Perezida Paul Kagame na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, bafunguye ku mugaro Stade ya Kigali yamaze guhabwa izina rya Kigali Pelé Stadium.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, tariki ya 14 Werurwe 2023, yagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite ibisobanuro mu magambo ku bibazo bikigaragara mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zigamije guteza imbere abagore. Yavuze ko agiye gukosora amakosa yagaragaye mu mikorere ya (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo) yagaragaje ko ingabo za Angola zigiye koherezwa muri Congo zitajyanywe no kurwana nk’uko benshi babikeka, ahubwo zigiye kureba ko ibyemerwa n’impande zihanganye mu Burasirazuba bwa Congo byubahirizwa.
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda rikuriwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare, Brig Gen Patrick Karuretwa, riri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Gabon.
Hoteli ya FERWAFA yubatswe kuva mu mwaka wa 2017, yatangiye gukorerwamo bimwe mu bikorwa birimo n’iby’inama ya FIFA ibera mu Rwanda.
Muri Kenya, ahitwa Homa Bay, umugabo witwa Dan Ouma w’imyaka 24, yakubiswe ikintu kiremereye mu mutwe bimuviramo urupfu, ubwo yarimo akiza umugabo mugenzi we wari urimo kurwana n’umugore we.
Asaga Miliyari 48Frw agiye gushorwa mu kwagura IPRC Kitabi na Karongi ndetse n’amashuri yisumbuye y’imyuga ya Cyanika ryo mu Karere ka Nyamagabe na Muhororo ryo mu Karere ka Karongi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko atiyishimiye imvugo irimo ivanguraruhu yakoreshejwe na Perezida wa Tuniziya.
Umunya Pologne Marcin Oleksy uherutse guhabwa igihembo cy’uwatsinze igitego cyiza na FIFA (Puskás Award 2023), arasesekara mu Rwanda kuri uyu wa gatatu mu nteko rusange ya FIFA (FIFA CONGRESS) akaba kandi azanitabira itangizwa ry’Umupira w’amaguru w’abagore bafite ubumuga mu Rwanda.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Basketball Africa League (BAL 2023) REG Basketball club yatsinze umukino wa kabiri wikurikiranya mu itsinda rya Sahara Conference yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya nyuma.
Itsinda ry’abanyeshuri, abarimu n’abakozi baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Kenya bari mu ruzinduko mu Rwanda rugamije kubungura ubumenyi mu nzego zirimo ubukungu n’iterambere by’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo nk’uwakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu guteza imbere siporo by’umwihariko umupira w’amaguru, iki gihembo akaba yagiherewe mu muhango wabereye i Kigali muri Serena Hotel.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nyagatare bigishirizaga abana mu mashuri yafunzwe kubera kutuzuza ibyangombwa biyemerera gukora, barishimira ko abana b’incuke bakomorewe bakaba barakomeje kwiga.
Umuvuduko w’amaraso ukabije ushobora guterwa n’ibintu bitandukanye, harimo uruhererekane rwo mu muryango, kunywa itabi, kuba umuntu arwaye Diyabete, no kuba nta siporo ajya akora. Kugira umuvudko w’amaraso ukabije byongera ibyago byo kugira amaraso yipfundika mu mitsi ntagere ku mutima bikawubuza gukora (heart attacks), (…)
Abafite ababo bashyinguye mu irimbi ryuzuye rya Nyagatovu mu Murenge wa Kimironko, ho mu Karere ka Gasabo, bahangayikishijwe n’abajura baza kwiba ibyuma byubatse imva (fer à béton) zitwikiriye imva maze bakazisiga zasamye.
Abatuye mu turere twa Bugesera, Kayonza, Ngororero na Rusizi, bavuga ko amazi meza bayabona bibagoye, hakaba n’igihe bayabuze nk’igihe cy’izuba kubera ko aba yabaye macye kandi bahahuriye ari benshi, ari naho bahera basaba ko inzego zibishinzwe zakora ibishoboka bakabona amazi meza mu ngo zabo.
Mu mugezi wa Rwebeya uherereye mu Karere ka Musanze, hatoraguwe umurambo w’umusaza uri mu kigero cy’imyaka 65 y’amavuko.
Imirenge imwe n’imwe igize uturere two mu Ntara y’Amajyaruguru, by’umwihariko mu karere ka Musanze na Burera, aho ubutaka bwayo bugizwe n’amakoro, ntibyoroha kuhubaka inzu cyangwa ubwiherero.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye abayobozi ba Koperative y’abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rurambi mu Karere ka Bugesera kuzamura umuhinzi wo hasi abikesha ubuhinzi n’inyungu zituruka muri Koperative.
Ingengo y’Imari 2022-2023 y’Akarere ka Gakenke, yiyongereyeho 18%, aho yavuye ku mafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari 26, agera ku mafaranga arenga miliyari 32.
Ifi yagombye kuba mu mafunguro y’ibanze abantu bafata, kubera intungamubiri nziza yifitemo, nk’uko bisobanurwa n’abahanga mu by’imirire mu nkuru dukesha urubuga www.findus.fr.
Inkubi y’umuyaga idasanzwe yiswe Freddy, yahitanye abasaga 100 muri Malawi no muri Mozambique, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ibyo bihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko bwiteguye gukorana n’abafatanyabikorwa bako, kugira ngo kave mu myanya ya nyuma mu mihigo, kuko kaje ku mwanya wa 26 mu turere 27, mu mihigo ya 2021-2022, bugaragaza bimwe mu byatumye bajya kuri uwo mwanya.
Ku Cyumweru tariki ya 12 Werurwe 2023, Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryafatiye mu Karere ka Nyagatare umusore w’imyaka 25 y’amavuko, agerageza guha umupolisi ruswa y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 11, ngo asubizwe moto ye yari yafashwe.
Ibyari ibyishimo n’umunezero byari bigiye kurangirira mu marira, ariko Imana ikinga ukuboko, ubwo umukobwa yamiraga impeta yari yahishwe mu byo kurya bye, kugira ngo umusore bakundana aze kuyimutunguza, amasuba kuzamubera umugore. Ibyo byabereye muri Kenya ahitwa i Gongoni, Tana River County.
Ku mugoroba tariki ya 13 Werurwe 2023, mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, imodoka ifite purake RAE 913 A yari ipakiye inzoga izivanye mu Karere ka Kicukiro, yageze hafi ya Maison de Jeunes irabirinduka inzoga yari ipakiye zirameneka, abaturage bihutira kureba izarokotse bimara inyota.
Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko kuba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarihuje n’imitwe yitwaje intwaro ibarizwa muri icyo gihugu, kugira ngo igifashe kurwanya umutwe wa M23, ari ikosa cyakoze ryatuma kijyanwa mu nkiko.
Ikirunga cya Nyamulagira giherereye muri Teritwari ya Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru muri Congo, ku mugoroba tariki 13 Werurwe 2023 cyatangiye kugaragaza ibimenyetso byo kuruka, abagituriye basabwa kuba maso.
Perezida Paul Kagame yashimye intambwe y’amateka u Rwanda ruteye mu rugendo rwo gukora inkingo n’imiti, nyuma y’uko icyiciro cya mbere cy’ibikoresho bizakoreshwa mu kubaka uruganda bigeze i Kigali.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) cyasabye ko guhera ku wa Kabiri tariki 14 Werurwe 2023 mu Rwanda hose nta mucuruzi wemerewe gucuruza inyama zitabanje gukonjeshwa nibura amasaha 24 muri Firigo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko hari inzira y’ibiganiro ku kibazo cya Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba, ku buryo ashobora kubabarirwa. Yabigarutseho mu kiganiro yatanze mu Nama Mpuzamahanga yiga ku mutekano ku Isi (Global Security Forum) iri kubera i Doha muri Qatar, kuva ku wa 13 kugeza ku wa 15 Werurwe 2023.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ku bigomba guhingwa muri iki gihembwe cy’ihinga 2023 B, hejuru ya 90% by’imbuto zamaze kugera mu butaka, kandi n’abataratera bakaba bagomba kubikora bitarenze icyumweru kimwe.
Abakinnyi bakina mu Rwanda batangiye imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizaba umwaka utaha
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu (3) wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yishe umuvandimwe we amurashe mu buryo bw’impanuka.
Ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis mu Rwanda, (Rwanda Tennis Fderation /RTF) na Ingenzi Initiative, ku Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023, mu Mujyi wa Kigali hasojwe irushanwa ry’umukino wa Tennis mu bagore, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore.
Aba Ofisiye 24 bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF), bo ku rwego rwa Captain na Lieutenant Colonel barimo kongererwa ubumenyi bubategurira kwigisha aboherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, bw’Umuryango w’Abibumbye (UN).
Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD) yatanze inguzanyo y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 20 ku barimu, binyuze mu Kigo cy’Imari Umwalimu SACCO kugira ngo abafashe kubona inzu zabo bwite.
Kuva ku itariki ya 27 kugera ku ya 28 Gashyantare 2023, i Kigali hateraniye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 18 yayobowe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro 13 yose izafasha inzego za Leta n’abaturage mu iterambere ry’Igihugu.
Kuri uyu wa Mbere tariki 13 Werurwe 2023, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’imashini n’ibindi bikoresho bizifashishwa mu ruganda rw’inkingo n’imiti, ruzatangira gukora mu mpera z’uyu mwaka.
Abinjiza inzoga ya kanyanga mu Rwanda n’abayicuruza imbere mu Gihugu by’umwihariko mu Ntara y’Iburasirazuba bakoresha amayeri atandukanye ku buryo binagorana kuyamenya, ariko Polisi ikavuga ko buri wese abigizemo uruhare, ibiyobyabwenge byaranduka burundu.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), yafatiye mu Karere ka Muhanga, ku wa Gatandatu tariki ya 11 Werurwe 2023, umugabo w’imyaka 33 ucyekwaho kwinjiza mu gihugu magendu y’imyenda ya caguwa.
Ku Cyumweru tariki 12 Werurwe 2023 mu Karere ka Gicumbi hasorejwe agace ka gatatu ka shampiyona ya Volleyball y’abafite ubumuga (Sitting Volleyball) hanamenyekana amakipe azakina imikino ya kamarampaka (Playoffs) izakinwa muri Gicurasi.
Rulindo iri mu turere twesheje neza imihigo ya 2021-2022 turanabishimirwa, aho ako Karere kaje ku mwanya wa gatatu ku manota 79,86%, gakurikira Akarere ka Huye kabaye aka kabiri, Nyagatare iza ku mwanya wa mbere.
Mu gihe gahunda yo kuvugurura umujyi wa Musanze igeze mu cyiciro (Phase) cya kabiri, aho abacururiza mu nzu ziciriritse bamaze guhagarikwa, komisiyo isabwa ku mucuruzi ushaka inzu akoreramo ikomeje guteza ibibazo, kuko asabwa miliyoni 6Frw, ay’ubukode atarimo.
Abagore bo mu muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko bagiye gushyiraho akabo mu gukumira ubusinzi bukigaragara kuri bamwe mu bagize imiryango, kuko bukomeje kubabera inzitizi mu kuzuza inshingano z’ibiteza imbere imiryango.
Ikigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge (RSB), cyaburiye abakoresha utumashini twifashishwa mu kumutsa inzara zasizwe imiti ihindura ibara (vernis), mu nzu zitunganyirizwamo imisatsi n’inzara, kuko harimo tumwe tutujuje ubuziranenge, kandi tukaba twateza ingaruka ku buzima bw’abakiriya, harimo indwara ya kanseri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Werurwe 2023 ahagana saa mbili n’iminota 20 imodoka nto y’ivatiri ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka. Uwitwa Niyifasha wari ahabereye iyi mpanuka yavuze ko byabereye ku Giticyinyoni hakuno y’ahari uruganda rw’imifariso, hagati yo ku Kiraro cya Nyabarongo n’amahuriro (…)