Maze iminsi hirya no hino mbona abagore bajya gutambamira ubukwe bw’abagabo bavuga ko babataye bakajya gushaka abandi bagore, aba bakagenda bitwaje abana bavuga ko babyaranye. Ibintu mbona bitari bikwiye ku bw’inyungu z’abana.
Icyorezo cya Covid-19 cyatumye hatezwa imbere uburyo bw’ikoranabuhanga mu guhererekanya amafaranga harimo kwifashishwa uburyo bwa telefone, amakarita binyuze ku tumashini twa POS cyangwa kwishyurana hifashishijwe kuyohererezanya kuri konti z’amabanki n’ibigo by’imari ariko binyuze mu ikoranabuhanga ry’ibigo by’itumanaho. (…)
Ubukwe ni itangiriro ryo kubaho k’umuryango aho imiryango ibiri yashimanaga maze ikemeranya guhana inka n’abageni umuryango w’umuhungu ukajya gufata irembo, ukazageza igihe ukajya gusaba umugeni ndetse nyuma yaho hakabaho gutanga inkwano nk’ishimwe ry’umuryango wabarereye umukazana uje kwagura undi muryango maze u Rwanda (…)
Abantu benshi basengera mu matorero azwi ku izina ry’abarokore, bahuza injangwe/ipusi/nyirahuku na shitani cyangwa imyuka mibi, aho uhuye na yo wumva ngo “toka shitani, abazimu bashye mu izina rya Yesu...", ibi bikantera kwibaza isano iyo nyamaswa yaba ifitanye na shitani!
Hirya no hino ugenda uhasanga imiryango itandukanye, ifite umukozi umwe ukora amanywa n’ijoro. Ibi bintera kwibaza abakoresha babo ubushobozi baba bababonamo bwatuma bakora amanywa n’ijoro bataruhuka.
"Burya wabona umugabo asambana, ariko ntukabone umugore wasambanye kuko biba ari umwanda" ibi ni ibikunda kugarukwaho n’abantu benshi, ariko bikantera kwibaza niba umugabo we usambana baba babona ari isuku!
"Ubu se umukobwa ufite inzara zireshya kuriya yashobora iki!" Iyi ni imvugo ihurirwaho n’abantu benshi barimo kunegura abakobwa bafite inzara ndende ko ari abanebwe.
Kanaka yatwaye umugore wa kanaka. Ni imvugo ikunda kumvikana kenshi ndetse ugasanga bari mu makimbirane ngo umugabo yatwaye umugore wa mugenzi we. Nyamara njyewe mbona ntawe umujyana ahubwo aba yahisemo kugenda kuko mbona ari amahitamo aba yagize.
Ababyeyi benshi banezezwa n’uko abana babo b’abakobwa bakora ubukwe bagashinga umuryango ndetse bakabyara n’abana. Ariko igitangaje ni uko bababazwa n’uko abakobwa babo bateretwa ndetse bamwe bagakora ibishoboka byose ngo babikumire.
Muri iki gihe imbuga nkoranyambaga zirimo gukoreshwa n’abantu benshi batandukanye mu buryo bumwe cyangwa ubundi, ariko ubona hari abantu benshi bagenda banenga ibyo bagenzi babo bashyizeho bagaragaza ko bitari bikwiye cyangwa barengereye.
Ni kenshi hirya no hino hagenda humvikana impaka zishingiye ku kuntu Abanyarwandakazi bagaragara mu ruhando mpuzamahanga cyane cyane mu bijyanye n’imyidagaduro, bamwe bati bambare bikwize, abandi bati bisanishe n’abandi, abandi bati bagomba kujyana n’igihe….Ibi bikunda kugarukwaho ku gikorwa cyabaye, bashima abandi banenga.
Mu Rwanda usigaye ubona abasore benshi iyo bagiye gutereta umukobwa, n’iyo basanzwe bavugana mu Kinyarwanda, bahita bahindura bakavuga mu cyongereza. N’iyo yaba atizeye neza uwo abwira ko akizi, cyangwa na we ugasanga atanazi amagambo arenze angahe gusa.
"Umujyi wa Kigali wazanye nomero abantu bazajya batangiraho amakuru bakarega uwarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. " Iyi ni imvugo iri kugarukwaho n’abantu benshi mu Mujyi wa Kigali nyuma y’uko uyu mujyi uherutse gutangaza nimero itishyurwa umuntu yahamagara atanga amakuru ku warenze ku ngamba zo kwirinda muri buri Karere.
Nibaza niba umugabo atasaba umugore ko bakora imibonano mpuzabitsina, atabanje kwitesha agaciro! Kuko usanga ari icyita rusange ku bagabo benshi b’abahehesi, akabwira wa mugore ati “ibyo kunyubaha ubishyire ku ruhande ubu ndi mugenzi wawe”.
" Ku kwezi nkoresha Gaz ingana n’ibiro...n’amakara angana na…" iyi ni imvugo ihurirwaho n’Abanyarwanda benshi bumvikanisha ko n’ubwo batekera kuri Gaz baba bafite n’amakara ku ruhande batekesha amafunguro atinda gushya.
"Njyewe singira inshuti z’abagore" Iyo ni imvugo igarukwaho cyane n’igitsina gore, bashaka kumvikanisha ko abagore badashobotse, n’ufite inshuti zabo na we aba adashobotse.
Abantu batandukanye bakunda guhuza ubusirimu no kunywa inzoga, aho ubona n’utari usanzwe azinywa agerageza gukoresha uburyo bwose bushoboka ngo na we azinywe kugira ngo abarirwe mu mubare w’abasirimu.
Iki ni ikintu kigaragara cyane mu mujyi wa Kigali, abakobwa yaba ufite akazi, yaba utagafite, ukomoka mu muryango ukize cyangwa uciriritse abenshi baba bafite telefone zihenze
“Nta mukobwa udafite amafaranga nashaka, umukobwa ufite amafaranga menshi ntawe nashaka.” Aya ni amagambo ukunda gusanga mu biganiro by’abasore benshi bagejeje igihe cyo gushaka. Ugasanga mu by’ukuri ntibafite amahitamo y’umukobwa bazashakana.
"Nta mukobwa w’isugi wabona i Kigali". Iyi ni imvugo ikunda kugarukwaho n’abantu batari bake bashaka kugaragaza ko abakobwa bose babaye abasambanyi, njyewe mfata nk’ikinyoma kuko abakobwa b’amasugi barahari ndetse benshi.
Ukuntu abagabo n’abagore basanzwe bafite ingo zabo basigaye bafite ingeso yo kugira undi muntu ku ruhande umwe cyangwa urenze umwe, bakundana, ubona babigaragaza ko ari uburenganzira bwabo gusa ukabona babangamirwa no kuba batabyemerewe.
Abanyarwanda benshi bakunda kugorwa n’ijambo “Ndagukunda” iyo umuntu aribwiwe n’uwo badahuje igitsina noneho yabibwirirwa ahari abandi bantu babumva ukabona neza yabuze aho akwirwa akabura n’igisubizo atanga.
Iyo umuntu atunzwe n’umurimo akorana ubushake n’ubwitange bishingiye ku mbaraga z’amaboko ye n’ubwenge bwe, aba yigenga koko kuko aho yajya hose, uko byagenda kose yashobora kwibeshaho. Iyo umuntu atunzwe n’ineza, inkunga cyangwa ubufasha by’abandi, baba bibwirije cyangwa bishingiye ku kubasaba, uwo muntu ntaba yigenga, aba (…)
Ku mbuga nkoranyambaga ngenda mbona abantu bashyizeho ifoto y’umuntu wapfuye, akenshi iherekezwa n’amagambo y’akababaro yo kubura uwo muntu, ariko naje gusanga hari ababikora batazi n’uwo wapfuye ari uko bamwumvanye cyangwa babibonanye undi. Ibi bintera kwibaza icyo byaba bimaze cyangwa byungura uwo nyiri kubikora.
Imwe mu ndamukanyo ubu zikoreshwa ni uguhuza igipfunsi na mugenzi wawe, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19. Iyi yari indamukanyo izwiho abantu bafite uburere buke bakunze kwitwa ibirara. Ubu nibaza niba nyuma y’iki cyorezo izongera igaharirwa abo bantu cyangwa tuzakomeza kuyikoresha nk’uko bisanzwe ubu.
‘Lilly Tronn’ ni izina ryagarustweho cyane ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye mu minsi itambutse, abenshi batangara ndetse banagaya cyane ko uyu yihinduye kuba umukobwa kandi yaravutse ari umuhungu, aho abenshi bagaragazaga ko yishe umuco Nyarwanda. Ibyo byaje kuntera kwibaza umuntu yihindura ku kihe kigero kugira ngo (…)
Imyenda migufi ni imyenda ubona isigaye ihurirwaho n’abagore benshi batwite, yaba abakiri bato cyangwa abakuze. Byanteye kwibaza niba na yo iri mu bintu umugore utwite aba akeneye kugira ngo ihurirweho n’abagore benshi kandi mu ngero zitandukanye.
« Abana b’ubu ibintu byose baba babizi ». Iyi ni imvugo ihurirwaho n’abantu benshi bakuru, ndetse bikaba urwitwazo rwo kutaganiriza abana bavuga ko ibintu byose babizi. Ibyo bikantera kwibaza iyo bavuga byose, ibyo baba bashaka kuvuga!
« Umukobwa iyo wamaze kujya kwiyerekana iwabo cyangwa ugafata irembo ntaho yahera akwangira ko mukora imibonano mpuzabitsina » Iyi ni imvugo igarukwaho n’abantu benshi, yaba ababikoze ubwabo cyangwa ababyumvise ku wundi byabayeho. Bumvikanisha ko umukobwa wanze ko muryamana, umweretse ko wiyerekanye iwabo biba birangiye (…)
« Abakobwa bo mu Rwanda basigaye bambara imyenda migufi. » Ni imvugo igarukwaho n’abantu benshi, cyane cyane abakuru cyangwa n’igitsina gabo muri rusange, aho baba bagaragaza ko abakobwa n’abagore muri rusange bambara imyenda migufi. Ariko byanteye kwibaza mu by’ukuri aho umwenda mugufi uba ugera.