariki ya 10 Kanama 2022, mu ma saa saba zo ku manywa ku isaha y’aho muri Kenya, ku majwi yari amaze kubarurwa muri rusange, William Ruto yari ari mbere ya mugenzi we bahanganye cyane mu matora, ari we Raila Odinga.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru y’Akarere ka Rutsiro (Rutsiro FC), butangaza ko bufite ibirarane by’abakinnyi n’abakozi bitari munsi y’amezi abiri, kandi bishobora kugira ingaruka mu gutangira shampiyona.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 15.6% mu kwezi kwa Nyakanga 2022 ugereranyije na Nyakanga 2021. Ibiciro muri Kamena 2022 byari byiyongereyeho 13.7%.
Padiri Rushigajiki Jean Pierre uzwi ku izina ryo kuva mu bwana rya ‘Pierrot’ akoresha no mu buhanzi, avuga ko kuba umusaserodoti bitamubuza no gukora ubuhanzi bwe kuko ari impano yahawe n’Imana.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) kivuga ko muri uku kwezi kwa Kanama hateganyijwe imvura nke izatuma amazi agabanuka ndetse n’ubuhehere bw’ubutaka bukagabanuka cyane.