Intumwa ziturutse mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, zigizwe n’inzego z’umutekano ziri mu Rwanda aho zatangiye inama y’iminsi itatu ku kunononsora imyitozo izwi nka East African Community Armed Forces Field Training Exercise (FTX), Ushirikiano Imara 2024.
Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Basketball mu bagabo yasesekaye i Kigali, nyuma yo kwegukana umwanya wa 3 mu irushanwa rya afurika AFROCAN.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba, buravuga ko abanyeshuri 406 bangana na 0.76% aribo basibye umunsi wa mbere w’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, kubera impamvu zirimo uburwayi no kwimuka.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Singapore, CP Hoong Wee Teck n’intumwa ayoboye bari mu Rwanda, aho yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye, ndetse bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere Polisi z’ibihugu byombi.
Uwitwa Nyandwi Evariste w’imyaka 66 y’amavuko, wari umaze igihe yihisha ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside, yatawe muri yombi ku Mbere tariki 17 Nyakanga 2023, akaba afungiye muri kasho y’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gihango mu Karere ka Rutsiro.
Ikjpe ya APR FC yatangiye gahunda yo kongera gukinisha abanyamahanga, yasinyishije myugariro ukomoka muri Cameroun, inongerera amasezerano Claude Niyomugabo
Ibagiro ry’Akarere ka Gakenke ryari rimaze igihe rifunze, mu rwego rwo kurishakira ibyangombwa biryemerera gutanga serivisi ikenewe, ryafunguwe nyuma y’uko ibyangombwa byari bikenewe byamaze kuboneka.
Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack uzwi nka Diamond Platnumz, yibasiye mugenzi we Ali Saleh Kiba cyangwa se Ali Kiba, avuga ko we adakeneye kujya mu itangazamakuru kumenyekanisha ibihangano bye.
Abanyeshuri 100 barimo abo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (RP-IPRC) n’abo muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), bahamya ko amahugurwa barimo guhabwa ku ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence/AI) no kwihangira imirimo, azabasigira ubumenyi buzabafasha kwikorera neza imishinga yabo nyuma yo kwiga.
Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver), irimo kubera mu Rwanda yatangiye ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga mu 2023, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore n’abakobwa bakeneye serivisi z’ubuvuzi zubatse neza, no guhabwa uburezi bufite ireme bagafashwa (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abana babarirwa babarirwa mu 10, bari mu bwato bwavaga mu Murenge wa Mushishiro bwerekeza m’uwa Ndaro mu Karere ka Ngororero, barohamye mu mugezi wa Nyabarongo.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama Mpuzamahanga y’iminsi ine, yiga ikanashakira umuti bimwe mu bibazo bicyugarije abagore (Women Deliver Conference), Perezida Paul Kagame yahamagariye abantu guhindura imyumvire ibangamira ihame ry’uburinganire.
Umunyezamu Ndayishimiye Bakame wabaye umwe mu bakomeye mu Rwanda yatangaje ko ahagaritse gukina umupira w’amaguru
Antoine Cardinal Kambanda, Arikiyepiskopi wa Kigali, mu biganiro yagiranye na Perezida wa Hongiriya, Katalin Novák uri mu ruzinduko mu Rwanda, yatangaje ko yashimishijwe n’uburyo iki gihugu cyita ku muryango.
I Kigali mu murwa mukuru w’u Rwanda hasojwe iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ ryari rimaze iminsi itatu guhera tariki 14 kugeza tariki 16 Nyakanga 2023. Ni iserukiramuco ryaberaga ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, rikaba ryabaga ku nshuro yaryo ya cyenda.
Umusore witwa Tuyizere Fabien yagwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo agicukuramo itaka bimuviramo gupfa.
Abantu bitwaje intwaro bishe abantu 10 bakomeretsa abandi babiri mu Mujyi wa Bamenda uherereye mu Majyaruguru y’u Burengerazuba bwa Cameroon nk’uko byatangajwe na Guverineri w’ako Karere kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanga 2023.
Abanyeshuri bitabiriye ibizamini bisoza amashuri abanza mu Karere ka Nyagatare, batangaje ko bakurikije ikizamini bahereyeho cy’imibare, bizera kuzatsinda n’amanota menshi kuko ngo basanze cyoroshye kurusha isuzuma ritegurwa n’Akarere (Mock exams).
Abatuye akagari ka Buhoro mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, baravuga ko biruhukije igisebo bamaranye igihe kinini, bajyaga baterwa n’inyubako y’ibiro by’akagari kabo itajyanye n’igihe aho bajyaga bavuga ko itabahesha agaciro.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko kudafatira ifunguro ku masaha amwe bitera zimwe mu ndwara zirimo izibasira igifu ndetse bigatera n’umubyibuho ukabije.
Bamwe mu baturage bimuwe ahakorera umushinga Gabiro Agri-Business Hub, mu Karere ka Nyagatare batujwe mu Mudugudu wa Akayange Akagari ka Ndama Umurenge wa Karangazi, bavuga ko mu miryango yabo ari bo bambere batuye mu nzu nziza zifite byose.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yakiriye mugenzi we wa Uganda, Robinah Nabbanja, bumvikana uko amashanyarazi avayo yakongerwa hamwe no kwiga uko gariyamoshi yakubakirwa umuhanda uva i Kampala ukagera i Kigali.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) iratangaza ko bateganya gukorwa ubushakashatsi bwihariye ku musaruro utangwa n’Intore zivuye mu Itorero, kuva ryatangira gukorwa n’ibyiciro bitandukanye by’Abanyarwanda.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umukinnyi Jonathan Ifunga Ifasso ukomoka muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko Francois yabwiye Kigali Today ko ubuyobozi butarangaranye abaturiye uruganda rwa Cimerwa bakomeje kwangirizwa n’uru ruganda, ahubwo hari byinshi birimo gukorwa harimo no kubarura abaturage n’imitungo yabo.
Abatuye ahitwa i Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, mu gace kahariwe inganda, binubira kuba batanga amafaranga yagenewe abanyerondo b’umwuga, nyamara bo bakaba batababona, kuko utewe n’abajura agatabaza, adashobora kubona abamutabara.
Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, i Luanda mu gihugu cya Angola ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa basketball yaraye yegukane umwanya wa 3 mu irushanwa rya AFROCAN 2023 ihigitse igihugu cya Congo cyari kibitse iki gikombe ku manota 82 kuri 73.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko muri uyu mwaka w’amashuri wa 2022/2023, abanyeshuri bafite ubumuga batekerejweho, bashyirirwaho umwihariko mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, aho bongererwa igihe, abatabasha kwandika bagashyirirwaho ababandikira n’ibindi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana UNICEF, ryatangaje ko muri uyu mwaka wa 2023, abana bagera kuri 289 baturuka mu Majyaruguru y’Afurika bapfuye, abandi bakaburirwa irengero, bagerageza gukoresha inzira y’amazi ngo bagere ku Mugabane w’u Burayi.
Kubyiringira cyangwa gukuba amaso ni ibintu bifatwa nk’ibisanzwe, igihe umuntu arimo kugerageza kwikiza ikimubangamiye mu jisho, ananiwe cyangwa afite ibitotsi. Nyamara impuguke mu miterere y’ijisho zivuga ko bishobora kwangiza ubuzima bwaryo, cyane cyane iyo bikorwa buri kanya kandi igihe kirekire.
Abatuye mu Midugudu imwe n’imwe yo mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke, bavuga ko bakigowe no kubaho mu icuraburindi, riterwa no kuba batagira umuriro w’amashanyarazi, aho bibasaba gukora ingendo zitaboroheye, bajya gushaka serivisi zikenera ingufu z’amashanyarazi, gusa bahawe icyizere cy’uko icyo kibazo gikemuka (…)
Perezida wa Sénégal Macky Sall yatangiye uruzinduko mu Rwanda, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere aza kwitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’Abagore mu Iterambere.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida wa Hongiriya, Katalin Novak n’abandi bayobozi bari kumwe mu ruzinduko bagiriye mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweruru, kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe y’u Rwanda y’abagore muri ruhago yatsinzwe na Uganda 1-0, isezererwa mu mikino yo gushaka itike y’imikino Olempike izabera i Paris mu 2024.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Katalin Novák, Perezida wa Hongiriya, umaze iminsi mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye bigamije gutsura umubano hagati y’Ibihugu byombi bashyira n’umukono ku masezerano y’ubutwererane mu nzego ebyiri zirimo urw’uburezi, n’amahugurwa ku mikoreshereze y’ingufu za Nikereyeri mu (…)
Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, bateguye ubukangurambaga bwiswe ’Ring The Bell’ bugamije gukangurira abantu kwita ku burezi n’uburere bw’abana bafite ubumuga.
Umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda uherutse kwicirwa muri Santrafurika, aho yari mu butumwa bwo kugarura amahoro, wagejejwe i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023.
Icyamamare mu muziki wo mu gihugu cya Tanzania (Bongo Flava Tanzania), Naseeb Abdul Juma Issack, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Diamond Platnumz, yatangaje ko idini rye rimwemerera gushaka abagore bane (4), ariko kugeza ubu akaba nta n’umwe afite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burashishikariza abafite ubushobozi gushora imari muri aka karere, kuko hari amahirwe menshi baheraho bakagera ku iterambere.
Amazina y’ibice bitandukanye bigize Igihugu cy’u Rwanda, agenda yitirirwa ibintu ndetse n’imiterere hamwe n’ibikorwa byagiye bihakorerwa.
Mu ijoro rishyira itariki 03 Nyakanga 2017 ni bwo mu Kagari ka Muganza Umurenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, havuzwe inkuru y’umwana w’uruhinja watawe mu musarani wa metero umunani z’ubujyakuzimu akurwamo agihumeka.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), buhamagarira abashoramari bakorera mu Ntara gutinyuka bagashora amafaranga mu mishinga yo kubaka n’inganda, kuko hari amahirwe arimo gutangwa.
Ku wa Gatandatu tariki 15 Nyakanga 2023, Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yungutse intore z’Imana zigizwe n’umupadiri umwe n’abadiyakoni 10.
Mu mabanga y’imisozi ya Bumbogo mu Mudugudu wa Kiriza mu Kagari ka Nyabikenke mu Karere ka Gasabo, ni ho Mutiganda Jean de La Croix yubatse Ishuri, ariko rihereye ku Irerero ry’abana yari yashyize mu nzu (muri salon) iwe.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Gen Mubarakh Muganga, yahuye ndetse agenera ubutumwa inzego z’umutekano ziteguye koherezwa mu Ntara ya Cabo Delgado, iherereye mu majyaruguru ya Mozambique.
Umutoza w’ikipe z’Igihugu z’u Rwanda mu mukino wa Volleyball, umunya Brazil Paulo De Tarso Milagress, yahamagaye abakinnyi, abagabo n’abagore bagomba gutangira imyitozo bitegura imikino y’igikombe cy’Afurika, African Nations Championship 2023, iteganyijwe mu kwezi gutaha.
Gukiza umuntu urimo kugerageza gutanga ubuzima ni kimwe mu bintu by’ingenzi abantu bashobora gukora, kuko icyo gihe uba utabaye ubuzima bw’abantu babiri icya rimwe.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje uburyo indangagaciro zirimo ubupfura, ubushishozi, kunga ubumwe, ubutwari n’ubwitange ziri muri nyinshi urubyiruko rushobora kubakiraho, rukabasha urugamba rw’iterambere n’umutekano by’Igihugu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yagaragaje ingaruka ziterwa no kunywa ibisindisha kuri buri muntu bitewe n’ikigero cy’ibyo afata mu cyumweru. Ni mu gihe imibare igarargaza ko harimo kubaho ubwiyongere mu kunywa inzoga ndetse n’ubuyobozi bukaba bwaratangiye ubukangurambaga bwo kugabanya inzoga no kuzirinda abato.
Muri Kenya, imyigaragambyo y’abantu baturuka mu ihuriro rya ‘Azimio la Umoja’ bamagana ubuzima buhenze, bahangana na Polisi ishaka kubabuza gukomeza kwigaragambya, imaze kugwamo abantu 12 kugeza mu mpera z’iki cyumweru.