Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Murekatete Juliet, arasaba abayobozi b’amasite y’ibizamini bya Leta ndetse n’abarimu bazabihagarikira, kubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze yabyo. Ibizamini bisoza amashuri abanza bikazatangira kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanaga 2023.
Abahagarariye Ishami rya Siyansi n’Ikoranabuhanga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), batangije ubukangurambaga bwo gusaba ababyeyi kurinda abana ingaruka zaturuka ku ikoranabuhanga rikoreshejwe nabi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abahinzi b’icyayi kucyitaho bakurikije amabwiriza bahabwa, kugira ngo bajye babasha kweza cyinshi ku buso butoya.
Umunyamerika Dana Morey uyobora Umuryango mpuzamahanga w’ivugabutumwa witwa ’A Light to the Nations’, yavuze ko abitabira igiterane kibera i Nyamata mu Bugesera muri izi mpera z’icyumweru bazatombora inka, amateleviziyo, moto, amagare amatelefone n’imigati yo kurya.
Abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Rulindo, barishimira uburyo batangiye kurya ku mbuto z’amasomo biga bakiri ku ntebe y’ishuri, aho mu mishanga bategura, igera kuri 30 yamaze guhembwa.
Imirenge, Utugari n’Imidugudu yitwaye neza kurusha indi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2022-2023 yo mu Karere ka Gekenke, yabishimiwe inahabwa ibihembo, abahayobora ndetse n’abaturage biyemeza gukomereza mu mujyo wo gukora cyane barangwa n’ubufatanye.
Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, yakiriye Rt Hon. Patrice Trovoada, Minisitiri w’Intebe wa São Tomé na Príncipe uri mu Rwanda hamwe na Madamu we, Nana Trovoada, mu ruzinduko rw’akazi rwo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi, mu nzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga cyo mu Nzove yitegura umwaka w’imikino wa 2023-2024.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye itsinda ryo mu muryango Segal Family Foundation, nyuma yo gusoza inama rusange yawo yaberaga i Kigali.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi, yagaruje ibikoresho bitandukanye byibwe abarimu b’abanyamahanga bakomoka mu gihugu cya Nigeria, bigisha muri kaminuza ya UTAB, birimo telefone ngendanwa na za mudasobwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abantu batandatu bakekwaho kwiba ibirimo amatelefone mu ngo z’abaturage.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Gatsibo barifuza ko hakorwa ubushakashatsi bugamije kurandura indwara ya kirabiranya kuko ngo iye kubaca ku bitoki aribyo bakuragamo ibibitunga ndetse n’iterambere ry’imiryango.
Muri Kenya umuryango wabuze umwana w’uruhinja mu Bitaro, nyuma uwamwibye aza gufatwa n’inzego z’umutekano, umwana asubizwa ababyeyi be.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho amwe mu mateka y’inkomoko y’inyito z’ahantu hatandukanye kugira ngo abantu barusheho gusobanukirwa n’amateka y’igihugu cy’u Rwanda yabakusanyirije inyito y’amateka y’izina “Kitabi”, aho abazi amateka y’iri zina bahamya ko ryiswe ako gace biturutse ku itabi ryaheraga, rikahacururizwa.
Ku nshuro ya 16 hagiye gutangwa ibihembo bya The Headies Awards 2023 bihabwa abahanzi b’inkingi za mwamba muri Afurika ndetse n’abandi mpuzamahanga mu guteza rya muzika muri Nigeria.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Ronald Rwivanga yabwiye Urubyiruko ruba mu mahanga ko Leta ya Congo Kinshasa iramutse ibyifuza, RDF yakwihutira kuyifasha kugarukana umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Umupasiteri wo muri Nigeria, yatangaje abantu, cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, ubwo yafataga amaturo yose yaturishijwe mu rusengero akayaha umugore w’umupfakazi wari waje aho mu rusengero ari kumwe n’abana be.
Umuhanzi Diamond Platnumz yavuze ko kugeza ubu abana yabyaranye na Zari Hassan yirinze gutuma bamenya ko batandukanye mu kwirinda ko byabagiraho ingaruka.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’urusaku rukabaije ku baturage ruva ku bikorwa by’iterambere bihuza abantu benshi, Minisiteri y’Ibidukikije yashyize ahagaragara amabwiriza agaragaza ingano y’urusaku ntarengwa n’amasaha rumara ahahurira abantu benshi.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, aratangaza ko kugira ngo umutekano n’amahoro birambye bigerweho, hakenewe abapolisi bakumira ibyaha, bubahiriza amategeko, banatanga ibisubizo by’ibibazo abaturarwanda bafite.
Abaturage 200 bo mu murenge wa Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze, bashyikirijwe intama 200 kuri uyu wa kane tariki 13 Nyakanga 2023 hagamijwe kubafasha kwifasha ubwabo bikemurira ibibazo bimwe na bimwe.
Ikipe y’Igihugu ya Basketball nkuru yamaze kwerekeza muri ½ cy’irushanwa nyafurika, AFROCAN 2023, nyuma yo gutsinda ikipe ya Angola amanota 73-63.
Abapolisi 501 bari bamaze ibyumweru 50 mu mahugurwa mu kigo cya Polisi cya Gishari, kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023 basoje ayo mahugurwa, bakaba bagiye guhabwa ipeti ryo ku rwego rw’aba Ofisiye bato (Assistant Inspector of Police /AIP).
Ku wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, nibwo abagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball, bageze i Monastir muri Tunisia aho basanzeyo basaza babo nabo batarengeje imyaka 16, aho bagiye kwitabira imikino nyafurika ya FIBA U16 AFRICAN CHAMPIONSHIP 2023.
Umudepite witwa Chérubin Okende yasanzwe mu modoka yapfuye, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, ngo bigaragara ko umurambo we wariho ibikomere by’amasasu, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru ‘Le monde’.
Ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, Habimana Sosthene yagizwe umutoza wa Musanze FC, Imurora Japhet wari usanzwe ashinzwe gukurikirana ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe agirwa umwungiriza we.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Madamu Jeannette Kagame yatangaje ko ibikorwa by’umuryango Segal Family Foundation, byatumye benshi bagera ku nzozi zabo, bagashobora gukora ibikorwa bifatika bibateza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Mwenedata Olivier, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kirehe, akekwaho icyaha cyo kurigisha Amafaranga y’u Rwanda 5,000,000 yari agenewe kugura imodoka y’Umurenge.
Mu Kagari ka Kaguhu Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’umuhungu basanze amanitse mu mukandara we, mu muryango w’igikoni cy’iwabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 13 Nyakanga 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga kuri politiki z’iterambere ry’Igihugu, mu gihe ingengo y’imari nshya 2023/24 yatangiye gushyirwa mu bikorwa.
Kuri uyu wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, i Abidjan muri Côte d’Ivoire habereye tombola y’uko amakipe azahura mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 isiga Amavubi mu itsinda rimwe na Nigeria na Benin
Ubuyobozi bwa Yvan Buravan Foundation, yarebereraga inyungu z’umuhanzi Burabyo Yvan witabye Imana, bwatangaje ko bwatangije ishuri ryo gusigasira umuco Nyarwanda mu rwego rwo kuzuza inzozi z’uyu muhanzi nka kimwe mu byo yari afite mu mishinga.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere ry’Abarimu mu Kigo cy’Igihugu cy’Uburezi (REB), Mugenzi Ntawukuriryayo Leon, arasaba abayobobozi mu nzego z’ibanze gufata imyanzuro ku nzu zagenewe Abarimu, zikoreshwa icyo zitagenewe ndetse n’izangirika.
Mu Karere ka Gicumbi Umurenge wa Byumba Akagari ka Nyarutarama Umudugudu wa Rugarama kuri uyu wa kane tariki ya 13 Nyakanga 2023 inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cy’amahugurwa cy’idini ya Islam Gicumbi yangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni 3.
Gutwara amatungo nabi igihe agiye kubagwa biri mu bituma inyama zitakaza ubuzirange, bikagira ingaruka ku buzima bw’umuntu waziriye.
Leta ya ya Kenya igiye gukurikirana mu nkiko abakomeje kwigaragambya bagateza imvururu mu gihugu bigatuma hari bamwe basiga ubuzima muri iyi myigaragambyo.
Myugariro Nsabimana Aimable wari usanzwe akinira ikipe ya Kiyovu Sports, yasinye amasezerano y’umwaka umwe mu ikipe ya Rayon Sports
Mu mezi abiri ashize, ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hagaragaye ifoto y’umuyobozi bigaragara ku maso ko afite agahinda, icyondo cyamwuzuye aho yari kumwe n’abaturage.
U Rwanda rurimo kubaka ibigega bya gaz yo gutekesha biherereye mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, bizaba bifite ubushobozi bwo guhunikwamo litiro miliyoni 17 n’ibihumbi 100 bya gaz.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko tariki 12 Nyakanga 2023, ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, bafatiye mu cyuho abarimu bane (4) barimo gukuriramo inda umunyeshuri bigishaga, mu Kigo cy’amashuri ya Sainte Trinity de Nyanza, giherereye mu Murenge wa Kigoma, Akagali ka Butansinda, umudugudu wa Butansinda.
Banki ya Kigali (BK) yatangije icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa agamije kongerera ubumenyi n’ubushobozi urubyiruko, mu bijyanye n’imikorere n’imyitwarire y’umukozi ukora muri banki.
Bisi eshanu muri 25 zigomba kugurwa n’ikompanyi itwara abagenzi ya Jali Transport, zamaze kugera mu Rwanda. Ni imodoka zitezweho gufasha mu gukemura ikibazo cy’ibura rya bisi rusange mu Mujyi wa Kigali kimaze igihe cyinubirwa n’abahatuye.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye n’Uruganda rw’Abafaransa rukora inkingo ’Ceva Santé Animale’, batangiye gahunda yiswe ‘Prevent’ yo gukingirira imishwi y’inkoko mu maturagiro, kugira ngo zitazongera gupfira ku borozi.
Abatuye Umurenge wa Bukure mu Karere ka Gicumbi, bari mu byishimo byo guhembwa imodoka ya Miliyoni 26Frw, nyuma yuko bahize imirenge y’Intara y’Amajyaruguru mu bukangurambaga ku Mutekano, Isuku n’isukura no kurwanya igwingira, bwateguwe ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda.
Umugabo w’Umushinwa yamaze imyaka 22 ashakisha umuhungu we yabuze afite imyaka ine (4), nyuma aza kumubona mu bilometero magana cyenda (900Km) uvuye aho atuye.
Abahanga mu ikoranabuhanga rijyanye n’ubuhinzi, bahamya ko mu gihe ibihugu byose by’Isi byakwemera ibihingwa byahinduriwe uturemangingo, ikibazo cy’inzara n’imirire mibi cyugarije benshi, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’u Rwanda rubarirwamo, cyaba amateka.
Ikipe y’igihugu ya Uganda y’abagore mu mupira w’amaguru Crested Cranes inganyije ibitego 3-3 n’iy’u Rwanda mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yatangaje ibihingwa Leta izunganira ku ifumbire mu gihembwe cy’ihinga cya 2024A, hiyongereyemo ibishyimbo, imyumbati, urutoki, imboga n’imbuto.