Mu gihe biteganyijwe ko umuganura uzizihizwa mu gihugu hose ejobundi kuwa gatanu tariki 4 Kanama 2023, hari abatuye mu mijyi ya Nyanza na Huye bavuga ko bo batazawizihiza kubera ubukene n’ibiciro bihanitse.
Mugihe imikino y’igikombe cya Afurika mu bagore mu mukino wa basketball (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) irimbanyije, nyuma kandi yo gusoza imikino yo mu matsinda ndetse na kamarampaka ku makipe ataraboneye itike mu matsinda, ubu hatahiwe imikino ya ¼ ku makipe yakomeje harimo n’u Rwanda.
Abaturage bo mu Mirenge ya Gatumba na Bwira barishimira gutangira kubaka umuhanda uzabafasha kugeza abarwayi ku bitaro bya Muhororo, hifashishijwe imbangukiragutabara, dore ko ubusanzwe bakoreshaga ingobyi ya gakondo.
Ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga (NUDOR), risaba umuryango mugari w’Abanyarwanda, uhereye ku babyeyi, abarimu, ibigo by’amashuri n’abantu bose, gutuma umwana ufite ubumuga yisobanukirwa, akamenya ko afite ubumuga bijyanye n’ikigero cy’imyaka arimo, kuko biramufasha. Ngo nta kintu ushobora gukorera umuntu ufite ubumuga (…)
Abayobora amakusanyirizo y’amata mu Karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe cyane n’igiciro cy’umuriro w’amashanyarazi bakoresha bayakonjesha kuko inite imwe iri hejuru y’amafaranga y’u Rwanda 170.
Ibikorwa byo guhangana n’ibitero by’ikoranabuhanga ku mugabane w’Afurika, bitwara arenga Miliyali enye z’Amadorali y’Amerika buri mwaka.
Henri Konan Bédié wayoboye igihugu cya Côte d’Ivoire, yitabye Imana afite imyaka 89 y’amavuko, aho yari amaze iminsi ari mu bitaro nyuma yo kumva atameze neza.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, ku wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2023, iyobowe na Perezida Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro itandukanye, irimo n’uko nta bitaramo n’imyidagaduro bizajya birenza saa saba za nijoro mu mibyizi, na saa munani mu mpera z’icyumweru (ku wa gatanu no ku wa gatandatu), mu rwego (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), cyohereje itsinda ry’abahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’imiterere y’Isi, kujya gukurikirana iby’umwotsi, umuriro, ndetse n’amabuye ahirima aturuka mu musozi wo mu Kagari ka Burimba mu Karere ka Nyamasheke.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri yanganyije na Gorilla FC 1-1 mu mukino wa gicuti wa kabiri wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.
Perezida Paul Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu Biro bye, Village Urugwiro, ku wa Kabiri tariki ya 1 Kanama 2023, ifatirwamo imyanzuro itandukanye, irimo nko kuba CG Dan Munyuza yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Misiri.
Mu cyumweru gishize, itangazamukuru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore we batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za ‘iPhone’ bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya ‘iPhone 14’.
Mu gihe habura iminsi 17 ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ya 2023-2024 itangire, amakipe arimo Police FC yatangiye gukina imikino ya gicuti mu rwego rwokwitegura umwaka w’imikino.
Muheto Bertrand umaze kubaka izina mu njyana ya Trap Music nka B-Threy n’umugore we Keza Nailla bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo w’imfura.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yasabye abitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Gikondo aho risanzwe ribera kwirinda ubusinzi kugira ngo barusheho kubungabunga umutekano.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro Murindwa Prosper atangaza ko kimwe mu bibazo byamugoye akigera mu Karere ka Rutsiro ari ikibazo cy’ibiza byangije aka Karere mu ntangiriro ya Gicurasi 2023.
Abana bagera ku 140 baturutse mu bihugu by’u Busuwisi, u Bwongereza n’u Bubiligi basoje umwiherere w’imisni ine bakoreraga mu Rwanda wo kubigisha indangagacio n’umuco nyarwanda.
Abatuye umurenge wa Mugunga akarere ka Gakenke, barishimira umutungo kamere bafite w’amabuye akoreshwa mu bwubatsi azwi ku izina ry“Urugarika”.
Inteko y’umuco yatangaje ko Ibirori by’Umuganura bizaba tariki 4 Kanama 2023 ku rwego rw’Igihugu bizizihirizwa mu Ntara y’Uburengerazuba mu Karere ka Rutsiro mu rwego rwo kuganuza abibasiwe n’ibiza.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakina na Kenya Police FC ku munsi w’Igikundiro nyuma y’uko Loto-Popo FC yo muri Benin itabonetse.
Inzu y’ubucuruzi iri ahitwa mu Ibereshi rya gatanu hafi y’umusigiti w’aba Islam, mu mujyi wa Musanze, yafashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo biramurwa n’uko Polisi yahagobotse iwuzimya yifashishije imodoka ya kizimyamoto.
Ubutegetsi buyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso no muri Mali, bwatangaje ko igikorwa cya gisirikare icyo ari cyo cyose cyakorwa kuri Niger, hagamijwe gusubiza ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum uherutse gukorerwa Coup d’état, cyafatwa nko gutangiza intambara no muri ibyo bihugu byombi.
Dr Mukeshimana Gérardine wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, yagizwe Visi Perezida w’Ikigega Mpuzamahanga cyita ku iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ku Isi (IFAD).
Umuraperi w’umunyabigwa Tupac Amaru Shakur impeta yambaraga yaciye agahigo ko kugurishwa arenga miliyari imwe mu mafaranga y’u Rwanda muri cyamunara.
Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa akekwaho icyaha cyo gukopera ikizamini cya Leta yakoraga, yifashishije telefone.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’umugore w’Umunyafurika mu Rwanda, Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof Jeannette Bayisenga, yatangaje ko ihame ry’uburinganire rireba buri wese.
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’abafite ubumuga mu Rwanda, baratangaza ko hakiri urugendo mu guteza imbere ikoranabuhanga mu mashuri y’uburezi budaheza, kubera ko ibikoresho by’ikoranabuhanga bitaragera hose.
ASSERWA ni umuryango nyarwanda uharanira inyungu rusange, uhuriwemo n’abakora akazi ko kuvidura ubwiherero no kubwubaka. Ni umuryango watangiye muri 2019, ukaba ugizwe na kampani zikora ako kazi kuri ubu zirenga 16. Abagize uwo muryango bavuga ko bafashe icyemezo cyo kwishyira hamwe, kugira ngo bakemure ibibazo biri muri (…)
Mu gihe habura umunsi umwe ngo hatangire igikombe cy’isi cya Handball kigiye kubera muri Croatia, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yagaragaje umwambaro izifashisha muri aya marushanwa
Umukozi w’Intara y’Iburasirazuba ushinzwe Imiyoborere myiza, Byukusenge Madelene, avuga ko n’ubwo hamwe na hamwe umusaruro utagenze neza mu gihembwe cy’ihinga gishize, bitazabuza abaturage kuganura kuri mucye wabonetse.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kabaya na Muhanda baciriwe amaterasi y’indinganire mu Karere ka Ngororero, bahamya ko yatumye bazamura umusaruro, kuko isuri yabatwariraga ifumbire mu butaka itakibangiriza.
Urwego rw’Iperereza (RIB) rwatangaje ko rwafashe Twizerimana David ufite chaines/channels za Youtube zitwa Smart Guys TV na Smart Nation TV na bagenzi be batatu bakurikiranyweho gukinisha abana filime z’urukozasoni no kuzikwirakwiza bifashishije imbuga nkoranyambaga nka YouTube.
Umuhanzi w’icyamamare mu muziki wa Afurika, David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido n’umugore we Chioma Avril Rowland, bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’muhungu.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), bamaze gushyira umukono ku masezerano y’inkunga ya Miliyoni 19.5 z’Amayero (ahwanye na Miliyari 25Frw).
Abaturiye ikiyaga cya Burera, bavuga ko bamaze imyaka isaga 23 bizezwa ko ku nkengero zacyo hazubakwa ibikorwa remezo nk’amahoteri n’ibindi bikururura ba mukerarugendo; ariko kugeza ubu bategereje ko iyo mishinga ishyirwa mu bikorwa amaso ahera mu kirere.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangaje ko u Rwanda rugeze ku kigero gishimishije mu gutubura imbuto, ku bihingwa by’ingenzi bikoreshwa mu gihugu.
Master Fire ni izina ry’ubuhanzi, ubusanzwe yitwa Hakizimana Innocent, ari mu byishimo nyuma y’uko ageze ku ntego ye aho ageze ku musozo w’amasomo ya Kaminuza, nyuma y’igihe kirekire aharanira kuyarangiza.
Abaturage bo mu Kagari ka Nkoto Umurenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi, bari mu byishimo nyuma yo gushyira hamwe bakiyubakira ikiraro gishya, bagisimbuza icyari cyarashaje aho umugenderano hamwe n’abatuye utundi turere utari ugikorwa uko bikwiye.
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu ‘Human Rights Watch- HRW’ ishinja igisirikare cya Mali ndetse n’abarwanyi bikekwa ko ari abo mu mutwe w’abacanshuro wa ‘Wagner Group’ kuba barishe abaturage b’abasivili mu bikorwa byabo bitandukanye.
Abatuye mu duce twibasiwe n’ibiza by’imvura yasenye byinshi mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru, mu ijoro rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, bahangayikishijwe n’imibereho mibi baterwa no kuba imihanda y’imigenderano itakiri nyabagendwa bihagarika umugenderano hagati yabo.
Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko igihe umubyeyi apimishije umwana we harebwa isano bafitanye “ADN” agasanga atari uwe bavuga ko bimugiraho ingaruka zirimo ihungabana ry’igihe kirekire ndetse umwana bishobora kumuviramo uburwayi bwo mu mutwe budakira.
Tina Knowles, akaba umubyeyi w’umuhanzikazi w’icyamamare Beyoncé, yamaze gusaba gatanya umugabo we Richard Lawson bari bamaranye y’imyaka 8 babana.
Ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, ni ho aba bagize Inzego z’umutekano z’u Rwanda bahagurukiye aho umuhango wo kubasezeraho witabiriwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano.
Abakozi b’Ikigo gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC), ku wa Gatandatu tariki 29 Nyakanga 2023 batanze ku mugaragaro amafaranga yagenewe kurihira Mituweli imiryango 59 igizwe n’abantu 182.
Iradukunda Bertrand wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports, yasinyiye Musanze FC amasezerano y’imyaka ibiri, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 30 Nyakanga 2023.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize ahagaragara uko amakipe azahura muri shampiyona ya 2023-2024. Ni shampiyona izatangira tariki ya 18 Kanama 2023, gahunda yashyizwe hanze na FERWAFA igaragaza ko ku munsi wa mbere ikipe ya Rayon Sports izakirwa na Gasogi United kuri Kigali Pelé Stadium saa moya (…)
Ku wa Gatandatu tariki ya 29 Nyakanga 2023, Abakuru b’Imidugudu 602 batangiye guhabwa amagare azabafasha mu kunoza akazi kabo no kurushaho kwegera abaturage, basabwa kutayagurisha.