Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha umunya-Uganda Charles Baale watowe nk’umukinnyi mwiza n’abakinnyi bagenzi be
Uruganda rwenga inzoga rwitwa Jeff Company rukorera mu kagari ka Birira, Umurenge wa Kimonyi akarere ka Musanze, rwafunzwe by’agateganyo, umuyobozi warwo agezwa mu rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Cyuve, nyuma yo gusanga hari ibyo urwo ruganda rutujuje.
Ikigega cya Saudi Arabia gishinzwe Iterambere (SFD) na Guverinoma y’u Rwanda bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ya miliyoni 20 z’amadolari ya Amerika (hafi miliyari 23.3 z’Amafaranga y’u Rwanda), azakoreshwa mu kwagura imiyoboro iciriritse n’imito ishamikiyeho izageza umuriro mu ngo ibihumbi 60 zo mu turere twa (…)
Ibura ry’amazi ku rwunge rw’amashuri rwa karama mu murenge wa Ntyazo ni ikibazo gihuriweho n’abahatuye aho bavuga ko bigeze kubona imiyoboro y’amazi ndetse bahabwa ivomero rusange ariko ngo nti ryamaze kabiri amazi yahise abura.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashyamba (RFA) gitangaza ko mu mwaka wa 2020-2021 gahunda yo kwegurira amashyamba ya leta abikorera, amaze kuyinjiriza arenga Miliyari 649.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali baravuga ko hari abatagishobora kubona no kurya indyo yuzuye, bitewe n’uko bimwe mu biyigize bisigaye bihenze ku isoko.
Impuguke ziturutse mu Kigo cyitwa Fundación Meridiano cyo muri Argentine, nyuma yo gusura Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy), giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, zanyuzwe n’intambwe u Rwanda rwateye mu kwigisha amahoro n’umusanzu warwo mu kuyabungabunga hirya no hino ku Isi.
Urukiko rukuru rw’amatora muri Brazil (Brazil’s highest electoral court), rwakumiriye Bolsonaro wahoze ari Perezida w’icyo gihugu muri Politiki yacyo mu myaka umunani, kubera ko ibirego yatanze mbere gato y’uko atsindwa mu matora ya Perezida wa Repubulika, yabaye mu mwaka ushize wa 2022, bitari bifite ishingiro.
Rutahizamu w’ikipe ya Sunrise FC Yafessi Mubilu avuga ko umwaka w’imikino wa 2023-2024 intego ze ari ukuyobora abatsinze ibitego byinshi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko inkongi eshatu zibasiye ibikorwa biri mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, zateje igihombo cy’Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni 200.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023, ikipe ya APR FC yakoranye inama n’abakinnyi bayo, yari yitezweho ko ifatirwamo imyanzuro irimo no gutandukana na bamwe muri bo.
Muri Tanzania, umugabo yatangaje abantu nyuma yo gusezerana n’abagore babatu ku munsi umwe, mu birori by’ubukwe bimwe kandi byiza.
Tariki ya 11 Nyakanga buri mwaka Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku baturage. Uyu munsi Umuryango w’Abibumbye (UN) urahamagarira abatuye Isi kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo.
Inyubako iherereye i Gikondo ahasanzwe habera Imurikagurisha (Expo) ikaba ikoreramo ikinyamakuru imvaho nshya, kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 Nyakanga 2023 yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyagaragaje ko igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 13,7% mu kwezi kwa Kamena 2023 ugereranyije na Kamena 2022.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku bidukikije (APEFA), burasaba abaturage bahawe amatungo magufi mu Turere twa Ruhango, Nyanza, Gisagara na Kamonyi aho uwo mushinga ukorera, kwihutira kuyagarura mu miryango yabo, kuko bayahawe ngo abateze imbere atari ayo kugurisha.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana avuga ko uyu mwaka wa Mituweri, Leta izishyurira abatishoboye 180,631 bavuye ku basaga Miliyoni ebyiri kubera ko bamwe babashije kwiyishyurira kubera gahunda zitandukanye zibakura mu bukene.
Muri Zambia, ababyeyi barwaniye hejuru y’umwana ufite ukwezi n’ibyumweru bitatu, wari uryamye ku buriri baramugwira ahita apfa ako kanya.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ribinyujije kuri Komisiyo y’u Rwanda ikorana na ryo (CNRU), rigiye gutanga ibyuma bipima ihumana ry’umwuka(sensors) kuri amwe mu mashuri y’i Kigali, nyuma yo guhugura abarimu n’abanyeshuri bayo.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nyakanga 2023, rigaragaza ko imvura izagwa ku matariki ya 11 na 12 henshi mu Burengerazuba n’Amajyaruguru, ahandi ntayo.
Umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Ibidukikije n’Umutungo kamere, Dr Nsigayehe Ernest, avuga ko imashini zihinga, zigasya, zikanazinga ubwatsi bw’amatungo (Baler Machines), bari bakeneye uko ari eshatu zamaze kubageraho kandi bizeye ko zizakemura ikibazo cy’ibura ry’ubwatsi ku kigero cya 75%.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Umutungo Kamere w’Amazi (RWB), cyatangaje ko urugomero rwo kuringaniza amazi y’umugezi wa Sebeya rwamaze kuzura. Ni urugomero rwitezweho kugabanya umwuzure waterwaga n’uyu mugezi, cyane cyane ku batuye mu isantere ya Mahoko.
Minisiteri y’Uburezi iratangaza ko Leta igiye kwishingira ibikorwa byose byari byaratangiye kubakwa ku mashuri kubera ko kuba bidahari bigira ingaruka ku ireme ry’uburezi.
Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga ibidukikije (REMA), kibinyujije mu mushinga Green Amayaga wo gutera amashyamba no gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima mu gice cy’Amayaga, cyatangije amarushanwa y’umupira w’amaguru arimo gukorerwamo ubukangurambaga bugamije gushishikariza abagenerwabikorwa b’umushinga, gufata neza ibikorwa (…)
Nyuma y’uko Papa Francis yashimye ubutwari bwaranze Ababikira bane b’Abakalikuta biciwe muri Yemen ku itariki ya 4 Werurwe 2016, yashyizeho Komisiyo ishinzwe kureba ko bashyirwa mu rwego rw’Abatagatifu.
Umuhanzi Jose Chameleone Mayanja, yatunguranye ataramira abakunzi be mu gitaramo cyabereye mu mujyi wa Toronto muri Canada, nyuma y’amasaha make asezerewe mu Bitaro.
Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’amahoro bwa UN muri Santrafurika (MINUSMA), yitabye Imana tariki ya 10 Nyakanga 2023, nyuma yo kuraswa n’abitwaje intwaro mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Abakorera mu Gakiriro k’i Masoro mu Murenge wa Ndera, aho ugabanira n’uwa Kimironko mu Izindiro, bavuga ko kahiye hafi ya kose kuko mu mitungo y’abagakoreragamo bagera muri 15 hasigaye iya babiri gusa.
Umunyabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick, yemeje amakuru y’igaruka ry’Umunya-Maroc, Youssef Rharb.
Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rigiye kubera i Kigali ku nshuro ya cyenda, guhera tariki 14 kugeza tariki 16 Nyakanga 2023.
Umurundi Bigiriamana Abedi ukina hagati mu kibuga, yamaze kumvikana na APR FC kuyikinira.
Kuri uyu Mbere tariki 10 Nyakanga 2023, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Umunya-Tunisia Yamen Zelfani, ari umutoza wayo mushya.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, avuga ko hari abahora bakubita urutoki ku rundi bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko bidashoboka mu gihe Abanyarwanda bashyize hamwe mu kuwurinda.
Muri Kenya, umupadiri wo muri Kiliziya Gatolika muri Paruwasi ya Ruai, yapfuye ubwo yari muri Hoteli ari kumwe n’umugore bivugwa ko yari umukunzi we.
Perezida wa Bagon Ali Bongo yatangarije abaturage b’iki gihugu ko agiye kongera kwiyamamariza gukomeza kuyobora Gabon muri manda ya gatatu.
Imwe mu mirenge igize akarere ka Rulindo, izwiho kugira amazina agaragaza amateka yaranze ako gace, aho bifatwa nk’ibimenyetso ndangamateka n’ubukungu bw’akarere ka Rulindo.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Abdallah Utumatwishima, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu mahanga ndetse n’inshuti zarwo, kugira inyota yo kumenya amateka y’Igihugu cyabo kuko ari iyo soko yo gusobanukirwa ahazaza hacyo n’icyo kibifuzamo, cyane ko ubu bisanga.
Urubyiruko rukoresha imbugankoranyambaga rugera ku 150 kuri uyu wa 9 Nyakanga 2023, rwakoze urugendo ku Mulindi w’intwari mu karere ka Gicumbi rusobanurirwa amateka yo kubohora u Rwanda.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ko kubera imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarango II, hari igice cy’umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke gifunze, kuva tariki 10 Nyakanga 2023, kuko kizarengerwa n’amazi bikabangamira abakoresha uyu muhanda.
Minisiteri isihinzwe Itangazamakuru muri Syria yatangaje ko yahagaritse igitangzamakuru cy’Abongereza, BBC, kubera icyo yise ‘amakuru ayobya’ abakurikira iki gitangazamakuru.
Ku Cyumweru tariki 9 Nyakanga 2023, ikipe ya Police WVC yegukanye irushanwa ryo #Kwibohora29, nyuma yo gutsinda APR WVC amaseti 3-1 mu cyiciro cy’abagore, ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena.
Abaturage batuye mu Murenge wa Rubavu Akagari ka Gikombe mu Mudugudu wa Gafuku, bavuga ko mu ijoro ryakeye tariki 10 Nyakanga 2023, harasiwe umujura wari umaze kwambura abaturage no kubakomeretsa.
Mu gihe habura igihe gito ngo abana batangire ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri 2022-2023, abayobozi b’amashuri barasaba ababyeyi gushakira abana umwanya wo kuganira no gusabana, mu rwego rwo kumenya gahunda zabo no kubasha gukurikirana imyitwarire yabo.
Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda batuye muri Mali, bamwe mu bahagarariye ibihugu n’Imiryango mpuzamahanga muri icyo gihugu basaga 300, bitabiriye umugoroba wo kwizihiza ku nshuro ya 29 umunsi mukuru wo Kwibohora k’u Rwanda n’Abanyarwanda, ibirori byabaye ku ya 08 Nyakanga 2023, kuri CICB i Bamako.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis, byibanze ku guteza imbere ubufatanye bw’u Rwanda na Bahamas.
Ikipe ya APR VC mu bagabo yegukanye irushanwa ryateguwe muri gahunda yo kwizihiza ku nshuro ya 29 umunsi wo Kwibohora, itsinze Gisagara VC amaseti 3-1, umukino wabaye ku Cyumweru tariki 9 Kamena 2023 ubwo hazozwaga iryo rushanwa.
Umuhanzi David Adeleke wamamaye nka Davido, ubuyobozi bw’umujyi Huston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwategetse ko tariki 07 Nyakanga buri mwaka ari umunsi wahariwe uyu muhanzi ‘Davido Day’.
Koperative y’Abatwara Amakamyo (United Heavy Truck Drivers of Rwanda/UHTDRC), yasobanuriye Polisi ko guhangayika (stress) guterwa n’uko abakoresha babahemba nabi, ari impamvu ikomeye iteza amakamyo gukora imanuka za hato na hato, maze bikaviramo bamwe urupfu cg ubumuga.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze iratangaza ko yataye muri yombi abantu bane, bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore witwa Habimana bakamuta mu buvumo.