Ikigo k’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyakumiye ku isoko ry’u Rwanda umuti w’abana uvura inkorora witwa ‘NATURCOLD’ nyuma yo gukekwaho kwica abana 12 mu gihugu cya Cameroon.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF Inkotanyi, Wellars Gasamagera kuri uyu wa gatandatu tariki 7 Nyakanga 2023 yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’uturere n’intara, Abakomiseri n’abandi banyamuryango baturutse mu nzego zitandukanye, abasaba kwimakaza gutanga serivise nziza ku baturage bayobora.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, arasaba abantu kwirinda ubusinzi ariko by’umwihariko abagore bakabugendera kuko ngo hari abagaragara bagenda bandika umunani mu muhanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, bwashimiye abafatanyabikorwa babafashije mu mihigo y’umwaka wa 2022/2023 mu bikorwa bitandukanye.
Kugira ngo umuntu agire ubuzima bwiza, abahanga mu by’ubuzima, bavuga ko agomba gukora imyitozo ngororangingo ubuzima bwe bwose, mu byiciro byose.
Urukiko rwo muri Canada rwemeje ko ‘emoji’ cyangwa se akamenyetso k’igikumwe kizamuye, ari isinya cyangwa umukono byemewe mu gusinya amasezerano. Bunzemo bavuga ko icyo kimenyetso gishobora gukoreshwa mu kwemeza ko umuntu yagiranye amasezerano n’undi.
Mu Mudugudu wa Kabingo uherereye mu Kagari ka Kimina mu Murenge wa Kivu, itorero Seirra rihujuje ishuri ry’imyuga, none n’urubyiruko rwari rwarataye ishuri rwiyemeje kuzaryigamo.
Muri Kenya, ahitwa Kisumu, umuntu umwe yarashwe na Polisi nyuma aza gupfa azize ibikomere mu gihe abandi babiri bo bakomeretse bakajyanwa mu bitaro, ubwo bari mu myigaragambyo yo kwamagana izamuka ry’imisoro.
Abayobozi b’Intara y’Amajyepfo baravuga ko bazakomeza kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, kandi bazagera ku ntego bifashishije ubukangurambaga bwatangijwe na Polisi y’Igihugu.
Muri Kenya, mu gace ka Sotik, umugabo w’imyaka mirongo itatu y’amavuko Victor Langat, ari mu maboko ya Polisi ya Sotik akurikiranyweho kuba yarishe Se amuhora ko yamwimye amafaranga yo kugura ipikipiki.
Nyuma y’uko bamwe mu bahinzi borozi bahuguwe ku gusigasira ubutaka n’urusobe rw’ibinyabuzima (Agro-ecologie), barashishikariza bagenzi babo kugana iyo gahunda kuko itanga umusaruro ugaragara.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police) iraburira abatwara ibinyabiziga, abana n’ababyeyi, isaba ko habaho imyitwarire idasanzwe ijyanye no kwirinda impanuka mu gihe cy’ibiruhuko.
Umuhanzi Diamond Platnumz usanzwe ufite abana bane ku bagore batandatukanye, yatunguye abakunzi be ubwo yabateguzaga ko muri Mutarama umwaka utaha azibaruka Umwana wa Gatanu.
Mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda, no guharanira ko abana barushaho kubona uburezi buboneye, abarimu bagera ku bihumbi 40, ni bo bahawe akazi mu myaka mike ishize.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe ku meza mu musangiro wo kwizihiza ibirori bya yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa Bahamas.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yaganirije abanyeshuri baturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RICA) riherereye mu Karere ka Bugesera, ku kamaro ko gukomeza gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho no gukomeza kunga Ubumwe mu rubyiruko rw’igihugu.
Umujyi wa Kigali wagaragaje imwe mu mishinga y’ingenzi uzibandaho mu rwego rw’ubukungu muri iyi Ngengo y’Imari y’umwaka wa 2023/2024.
Imirimo yo kubaka ibiro bishya by’Akarere ka Burera yari yarigeze gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19, igeze kure aho ubu habura amezi atanu ngo irangire bigatangira gukorerwamo.
Ikipe ya APR FC yamaze gusinyisha Nshimirimana Ismael ‘Pitchou’ amasezerano y’imyaka ibiri nk’umukinnyi wayo mushya.
Ikiyaga cya Victoria kiri mu karere u Rwanda ruherereyemo n’ubwo rutagikoraho, gusa iyo cyanduye cyangwa cyahumanyijwe n’imyanda ituruka mu bihugu bitandukanye, bigira ingaruka ku Rwanda, cyane ko hari n’imyanda iruturukamo ikaruhukira muri icyo kiyaga, nk’uko impuguke zibisobanura.
Ubwo yasozaga inama y’iminsi ibiri yaberaga mu Rwanda, kuva tariki ya 6 kugera ku ya 7 Nyakanga 2023 yaberaga i Kigali, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagaragarijwe ibyo ihuriro ry’ibigega byo kwigira muri Afurika (Africa Sovereign Investors Forum) rimaze kugeraho, harimo n’umutungo Ikigega Agaciro Development (…)
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yahamagariye abaturage b’Umujyi wa Kigali kwirinda umwanda n’igwingira mu bana, kuko nabyo biri mu bihungabanya umutekano.
Abanyeshuri 133 bamaze amezi arindwi bakarishya ubumenyi mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC), basoje amahugurwa y’ibanze y’ubugenzacyaha icyiciro cya gatandatu.
Umukobwa w’imyaka 22 wo mu kagari ka Muhabura Umurenge wa Nyange akarere ka Musanze, arakekwaho kwica umwana yari atwite, aho bavuga ko yakuyemo inda yari mu mezi umunani.
Muri Pakisatan, imyuzure yatewe n’imvura imaze ibyumweru bibiri igwa idahagarara, imaze guhitana abantu bagera kuri 55, nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri icyo gihugu, mu gihe bavuga ko impungenge zikiri zose, kubera iteganyagihe rigaragaza ko imyuzure ishobora kwiyongera.
Mukamana Olive wo mu murenge wa Rusasa akarere ka Gakenke, arishimira ko yibarutse umwana we wa gatanu bitamugoye nyuma y’uko begerejwe inzu ababyeyi babyariramo.
Ku wa 04 Nyakanga 2023, Ambasade y’u Rwanda mu Buhinde yizihije ku nshuro ya 29 umunsi Mukuru wo Kwibohora. Ni ibirori byitabiriwe n’abasaga 600 barimo Abayobozi Bakuru muri Leta y’u Buhinde, abahagarariye ibihugu byabo mu Buhinde basaga 140, Abashoramari mu nzego zitandukanye, ndetse n’Abanyarwanda baba mu Buhinde.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba abaturage kurwanya icyatera ubuzima bubi kuko ari bwo nkomoko y’umutekano mucye n’igwingira mu bana kandi iyo bagwingiye n’Igihugu kiba kigwingiye.
Abaturage b’Akagari ka Mpondwa, Umurenge wa Gitoki biyuzurije ibiro by’Akagari byatwaye 18,000,000, binyuze mu miganda ndetse n’ubushobozi bwabo badasabye Leta ubufasha.
Abarezi basanga hakenewe ubufatanye bwa mwalimu, umubyeyi ndetse na Leta kugira ngo gahunda yo gusoma, kwandika no kubara itange umusaruro byihuse.
U Rwanda ruvuga ko ruzagera ku ntego rwihaye yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere ku kigero cya 38% by’ibyuka bya carbon bihwanye na toni miliyoni 4.6 z’ubumara bitarenze muri 2030 bikazatwara Miriyari 11 z’amadorari y’Amerika.
Ababyeyi bagana Ikigo nderabuzima cya Karangazi barishimira inyubako nshya y’ababyeyi yamaze kuzura kuko irimo gutuma bahabwa serivisi nziza, bakavuga ko iya mbere bakirirwagamo yari ntoya cyane, ku buryo batabonaga uko bisanzura.
Mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke huzuye umuyoboro w’amazi, Rwagihanga-Kabaya-Buheta ureshya ka Km 51, wuzuye utwaye Miliyari ebyiri na Miliyoni 700 z’Amafaranga y’u Rwanda, gusa hari abawukozeho batishyuwe amafaranga yabo, ubuyobozi bukabizeza kuyabona bitarenze iminsi 10.
Nyuma y’ubushakashatsi bwatangajwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), ku wa 30 Kamena 2023, abakozi b’icyo kigo bakomeje kwamagana imwe mu mirire n’imyifatire iteza indwara zitandura kwiyongera mu Banyarwanda.
Kuwa 6 Nyakanga 2023, i Rabat muri Maroc habereye tombola y’uko amakipe azahura mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu bagore gitenyijwe mu 2024.
Leta ya Kenya yatangaje ko yahagaritse gufungura umupaka uyihuza n’igihugu cya Somalia, kubera umutekano muke watewe n’umutwe wa al-Shabab.
Abategura Inama Mpuzamahanga yiga ikanashakira umuti imbogamizi abagore bagihura nazo (Women Deliver Conference), batangaza ko kuba iy’uyu mwaka izabera mu Rwanda byashingiye ku gaciro ruha umugore. Ni inama igiye kubera bwa mbere ku mugabane wa Afurika, abazayitabira bakaba bazateranira i Kigali ku matariki 17-20 Nyakanga 2023.
Nyuma yo kubona ko umuziki wo mu njyana ya Hip Hop ugenda uzimira ugasimburwa n’izindi njyana, abateguye Iserukiramuco ryitwa ‘Ubumuntu Arts Festival’ ry’uyu mwaka, bashyizemo na gahunda igamije kwiga no kuganira ku muziki wo mu njyana ya Hip Hop, nk’imwe mu njyana zitanga ubutumwa bufasha abantu ku giti cyabo na sosiyete (…)
Ibyishimo byari byose ku batuye Umurenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke, ubwo ku itariki 04 Nyakanga 2023, u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 29 umunsi wo Kwibohora, aho icyabashimishije cyane ari umuhanda w’ibilometero 10 wa Kinoko-Mubuga-Nyabitare, babonye bawunyotewe.
Atangizaga ku mugaragaro inama y’iminsi ibiri yateguwe n’Ikigo gishinzwe iby’Ubwishingizi muri Afrika (African Trade Insurance Agency), irimo kubera i Kigali guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2023, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yagaragaje uburyo Afurika ikeneye ishoramari ryo kuzahura ubukungu.
Umugabo witwa Donald Felix Zampach akurikiranyweho kwakira asaga 830,000 by’Amadolari, y’ubwiteganyirize bwa nyina hashize imyaka 30 apfuye, ndetse n’imishahara igenerwa abasirikare bari mu kiruhuko cy’izabukuru.
Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2023, Abepisikopi Gatolika mu Rwanda bagiranye Inama na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihuhu mu rwego rwo kuganira kuri gahunda zitandukanye zireba imibereho myiza y’Abaturage harimo kwivana mu bukene no kwimakaza isuku hose.
Sosiyete ya Meta, ifite urubuga rwa Facebook na Instagram, yitangije urubuga rwa Threads, abantu bagera kuri Miliyoni 10 bamaze kwiyandikisha kurukoresha nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’iyo Sosiyete, Mark Zuckerberg.
Abatuye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi babikesha kwibohora, igisigaye kikaba ari umuhanda muzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko kugira ngo abaturage n’abayobozi bajyane mu rugamba rwo kwibohora ingoyi y’ubukene, hagamijwe iterambere, bisaba kwemera kugendera ku mpanuro Umukuru w’Igihugu Paul Kagame atanga.
Abantu cumi na batandatu barimo abana bapfuye, bitewe na gaz yatumutse ku buryo bw’impanuka i Boksburg, mu birometero mirongo ine mu Burasirazuba bw’Umujyi wa Johannesburg. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa serivisi z’ubutabazi William Ntladi.
Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ku wa 5 Nyakanga 2023, yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda. Iri Tegeko Nshinga ririmo ingingo ikomatanya amatora ya Perezida n’ay’Abadepite, ibizatuma Igihugu kizigama agera kuri Miliyari 7Frw, zari kuzakoreshwa iyo akorwa ukubiri nk’uko byari bisanzwe.
Angel Divas Amber Rose umunyarwandakazi umaze imyaka irenga 13 mu Bufaransa yiyemeje kumenyekanisha umuziki Nyarwanda mu Burayi.
Perezida Paul Kagame nyuma yo kugeza ijambo ku bakuru b’Ibihugu ba za Guverinoma zigize Umuryango uhuriza hamwe ibihugu byo muri Caraïbes uzwi nka CARICOM, yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye nyuma yakirwa kumeza na Minisitiri w’Intebe wa Trinidad and Tobago, Dr. Keith Christopher Rowley.
Perezida Kagame yagaragaje ibihugu bihuriye mu miryango itandukanye ihuza y’ubukungu bikwiriye gushyira hamwe mu kwishakira ibisubizo by’ibibazo bihura nabyo hatabaye gutegereza ubufasha bw’ahandi.