Umuryango Pro-Femmes Twese Hamwe wahuguye abagore 160 bo mu Ntara y’Amajyepfo mu bijyanye no kuyobora, unabashishikariza kwiyamamaza, none urishimira ko mu matora y’inzego z’ibanze aheruka biyamamaje bakanatorwa.
Urukiko rw’Ubujurire rwasubitse isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo baregwa hamwe gushinga no kuba mu mutwe wa MRCD-FLN ushinjwa ibitero by’iterabwoba ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe, byiciwemo abaturage icyenda mu myaka ya 2018-2019.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko muri iki gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Werurwe 2022 (kuva tariki ya 21 kugera 31), mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi kurusha iyaguye mu gice cya kabiri cy’uku kwezi (kuva 10-20 Werurwe 2022).
Abahinga mu gishanga cya Mugogo giherereye mu Murenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, baravuga ko ubu bari mu gihirahiro, icyizere cyo kuhahinga muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2022B kikaba cyamaze kuyoyoka, bitewe n’uko cyongeye kurengerwa n’amazi y’imvura kandi cyaherukaga gutunganywa.
Mu bitero u Burusiya bukomeje kugaba kuri Ukraine kuva tariki 24 Gashyantare 2022, bwageze aho bukoresha ibisasu bidasanzwe byitwa Missile hypersonic Kinzhal.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 20 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abantu 10 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 9,210. Muri abo bantu 10 harimo icyenda babonetse i Kigali, n’umwe wabonetse i Nyabihu. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze (...)
Ku wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bihugu bya Senegal, Guinea Bissau, Mali, Gambia na Cabo Verde, Jean Pierre Karabaranga, yashyikirije Nyakubahwa José Maria Pereira Neves, Perezida w’Igihugu cya Cabo Verde, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Werurwe 2022, mu nyubako y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena, hasojwe iserukiramuco ry’imikino njyarugamba ry’umunsi umwe ryiswe ‘Martial arts sports festival’, ryabaga ku nshuro ya mbere.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yari yakomeje kuri iki Cyumweru tariki 20 Werurwe 2022, aho APR FC yatsinze Rutsiro FC igitego 1-0, byatumye Rutsiro nayo ikomeza kuba mu makipe ashobora gusubira mu cyiciro cya kabiri.
Impugucye mu myubakire zisaba ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu kubanza gukoresha ubushakashatsi bw’imiterere y’ubutaka, mbere yo gukora igishushanyo mbonra kugira ngo harebwe imiterere yabwo n’ingaruka bwagirwaho n’imitingito, hirindwa ko inyubako zahashyirwa zazangirika nk’uko byagenze mu gihe cy’iruka ry’ibirunga.
Aba ni bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bamamaye kubera ibikorwa by’indashyikirwa bakoreye abaturage b’ibihugu byabo, n’abandi baranzwe n’ibikorwa bidasanzwe baba abakiri ku buyobozi n’abacyuye igihe.
Abantu benshi bakunda guhuza kuba umuntu ari mukuru mu myaka no kuba afite ubushobozi bwo kugira umuntu inama nziza cyane cyane abatoya. Nyamara ibi naje gusanga ntaho bihuriye kuko n’abantu bafite ubwenge buke bajya bakura mu myaka.
Kuri iki Cyumweru tariki 20 Werurwe 2022, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 52 y’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa (OIF), runashima intambwe nziza umaze gutera mu guhaza ibyifuzo by’urubyiruko, kuko ari rwo ejo hazaza hawo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki, arasaba urubyiruko gusukura bihoraho inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no kuzirinda, kugira ngo basigasire amateka y’Igihugu.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Rangira Bruno, avuga ko isoko mpuzamipaka rya Rusumo rifungura imiryango muri Mata uyu mwaka, uretse abacuruzi b’Abanyarwanda n’abanyamahanga, cyane Abatanzaniya nabo bakaba bemerewe kurikoreramo ubucuruzi bwabo.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 19 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 2, bakaba babonetse mu bipimo 9,598. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (...)
Nshuti Muheto Divine ni we wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2022, yambikwa ikamba, naho Igisonga cya mbere aba Keza Maolithia, Igisonga cya kabiri aba Kayumba Darina.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Werurwe 2022 hakomeje shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda hakinwa imikino ibiri, Kiyovu Sports ishimangira umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Rayon Sports ibitego 2-0.
Imibare y’abitabiriye ikigega Ejo Heza mu Karere ka Nyaruguru, igaragaza ko umubare w’abagore bitabira kwizigamira muri icyo kigega, ari wo munini ugereranyije n’uw’abagabo, bagakangurirwa nabo kwikubita agashyi.
Kuri uyu wa 18 Werurwe 2020, Ikigega Mpuzamahanga gitera inkunga imishinga y’Ubuhinzi (FIDA), cyasohoye itangazo rivuga ko icyorezo cy’inzara kirimo gusatira Isi yose, kubera intambara ihanganishije Ukraine n’u Burusiya, ariko impande zombi z’abarimo kuyirwana zikavuga ko zitazamanika amaboko.
Abanyeshuri biga ku ishuri ribanza ryigenga ryitwa Ikibondo, ku wa 18 Werurwe 2022 bashyikirije ab’abakene biga ku ishuri ribanza rya Mpare ibikoresho by’ishuri babaguriye.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), iratangaza ko nta kigo cya Leta kizongera gukoresha ikizamini cy’akazi cyanditse hatifashishijwe ikoranabuhanga, mu rwego rwo koroheraza abapiganirwa imyanya y’akazi.
Abayobozi b’imijyi ya Goma na Gisenyi basinye amasezerano yo gukumira ibyaha birimo na magendo, mu gufasha abatuye iyo mijyi kubana neza no guhahirana nta rwikekwe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Werurwe 2022, Umukuru w’Inama y’Igisirikare iyoboye inzibacyuho akaba na Perezida wa Repubulika ya Tchad, Gen. Mahamat Déby Itno, yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda.
Ku wa Gatanu tariki ya 18 Werurwe 2022, abapolisikazi 20 basoje amahugurwa bari bamazemo iminsi itanu, aho bigishwaga gukumira iyinjizwa ry’abana mu Gisirikari, no kubakoresha mu bikorwa by’intambara cyane cyane ahari imirwano.
Abahinga mu gishanga cya Mushishito giherereye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyamagabe, barishimira ko icyo gishanga cyatunganyijwe, ubu bakaba barimo kugihinga noneho bacyitezeho umusaruro mwiza kuko kitazongera kurengerwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko mu rwego rwo kurushaho kuzamura ireme ry’uburezi n’iterambere rya mwarimu, barimo kwiga uburyo yahabwa ikarita ituma ahabwa serivisi mbere y’abandi bantu bose.
Ubuyobozi bw’urugomero rwa Nyabarongo buratangaza ko imirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’isuri y’imigezi yiroha muri Nyabarongo, bibangamiye imikorere y’urugomero rwa Nyabarongo, inzego z’ubuyobozi zikaba zirimo gushaka uko icyo kibazo cyakemuka.
U Bwongereza bwemeje Johnston Busingye, ko ahagararira inyungu z’u Rwanda nka Ambasaderi mushya muri icyo gihugu.
Muri gahunda yo kwegereza abaturage ibikorwa remezo bijyanye n’amazi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), mu mushinga wacyo wo gusana, no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, zirimo n’ibice bimwe na bimwe by’Akarere ka Gakenke, ikibazo cy’amazi cyamaze (...)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yabwiye abayobozi mu nzego zinyuranye zo mu Karere ka Gakenke, ko imiyoborere ishyira umuturage ku isonga ari yo ikenewe, kugira ngo abashe kugera ku iterambere rirambye.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe ibizamini no gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga, ku wa Gatanu tariki ya 18 Werurwe2022, yafashe uwitwa Nzabonimpa Athanase w’imyaka 35, agerageza kubaha mu ntoki amafaranga ibihumbi 50 avuga ko andi ibihumbi 150 ayabaha kuri telefone, bakamuha uruhushya rwo gutwara imodoka (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abantu 12 banduye Covid-19, bakaba babonetse mu bipimo 6,844. Abanduye bose uko ari 12 ni abo mu Mujyi wa Kigali. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda (...)
Umukuru w’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera PSF, Robert Bafakulera, yasobanuye ko amafaranga yongewe mu Kigega Nzahurabukungu azakoreshwa mu ishoramari ryo gushinga inganda, cyane cyane izikora ibipfunyikwamo hamwe n’ibikoresho by’ibanze byaturukaga hanze y’Igihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, ubwo Perezida Kagame yagiranaga ibiganiro na Gen Mahamat Idriss Déby Itno, Umukuru w’Inama y’Igisirikare iyoboye inzibacyuho akaba na Perezida wa Repubulika ya Tchad, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko ubwiyunge ari yo nkingi yo kubakiraho.
Ikipe ya ya Basketball ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG BBC, yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya BAL 2022, yasesekaye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe yakirwa nk’Intwari nyuma yo gusoza imikino yo mu matsinda ari iya mbere.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi z’amashanyarazi, Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) ivuga ko ikomeje kuvugurura no gusana imiyoboro ku buryo ibura ry’umuriro rya hato na hato rizaba amateka mu Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, Perezida Paul Kagame yakiriye Mugenzi we, Gen Mahammat Idriss Déby Itno wa Tchad, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Abaturage barimo n’afite ababo bashyinguwe mu irimbi rya Bukinanyana, bahangayikishijwe n’abantu birara muri iryo rimbi, bagasenya imva, aho bazikuraho amakaro, amatafari, bakajya kubigurisha.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Werurwe 2022, Umukuru w’Inama y’igisirikare iyoboye inzibacyuho akaba na Perezida wa Repubulika ya Tchad, Gen Mahamat Idriss Déby Itno, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, ari mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rwo guteza imbere ubuhahirane bw’umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi.
Tombola y’uko amakipe azahura muri ¼ na ½ cy’irushanwa “UEFA Champions League” yarangiye, aho Real Madrid yatomboye Chelsea muri ¼
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, Marie Claire Mukasine, avuga ko hari intambwe nziza imaze guterwa mu kumenyesha abaturage uburenganzira bwabo cyane cyane ku bijyanye no kudahishira ababaka ruswa. Icyakora n’ubwo hari ibimaze kugerwaho mu kwamagana ruswa, ngo abakigira ubwoba bwo gutanga amakuru (...)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iravuga ko bidakwiye ko hari Amavuriro y’ibanze (Poste de Santé), yakwishyuza 100% umuturage ufite ubwisungane mu kwivuza (mituweli) igihe hari serivisi akeneye kw’ivuriro.
Mu butumwa yatangiye mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yasabye Intore z’Intagamburuzwa za AERG kwirinda kurenga nyirantarengwa, kuko byaba ari ugukora amahano, abasaba guharanira ubupfura no gukomeza ubufatanye.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho umukino utegerejwe uzahura rayon Sports na Kiyovu, mu gihe mu makipe arwanira kutamanuka naho bizaba bitoroshye
Abasirikare 50 b’aba ofisiye n’abafite andi mapeti bo mu ngabo z’u Rwanda hamwe n’abandi 800 baturutse mu bihugu birenga 20 birimo ibyo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba ndetse no hanze yako bashoje imyitozo ya gisirikare yiswe ‘Justified Accord 22’ yatangiye kuva ku ya 28 Gashyantare kugeza ku ya 17 Werurwe 2022, muri Kenya.
Bamwe mu rubyiruko barangije amashuri ya kaminuza n’ayisumbuye bitabira amasomo yo kwiga imyuga muri gahunda ya Hanga Umurimo, bavuga ko Leta yabongerera igihe cyo kwimenyereza, kuko barangiza badafite ubushobozi butuma batangira kwihangira imirimo.
Rayon Sports irakira Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ukaba umukino wo kwishyura hagati y’amakipe yombi. Ni nyuma y’uko Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0 mu mukino ubanza.