Abagize Sena y’u Rwanda basuye ibitaro by’i Kigali ku wa Mbere tariki 9 Gicurasi 2022, bagamije ahanini gusuzuma uko ubuvuzi bw’indwara zitandura bwitabwaho, basanga hari imiti yazo batagira, ndetse n’abaturage badafite ababakira bahagije.
Abaturage bo mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, barasaba kubakirwa ivuriro rito (Poste de santé) bemerewe n’ubuyobozi nyuma y’uko bubasabye gusiza ikibanza bazayubakamo, none imyaka ikaba imaze kuba ine bategereje.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) hamwe n’Ikigo mpuzamahanga cyita ku buvuzi bw’amaso(One Sight) barasaba Abaturarwanda kwita ku maso yabo, harimo no kwitabira kuyisuzumisha kenshi.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko umubare w’abana bapfa bataramara ukwezi bavutse, mu myaka irenga icumi ishize wagabanutse bava kuri 44 bagera kuri 19. Raporo y’ubushakashatsi ku bijyanye n’ubuzima (Demographic and Health Survey) yo mu mwaka wa 2021, yerekana ko mu bana 1000 bavutse mu mwaka wa 2000, abapfaga batarageza (…)
Urwego rushinzwe imyigishirize y’abakozi mu rwego rw’ubuvuzi, ruratangaza ko mu Rwanda hatewe intambwe ya mbere mu rugendo rurerure bafite mu kuziba icyuho cy’abajyaga gushaka serivisi z’ubuvuzi mu mahanga.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’Ubuzima, Nakato Agnes, aributsa ababyeyi ko kutisuzumisha inda inshuro enye zagenwe bifite ingaruka nyinshi zirimo urupfu ku mubyeyi n’umwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba hakiri abaturage bagana amavuriro batarishyuye amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), bibangamira gahunda yo gutanga ubuvuzi bunoze ku bishyuye.
Akarere ka Nyarugenge n’Abafatanyabikorwa bashyize i Nyabugogo, i Nyamirambo na Kimisagara ahantu ho gupimira ku buntu indwara zitandura, ndetse no gutanga serivisi n’ubujyanama ku buzima bw’imyororokere.
Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Essex mu Bwongereza bageze kure bagerageza porogaramu (application) ya telefone ishobora gupima niba umuntu arwaye coronavirus bitewe n’ijwi ry’inkorora risohoka mu bihaha.
Itsinda ry’abaganga b’inzobere baturutse mu bihugu by’i Burayi na Amerika, bari mu Rwanda aho batangiye kubaga ibibyimba byo mu nda ku bagore bafite ubwo burwayi, bikaba bikorwa ku bufatanye hagati ya Minisiteri y’Ubuzima n’umuryango Rwanda Legacy of Hope, ari na wo uzana abo baganga kandi abarwayi bakavurwa ku buntu.
Itsinda ry’abaganga b’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), mu ntara ya Upper Nile mu gace ka Malakal, batangije ibikorwa byo kuvura ku buntu impunzi zavanywe mu byabo n’intambara.
Umuryango w’abanyeshuri biga ubuganga mu Rwanda (MEDSAR) urishimira ko mu myaka 25 umaze ushinzwe wagize uruhare mu kwigisha abaturarwanda uko bakwiye kwita ku buzima bwabo kugira ngo birinde indwara zitandukanye.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Tabagwe ndetse no ku bitaro bya Gatunda bashima Leta yabegereje aya mavuriro kuko mbere hari abivuzaga magendu cyangwa bakarembera mu ngo kubera ingendo ndende bakora mu mihanda mibi bajya ku bitaro bya Nyagatare.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iravuga ko bidakwiye ko hari Amavuriro y’ibanze (Poste de Santé), yakwishyuza 100% umuturage ufite ubwisungane mu kwivuza (mituweli) igihe hari serivisi akeneye kw’ivuriro.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi bwateguye amasomo y’ururimi rw’amarenga ku baganga n’abandi bakozi bahura n’abarwayi. Abaganga bakorera mu bitaro bya Gisenyi batangarije Kigali Today ko mbere yo guhabwa amasomo y’ururimi rw’amarenga bari bafite ikibazo cyo kuvugana n’abarwayi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.
Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Werurwe 2022, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zo muri batayo ya 9 zikorera ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) zavuye ku buntu abaturage bo mu Karere ka Bossembele, mu rwego rw’ubufatanye bw’abaturage n’ingabo.
Inzobere mu buvuzi bw’amatwi(muganga), Dr Kaitesi Batamuriza Mukara, avuga ko Abaturarwanda babarirwa hagati ya 8% - 13% bafite ubumuga bwo kutumva, babitewe ahanini n’urusaku bakoreramo.
Mu gitondo cyo ku wa 01 Werurwe 2022, Polisi yafatanye uwitwa Jean Pierre Ndayambaje ibikoresho byifashishwa mu gupima Covid-19 mu buryo bwihuse (Rapid test), kandi nta burenganzira abifitiye.
Minisitiri w’u Budage ushinzwe ubukungu, Svenja Schulze, avuga ko umushinga wa BioNTech wo gukorera inkingo mu Rwanda ari intambwe ishimishije igamije gutuma habaho uburinganire mu by’inkingo.
Nyuma y’urupfu rwa Professor Paul Farmer, wari impuguke mu bijyanye n’ubuvuzi, ndetse wagize uruhare rukomeye mu guhindura urwego rw’ubuzima mu Rwanda, Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) yashinze, yihanganishije cyane umuryango we, abo bakoranaga muri Partners in Health no mu muryango mugari wa UGHE.
Dr Paul Edward Farmer wari impuguke mu bijyanye n’ubuvuzi, wafatwaga nk’intwari ikomeye mu guhindura urwego rw’ubuzima mu Rwanda yitabye Imana azize uburwayi.
Abantu benshi bakunze guhura n’ikibazo cyo kugira ibinure ku nda bigatuma bagira mu nda hanini (nyakubahwa), bakwambara ntibaberwe, ndetse bamwe bikabatera ipfunwe.
Inzego z’ubuzima n’abikingije urukingo rwa Covid-19 rushimangira baravuga ko nta ngaruka zidasanzwe rutera, haba ku kuba rwakwica abantu cyangwa kubuza abagabo kubaka urugo igihe cyo gutera akabariro.
Perezida Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022, yageze i Marburg mu Budage aho yitabiriye ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru byateguwe na BioNTech.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko igiye kongerera ubushobozi amavuriro y’ibanze (Poste de Sante), mu rwego rwo kurushaho kunoza serivisi zihatangirwa no gukemura ibibazo by’abayagana.
Amakara akoreshwa nk’umuti w’indwara zitandukanye harimo no gusohora uburozi mu mubiri, ntabwo ari amakara yo mu ziko cyangwa se mu mbabura amenyerewe, ahubwo ni amakara yatunganyirijwe kuba umuti azwi nka ‘Charbon actif/Activated charcoal’. Izina ryayo rya gihanga ni ‘Carbo vegetabilis’.
Mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba hari abaturage bibumbiye mu bimina, bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mituweli) kugeza mu mwaka wa 2023-2024 kubera gahunda yo kwizigamira.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko urukingo rwa Covid-19 mRNA rukorerwa muri Afurika y’Epfo rushobora kuzamara imyaka 3 kugira ngo rwemezwe.
Umujyi wa Kigali watangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki 03 Gashyantare 2022, abantu batangira gukingirwa Covid-19 hifashishijwe ubundi buryo bushya bwo gukoresha imodoka izenguruka mu bice bitandukanye by’Umujyi (Mobile Clinic).
Ikigo cy’Igihugu cy’ubuzima (RBC) kiri mu gikorwa cyo gukusanya amaraso yo gufashisha indembe ziri kwa muganga ziyakeneye. Ku wa Kane tariki ya 27 Mutarama 2022, abakozi b’ikigo cy’ubuzima bari mu kigo kibamo abapolisi giherereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Muhima aho bakunze kwita kuri Traffic.