Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Bugesera yafashe uwitwa Byukusenge Janviere w’imyaka 25 na Ndayishimiye Albert w’imyaka 20.
Kuva mu kwezi kwa Mutarama 2020, abantu 19 bafatiwe mu cyuho biba amashanyarazi, ibi bikaba byaratewe n’imbaraga Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu “REG” yashyize mu kurwanya ubwo bujura.
Polisi y’u Rwanda ifungiye kuri sitasiyo ya Kicukiro abantu icyenda bakora ubushoferi, bazira kubyiganira mu modoka muri ibi bihe byo kwirinda Covid-19, aho bisaba ko abantu birinda kwegerana.
Mu Kiganiro yagiranye na KT Radio, Umuvugizi wa Polisi y’u rwanda, CP JB Kabera yatangarije abatwara ibinyabiziga ko kizira kikaziririzwa guhagarikwa na Polisi ukanga guhagarara.
Umukozi w’Urwego rwunganira akarere mu gucunga umutekano (DASSO), mu Karere ka Kirehe, witwa Habimana Eliezer ari mu maboko ya RIB, nyuma yo gufatwa akekwaho icyaha cyo kwiba no kugurisha ibendera ry’Igihugu.
Tariki 08 Gicurasi 2020, mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera mu Burasirazuba bw’u Rwanda humvikanye amasasu.
Ibitaro bya gisirikare by’i Kanombe, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2020 byasezereye abandi bane bari bakomerekejwe na Gerenade yaturikiye mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yafashe uwitwa Hafashimana alias Jado w’imyaka 22 y’amavuko nyuma yo kwiba igikapu cyari kirimo amafaranga angana na 4,384,900Frw.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Gicurasi 2020 yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda (Officers).
Umuyobozi mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya umwe mu bahataniraga ikamba rya Miss Rwanda 2020.
Umuryango w’abantu umunani, ababyeyi babiri n’abana batandatu bo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke bashyinguwe nyuma yo kwicwa n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 08 Gicurasi 2020, Minisiteri y’ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko hamaze kubarurwa abantu 72 bamaze guhitanwa n’imvura nyinshi yaguye guhera mu ijoro ryo ku itariki 06 Gicurasi 2020.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibitaro byasezereye abantu barindwi (07) mu gihe bane (04) bakitabwaho n’abaganga mu bitaro bya gisirikare i Kanombe, kandi na bo bakaba barimo koroherwa.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku mugoroba tariki 07 Gicurasi 2020(ahagana saa kumi n’imwe n’igice), uwitwa Tunezerwe Jean Paul w’imyaka 25 yinjiranye gerenade muri ’Salon de Coiffure’ iri ahitwa kwa Nayinzira mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, arayifungura ihita imuturikana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko kuri uyu wa kane tariki 07 Gicurasi 2020 rwafunze abayobozi babiri ba Koperative mu Karere ka Muhanga.
Umugabo witwa Deo Havugarurema wo mu Kagari ka Muganza, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, ku wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, yagiye gucyura umugore we wari warahukanye, ageze kwa sebukwe baramumwima, na we atashye atema inka zabo ebyiri n’ihene eshatu.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga –Mukamira wafunzwe n’inkangu, inkangu kandi inafunga umuhanda uhuza Muhanga Karongi-Nyamashake.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko ku wa Gatanu tariki 01 Gicurasi 2020 rwafunze bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba.
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke witwa Mbonyinshuti Isaie, akaba akurikiranyweho ibyaha byo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, ivangura no gukurura amacakubiri.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, ikomeje kwihanangiriza abarenga ku mabwiriza yashyizweho na Leta ajyanye no kwirinda COVID-19, aho umubare munini w’urubyiruko ari bo bafatirwa muri ibyo byaha.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga no mu Karere ka Burera, tariki ya 28 Mata 2020 yafashe abacuruzi b’amasashe bayinjizaga mu gihugu mu buryo bwa magendu.
Abaturage bo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango batuye mu gasantere k’ubucuruzi ka Gafunzo barasaba ko Leta yabafasha kubona aho bimukira kuko inzu zabo zigiye gusenywa kubera ibiza.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko imvura nyinshi yaguye mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatatu tariki 29 Mata 2020 yateje inkangu mu muhanda werekera i Karongi uturutse i Muhanga.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) iravuga ko iperereza ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku byavugwaga by’umuyobozi wa Polisi mu nkambi y’agateganyo ya Gashora waba warakoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina umwe mu mpunzi utaruzuza imyaka y’ubukure, ryasanze nta shingiro bifite.
Polisi mu Karere ka Muhanga yafashe abantu 13 na nyir’akabari wa 14, barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bakajya kunywa inzoga mu kabari kitwa (Plateau du Centre) mu Mujyi wa Muhanga ku mugoroba wo kuwa Mbere tariki 27 Mata 2020.
Mu mukwabu uherutse gukorerwa mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo mu mihanda yerekeza mu Karere ka Nyabihu n’aka Burera, mu cyumweru kimwe hamaze gufatwa moto 24, zarenze ku mabwiriza ya Leta zikomeza akazi ko gutwara abagenzi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, aherutse gutanga ubutumwa bushishikariza abantu kuguma mu rugo muri iki gihe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruramenyesha Abanyarwanda ko hari ubucuruzi bw’amafaranga y’uruhererekane burimo kuzenguruka bukorerwa kuri murandasi (Internet) bwitwa 100K for 800K butemewe n’amategeko, rugasaba abantu kutabwitabira.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ubu umuhanda Nyamagabe-Nyamasheke-Rusizi ari nyabagendwa.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru yateje inkangu ahitwa Pindura mu ishyamba rya Nyungwe.