Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda bitazabagwa amahoro, igihamya kikaba ari ababigerageje ariko bakahasiga ubuzima, abandi bagafatwa, abandi bagahunga.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Gen. Patrick Nyamvumba ubwo yatangizaga inama nkuru ya Polisi yahuje abayobozi ba Polisi batandukanye baturutse hirya no hino mu gihugu aho bakorera mu mashami yayo, yabibukije ko ubunyamwuga n’ikinyabupfura ari byo bigomba gukomeza kuranga buri mupolisi wese kugira ngo inshingano zo (…)
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, arasaba abayobozi mu nzego z’ubuyobozi, uhereye ku mudugudu, gufatanya n’ingabo mu kwirindira umutekano.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Ukuboza 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, abapolisi 27 barimo 13 b’u Rwanda na 14 baturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo basoje amahugurwa bari bamazemo ibyumweru bitatu. Aya maguhurwa ajyanye no gucunga umutekano ku bibuga by’indege.
Ikigo cy’itumanaho mu Rwanda Airtel ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda kuwa gatatu tariki ya 04 Ukuboza 2019, batangije ukwezi ko kwirinda impanuka mu ngendo zisoza umwaka.
Polisi y’u Rwanda imaze amezi atandatu itangije mu gihugu hose ubukangurambaga bwahawe inyito ya ‘Gerayo Amahoro’.
Abapolisi b’u Rwanda 240 ni bo barimo kwitegura kujya gusimbura bagenzi babo na bo 240 bari bamaze umwaka mu butumwa bw ’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo mu mujyi wa Malakal.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwataye muri yombi abantu batandatu bazira ubucuruzi bw’uruhererekane rutemewe n’amategeko.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Ingufu, REG, kiratangaza ko mu mukwabu wakozwe muri iki cyumweru kuva tariki 14 kugeza 21 Ugushyingo 2019, hafashwe abantu 10 harimo n’abanyamahanga bakekwaho kwiba amashanyarazi bakoresha mu ngo zabo cyangwa mu bikorwa by’ubucuruzi byabo bitandukanye.
Mu gitondo cyo ku itariki 23 Ugushyingo 2019, impanuka y’ubwato bubiri bwari butwaye abagenzi umunani bwarohamye mu kiyaga cya Burera, batandatu bararokoka, naho umubyeyi n’umwana we yari ahetse barapfa.
Mu gihe mu mujyi wa Musanze hakomeje kuvugwa ubujura bukabije burimo gutobora amazu, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, aranenga bamwe mu bakora irondo ry’umwuga bazwi ku izina rya ‘Home Guard’ batita ku kazi bashinzwe, bamwe muri bo bagafatanya n’amabandi kwiba abaturage.
Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bageze mu cyumweru cya 28 mu byumweru 52 by’ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’. Muri uku kwezi k’Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda irimo gufatanya na MTN-Rwanda muri ubu bukangurambaga. Kuri uyu wa gatatu tariki ya 20 Ugushyingo 2019, ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwakomereje mu (…)
Hashize iminsi hirya no hino mu gihugu humvikana abantu bihererana abandi bakabambura amafaranga babizeza akazi cyangwa kuzabajyana mu mahugurwa mu mahanga cyangwa kubabonerayo akazi, abandi bagahamagarwa ku matelefoni babwirwa ko batsindiye amafaranga n’ibindi bihembo ahantu runaka.
Nsengiyumva Emmanuel w’imyaka 25 y’ubukure, ni umwe muri 320 bambitswe ipeti rya ‘sous-lieutenant’ na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2019 i Gako mu karere ka Bugesera.
Umuyobozi wa Polisi ya Gambia, IGP Alhaji Mamour Jobe, yashimye imikorere ya Polisi y’u Rwanda n’uruhare igira mu gutanga ubumenyi no kubaka ubushobozi burambye ku bapolisi bahugurirwa mu Rwanda.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatatu tariki ya 13 Ugushyingo 2019, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza, yakiriye mu biro bye Gen. (Rtd) Romeo Dallaire, umusirikare w’Umunyakanada, basinyana amasezerano y’ubufatanye mu gukumira iyinjizwa ry’abana bato mu gisirikare, kurwanya ubutagondwa mu rubyiruko n’ibindi.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Ugushyingo 2019, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwashyikirije ubw’akarere ka Rukiga muri Uganda, imibiri ibiri y’Abagande barasiwe mu Rwanda bafite magendu.
Mu karere ka Musanze, Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yaguye gitumo abantu bari gutobora inzu y’umuturage, umwe muri bo witwa Niyigena Valens w’imyaka 31, agerageza kuyirwanya akoresheje ipiki n’inyundo, iramurasa ahasiga ubuzima, naho abandi bari kumwe bahita biruka baburirwa irengero.
Abapolisi b’u Rwanda 25 bamaze ibyumweru bitatu mu mahugurwa mu kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (RPA) mu karere ka Musanze, barishimira ubumenyi bungutse buzabafasha mu butumwa bw’amahoro mu bihugu byugarijwe n’intambara, guhugura abapolisi b’ibyo bihugu no kurengera abasivile.
Mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi nziza no kubafasha igihe bahuye n’ikibazo, Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo itandukanye ihamagarwa ku buntu.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019, yarashe abantu babiri bageragezaga kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ku mupaka utemewe mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare.
Abaturage bo mu ntara y’Uburengerazuba mu karere ka Karongi basaba ko amategeko y’umuhanda yakwigishwa mu mashuri kugira ngo abantu barusheho kumenya amategeko no kwirinda impanuka.
Mu bukanguramabaga bwa ‘Gerayo Amahoro’ bwakorewe mu bigo abagenzi bategeramo imodoka (gare) byose mu gihugu hose, Polisi y’u Rwanda yasabye abagenzi gufata iya mbere bakagaragaza abashoferi batwara ibinyabiziga bavugira kuri telefoni ndecyangwa bandika ubutumwa bugufi.
Mu Kagari ka Songa mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, muri iyi minsi havuzwe urupfu rutunguranye rw’umusaza witwa Nkorera Yohani, wapfuye nyuma yo kurenga ku ntego yategewe n’umupfumu.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, akoze impinduka mu gisirikare tariki 04 Ugushyingo 2019, kuri uyu wa kabiri tariki 05 Ugushyingo 2019 habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati y’abayobozi bakuru b’ingabo bashya, n’abo basimbuye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoze impinduka mu gisirikare.
Abatuye ku musozi wa Nyamukecuru mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, bahangayikishijwe n’igitaka kiwumanukaho kuko bibasibira imirima, bakanatekereza ko hari igihe kizarenga no ku nzu batuyemo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu(ahagana saa moya zuzuye) tariki 02 Ugushyingo, ikamyo itwara ibishingwe bivugwa ko yacitse feri, yishe umushibwa umwe n’Abamotari babiri mu Gakiriro ka Gisozi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwataye muri yombi Abanyakenya umunani, Abanyarwanda batatu n’Umunya-Uganda umwe, bose bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo kugerageza kwiba muri Banki ya Equity mu Rwanda.
Kuri iki cyumweru tariki 27 Ukwakira 2019, i Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba habereye igikorwa cyo kwerekana abantu bane bakekwaho guhungabanya umutekano.