Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko ku wa 16 Werurwe 2020 rwafashe umugore witwa Mukanzamuye Apronaria ukekwaho gusambanya abana babiri b’abahungu mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kubera ingamba zafashwe zo kwirinda cyorezo cya Coronavirus (COVID-19), hari serivisi ayo zabaye zihagaritswe.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Karere ka Karongi rwafashe uwitwa Nyiramfatahose Pelagie w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu Murenge wa Bwishyura ucyekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Werurwe 2020, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe abagabo 40 bakekwaho gusambanya abana b’abangavu bakabatera inda, mu mirenge yose igize Akarere ka Rusizi.
Kuva ku wa Kabiri tariki ya 10 na 11 Werurwe 2020, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi z’umuriro ryari mu karere ka Musanze na Rubavu aho bigishaga abaturage kwirinda inkongi z’umuriro. Ni ubukangurambaga bwibanze cyane mu bigo bihuriramo abantu benshi.
Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Rwimiyaga, Byiringiro Daniel, afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, akekwaho kunyereza umutungo no gutanga isoko rya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Umuyobozi w’Umudugudu wa Kiruhura n’abamwungirije mu Kagari ka Cyanzarwe mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi n’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) kubera kurebera umwana w’umukobwa watewe inda ataragira imyaka y’ubukure ntibatange amakuru.
Ahagana saa mbili z’ijoro ryo ku wa kane rishyira kuwa Gatanu tariki 6/3/2020, abantu 11 basengeraga mu buvumo bwo mu Karere ka Nyamagabe basanzwemo n’amazi y’umugezi wa Kadondogoro , yicamo batanu.
Abatwara abantu n’ibintu ku magare mu Karere ka Musanze, bamurikiwe ikoranabuhanga rishya bagiye kujya bifashisha ririmo icyapa ndangacyerekezo kizajya gifasha umunyonzi kugaragaza icyerekezo mu gihe agiye gukata ava mu muhanda yerekeza mu wundi, cyangwa se mu gihe agiye guhagarara.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 02 Werurwe 2020 yasize imiryango 37 iheruheru mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare ndetse n’ipoto imwe y’amashanyarazi irangirika.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje imibare y’abantu babuze ubuzima, inzu zasenyutse, imyaka yangiritse, ibikorwa remezo n’ibindi byose byangijwe n’imvura yaguye ku wa mbere tariki ya 02 Werurwe 2020.
Umugabo witwa Jean Damascene Mporamusanga wo mu Kagari ka Ruhinga, Umurenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, yasanzwe imbere y’urugo rwe yapfuye, nyuma y’amakimbirane yari yaraye agiranye n’umugore we Nyirabukara Odette.
Umwe mu bakobwa barimo guhugurirwa mu kigo cya Mutobo witwa Mukanoheri Joselyne, nyuma y’uko mu buzima bwe bwose yabumaze mu mashyamba ya Kongo ari na ho yavukiye, ubwo yabazwaga uburyo babagaho muri ayo mashyamba, mu kiniga cyinshi yagize ati “Natojwe igisirikare ndi umwana ariko ntibampa ipeti, nari soldat sans matricule (…)
Polisi y’u Rwanda na Polisi y’igihugu cya Turukiya bemeranyije gukomeza gushimangira ubufatanye mu nzego zitandukanye by’umwihariko mu kubaka ubushobozi.
Abatwara abagenzi kuri moto bavuga ko bahanishwa amakosa batakoze ndetse ngo hari igihe babona ubutumwa bubamenyesha amande baciwe batari mu kazi kimwe no gucirirwa amande ahantu batageze.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bataye muri yombi Irakoze Emmanuel naho mugenzi we Irumva Elias akaba yarashwe arapfa ubwo yarwanyaga inzego z’umutekano igihe yafatwaga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufatanyije na Polisi y’u Rwanda (RNP) barimo gushakisha abasore babiri bagaragara mu mashusho (Video) barimo gukubita ndetse bakambura amafaranga umukozi wa MTN mu Murenge wa Remera, Akarere ka Gasabo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iravuga ko hari abatekamutwe biyita abakozi b’iyo Minisiteri, baca abaturage amafaranga babizeza ko bazabafasha kubona serivisi uko babyifuza, cyane cyane izirebana no guhinduza amazina.
Polisi y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (Rwanda Cycling Federation -FERWACY) bifatanyije muri gahunda ya Gerayo Amahoro mu rwego rwo kurushaho kongera ubu bukangurambaga kubakoresha umuhanda.
Mu masaha y’umugoroba w’ejo kuwa gatandatu tariki 22 Gashyantare 2020, ni bwo mu Mudugudu wa Marantima, Akagari ka Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, abana barimo b’abakobwa umwe w’imyaka itatu n’undi w’imyaka ibiri batwikiwe mu nzu, umwe ahasiga ubuzima undi arwariye bikomeye mu bitaro bya Ruhengeri.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abagabo babiri bo mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali bafite ikiyobabwenge cya mayirungi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’umuryango w’aba Guide n’Abasukuti, iremeza ko kuba uwo muryango uhura n’urubyiruko runyuranye mu bihugu bya Afurika, ari kimwe mu bishobora gufasha gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ kurenga imbibe z’u Rwanda ikifashishwa no mu bindi bihugu.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kigarama na Gikondo mu Karere ka Kicukiro bahangayikishijwe n’abajura biba insinga z’amashanyarazi, aho baherutse kwiba izo ku muhanda Nyanza-Rebero-Miduha, none batewe impungenge n’ikizima gihari.
Majyambere Alex uherutse gufatanwa ihene yiyemerera ko amaze imyaka ibiri yiba kandi abifashwa no kuba azi amasaha abari ku irondo baryamira.
Umwarimukazi witwa Irikujije Christine w’imyaka 26, wigishaga ku rwunge rw’amashuri rwitiriwe Mutagatifu Kizito rwa Gikongoro, riherereye mu Murenge wa gasaka mu Karere ka Nyamagabe, yasanzwe mu rugo iwe yapfuye nyuma yo kwiyahura.
Gahunda ya Gerayo Amahoro mu nsengero z’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi mu Karere ka Rubavu yayobowe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Twizere Karekezi, avuga ko Gerayo Amahoro igamije gukumira impanuka mu muhanda.
Pasitoro Abidan Ruhongeka uyobora Itorero ry’Abadivantisiti mu gice cy’Amajyepfo y’u Rwanda, avuga ko niba hifuzwa ko abantu bazagera mu ijuru amahoro, bakwiye no kwirinda impanuka bakagera ku rusengero amahoro.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 17 Gashyantare 2020, ahagana saa kumi n’imwe, Kizito Mihigo w’imyaka 38 wari ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Remera yasanzwe yiyahuye arapfa.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, asaba Abanyarwanda bakunda gutega moto kwirinda ubwira buterwa no gukererwa muri gahunda zabo, bagategeka umumotari kwihuta cyane kuko bishobora guteza impanuka.
Nyuma yo kugera hirya no hino mu madini n’amatorero, higishwa gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’, Polisi y’u Rwanda kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gashyantare 2020 yakomereje ubu bukangurambaga mu Itorero ry’Abadventiste b’umunsi wa karindwi.