Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame yitabiriye ihuriro (forum) ry’abayobozi b’ibihugu ryiga k’ubufatanye mu iterambere ryatangiye uyu munsi kugeza tariki 1/12/2011 mu mujyi wa Busan, muri Koreya y’Epfo.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwongeye gushinja Paul Rusesabagina gutera inkunga ibikorwa bihangabanya umutekano ku butaka bw’u Rwanda no hanze yarwo.
Bigirimana Fulgence wamenyekanye mu ndirimbo « Unsange » na « Musaninyange » mu muziki nyarwanda, nyuma y’imyaka isaga ibiri atagaragara mu ruhando rw’umuziki nyarwanda atangaza ko umwaka wa 2012 azaca ibintu bigacika.
Etienne Tshisekedi umwe mu bakandida bahatanira umwanya wa perezida wa Repubulika muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ngo mu buzima bwe bwose yahoranye inzozi zo kuzaba perezida wa Repubulika muri Congo.
Yifashishije urubuga rwa Facebook, umukecuru ufite imyaka 73 witwa Aurelia Matias wo mu gihugu cya Filipine yabonye umugabo we witwa Luis Matias w’imyaka 78 wari umaze ibyumweru hafi bitatu aburiwe irengero.
Mu gihe ejo abaturage basaga miriyoni 32 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bari bahamagariwe kuzindukira mu matora kwitorera umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko, abantu benshi baburiye ubuzima mu bikorwa by’urugomo byakorewe mu duce twa Kasai na Katanga.
Tariki 24/11/2011, abakozi bakoraga amaterasi mu murenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke baguye ku mubiri w’umuntu wishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Ubwo mushiki we yashyingirwaga tariki 26/11/2011, umugabo witwa Jean de Dieu Nkurunziza w’imyaka 26 wo mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yiyahuje imiti bucya bamuhamba.
Abantu bateranira mu nsengero hirya no hino muri Muhanga barinubira ubujura bubakorerwa iyo barimo gusenga. Bavuga ko ama telephone niyo akunze kwibwa.
Mu rwego rwo kwicungira umutekano mu buryo bwimbitse, abaturage bo mu kagari ka Gahama, mu murenge wa Kirehe, akarere ka Kirehe bafashe gahunda yo kugurira abarara irondo telefone kugira ngo bajye babasha gutabaza mu buryo bworoshye igihe bahuye n’ikibazo.
Nyuma y’imyaka 15 yaranze kugemurira umugabo we kubera kubabazwa n’ibyo yakoze muri Jenoside, Tabeya yageze aho ava ku izima ariko amugemurira ubusa.
Guhera tariki 24/11/2011 mu mujyi wa Bujumbura ho mu Burundi hari kubera inama idasanzwe yateguwe n’imiryango mpuzamahanga itagengwa na Leta irengera ba nyamweru. Iyo nama iri kuba mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Afurika.
Tariki 27/11/2011, bamwe mu baturage bari bitabiriye kureba umukino wahuzaga ikipe ya Bugesera FC na Unity FC zo mu cyiciro cya kabiri bari bakubise umusifuzi w’umukino batishimiye imisifurire kuko bavuga ko yibye ikipe yabo iminota igera kuri 17.
Umusore w’imyaka 21 witwa Ndizihiwe Fabien yiyahuye mu kivu tariki 25/11/2011. Umurambo we wabonetse mu nkengero z’ikivu ku mugoroba tariki 26/11/2011 mu murenge wa Musasa, akarere ka Rutsiro.
Ndererehe Jean Bosco utuye mu Kagari ka Kagenjye, mu mudugudu wa Biryogo, mu murenge wa Mayange, mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi tariki 28/11/2011 atetse inzoga ya kanyanga.
Nubwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo havugwa hamwe na hamwe umutekano muke kubera amatora y’umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko,kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2011 ibikorwa byo kwinjira no gusohoka ku ruhande rw’u Rwanda n’urwa Kongo Kinshasa byakomeje nkuko bisanzwe.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Ugushyingo 2011 nibwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo(RDC) bitabiriye amatora y’umukuru w’igihugu n’abagize inteko ishinga amategeko. Ku mupaka wa Rusizi ya mbere uhana imbibi hagati y’u Rwanda na RDC kwinjira no gusohoka byakomeje ariko urujya n’uruza rwagabanutse.
Tariki 27/11/2011, umuryango w’abarokotse Jenoside bahoze ari abanyeshuri muri za kaminuza (GAERG), bizihirije umuganura i Nyanza ku gicumbi cy’umuco mu Rukari kwa Rudahigwa.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amazina y’umurambo watoraguwe tariki 25/11/2011 mu mugezi wa Rwanzekuma ugabanya umurenge wa Gisozi na Kacyiru yamenyekanye.
Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Kinshasa, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bifuza ko perezida uzatorwa yahindura imibereho y’abanyagihigu kuko ngo babaye ho nabi.
Minisitiri w’u Rwanda ushinzwe umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (EAC), Monique Mukaruliza, aravuga ko ubusabe bwa Sudani y’amajyaruguru buri ku isonga ry’ibizigwaho mu nama ya 13 y’abakuru b’ibihugu bigize EAC izatangira kuri uyu wa gatatu, tariki 30/11/2011.
Bamwe mu baturage batuye aho ingabo z’u Rwanda zikora ibikorwa byo kurinda amahoro muri Darfur batangiye kwibona nk’Abanyarwanda bitewe no gushimishwa n’ibikorwa ingabo z’u Rwanda zikora muri icyo gihugu.
Tariki 25/11/2011, minisiteri y’ubucuruzi n’inganda niyo yari itahiwe kwitaba inteko ngo isobanure uko yakoresheje umutungo wa Leta mu buryo budasobanutse. MINICOM irashinjwa litiro za essence zigera kuri miliyoni ebyiri, n’itangwa ry’akazi n’amasoko mu buryo budafututse.
Tariki 24/11/2011 mu murenge wa Cyanika ho mu Karere ka Burera, uwitwa Kwihangana alias Biryuwiziritse yiyahuye yikase ijosi akoresheje icyuma gikata ibyuma kizwi ku izina rya “ponceuse”.
Mukaminega Feliciata wo mu murenge wa Mwogo, mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi kuva tariki 26/11/2011 azira kwivugana umuturanyi we witwa Rutembesa Jean Damascene amukubise umuhini w’isekuru mu mutwe.
N’ubwo atarafatwa, urukiko mpuzamahanga rwashiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuri uyu wa mbere rurasubukura kumva ubuhamya budasanzwe mu rubanza rwa Augustin Bizimana wahoze akuriye urwego rushinzwe kurinda perezida mu gihe cya Jenoside.
Mu rwego rwo gukomeza kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 tariki 25/11/2011 abantu 50 bo mu karere ka Gicumbi basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.
Mu mpera z’igihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, Niragire Albert, umwarimu ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkuri mu karere ka Rutsiro, yabeshye ko yapfushije umwana we kugira ngo SACCO umuhe amafaranga 300.000.
Mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi, ikigo nderabuzima cya Rwankeri giherereye mu murenge wa Mukamira, akarere ka Nyabihu, cyatangije gahunda yo kujya cyigisha ababyeyi baturuka mu miryango irwaje indwara z’imirire mibi bakigishwa gutegura indyo yuzuye kandi hifashishijwe ibiribwa biboneka mu gace batuyemo.
Abaturage bo mu murenge wa Kinyababa akarere ka Burera barashimira uruhare rwa Police y’igihugu mu kubafasha kubungabunga ibidukikije batera amashyamba mu rwego rwo kubarinda isuri.
“Iyo umuryango ufite amahoro ugera no ku iterambere, urangwa n’ubuzima bwiza kandi n’abana baba abahanga kuko nta kiba cyabahungabanyije.” Uwo ni Hon. Mukakanyamugenge Jaqueline wabwiraga abaturage bo mu Murenge wa Rwaniro ibijyanye na gahunda y’iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Hari nyuma (...)
Abantu barindwi bakorera isosiyeti icukura amabuye y’agaciro yitwa RUDNIKI, bari barengeweho n’ikirombe bacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu murenge wa Nyarusange, bamaze gukurwamo n’igikorwa cy’umuganda ku bufatanye bwa polisi y’igihugu ndetse n’ingabo.
Mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2011 polisi yo mu Karere ka Nyanza yabyukiye mu gikorwa cyo gusaka ahantu hakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge birimo urumogi na Kanyanga biza ku isonga no guta muri yombi imburamukoro n’inzererezi zo muri aka karere.
Jennifer ntiyashoboye kwitabira ibirori byo guhabwa impamyabushobozi mu ishuri rikuru ryo mu mutara Umutara Polytechnic University kubera impanuka yakoze ubwo yajyagayo muri iki gitondo hamwe n’abari bamuherekeje. Nta muntu wapfuye. Abakomeretse barimo kuvurirwa mu bitaro bya Nyagatare abandi mu bitaro bw’umwami Faisal i Kigali.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, mu murenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo, hatoraguwe umurambo w’umusore utaramenyekana uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko wishwe atemaguwe.
Ikinyamakuru The Daily News cyanditse ko kuri uyu wa gatatu mu ishuli ryitwa Orange River riri mu mujyi wa Fort Myers, muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika,umunyeshuri yasomye undi maze umwarimukazi agahamagaza polisi ariko polisi isanga nta cyaha kiri mubyo bakoraga.
Amaduka yo mu gace kitwa Sundsvall muri Suede yahisemo kujya yihanira abafashwe biba muri ayo maduka aho kubajyana kuri polisi.
Kuri sitasiyo ya police ya Sake mu karere ka Ngoma hafungiwe umusore witwa Biziyaremye Jean Bosco ukurikiranwaho kuba yarafatanwe urumogi mu murima we w’ibishyimbo yararuhinzemo.
Habineza Emmanuel wo mu murenge wa Mugesera, akagali ka Mugatare, kuva ejo ari mu maboko ya polisi kuri station ya Sake nyuma yo gufatirwa mu cyuho iwe mu rugo saa munani z’amanwa atetse kanyanga.
Ku nkengero z’ikiyaga cya Kidogo cyo mu Karere ka Bugesera, umurenge wa Rilima habonetse ibice by’umubiri w’umuntu wishwe n’ingona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buremeza ko tariki 22/11/2011mu murenge wa Kibeho habonetse imibiri y’abantu 27 bazize Jenoside.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera barinubira ubujura bw’amatungo yabo yiganjemo inka burimo gukorwa n’abamwe mu baturanyi bo ntara ya Kirundo yo mu gihugu cy’u Burundi.
Raoul Gisanura Ngezi usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yamaze gutorerwa kujya muri komite y’ubuyobozi bwa CECAFA mu matora yebereye i Dar es Salaam muri Tanzania ku wa gatatu.
Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Ugushyingo 2011, ku nshuro ya mbere Kaminuza Politekiniki y’Umutara igiye gutanga imyabushobozi ku banyeshuri barenga 400 bayirangijemo amasomo yabo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza.
Amavubi ashobora kuzahura n’akazi gakomeye muri CECAFA yatangiye kuri uyu wa gatanu, kuko agomba kuzahangana na Zimbabwe yajemo ku munota wa nyuma ikaba yasimbuye Namibia yavuyemo bitunguranye.
Uwahoze ari umuvugizi w’inteko ishingamategeko y’umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba (EALA), Abdulrahman Kinana, arakangurira abagize iyi nteko kwita ku birebana n’imiyoborere myiza ndetse no gukurikirana ibikorwa by’iterambere bigamije kuzamura urwego rw’imibere rw’abatuye ibihugu bigize umuryango.
Amarushanwa yo gusiganwa ku magare Tour du Rwanda 2011 ejo yari ageze ku munsi wa gatanu. Umubirigi Smet Guy wo mu ikipe yitwa FRANDERS AVIA niwe wanikiye abandi akurikirwa n’Umunyarwanda Ruvogera Obedi ariko ariko umunyamerika Rosskopf Joseph niwe ukiri ku mwanya wa mbere muri rusange.
Umuyobozi muri UNICEF ushinzwe imirire, Dr. Nicholas Alipui, ashima u Rwanda mu kurwanya imirire mibi ibangamira imikurire y’umwana. Yabitangaje igihe yatangizaga inama yiga ku mirire y’iminsi 2 yatangiye tariki 21/11/2011 i Kigali.
Abaguverineri ba za banki nkuru zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba bateraniye mu nama yiga ku kibazo cy’ifaranga rimwe muri aka karere yari iteraniye i Bujumbura, bavuze ko bidashoboka mu mwaka wa 2012.
Marius Els, umworozi wo muri Afurika Yepfo, yishwe n’imvubu yari yoroye mu gikingi cye. Iyi mvubu yatangiye kuyorora ifite amezi atanu gusa akaba ndetse yarakundaga kuyigereranya n’umwana we.