Mu gihe imibare y’abarwara COVID-19 mu Rwanda ikomeje kwiyongera, abashinzwe ubuvuzi bakagaragaza ko habayeho kudohoka mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo, abagizweho ingaruka na cyo barwaye cyangwa bapfushije ababo baragira inama abaturage ko badakwiye gusuzugura iyo ndwara.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) kiratangaza ko uturere tugize Umujyi wa Kigali tuza mu myanya y’inyuma mu gutanga mituweli y’uyu mwaka wa 2020-2021 uzarangira ku itariki ya 30 Kamena 2021.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyatangaje ko ibitaro bishya bya Nyarugenge biri mu Mujyi wa Kigali bitangiye gukora vuba bifite ubushobozi buhanitse mu kuvura Covid-19.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) gitangaza ko cyavuguruye uburyo bwo gusezerera abarwayi ba COVID-19 bitabwaho bari mu ngo, uburyo busanzwe buzwi nka HomeBased Care bushyirwamo abarwayi batarembye bagakurikiranwa bari mu ngo zabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ahamya ko bitewe n’uko u Rwanda rwitwaye mu guhangana na Covid-19, biruha amahirwe yo kuba rwahabwa urukingo rw’icyo cyorezo mu bihugu bya mbere byo ku mugabane wa Afurika.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije aratangaza ko ku ikubitiro Abanyarwanda 20% bafite ibyago byo kwandura COVID-19 ari bo bazakingirwa urukingo rukigera mu gihugu mu mezi atatu ari imbere.
Umuryango w’umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice mu Karere ka Musanze, urasaba ubufasha bwo kumuvuza uburwayi bw’umutima bwamuzahaje.
Impuguke mu buzima bwo mu mutwe zivuga ko umwana ashobora kuba hari ibibazo afite ariko ntibigaragare bikazamugiraho ingaruka, ari yo mpamvu Leta yongereye imbaraga mu kwita ku buzima bwo mu mutwe mu mashuri.
Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga(NCPD) itangaza ko amavuta yagenewe abafite ubumuga bw’uruhu yamaze kugezwa mu Rwanda, ariko ko abashinzwe ubuzima batabaye maso ayo mavuta yakoreshwa n’abandi bantu atagenewe.
Minisiteri y’Ubuzima iheruka gusohora itangazo ryemerera abaganga bakora mu bitaro bya Leta, ko nyuma y’amasaha y’akazi (17:00) bakomeza gukorera aho bari ariko icyo gihe bagatangira gufatwa nk’aho barimo bakorera mu mavuriro yigenga, n’ibiciro bya serivisi bikazamuka.
Mu minsi mike u Rwanda ruraba rugeze mu mwaka wa 2021, rukawugeranamo inkovu z’ibikomere rwasigiwe na Covid-19, yageze mu gihugu ku ya 14 Werurwe uyu mwaka izanywe n’umuntu umwe, ariko kugeza ku itariki 28 Ugushyingo, abayanduye bari bamaze kugera ku 5,891.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu rwego kurushaho kunoza serivisi zihabwa abagana amavuriro ya Leta no guha ayo mavuriro ubushobozi bwo gukomeza gukoresha abaganga n’abaganga b’emenyo bafite ubumenyi bukenewe ku isoko, yashyizeho amabwiriza yemerera abaganga n’abaganga b’amenyo gukorera mu mavuriro arenze rimwe, no gukora (…)
Abaturage bo mu Karere ka Burera barasaba inzego bireba kongera umubare w’abaforomo bakora mu mavuriro y’ibanze yo mu tugari (Poste de santé), kuko ubuke bwabo bukomeje gutera icyuho bagakora iminsi mike mu cyumweru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryasabye ibihugu bya Afurika kwihutisha ibikorwa byerekana ko byiteguye kwakira no gukoresha urukingo rwa Covid-19 mu gihe rwagera ku isoko.
Kujya kwivuza ku Kigo nderabuzima cya Nyamata mu Karere ka Bugesera muri iki gihe, bisaba ko umuntu aba agifite intege zo kwicara no gutegereza amasaha menshi kuko ngo umuntu ashobora kuhagera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, agataha saa kumi n’imwe z’umugoroba, rimwe na rimwe atanavuwe cyangwa se atabonye ibisubizo (…)
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) gitangaza ko mu kwezi kumwe kizaba cyatangiye gukoresha imbwa mu gupima icyorezo cya Covid-19.
Abaturage b’Uturere twa Kamonyi na Ruhango baratangaza ko kuza kwivuriza ku bitaro by’Intara bya Ruhango bibagora cyane kubera ko baca mu muhanda w’igitaka bikagora abarembye cyane badashobora kugenda kuri moto, kuko umuhanda ugera ku bitaro nta modoka zitwara abagenzi ziwukoramo.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) gitangaza ko abanyeshuri basanganywe Covid-19 batazoherezwa iwabo cyangwa kuvurirwa ahandi, ahubwo bazakomeza gukurikiranwa bari ku ishuri.
Hashize iminsi inganda nka Pfizer, BioNtech na Moderna zivuga ko ziri gukora inkingo za COVID-19 zifite ubwirinzi bungana na 95%, ariko se ubundi bigenda bite kugira ngo urukingo rwemerwe?
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko kubakira amacumbi abakozi b’Ibitaro by’Intara bya Ruhango bizareshaya abaganga n’inzobere kandi serivisi zihabwa abagana ibitaro zikarushaho kunoga.
Guhera ku wa Mbere tariki 16/11/2020 kugeza ku wa Gatanu tariki 20/11/2020, inzobere z’abaganga zikora umurimo wo gukosora ubusembwa ku mubiri inyuma, ziri kuvurira ku bitaro bya Kabutare.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yabwiye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(OMS/WHO) ko kanseri y’inkondo y’umura atari iyo kwihanganirwa, kuko yakwirindwa ikanavurwa.
Mu rwego rwo kunoza gahunda yo gutumiza no gukwirakwiza imiti mu gihugu, ubu hashyizweho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibijyanye n’imiti (Rwanda Medical supplier - RMS), kikaba cyaje gisumbura ishami ryari rishinzwe ibyo gutumiza imiti mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC).
Ibyashyizwe ahagaragara ku bushakashatsi bwakozwe ku rukingo rwa COVID-19 byagaragaje ko habonetse urukingo rwa mbere rufite ubushobozi bwo kurinda umuntu kwandura Covid-19 ku kigero cya 90%.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), gitangaza ko mu bigo bigera kuri 27 byavurirwagamo icyorezo cya Covid-19, bitandatu byonyine ubu ari byo bikorerwamo icyo gikorwa naho ibindi bikaba byarafunzwe.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatanze imodoka 21 zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari imwe ku bitaro bishya n’ibifite akazi kenshi kandi biri ahantu hagoye, kugira ngo zifashe gukwirakwiza inkingo no kugenzura ko iyo gahunda yubahirizwa.
Ibitaro bya Gatonde Perezida Paul Kagame yemereye abaturage, bigeze ku kigero cya 99% byubakwa, aho byitezweho gutanga serivise z’ubuvuzi ku baturage bagera ku bihumbi ijana na bitandatu na magana atandatu na mirongo inani 106,680 bitarenze muri Mutarama umwaka utaha wa 2021.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwishingizi (Rwanda Social Security Board -RSSB), kiratangaza ko kugeza tariki ya 30 Ukwakira 2020, ubwitabire bwo kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuweli) umwaka wa 2020/2021, ku rwego rw’igihugu bwari bugeze ku ijanisha rya 81.1%.
Vitiligo cyangwa se indwara y’ibibara nk’uko Abanyarwanda bayita ni indwara ifata uruhu, igatuma rutakaza ibara ryarwo risanzwe, ikarangwa n’amabara y’umweru aza ku ruhu.
Ikigo cya Hyundai Motor Company gicuruza imodoka cyahaye Leta y’u Rwanda ibikoresho byo kwifashisha mu kwirinda no guhangana n’icyorezo cya COVID-19.